Gen Muhoozi yasabye Perezida Museveni ikintu gikomeye anahishura ibanga

Gen Muhoozi abinyujije kuri Twitter yasabye se kumusubiza mu buyobozi bw’Ingabo za Uganda.  Ibi akaba yabikoze muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Mutarama 2023. Gen Muhoozi yakuwe ku mwanya w’umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka yasabye se Perezida Museveni kongera gusubizwa inshingano Ati “UPDF iracyari igisirikare cyanjye, Afande Mzee (Perezida Museveni), ndashaka ingabo zanjye.” Kuva Muhoozi yakurwa kuri uyu mwanya w’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka nta wundi mwanya arahabwa mu ngabo uretse kuba Umujyanama wa se mu by’umutekano. Gen Muhoozi abinyujije kuri Twitter, yahishuye kandi…

SOMA INKURU

Pasiteri akurikiranyweho ibyaha byo gufata ku ngufu

Pasiteri Twahirwa Joseph wo mu Itorero rya Epikaizo Ministries International akurikiranyweho ibyaha byo gufata ku ngufu, Anda Saulite mu gihe abapolisi barimo Sgt Oyera Doreen, D/Cpl Akite Judith na mugenzi we Ailigat Joyce bakurikiranyweho kutakira ikibazo cy’uwakorewe ihohoterwa. Anda Saulite yabwiye Polisi ya Kampala ko yagiye muri Uganda atumiwe na Twahirwa, amwakirira mu rugo rwe ruherereye i Bugoloobi mu gitondo cyo ku wa 12 Ukuboza 2022. Yemeza ko nyuma yo kwakirwa, uyu mupasiteri yamufashe ku ngufu afatira n’amayero ye 400, amadolari 300 na pasiporo. Mu itangazo Umuvugizi wungirije wa Polisi…

SOMA INKURU

Nubwo atahawe igisubizo Umunyarwandakazi yabajije ikibazo Perezida Felix Tshisekedi

Kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023,  ubwo bari mu nama y’ihurro ry’abayobozi yiga ku bukungu iteraniye i Davos mu Busuwisi, Umunyarwandakazi Clare Akamanzi uyobora RDB, yabajije Perezida Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi  impamvu igihugu cye kitemera imikoranire n’abandi mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu ayobora by’umwihariko mu burasirazuba bwacyo. Akamanzi yagize ati “Niba ikibazo cy’umutekano ari imbogamizi kuri mwe, niba mufite ubushobozi bwo kugikemura, mwagakwiye kuba mwarabikoze cyera, nifuzaga kumenya impamvu mutifuza imikoranire mu gushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe i Nairobi igamije gushaka umuti urambye?…

SOMA INKURU

Miss Mutesi Aurore mu munyenga w’urukundo rushya

Mutesi Aurore Kayibanda wabaye Miss Rwanda yambitswe impeta n’undi musore nyuma y’igihe atandukanye na Mbabazi Egide bari barasezeranye kubana akaramata nk’umugore n’umugabo. Amafoto ya Miss Aurore yambikwa impeta yasakaye cyane ku mbuga nkoranyambaga gusa ntabwo bamwe bamenye uwayimwambitse dore ko iyi yari  iya kabiri nyuma ya Mbabazi Egide. Amakuru yizewe agera ku UMUSEKE ni uko umusore wambitse Aurore impeta atari Umunyarwanda gusa akaba ari umushoramari ufite inganda zitandukanye mu bihugu byo muri Afurika. Uwaduhaye amakuru yagize ati “Njyewe rwose ndamuzi, ni umunyenganda ukomeye kuko banamaze igihe babana hano mu Rwanda aho…

SOMA INKURU

Haracyaboneka abanyarwanda bakorerwa ihohoterwa

Inzego z’umutekano n’abaturage batahuye abantu babiri bamaze igihe ku ngoyi mu rugo rw’umuturage bivugwa ko ari umuvuzi. Ku wa Gatandatu nibwo ayo makuru yamenyekanye mu Mudugudu wa Mubuga, Akagari ka Ruganda, mu Murenge wa Muhondo, mu Karere ka Gakenke. Umusore witwa Uwimpuhwe Emmanuel w’imyaka 26 bakunda kwita Murokore, uturuka mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Kanyinya, mu Kagari ka Nzove, yasanzwe aziritse ku kiraro hakoreshejwe iminyururu, amaguru ye n’amaboko biziritse. Mukamusoni Soline w’imyaka 60, wo mu Karere ka Gakenke, mu Murenge wa Muyongwe, mu Kagari ka Bumba, na we…

SOMA INKURU

Ihohoterwa rikomeye rikorerwa abakobwa bo mu kabari

Iyo utembereye mu tubari dutandukanye usanga abakobwa badukoramo bakunze kuba bambaye imyenda migufi ariko ntumenye impamvu yabyo. Nubwo abenshi muri aba bakobwa n’abagore bakunze kugaragara bambaye iyi myenda migufi izwi nk’impenure, bamwe bavuga ko bidaterwa n’amahitamo yabo. Bamwe muri aba bakobwa baganiriye na IGIHE bavuze ko bose bataba bifuza kwambara amajipo magufi, ahubwo akenshi babitegekwa na ba nyir’utubari ngo kuko aribyo bituma babona abakiliya benshi. Banemeza ko hari na ba nyir’utubari bahitamo kudodeshereza abakozi babo imyenda isa kugira ngo bagaragare neza ariko abakobwa bakabadodeshereza amajipo magufi. Uwimana Liliane, ni umukobwa…

SOMA INKURU

Gicumbi: Mu rugamba rwo guharanira iterambere na siporo ntisigara

Akarere ka Gicumbi kimwe n’utundi turere tugize u Rwanda, duharanira kwesa imihigo ndetse no kuzamura imibereho myiza y’abaturage, ubuyobozi bw’aka karere bugena n’umwanya wa siporo uherekezwa n’ubusabane bugamije kungurana ibitekerezo byubaka igihugu. Ni muri urwo rwego kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Mutarama 2023, ku isaha ya saa yine z’amanywa zuzuye, kuri Sitade ya Gicumbi, habayeho umukino wa gicuti hagati y’abakozi b’akarere ka Gicumbi harimo umuyobozi w’akarere NZABONIMPA Emmanuel , abamwungirije n’abandi bakora mu nzego zinyuranye n’abanyamakuru ba Siporo mu Rwanda. Uyu mukino warangiye Gicumbi itsinze igitego 1 ku busa.…

SOMA INKURU

Covid-19 ikomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake

Komisiyo ishinzwe ubuzima mu Bushinwa, yatangaje ko hagati ya tariki 8 Ukuboza 2022 na 12 Mutarama 2023 abantu 59,938 bapfuye ku mpamvu zifitanye isano n’indwara ya Covid-19. Jiao Yahui, umwe mu bayobozi ba Komisiyo ishinzwe ubuzima yabwiye itangazamakuru kuri uyu wa Gatandatu ko abantu 5,503 bapfuye kubera Covid-19 mu gihe abandi 54,435 bari bafite Covid-19 ariko basanzwe barwaye izindi ndwara zirimo kanseri n’iz’umutima. Ubusanzwe u Bushinwa bwatangazaga imibare y’abapfuye bishwe na Covid-19 gusa, aho kuba izindi ndwara zishobora kongererwa ubukana na Covid-19. Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS) watangaje ko…

SOMA INKURU

Urubanza rw’abaganga bashinjwaga icyaha cy’ubwicanyi budaturutse ku bushake rwageze ku iherezo

Kuwa 26 Ukwakira 2021 nibwo Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwatangiye kuburanisha urubanza rwaregwagamo Mugemanshuro Alfred uzobereye mu gutera ikinya na Dr Ntahonkiriye Gaspard, inzobere mu by’indwara z’abagore, bashinjwa icyaha cy’ubwicanyi budaturutse ku bushake. Ibirego byashinjwaga aba baganga babiri ba Baho International Hospital by’uburangare mu rupfu rwa Kamanzi Ngwinondebe Chantal byageze ku iherezo, nyuma y’uko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwemeje ko nta bimenyetso simusiga bibigaragaza. Ni ibintu ubuyobozi bwa BIH buvuga ko bihura neza n’igenzura bwikoreye, na raporo yagaragajwe nyuma yo gupima umubiri (autopsie). Kamanzi wari ufite imyaka 54 yagannye BIH…

SOMA INKURU

Kubungabunga ibidukikije biratanga icyizere cyo gusubirana kwa Ozone

Ihagarikwa ry’ibyangiza Ozone ryatanze umusaruro ku kigero cya 99% nk’uko isesengura ryakozwe ku bufatanye n’impuguke za Loni ku masezerano ya Montreal yerekeye ibinyabutabire byangiza Ozone, ryabigaragaje muri raporo ikorwa buri myaka ine. Isesengura ryakozwe n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, ryagaragaje ko Akayunguruzo ka Ozone kazaba kamaze kwisubiranya mu myaka 40 iri imbere. Ibikorwa bya muntu byagiye bituma mu kirere hoherezwayo ibinyabutabire byatumye Ozone itoboka. Ibi bigira ingaruka ku bushobozi bwayo bwo kurinda ko imirasire y’izuba yangiza ubuzima ku isi. Mu 1987, nyuma y’imyaka irindwi abahanga muri siyansi bagaragaje ko ibinyabutabire byakozwe n’abantu…

SOMA INKURU