Mu biganiro Guverineri Habitegeko n’umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere (RBG), Dr Usta Kayitesi, bagiranye n’abayobora imiryango itari iya Leta (NGO), Abayobozi bashinzwe iterambere n’igenamigambi mu turere n’abakuriye Inama Njyanama z’uturere, basabwe kongera gukorera hamwe mu guha serivisi umuturage, kuko ariwe bose bakorera. Guverineri Habitegeko avuga ko umuyobozi mwiza ataba nyamwigendaho mu gukorera umuturage, icyakora imikorere mibi ituma umuturage adatera imbere, kandi hari inzego nyinshi zimuzengurutse zagombye kumufasha kugira imibereho myiza. Agira ati “Haba abayobozi b’imishinga, abikorera, abajyanama, inzego z’abagore n’urubyiruko n’abayobozi, ishingano ni ugukorera umuturage, kandi bitangira bakorera hamwe igenemigambi, bagashyira…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Leta yatangiye umushinga wo kongera amafaranga itanga y’ifunguro ku ishuri
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Werurwe 2022, ubwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, ushinzwe Ikoranabuhanga, Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro, Irere Claudette yitabiraga inama y’uburezi yamuhuje n’abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu karere ka Kayonza, yatangaje ko Leta yatangiye umushinga wo kongera amafaranga itanga kugira ngo buri mwana afate ifunguro ku ishuri. Iyi nkuru ije ari nk’igisubizo kuko ubusanzwe umunyeshuri abarirwa amafaranga 150 Frw yo kurira ku ishuri, Leta itanga amafaranga 56 Frw naho umubyeyi agatanga 94 Frw, ibi ubuyobozi bunyuranye bw’ibigo by’amashuri byakomeje kwerekana ko ari ikibazo cyane ko…
SOMA INKURUUmutoza mushya w’amavubi yamenyekanye
Ku munsi w’ejo nibwo FERWAFA yashyize hanze urutonde rw’abatoza 10 bari basabye gutoza ikipe y’Igihugu, amakuru mashya ari kuvugwa ni ukuba umutoza mushya w’Amavubi ari Umufaransa Alain Giresse wakiniye Marseille agatoza ibihugu bikomeye nka Senegal na Mali. Uyu Mufaransa w’imyaka 69 Alain Jean Giresse wamenyekanye nka Alain Giresse,biravugwa ko ubu uri mu Rwanda aho agomba gusimbura Mashami Vincent wamaze guhambirizwa. Alain Jean Giresse ni umunyabigwi mu mupira w’amaguru wawukinnye, arawiga ndetse aranawutoza. Giresse yavutse tariki ya 2 Kanama 1952, avukira mu gace ka Langoiranb gaherereye mu Majyepfo y’Uburengerazuba bw’u Bufaransa.…
SOMA INKURUByahinduye isura muri Ukraine
Ingabo za Ukraine “zirimo kongera igitutu” ku ngabo z’Uburusiya ziri mu karere ko mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’umurwa mukuru Kyiv, nkuko bikubiye mu isesengura rishya ry’ubutasi rya minisiteri y’ingabo z’Ubwongereza. Ukraine ikomeje gukora “ibitero byo kwigaranzura” Abarusiya hanze y’umurwa mukuru, nkuko ayo makuru abivuga, kandi Abanya-Ukraine bashobora kuba bisubije imijyi ya Makariv na Moschun. Minisiteri y’ingabo z’Ubwongereza irasesengura iti “Igishoboka kirimo gushyira mu gaciro ni uko ingabo za Ukraine ubu zishobora kugota imitwe y’abasirikare b’Uburusiya i Bucha n’i Irpin”. Abategetsi bo mu gisirikare cy’Ubwongereza bavuga ko ingabo z’Uburusiya ziri ku…
SOMA INKURUNdimbati yagejejwe imbere y’urukiko
Umukinnyi wa Filimi,Uwihoreye Jean Bosco uzwi ku izina rya Ndimbati yitabye urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Werurwe 2022, aho agiye kuburana bwa mbere ku byaha ashinjwa byo gusambanya umukobwa utarageza ku myaka y’ubukure akamutera inda yaje kuvukamo impanga. Ndimbati wari ufungiye kuri Stasiyo ya RIB ya Rwezamenyo,arabura ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo nyuma y’aho RIB igejeje dosiye ye mu Bushinjacyaha mu minsi ishize. Ku ya 10 Werurwe 2022 nibwo ’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi umukinnyi wa Filime Ndimbati wamenyekanye muri filime y’uruhererekane ya…
SOMA INKURURurageretse hagati ya Rayon Sports na Masudi
Umutoza Irambona Masudi Djuma yamaze kurega ikipe ya Rayon Sports yahoze atoza,ayishinja kumwirukana mu buryo budakurikije amategeko ndetse ko igomba kumwishyura akayabo ka miliyoni 58 z’amafaranga y’u Rwanda. Masudi yareze mu Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ Rayon Sports ko yishyuza miliyoni 58 FRW kubera ko yamwirukanye binyuranyije n’amategeko. Maître Safari Ibrahim uhagarariye umutoza Masudi, yamenyesheje FERWAFA ko baregera ibintu 3 ari byo amafaranga ya recruitment, ibirarane by’imishahara ndetse n’igihembo cy’umwavoka (avocat). Tariki ya 6 Mutarama 2022 nibwo Masudi yahawe ibaruwa isesa amasezerano yari afiranye na Rayon Sports,ashinjwa imyitwarire mibi…
SOMA INKURUIkibazo cy’inyamaswa zirya amatungo cyageze ku baturiye Parike y’Ibirunga
Abaturiye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga basabye ubufasha mu kurinda amatungo yabo yiganjemo inyana z’imitavu n’intama biribwa n’inyamaswa mu masaha y’umugoroba n’ijoro. Inyamaswa irya ayo matungo yatangiye kuhavugwa mu mpera z’umwaka ushize wa 2021 ubwo yari imaze kurya intama ebyiri, ariko iza gukaza umurego muri Werurwe 2022 kuko muri uku kwezi gusa hamaze kubarurwa imitavu ibiri n’intama esheshatu zose zimaze kuribwa n’iyo nyamaswa. Abaturage bugarijwe ni abo mu mirenge ya Nyange na Musanze ikora kuri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu Karere ka Musanze. Basaba ko hafatwa ingamba zihariye mu guhangana n’iyo nyamaswa kuko…
SOMA INKURUImpanuka y’indenge yarimo abagera ku 132
Ikigo gishinzwe Indege za Gisivili mu Bushinwa cyatangaje ko Boeing 737 yarimo abagenzi 132 yakoze impanuka ubwo yari igeze ku musozi uri hafi y’Umujyi wa Wuzhou mu Gace ka Teng mu majyepfo y’iki gihugu. Indege yakoze impanuka kuri uyu wa Mbere, tariki ya 21 Werurwe 2022, ni iya sosiyete yo mu Bushinwa ya China Eastern Airlines. Televiziyo y’u Bushinwa, CCTV yatangaje ko abashinzwe ibikorwa by’ubutabazi bahise boherezwa muri aka gace ngo hakorwe ubutabazi bw’ibanze. Indege ya Boeing 737 yakoze impanuka yarimo abantu 132 barimo abagenzi 123 n’abakozi bayitwara bagera ku…
SOMA INKURUInzitizi mu kwivuza ku bafite ubumuga bwo kutumva no kutabona
Bamwe mu bafite ubumuga bukomatanyije burimo ubwo kutumva no kutabona bavuga ko kubera ko nta bumenyi abaganga bafite ku rurimi rw’amarenga bituma batabaha serivise z’ubuvuzi bakeneye uko bikwiriye. Ikibazo kinini kurushaho ngo ni uko na bariya bafite ubumuga batazi kwandika no gusoma kugira ngo babe babona uko babwira abaganga ikibazo cyabo. Muhutukazi Vestine w’imyaka 54, wo mu mudugudu wa Rebero, akagari ka Gikoma, umurenge wa Ruhango, ufite umwana ufite ubumuga bw’ingingo, witwa Murebwayire Cecille ufite imyaka 18 ,avuga ko we agerageza kwita ku mwana we ariko ngo abandi babyeyi bo…
SOMA INKURUU Rwanda rwongeye kuza mu bihugu bitanu bya mbere aho abaturage batishimye
Mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba, igihugu cy’u Rwanda ni cyo kiza imbere mu kugira abaturage batishimye n’amanota 3.3 rukanaza mu bihugu 5 bya mbere muri Afurika aho abaturage batishimye. Ni mu gihe Uganda ari yo igaragara nk’ifite abaturage bishimye kurusha ab’ahandi muri aka karere n’amanota 4.6. Ku bihugu by’Uburundi na Repubulika ya Demukarasi ya Kongo ho nta makuru yabonetse yerekeranye nabyo mu bushakashatsi bw’uyu mwaka. Muri rusange ubushakshatsi bugaragaza ko icyorezo cya COVID-19 kiri mu mwaka wacyo wa gatatu cyatumye ibipimo byo kwishima by’abatuye isi bigwa hasi kubera ingaruka cyagize ku…
SOMA INKURU