Mwishywa w’uwahoze ari Perezida wa Zimbabwe Robert Mugabe yatangarije BBC ko nyakwigendera azashyingurwa mu irimbi ry’Intwari za Zimbabwe riri mu Mujyi rwagati i Harare, ibi bikaba bitangajwe nyuma y’aho uyu muryango wa nyakwingendera wari warafashe icyemezo cy’uko agomba kuzashyingurwa mu rugo rwe ku ivuko, gusa washimangiye ko nta bantu bazawitabira ahubwo bizaba mu muhezo hari abo mu muryango we gusa. Umuvugizi w’Umuryango wa Robert Mugabe, Leo Mugabe, yavuze ko gushyingura bitazaba ku cyumweru nk’uko byari byitezwe. Kuri uwo munsi hazabaho umuhango uzitabirwa n’abantu bose wo kumusezeraho ariko ko atazahita ashyingurwa.…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Iperereza ku bava muri Uganda bakekwaho gukorana na RNC
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko Polisi irimo gukora iperereza no gukurikirana niba umutwe wa Kayumba Nyamwasa (RNC) urimo gushakira abayoboke mu Rwanda. Mu Banyarwanda baza bashinja Uganda kubambura utwabo no kubakoresha ubucakara bwo guhinga, ngo haba harimo intumwa za Kayumba Nyamwasa washinze umutwe witwa RNC. Leta y’u Rwanda ivuga ko Uganda itera inkunga uwo mutwe ushinjwa kuyihungabanyiriza umutekano. Uwitwa Uwingenzi Jean Berchmas wafungiwe muri Uganda, ashimangira ko Polisi y’icyo gihugu yinjiriwe n’abantu bo muri RNC, bakaba ngo barimo kwinjiza muri uwo mutwe Abanyarwanda bajya…
SOMA INKURUAfurika y’Epfo: Kwivuguruza ku ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga
Ibiro Ntaramakuru by’Abashinwa, Xinhua, byavuze ko itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ingabo risobanura ko ‘Afurika y’Epfo atari igihugu cyo guhohotera abanyamahanga, buri muntu wese ufatiwe mu bikorwa byo kutubahiriza amategeko azahanwa.” Nubwo inzego z’umutekano zivuga ko nta bikorwa byo kwibasira abanyamahanga byabaye, Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa we aherutse kuvuga ko nta mpamvu n’imwe yatuma abantu bagaba ibitero ku nzu z’abanyamahanga cyangwa kwibasira ibikorwa byabo. Yavuze ko “Nta mpamvu n’imwe yakumvikanisha ibikorwa byo kwigabiza ingo n’ibigo by’ubucuruzi by’abanyamahanga, nk’uko nta mpamvu iyo ariyo yose yasobanura urwango rwagirirwa abanyamahanga cyangwa…
SOMA INKURUBishop yagaragaje imbamutima afitiye Shanitah wegukanye Miss Supranational
Bishop Rugagi Innocent yifashishije urubuga rwa Facebook yagaragaje imbamutima ze ashima Imana bikomeye yishimiye intsinzi ya Umunyana Shanitah wabaye Miss Supranational Rwanda mu 2019. Ubwo yari muri Miss Rwanda irushanwa ririmbanyije, yarambitsweho ibiganza na Bishop Rugagi Innocent uyobora Itorero ry’Abacunguwe ku Isi uyobora abarizwamo, maze amwaturiraho umugisha wo kuba Nyampinga w’u Rwanda muri uwo mwaka. Igihe cyo gutanga ikamba cyarageze Umunyana ntiyabasha kuryegukana, ahubwo aba igisonga cya mbere. Bamwe batangira kuvuga ko yahanuriwe ibinyoma, mu gihe Rugagi we yavugaga ko abantu bamwumvise nabi atamuhanuriye ahubwo yamusengeye amwifuriza intsinzi. Mu ijoro…
SOMA INKURUIburasirazuba abahatuye bagiye gufashwa kwirinda no kuvurwa Hepatite C
Ubukangurambaga bwatangirijwe mu Ntara y’Iburasirazuba mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kiramuruzi na Minisiteri y’Ubuzima, buzamara iminsi icumi hagamijwe gupima indwara y’umwijima imenyerewe nka Hepatite C, bukazarangira hapimwe Abanyarwanda miliyoni enye biganjemo abari hejuru y’imyaka 15, biteganyijwe ko buri munsi hazajya hapimwa abaturage ibihumbi 10 mu duce 70 two muri iyi Ntara, ku munsi wa mbere hapimwe abarenga ibihumbi 500 abandi ibihumbi 24 bakazayivurwa. Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba avuga ko iyi gahunda yagizwemo uruhare na Perezida Paul Kagame, kuko ubusanzwe umuti wa Hepatite C ugura miliyoni 80 Frw,…
SOMA INKURUKubona icyangombwa cyerekana ko umuntu yakatiwe cyangwa atakatiwe byorohejwe
Ubu muntu wese ufite telefone igezweho cyangwa mudasobwa ifite internet anyuze ku rubuga rwa Irembo, ashobora gusaba ndetse agahabwa icyangombwa cyerekana ko yakatiwe cyangwa atakatiwe hifashishijwe ikoranabuhanga atiriwe agana ubushinjacyaha ngo bukimuhe mu ntoki. Mu busanzwe umuntu yasabaga iki cyangombwa akoresheje ikoranabuhanga ariko ubu azajya anagihabwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, nk’uko byatangajwe mu kiganiro ubushinjacyaha bwagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere. Umushinjacyaha Mukuru Mutangana Jean Bosco, yavuze ko ubu buryo bw’ikoranabuhanga buzaruhura Abanyarwanda mu ngendo zitandukanye bakoraga, bubarinde gutonda umurongo aho uru rwego rukorera bashaka iki cyangombwa ku mpamvu zitandukanye. Yagize…
SOMA INKURUUko imihango yo gusezera no gushyingura ufatwa nk’intwari ya Zimbabwe iteye
Robert Mugabe wabaye Perezida wa Zimbabwe azashyingurwa ku Cyumweru tariki 15 Nzeri 2019 nk’uko byemejwe n’itangazo ryashyizwe ahagaragara na Guverinoma y’igihugu cye.Mugabe wari ufite imyaka 95 yitabye Imana ku wa 06 Nzeri mu bitaro byo muri Singapore aho yari yaragiye kwivuriza kuva muri Mata. Uyu mugabo yayoboye Zimbabwe imyaka 30 ava ku butegetsi mu Ugushyingo 2017 nyuma yo kotswa igitutu n’igisirikare bikarangira yeguye. Inyandiko igenewe Abadipolomate babarizwa muri Zimbabwe bandikiwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, igaragaza ko imihango yo gusezera bwa nyuma kuri Mugabe iteganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 14…
SOMA INKURUAhahoze ari KIST hagaragaye umurambo w’umunyeshuri
Muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (UR-CST) ahahoze ari KIST habonetse umurambo w’umukobwa wahigaga witwa Sandrine Imanishimwe w’imyaka 21 y’amavuko ufite ibikomere ku mutwe bikekwa ko yishwe. Ahagana saa tatu z’ijoro ryo kuri iki Cyumweru cyaraye kirangiye tariki ya 8 Nzeri 2019, nibwo umurambo w’uyu mukobwa uvuka mu Karere ka Huye wigaga mu mwaka wa mbere wagaragaye mu nzira abanyeshuri bakunze kunyuramo. Amakuru agera ku itangazamakuru avuga ako abanyeshuri babiri b’abakobwa aribo ba mbere babanje kubona uyu murambo bahita babimenyesha inzego zitandukanye za Kaminuza. Umuvugizi wa Kaminuza y’u Rwanda…
SOMA INKURUNyabihu: Ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri yafatanywe urumogi
Ushinzwe imyitwarire y’abakobwa “Animatrice” mu kigo cy’amashuli cya cya G.S Saint Raphael giherereye mu Karere ka Nyabihu, mu Murenge wa Rambura witwa Aloysia Vuganeza w’imyaka 36 y’amavuko yafatanwe udupfunyika 86 tw’urumogi yacuruzaga. Vuganeza wari usanzwe acuruza ibi biyobyabwenge, yatawe muri yombi biturutse ku makuru abaturage bahaye polisi nayo imuta muri yombi nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kayigi. Yagize ati “Abaturage bamenyesheje inzego z’ibanze ko Vuganeza akwirakwiza urumogi aho batuye, abayobozi b’inzego z’ibanze bihutira kubimenyesha Polisi ikorera kuri sitasiyo ya Karago.” Polisi…
SOMA INKURUAmakipe atarabona impushya azemerera gukina shampiyona
Mu myanzuro yashyizwe ahagaragara n’’akanama gashinzwe gutanga impushya (licences) zo kwitabira amarushanwa ya FERWAFA (FERWAFA Club Licencing First Instance Body) y’umwaka w’amarushanwa wa 2019-2020, amakipe yahawe impushya z’agateganyo ni Marines FC,Kiyovu Sports na Police FC mu gihe izindi 14 zisigaye zigifite byinshi byo gukora. Menshi mu makipe ntarabasha kugeza ibyo yasabwe mu bunyamabanga bwa Ferwafa ariyo mpamvu atigeze ahabwa izi mpushya zo gukina. Aka kanama kandi kemeje ko ibibuga bya Gicumbi FC, Espoir FC na Musanze FC bitemewe hiyongereyeho icya Sunrise FC cya kera ariko hakaba hari kubakwa ikindi mu…
SOMA INKURU