Kuri uyu wa kabiri tariki 18 Ugushyingo 2020, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard, yatangaje ko nubwo COVID-19 yabaye inzitizi ku iterambere yanahishuye amwe mu mahirwe y’iterambere atari yakabyajwe umusaruro, akaba yabitangarije mu nama ya Concordia ihuza Afurika yabaye muri uyu mwaka. Yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inama ngarukamwaka itegurwa n’Umuryango Concordia yahuje ibihugu by’Afurika byiga ku bufatanye mu gushyigikira iterambere ry’umugabane wose. Yagize ati “COVID-19 yaje mu gihe u Rwanda rwari ku rwego rwo hejuru mu iterambere… nubwo haje iyo mbogamizi, twizeye ko ubukungu bw’Igihugu buzagaruka ku murongo.” Yashigangiye…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Nyuma y’imyaka 26 mu mashyamba bishimiye gusubizwa mu miryango yabo
Kumara imyaka 26 benshi muri bo batazi icyo bahunga n’impamvu bahejejwe mu mashyamba n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ni umwe mu mitwaro iremereye abatahutse baruhuka bageze mu Rwanda. Basanga ibyo babwirwaga na bamwe bashaka kubagumana mu mashyamba ku nyungu zabo bwite, byarabasubije inyuma iyo biboneye n’amaso yabo ibyo Abanyarwanda bamaze kugeraho mu iterambere muri iyo myaka bo batigeze bagoheka kubera intambara z’urudaca. Ku wa Kabiri tariki tariki 17 Ugushyingo 2020, Abanyarwanda bakabakaba 2000 biganjemo abagore n’abana bavuye mu mashyamba ya Congo bakakirwa n’u Rwanda bashimangira ko amahirwe babonye…
SOMA INKURUPerezida Kagame yakiriye intumwa zaturutse muri Ethiopia
Kuri uyu Gatatu Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa ziturutse muri Ethiopia ziyobowe na Minisitiri w’intebe wungirije akaba minisitiri w’ububanyi b’amahanga, Demeke Mekonnen, agaragaza ko yifuza ko amahoro n’umutekano byagaruka muri iki gihugu. Ibyumweru bibaye bibiri ingabo za Ethiopia zitangiye ibitero simusiga Ku ntara ya Tigray iherereye mu Majyaruguru y’iki gihugu, aho ingabo za leta zivuga ko zishaka kugarurayo amahoro zikahirukana umutwe wa gisirikare w’iyi leta. Impungenge zikomeje kuba zose muri aka karere ko iyi ntambara ishobora kuba iy’akarere ko mu bihugu biherereye mu ihembe rya Afurika. Kuri uyu wa Gatatu…
SOMA INKURUHafashwe abapolisi n’umuturage bakekwaho kurya ruswa
Polisi y’u Rwanda yerekanye abapolisi 2 bakoraga mu Kigo gishinzwe Gusuzuma Ibinyabiziga bafatanyije n’umuturage umwe, bakaba bakekwaho ibikorwa bijyanye no kurya ruswa. Ibi byagarutsweho n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 12 Ugushyingo 2020 mu gikorwa cyo kwerekana abapolisi babiri n’umuturage bakekwaho kwakira ruswa. CP Kabera asobanura ko uyu muturage yashatse umupolisi baziranye, ashaka uburyo bakorana kugira ngo bage azana ibinyabiziga binyureho amuhaye ruswa kandi bidafite ubuziranenge. Agaragaza ko ruswa abapolisi babiri n’umuturage bahawe, ari igikorwa cyari kimaze iminsi gikorwa.…
SOMA INKURUAbanyarwanda batitonze Covid-19 yagarukana ubukana-Prof Mutesa
Mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyateguwe na MIC ku bufatanye na Union Européenne, cyahuje abanyamakuru banyuranye hamwe n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda akaba n’umushakashatsi Proffesseur Mutesa Léon, yibukije ko Covid-19 ari icyorezo cyo kwitonderwa nta muntu ukwiriye kugikerensa. Muri icyo kiganiro Prof Mutesa yabajijwe ibibazo binyuranye bijyanye n’iki cyorezo cyibasiye isi n’u Rwanda rudasigaye, atangaza ko Covid-19 ari icyorezo gifite amayobera ko ariyo mpamvu nta muturarwanda ugomba kwirara ngo cyaragabanutse kuko gishobora kugarukana ingufu n’ubukana budasanzwe kikaba cyakwivugana abatari bake. Ati “Covid-19 ni icyorezo cyuzuye amayobera, umuntu umwe yanduza abantu bane icyarimwe,…
SOMA INKURUCovid-19 yongeye gukaza ubukana ku isi n’u Rwanda rudasigaye
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 11 Ugushyingo 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje urupfu rw’umugabo w’imyaka 88 ubaye uwa 41 wishwe na COVID-19 mu Rwanda,umubare w’abamaze guhitanwa n’iki cyorezo ni 0.8%. Uyu mugabo abaye uwa 5 wishwe na COVID-19 ukomoka mu Karere ka Rwamagana mu minsi itatu gusa. Uyu munsi kandi, habonetse abarwayi bashya 50 barimo 27 bapimwe muri Gereza ya Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, batandatu bo mu Karere ka Kirehe, 12 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi mu Karere ka Rubavu na batanu bo mu Karere ka Rwamagana. Uyu munsi hakize abantu bashya…
SOMA INKURUMu byemezo binyuranye by’inama y’abaminisitiri Umuvunyi Mukuru yakuweho
Inama y’abaminisitiri yayobowe na perezida wa Repubulika Paul Kagame, yabereye muri Village Urugwiro kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020, yafatiwemo ibyemezo binyuranye, harimo ihinduka ry’Umuvunyi Mukuru aho Murekezi Anastase yasimbuwe na Madame Nirere Madaleine. Murekezi Anastase asimbuwe kuri uyu mwanya yari amazeho imyaka itatu aho yawugiyeho mu mwaka wa 2017, mbere akaba yari Minisitiri w’Intebe, umwanya yamazeho imyaka itatu “2014 – 2017”. Murekezi yabaye Umuvunyi Mukuru asimbuye Cyanzayire Aloysie washyizweho n’inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki ya 27 Kamena 2012, akaba yaramaze imyaka itanu ari Umuvunyi Mukuru. Nirere Madeleine…
SOMA INKURUUSA: Trump yanze kuva ku butegetsi atagize uwo yisasira
Perezida Donald Trump wa Amerika amaze gutangaza ko Mark Esper wari umunyamabanga wa leta (yagerewanywa na minisitiri) ushinzwe ingabo ibye ‘byarangijwe’. Iki ni icyemezo cya mbere gikomeye Perezida Trump atangaje mu bubasha bwe nyuma y’uko imibare y’ibyavuye mu matora igaragaza ko yayatsinzwe. Perezida Trump, yifashishije Twitter yahise atangaza minisitiri w’ingabo w’agateganyo mushya ko ari Christopher C. Miller. Kuva mu kwezi kwa gatandatu Mark Esper na Donald Trump ntibavugaga rumwe. Mark yamaganye ku mugaragaro icyemezo cya Trump cyo kohereza ingabo guhangana n’abigaragambyaga bamagana ivanguramoko muri Amerika, nyuma y’iyicwa rya George Floyd.…
SOMA INKURUAbaturarwanda baraburirwa ku cyorezo cya Covid-19
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’iy’ubuzima zaburiye abaturage ko hashobora kugaruka gahunda ya guma mu rugo mu gihe cyose byaba bikomeje kugaragara bakomeje kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid 19. Ibi biraterwa n’uko hirya no hino mu gihugu harimo kugaragara kudohoka ku ngamba zo kwirinda iki cyorezo. Kwambara agapfukamunwa neza, gukaraba intoki n’amazi neza ndetse no guhana intera ni ingamba leta y’u Rwanda yashyizeho zigamije kurwanya iki cyorezo cya covid-19. Gusa uko hirya no hino mu mihanda n’ahandi hatangirwa serivisi hari abaturage bakigaragara batambaye udupfukamunwa, abandi batwambaye nabi. Hari hamwe muho…
SOMA INKURURwanda: Umubare w’abanduye Covid-19 wongeye kuzamuka
Ejo hashize kuwa Mbere tariki ya 09 Ugushyingo 2020, Minisiteriy’Ubuzima yatangaje ko habonetse abarwayi bashya 20 barimo umwe wabonetse mu Mujyi wa Kigali, batatu bo mu Karere ka Huye, umwe wo mu Karere ka Kayonza, umwe wo mu Karere ka Kirehe na 14 babonetse mu Karere ka Rwamagana. Hanatangajwe urupfu rw’abagabo babiri b’imyaka 45 y’amavuko bishwe na COVID-19, bakaba batumye umubare w’abamaze guhitanwa n’icyo cyorezo mu Rwanda ugera kuri 38, bangana na 0.7 by’abamaze kwandura. Bivugwa ko abo bagabo bombi bahitanywe n’icyo cyorezo bakomoka mu Karere ka Rwamagana. Minisiteri y’Ubuziima yihanganishije…
SOMA INKURU