Urubyiruko rwasabwe kuba igisubizo mu kurwanya ibiyobyabwenge

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred,  yasabye urubyiruko kumva neza ibyo bazatozwa nyuma bakajya gufatanya n’inzego za leta mu kwigisha urundi rubyiruko rukishora mu biyobyabwenge n’ibindi. Ibi yabibasabye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Mutarama 2018, ubwo yatangizaga ku mugaragaro Itorero ry’Inkomezabigwi icyiciro cya Karindwi ry’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye, mu Karere ka Kayonza, ku ishuri ryisumbuye rya Kayonza (Kayonza Modern School) ahahuriye abanyeshuri 681 baturutse mu mirenge igize aka Karere. Guverineri yagize ati “Tubitezeho gutanga umusanzu wanyu mu kurwanya ibiyobyabwenge,  inda ziterwa abangavu n’ibindi bibazo bibangamiye urubyiruko…

SOMA INKURU

Nubwo yaje muri Miss Rwanda bamuseka, Mwiseneza akomeje guhangakisha abo bahanganye

Urubuga rwa Miss Rwanda rwashyize hanze amafoto y’aba bakobwa bose uko ari 37 kugira ngo barushanwe gushaka likes ku mbuga nkoranyambaga zirimo Facebook na Instagram, aho uzagira amajwi menshi azahita akatisha tike imwerekeza mu mwiherero wa Miss Rwanda uzinjiramo abakobwa 20 gusa,   bikaba biri kuvugwa ko muri aba bakobwa uhagarariye Intara y’Iburengerazuba witwa Mutoni Deborah yakoresheje application imwongerera abakunzi (Likes) kuri Instagram kugira ngo yigaranzure Mwiseneza Josiane ukomeje kumurusha amajwi. Kugeza ubu amatora yatangiye ku wa 31 Ukuboza 2018 agaragaraza ko Mwiseneza Josiane wamenyekanye kubera ko yitabiriye ijonjoro rya miss…

SOMA INKURU

Kumenya uwatsinze amatora by’agateganyo ku mwanya wa Perezida muri Congo Kinshasa biracyari ihurizo

Komisiyo y’Amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  yabwiye abakandida ku mwanya wa Perezida ko kugeza ubu hamaze kuboneka 17% by’impapuro zatoreweho ku buryo nta cyizere ko itariki yo gutangaza amajwi y’agateganyo izagera yose yabonetse. Bikaba biteganyijwe ko amajwi y’agateganyo atangazwa ku Cyumweru tariki 6 Mutarama, hanyuma amajwi ya burundu agatangazwa tariki 15 Mutarama 2019. Muri iki gihugu internet yabaye ihagaritswe mu gihugu hose ku busabe bwa Komisiyo y’Amatora, kugira ngo hatagira abatangaza ibihuha ku majwi y’ibyavuye mu matora bigateza imvururu. Perezida uzatorwa biteganyijwe ko azarahira tariki 18 Mutarama. Bizaba…

SOMA INKURU

Ingengabihe y’amashuri mu Rwanda iri kuvugururwa, igisubizo cyayo gitegerejwe mu myaka 3

Umwanzuro wa mbere w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15, ugaruka ku gukomeza gushyiraho ingamba n’impinduka za ngombwa zigamije kuzamura ireme ry’uburezi mu byiciro byose by’uburezi, gusuzuma ingengabihe y’amashuri, ibi bikaba bytumye Minisiteri y’Uburezi yemeza ko iri kuvugurura ingengabihe y’amashuri, ku buryo umwaka w’amashuri abanza n’ayisumbuye uzongera gutangira muri Nzeri, mu myaka itatu iri imbere ni ukuvug mu mwaka wa 2022. Uyu mwanzuro ufshwe nyuma y’aho Umuyobozi w’Inama y’uburezi muri Kiliziya Gatolika, Musenyeri Nzakamwita Servelien, agaragarije ko Nyakanga na Kanama, ari amezi arangwa n’ubushyuhe, hamwe amazi akabura bigasaba abanyeshuri kujya kuyavoma, bikabangamira…

SOMA INKURU

Kiliziya Gatulika muri Congo Kinshasa yanenze imigendekere y’amatora

Kiliziya Gatulika muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo yavuze ko ubwo abaturage batoraga  Umukuru w’igihugu n’Abadepite kuri iki Cyumweru hari bamwe mu ndorerezi zayo babangamiwe mu gukurikirana uko amatora yagenze. Yari yihoreje indorerezi zigera ku 40000 mu gihugu hose.Umunyamabanga w’Inama nkuru ya Kiliziya Gatulika Musenyeri N’Shole  yagize ati “ Twabonye raporo  544 ziturutse mu gihugu hose zivuga ko hari imashini z’itora zitakoraga neza. Zimwe ntizakaga,  izindi umuriro washizemo hakiri kare”. Musenyeri N’shole avuga ko hari raporo 115 babonye zivuga ko inzego z’umutekano na bamwe mu bakoze ba Komisiyo y’igihugu y’amatora…

SOMA INKURU

Mukangendahayo Joselyne ufite uburwayi budasanzwe butuma aruka ibisimba, imyenda, amatoroshi, amabuye n’ ibindi

Mukangendahayo Joselyne, umukobwa utuye mu mudugudu wa Rusasa mu kagari ka Kajevuba mu murenge wa Ntarabana arwaye uburwayi budasanzwe butuma aruka ibikeri, ibinyaruvu, ibinyamunjonjorerwa, imyenda, amatoroshi, amabuye n’ ibindi. Umuyobozi w’ Akagari nawe avuga ko yiboneye Mukangendahayo aruka itoroshi, gusa nubwo abaturage bavuga ko uwaroze uyu mukobwa agomba kwicwa, ubuyobozi bwasabye abaturage kutagira umuntu babangamira kuko buri gukora iperereza. Uyu mukobwa avuga ko yafashwe n’ uburwayi bwo mu nda mu kwezi kwa 10 tariki ebyiri saa kumi n’ imwe z’ igitondo. Tariki ya mbere z’ ukwa 12 avuga ko aribwo…

SOMA INKURU

Umusitari Oprah amahirwe yo kubaka akomeje gukendera

Dogo Janja na Irene Uwoya wamenyekanye cyane muri Sinema nka Oprah, batandukanye mu mezi make ashize kubera ubushyamirane bakunze kugira hagati yabo ndetse banashinjanya gucana inyuma. Urugo rw’aba bombi ntirwarambye kuko bashyingiranwe mu ntangiro z’umwaka wa 2018 bakanatandukana muri uwo mwaka. Oprah yakunze kumvikana avuga ko kuva yashingiranwa n’uyu muraperi, ibintu byahindutse aho kumuba hafi nk’umugore we yigiraga mu bandi bagore bo ku ruhande agashudika nabo ndetse ntanatinye no kubimugaragariza. Mu kiganiro n’ibitangazamakuru byo muri Tanzaniya, uyu mugabo Dogo Janja  ykomeje kwerekna agaciro gake yahaga oprah umugore batandukanye mu gihe…

SOMA INKURU

AS Vita Club yongeye gukenera abakinnyi b’abanyarwanda

Ikipe ya AS Vita Club yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ikeneye abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Jacques Tuyisenge na Abdul Rwatubyaye, ibi bikaba bikurikiye ibyatangajwe mbere n’ubuyobozi bw’iyi kipe ko yifuza abakinnyi batatu barimo ba myugariro babiri na rutahizamu umwe. Binyuze ku munyarwanda ukora akazi ko gushakira abakinnyi amakipe Mupenzi Eto’o, iyi kipe yamaze kubona umwe muri bo kuko yamaze gusinyisha myugariro, Savio Kabugo, umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Uganda wakiniraga Villa Sports Club yo muri Uganda. Uyu mukinnyi wasinye imyaka ibiri n’igice akagurwa ibihumbi 90 by’amadolari bivugwa…

SOMA INKURU

Aho Umuhanzi Musekeweya ageze ategura ikinamico yise Intarabona

Ikinyamakuru umuringanews.com cyaganiriye n’ umuhanzi w’umwanditsi w’ inkuru ndende, inkuru ngufi, inkuru zishushanyije, imivugo ndetse n’ikinamico, akaba ari Musekeweya Liliane. Musekeweya yadutangarije ko ubwanditsi bwe buhagaze neza,ubu muri iyi minsi bukaba bwibanze cyane mu kwandika ikinamico, ariko yashimangiye ko azakomeza kwandika n’izindi nkuru haba inkuru ndende,inkuru z’abana,inkuru zishushanyije n’ibindi. Yagize ati “ muri iyi minsi ingufu nzishyize cyane mu ikinamico bitewe nuko ubutumwa nifuza kugeza ku banyarwanda ndetse n’isi yose ariyo nzira nshaka kubinyuzamo muri iyi minsi. Mpanga ntanga ubutumwa bwigisha urukundo n’amahoro”. Musekeweya yakomeje adutangariza ko kuri ubu afite…

SOMA INKURU

Uko amavubi ahagaze ku rutonde rwa FIFA

Ikipe y’igihugu Amavubi ya ruhago,arangije umwaka wa 2018 ari ku mwanya wa 137 ku rutonde rwa FIFA rwasohotse uyu munsi Taliki ya 21 Ukuboza 2018. Uru rutonde ngarukakwezi rukorwa na Coca Cola rwagaragaje ko Amavubi atigeze azamuka cyangwa ngo amanuke ugereranyije n’urutonde ruheruka kuko yagumye ku mwanya wa 137 n’amanota 1094. Ikipe iyoboye akarere ka Afrika y’Iburasirazuba ni Uganda iri ku mwanya wa 75 ku isi ndetse no ku mwanya wa 16 muri Afrika.Kenya ni iya 105,Tanzania 138 mu gihe Uburundi buza ku mwanya wa 139 ku isi. Senegal niyo…

SOMA INKURU