Greeg Schoof nyiri Radio Ubuntu butangaje yahambirijwe atiniguye

Pasiteri Greeg Schoof ufite ubwenegihugu bw’Amerika, akaba umuyobozi wa Radio Ubuntu Butangaje “Amazing Grace” ariko kuri ubu itagikora nyuma yo guhagarikwa na RURA kubwo gucishaho ikiganiro gitesha agaciro umugore kirimo n’ivangura, hakabaho kwinangira ku ruhande rw’ubuyobozi bw’iyi Radio, ahubwo agahitamo kujya mu nkiko, mu gitondo cy’ejo hashize kuwa mbere tariki 7 Ukwakira 2019, nibwo yatawe muri yombi na polisi mu Mujyi wa Kigali aho yaragiye gukoresha ikiganiro n’abanyamakuru cyahise kiburizwamo, mu kumufata uyu mugabo yumvikanye avuga ko atazi impamvu afashwe, ariko ubuyobozi bukemeza ko yari agiye gukora ibyo atarafitiye uburenganzira.…

SOMA INKURU

Ibihangage mu mukino w’iteramakofe ku isi bategerejwe i Kigali

Amakuru aremeza ko Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere “RDB” ariyo yasabye ibyamamare Floyd Joy Mayweather na Emmanuel Dapidran Pacquiao kuzaza guteranira ibipfunsi i Kigali mu mukino uzaba mu Ukuboza, gusa bo ntacyo barasubiza. Muri Gicurasi 2015 nibwo aba bagabo baheruka guhura mu mukino wabaye uw’amateka mu iteramakofi, wabereye ahitwa MGM Grand Garden Arena mu Mujyi wa Las Vegas. Icyo gihe Mayweather niwe wegukanye instinzi maze yegukana miliyoni 150 z’amadolari ya Amerika naho Pacquiao watsinzwe ahabwa miliyoni 100. Nyuma y’imyaka ine aba bagabo bifuje kwongera guhangana gusa ntibaremeza neza iby’uyu murwano ushobora no…

SOMA INKURU

Icyamamare Jean Claude Gianadda yasuye abana bafite ubumuga

Kuri uyu wa Mbere tariki 7 Ukwakira 2019 icyamamare mu ndirimbo zo gusingiza Imana Jean Claude Gianadda, yasuye abana bafite ubumuga babarizwa muri ‘Centre Inshuti Zacu’ i Gahanga’ mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro. Muri iki kigo harimo abana 43 bafite ubumuga butandukanye, umubare munini ni uw’abafite ubumuga bwo mu mutwe n’ingingo. Iki kigo cyashinzwe na Gatarena Genevieve Nduwamariya wari umubikira mu muryango w’abasomusiyo nyuma akaza gushinga umuryango w’ababikira witwa Inshuti zabakene. Ni ikigo yashinze agamije gukemura ibibazo byari byugarije imiryango ifite abana bafite ubumuga wasangaga bafatwa nk’ibikoko…

SOMA INKURU

Icyo Tshisekedi yijeje abo mu Burasirazuba bwa Congo bamaze imyaka 25 baratereranywe

AFP yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 7 Ukwakira 2019, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi ubwo yari i Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo afungura Laboratwari ipima umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, yatangarije abaturage ko yiteguye no kuba yapfira mu rugamba rwo kugarura umuteno muri ako gace. Ati “Urugamba rwacu ruzaba ari urwo kugarura amahoro, amahoro asesuye, amahoro akenewe ku mutekano w’igihugu cyacu. Muri urwo rugamba munyizere, niteguye no kuba napfa kugira ngo agerweho.” Ubwo yiyamamarizaga kuyobora RDC umwaka ushize, Perezida Tshisekedi yavuze ko azanashyira ibirindiro…

SOMA INKURU

Icyo Intayoberana zitangaza nyuma y’amarushanwa ya East Africa Got Talent

Itorero Uruyange ry’Itorero rikuru Intayoberana ryabaye irya kabiri mu marushanwa ya mbere ya East Africa Got Talent yaraye ashojwe ejo cyumweru i Nairobi muri Kenya, umuyobozi akaba n’umutoza wabo avuga ko batahanye ishema n’ubwo batatsinze. Abavandimwe bo muri Uganda Esther na Ezekiel Mutesasira nibo baraye begukanye iri rushanwa bahembwa 50,000$. Aba bashimwe kandi na Perezida w’igihugu cyabo Yoweri Museveni. Kayigemera Sangwa Aline uyobora iri torero akanatoza aba bana b’Intayoberana yabwiye BBC ati: “Twishimye nubwo abana bo barize kuko bashakaga umwanya wa mbere”. Madamu Kayigemera avuga ko bakoze ibyo bashoboye byose…

SOMA INKURU

Abaturage ba Rubavu bibukijwe uruhare rwabo mu kubungabunga umutekano

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse n’abayobozi b’inzego z’umutekano mu Ntara y’Iburengerazuba baganirije abaturage bo mu Murenge wa Bugeshi wegeranye n’ishyamba ry’ibirunga rihuza ibihugu by’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda rikunze kuzereramo abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda baba mu gihugu cya Congo. Maj Gen Alex Kagame uyobora ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, avuga ko abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda batabonye abo bakorana mu gihugu batashobora kwinjira ngo bahungabanye umutekano, avuga ko n’ukorana na bo, uretse guhemukira igihugu, aba ahemukiye umuryango we n’inshuti ze. Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba,…

SOMA INKURU

Abageze mu zabukuru ku munsi mpuzamahanga wabagenewe berekanye amarangamutima akomeye

Mu Murenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, ku cyumweru tariki 06 Ukwakira 2019 hizihirijwe umunsi mpuzamahanga wagenewe abageze mu zabukuru ku rwego rw’igihugu, abasaza n’abakecuru bavuga imyato Perezida wa Repubulika wabashyiriyeho gahunda zigamije kubaherekeza neza mu zabukuru. Uyu munsi wizihijwe mu Turere twose tw’igihugu wari ufite insanganyamatsiko igira iti: “Umurimo unoze kuri bose, inzira y’amasaziro meza”. U Rwanda rukaba rwawizihizaga ku nshuro ya 19, mu gihe rufite abageze mu zabukuru bari hejuru y’imyaka 65 bakabakaba ibihumbi 500. Abageze mu zabukuru bafashe ijambo muri uyu muhango, indirimbo…

SOMA INKURU

Zimwe mu mpamvu zishyirwa mu majwi zongera umubare w’abana bata ishuri

Impamvu zivugwaho cyane mu gutuma abana bava mu ishuri twahuza na raporo ya Minisiteri y’Uburezi yerekana ko umubare w’abana bata ishuri wiyongera harimo kuba abana bajya mu mirimo ibabuza kwiga rimwe na rimwe bayoherezwamo n’ababyeyi, guteshuka ku nshingano kw’ababyeyi, amakimbirane yo mu miryango, imyitwarire y’abana banga kujya ku ishuri bakigira inzererezi hamwe n’ubukene aho usanga ababyeyi bananirwa kugurira umwana ibikoresho by’ishuri bikaba byaca umwana intege. Tugarutse kuri raporo Minisiteri y’Uburezi iheruka gutangaza igaragaza ko mu mwaka w’amashuri wa 2017/2018 abanyeshuri baretse kwiga mu mashuri abanza bageze kuri 6.7% bavuye kuri…

SOMA INKURU

Ruswa iravuza ubuhuha mu gihugu cya Kenya kugeza mu nsengero

Kiliziya gatolika mu gihugu cya Kenya itangaza ko ikibazo cya ruswa cyamaze no kugera mu nsengero zayo, ubuyobozi bwa kiliziya bakaba batangaje ko iki kibazo bagiye kukirwanya bivuye inyuma mu gihe cy’amezi atandatu ari imbere. Kiliziya Gatorika yo muri kiriya gihugu ikomeza itangaza ko insengero zose zayo ziri mu gihugu zizashyirwamo itsinda rishinzwe kurwanya ruswa ku buryo rizajya ritahura ahavuzwe ruswa hose. Iki cyemezo gifashwe nyuma y’aho bamwe mu banyapolitike bo muri iki gihugu, usanga bazana mu nsengero zayo amafaranga y’inkunga nyamara barayabonye mu buryo butemewe. Twabibutsa ko raporo yasohowe…

SOMA INKURU

APR FC ikozwe mu ijisho na AS Kigali

Umukino wahuje APR FC na AS Kigali wamaze iminota 106, waranzwe n’imvune n’ imvune zikomeye, urangiye amakipe yombi aganyije, aho APR FC yishyuwe igitego yari yaryamyeho mu minota 3 ya nyuma y’umukino. Umukino waranzwe n’ishyaka ryinshi aho amakipe yombi yakomeje gucungana iminota 45 irashira  nta nimwe irebye mu izamu, umusifuzi yongeraho indi 10 nayo irangira ari 0-0. APR FC yakomeje kuyobora umukino kugeza ku munota wa 72 ubwo yafunguraga amazamu ku gitego cyatsinzwe na Danny Usengimana ku mupira mwiza yahawe na Mugunga Yves winjiye mu kibuga asimbuye Sugira. Nyuma y’iki…

SOMA INKURU