Rubavu: Akaboga katumye yiyambura ubuzima

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Gashyantare 2021, mu masaha ya saa kumi z’umugoroba mu mudugudu wa Ruhangiro, akagari ka Kabirizi,  umurenge wa Rugerero, nibwo Rukara Athanase wari ufite imyaka 27 yiyahuye akoresheje umugozi, umugore we akaba yatangaje ko yabitewe n’amadeni y’ibihumbi 80 by’inyama yari yarikopesheje. Uyu mugabo ngo yatumye umugore we ku isoko, undi agarutse asanga yimanitse mu mugozi. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugerero, Nkurunziza Faustin yemeje aya makuru. Ati “Biravugwa ko byatewe n’ideni ry’inyama zifite agaciro k’ibihumbi 80 yari yarafatiye mukuru we muri Boucherie nuko aramuhinduka yanga kumuha…

SOMA INKURU

Ngororero: Gitifu w’umurenge nyuma yo gutoroka yatawe muri yombi

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwira ho mu karere ka Ngororero, Habiyakare Etienne yatawe muri yombi akekwaho gukoresha inyandiko mpimbano no kunyereza amafaranga yagenewe abangavu babyariye iwabo. Uyu muyobozi yaherukaga guhagarikwa n’akarere amezi atatu azira kunyereza amafaranga yari agenewe abangavu, ahita atoroka ariko nyuma y’uko amezi yari yahawe arangiye Kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Gashyantare 2021 nibwo yagarutse ahita atabwa muri yombi. Umuvugizi w’umusigire wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yemeje aya makuru avuga ko dosiye irimo gukorwa kugira ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha. Ati “Akurikiranweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano n’icyaha…

SOMA INKURU

Gatsibo: Umusore w’imyaka 20 aracyekwaho gukora amahano adasanzwe

Umusore w’imyaka 20 y’amavuko utuye mu karere ka Gatsibo, mu murenge wa Gitoki arakekwaho kwica nyina amuciye umutwe akanawuhisha nyuma yo kumwima isambu. Ibi byabaye mu ijoro rishyira kuri iki Cyumweru mu Mudugudu wa Kamuhenda mu Kagari ka Karubungo mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo. Amakuru avuga ko uyu musore asanzwe azwiho kunywa ibiyobyabwenge byinshi muri aka kagari. Ngo yari amaze iminsi afitanye amakimbirane na nyina aterwa nuko ngo yanze kumuha isambu uyu musore yifuzaga. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Karubungo, Mutuyimana Jean Baptiste, yabwiye IGIHE ko uyu musore…

SOMA INKURU

U Bushinwa bwiyemeje gufasha ibihugu bikennye guhangana na Covid-19

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Bushinwa, Wang Wenbin yatangaje ko hashize iminsi ibihugu bikennye byinubira kuba inkingo za Coronavirus ziharirwa n’ibihugu bikize, bityo bakaba bashaka gutanga umusanzu kugira ngo n’abatuye mu bihugu bikennye bagerweho n’inkingo. Iki gihugu cy’u Bushinwa kikaba cyatangaje ko cyiteguye gutanga inkingo miliyoni 10 muri gahunda ya Covax igamije kugeza inkingo za Coronavirus kuri bose. Icyo gihugu cyatangaje ko ariwo musanzu wacyo mu rwego rwo guharanira gukingira abantu benshi mu bihugu bikize no mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere harimo n’ibihugu bya Afurika. Wenbin ntabwo yatangaje…

SOMA INKURU

Icyemezo cy’Ubwongereza gifite ibikihishe inyuma -Dr Byiringiro

Impuguke mu by’ubuzima akaba n’Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Byiringiro Jean Claude, yabwiye RBA, ko icyemezo cyafashwe na leta y’u Bwongereza gifite ibindi bikihishe inyuma kuko umuhate u Rwanda rushyira mu kwitwararika kuri iki cyorezo ushimwa na benshi. Ati “Icyo tubona ni kimwe, u Rwanda mu bijyanye n’ingamba zumvikanyweho ku Isi, zirubahirizwa, kugira ngo umugenzi agera mu Rwanda agomba kuba yakoresheje cya kizamini cya CPR, n’uva mu Rwanda ajya mu kindi gihugu agomba kuba yagikoresheje. Ibyo ni bimwe mu birwanya iki cyorezo kandi bigafasha n’abantu gukomeza kubaho.” “Ku rundi…

SOMA INKURU

Icyo abaturage bategereje ku nzego z’ibanze zizatorwa

Mu gihe hitegurwa amatora y’inzego z’ibanze ashobora kuba muri uyu mwaka nubwo bitaramenyekana neza itariki iyo ari yo, hari ibyo Abanyarwanda basaba ko byazakosorwa. Kuwa 26 Mutarama 2021 ni bwo Inteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena, yateranye yemeza itegeko rigena isubikwa ry’amatora y’inzego z’ibanze yari ateganyijwe muri Gashyantare 2021, igena ko abasanzwe kuri iyo myanya bakomeza kuyobora kugeza igihe inzitizi z’icyorezo cya COVID-19 zizaba zamaze kuvaho. Icyo cyemezo cyaje gikurikiye itangazo rya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) ryavugaga ko amatora y’inzego z’ibanze azatangira ku wa 20 Gashyantare, hatorwa abayobozi…

SOMA INKURU

Uko Covid-19 yifashe mu Rwanda

Kuri iki cyumweru tariki 31 Mutarama 2021, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abantu batatu bo mu Mujyi wa Kigali bishwe na Coronavirus mu gihe mu gihugu hose abayanduye ari 186. Minisante yavuze ko abantu batatu bahitanywe na Coronavirus barimo uw’imyaka 91, uwa 72 ndetse n’uwari ufite 66 bo mu Mujyi wa Kigali. Abitabye Imana batumye umubare w’abamaze guhitanwa n’iki cyorezo ungana na 196. Rikomeza rivuga ko mu masaha 24 ashize hafashwe ibipimo 10 782 bituma umubare w’abamaze gupimwa mu gihugu hose ugera ku 888 268. Mu barwayi bashya babonetse harimo abakuwe…

SOMA INKURU

USA: Trump akomeje kurwanirwa ishyaka n’abasenateri

Abasenateri bagize ishyaka ry’Aba-Républicains Donald Trump akomokamo, bagaragaje ko batiteguye gutera icyizere uwo mugabo umaze iminsi asohotse muri White House, ku birego byazamuwe n’abo mu ishyaka ry’Aba-Démocrates bashinja Trump kugira uruhare mu myigaragambyo karundura iherutse kubera ku Ngoro Ishinga Amategeko ya Amerika, igahitana batanu barimo n’umupolisi. Nyuma y’uko Trump aterewe icyizere n’abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika ku nshuro ya kabiri, kuri uyu wa mbere iyo Nteko yatanze ikirego kigamije gusaba Sena ya Amerika gutorera umwanzuro wo gutera Trump icyizere, ibishobora gutuma abuzwa kuziyamamariza undi mwanya mu nzego z’ubuyobozi…

SOMA INKURU

Kigali: Guma mu rugo ibamereye nabi baratabaza ababishinzwe

Abaturage batandukanye batari ku rutonde rw’abakwiye guhabwa ibiryo muri iyi gahunda ya Guma mu rugo kandi babikeneye barasaba ko ubuyobozi nabo bwabazirikana kugira ngo babone ikibatunga muri iki gihe. Ibi babisabye, nyuma y’aho ubuyobozi bw’imirenge y’Umujyi wa Kigali butangiye guha ibiribwa abantu baryaga ari uko bakoze nyuma y’uko imirimo yabo ihagaritswe mu kwirinda ikwirakwiza ry’icyorezo cya Covid-19. Ubu kuri biro by’Akagari ko mu Murenge w’Umujyi wa Kigali ,hari gutangirwa ibiribwa birimo kawunga n’ibishyimbo mu rwego rwo kugoboka abakoraga imirimo yagizweho ingaruka na Covid barimo abakoraga mu tubari,abamotari, abafundi, abayede n’abandi.…

SOMA INKURU

Igihugu cya gatanu muri Afurika cyatangiye gukingira Covid-19

Kuri uyu wa kabiri tariki 26 Mutarama 2021 nibwo igihugu cya gatanu muri Afurika aricyo Maroc  inzego z’ubuzima zacyo zzatangiye ibikorwa byo gukingira abaturage icyorezo cya COVID-19, iki gikorwa kikaba cyatangirijwe ku bari mu byago byo kwandura kurusha abandi. Muri ibi bikorwa byo gukingira byatangajwe ko abaganga n’abandi bakozi bo mu nzego z’ubuzima bari mu bazahabwa urukingo mbere. Kugeza ubu Maroc ifite dose miliyoni ebyiri z’urukingo rwakozwe na Kaminuza ya Oxford ifatanyije na AstraZeneca. Uretse izi doze z’urukingo Maroc yamaze kubona biteganyijwe ko kuri uyu wa 27 Mutarama yakira izindi…

SOMA INKURU