Baratabaza nyuma y’ifungwa rya nyina bakisanga mu ruhuri rw’ibibazo

Abana babiri b’abakobwa barimo ufite imyaka irindwi n’uw’imyaka 12 batuye mu kagari ka Kagugu, mu murenge wa Kinyinya, akarere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali, babayeho mu buzima bubabaje nyuma y’aho nyina wakoraga uburaya afunzwe akekwaho gucuruza ibiyobyabwenge. Aba bana bavuga ko bari kugorwa no kubona aho kurara n’icyo kurya ndetse batari no kubasha kujya kwiga bakaboneraho gusaba ubufasha. Ubwo bari bagiye ku biro by’Umujyi wa Kigali gutakambira ubuyobozi kugira ngo bube bwarekura nyina, umwe yabwiye itangazamakuru ati “ Twabonye baza kumutwara nyuma batubwira ko bamufunze.” Yemeza ko babayeho nabi…

SOMA INKURU

Gasabo: Ari mu kaga gakomeye nyuma yo kubyara umwana ufite ubumuga

Nyuma y’ imyaka itanu atotezwa ndetse agatabwa n’umugabo azira kwanga kujugunya umwana we wagaragaweho ubumuga bukomatanyije nyuma y’amezi umunani avutse, kuri ubu Niyindora Jani abayeho mu buzima buhangayikishije ndetse bunagoranye, aho anemeza ko yabuze ubufasha kugeza ku bwemerewe abafite ubumuga. Niyindora Jani umubyeyi w’imyaka 26, utuye mu mudugudu w’Akagarama, akagali ka Gasanze, umurenge waNduba, mu  karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, yatangaje ko yahuye n’akaga gakomeye nyuma yo kubyara umwana bagategereza ko azicara bagaheba, nyuma bagatahura ko afite ubumuga bukomatanyije, bigatuma umugabo we afata icyemezo cyigayitse cyo kujugunya icyo…

SOMA INKURU

Rwanda: Uko ubuzima bw’umwana bwifashe banarindwa VIH/SIDA

Ku Isi hose, 80% by’impinja zikivuka zipfa zizize impamvu zakumirwa cyangwa zavurwa. Mu Rwanda haharanirwa ko buri mwana ahabwa ubuvuzi no kwitabwaho by’umwimerere kandi bwemewe ku isi hose. U Rwanda rwagabanyije umubare w’imfu z’abana bato ku kugero kiri hafi 70%. Mu myaka icumi ishize, kuri buri bana 1,000 bavutse, abana 152 ntibabashije kubaho ngo bizihize isabukuru yabo y’imyaka itanu. Ariko uyu mubare waragabanutse ugera ku mfu 50 ku bana 1,000 bavuka. Nk’uko bitangajwe hejuru ni nako umubare w’imfu z’ababyeyi zagabanutse. Mu myaka icumi ishize, ababyeyi 750 bapfuye ku babyeyi 100,000…

SOMA INKURU

Certaines causes d’une augmentation de violences sexuelles envers les adolescentes

Certaines des filles de moins de 18 ans violées avec pour conséquence des grossesses non désirées, résidant dans la Ville de Kigali, district de Gasabo, secteur Ndera, cellule Masoro révèlent qu’elles préfèrent protéger ceux qui les violent car leurs familles respectives les abandonnent à leur sort. Ces adolescentes révèlent pourqoui elles préfèrent protéger  ceux qui les violent (Foto Alphonse/www.umuringanews.com) Selon les affirmations de 23 adolescentes qui sont soit enceintes soit porteuses d’un bébé, suite à la violence sexuelle, la protection des présumés responsables de viol est dû au comportement de…

SOMA INKURU

Rwanda: Uko gahunda yo kwita ku buzima bw’abagore batwite n’abana ihagaze

Igenzura ry’ibanze ku gihe cyo kuva muri Nyakanga 2017 kugeza Kamena 2021, rikorerwa mu bitaro birindwi n’ibigo nderabuzima 12 bibishamikiyeho byo bitaro biri mu turere twa Nyarugenge, Bugesera, Huye, Musanze, Rubavu, Gicumbi na Nyagatare, ryerekanye ko mu myaka itanu ishize hamaze gukoreshwa miliyari 104 z’amafaranga y’u Rwanda muri gahunda zo kwita ku buzima bw’abantu by’umwihariko ubw’abagore batwite n’abana ndetse no kubaka ibikorwaremezo kimwe no gushaka ibikoresho bya ngombwa bifasha muri uru rwego. Ni imbaraga zatanze umusaruro ufatika kuko raporo ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko kuva icyo gihe umubare w’abagore bapfa…

SOMA INKURU

Basaba ubufasha kuko babayeho nabi

Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyange, akarere ka Musanze, intara y’Amajyaruguru, barashinja inzego zinyuranye z’ubuyozi ndetse n’izibahagarariye kutabaha uburenganzira nk’ubw’abandi banyarwanda, ndetse n’ubufasha bugenerwa  abatishoboye muri bo bugahabwa abandi, bemeza ko byose ikibiri inyuma ari ruswa, ari nabyo biviramo bamwe imyitwarire idahwitse, hari n’abatangaza ko nibikomeza gutya bazasubira mu mashyamba. Ibi abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyange, babitangarije ikinyamakuru umuringanews.com, ubwo cyabasuraga aho batuye hafi y’ibirunga, bakaba basa nk’abitaruye abandi baturage, aho usanga abenshi muri bo baba mu mazu ariko adahomye, aho iyo uhagaze hanze uba ureba…

SOMA INKURU

Siporo rusange yitabiriwe na Perezida Kagame na madamu hapimwemo indwara zitandura

Kuri iki Cyumweru tariki 22 Mutarama 2022, Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanije n’ abaturage muri sporo rusange yo mu Mujyi wa Kigali, ikaba yabaye ku nshuro ya mbere muri uyu mwaka wa 2023. Muri iyi sporo abaturage b’ingeri zinyuranye bapimwe indwara zitandura harebwa uko ubuzima bwabo buhagaze. Kuri site ya Gisozi mu bantu bapimwe 115 bapimwe, abarenga 20 basanze bafite ikibazo cy’ ibinure byinshi ku nda, abandi harimo abafite ibiro bitajyanye n’ uburebure, isukari nyinshi mu maraso ndetse n’ umuvuduko w’amaraso. Iyi siporo iba mu…

SOMA INKURU

RDC: Hatahuwe imva rusange irimo imibiri y’abataramenyekana

Umuryango w’Abibumbye watangaje ko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Ntara ya Ituri hatahuwe imva rusange ebyiri zirimo imibiri 49 y’abantu bataramenyekana. Amakuru dukesha DW avuga ko iyi mibiri yatahuwe muri Ituri hafi n’umupaka uhuza RDC na Uganda. Imibiri 42 irimo iy’abana batandatu yatahuwe mu cyaro cya Nyamamba indi irindwi itahurwa ahitwa Mbogi. Umuvugizi wungirije w’Umuryango w’Abibumbye yavuze ko kugeza ubu hakiri gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane niba iyi mirambo yaba ifite aho ihuriye n’ibitero imitwe yitwaje intwaro wa CODECO uherutse kugaba muri Ituri. Ati “Ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro…

SOMA INKURU

Rutsiro: Abarenga ibihumbi 13 ntibashobora kwivuriza kuri mituweli

Kugeza ubu mu karere ka Rutsiro hari abaturage barenga ibihumbi 13 badashobora kwivuriza kuri mituweli atari uko batazi akamaro kayo ngo babe barapinze kuyitanga ahubwo ari uko abenshi muri bo babuze ubushobozi. Amabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu cy’ubwiteganyirize RSSB, avuga ko umuryango wabashije kwishyura 75% by’umusanzu wa mituweli abawugize baba bemerewe kwivuza kugera tariki 31 Ukuboza. Aya mabwiriza ni yo yagonze abarimo Ugiruwe Valens wo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro, ufite umuryango w’abantu batandatu, bivuze ko yagombaga gutanga umusanzu wa mituweli ungana n’ibihumbi 18Frw. Ati “Nishyuye ibihumbi 9Frw andi…

SOMA INKURU

Nyuma yo guhohoterwa bikomeye n’umugabo we, ubu bari mu myiteguro yo kubana akaramata

Umuhanzi  uzwi nka Weasel Manizo wo mu Gihugu cya Uganda wavuzweho guhohotera umunyarwandakazi Sandra Teta banabyaranye abana babiri ubu biravugwa ko ari kwitegura gushyingirawa nawe ndetse ko ari mu myiteguro yo kuza kumusaba no kumukwa. Ikinyamakuru BigEye, kiri mu bikomeye byandika imyidagaduro muri Uganda, cyatangaje ko umuririmbyi Weasel afite gahunda yo gushyingiranwa na Teta Sandra bamaze igihe bakundana. Iki kinyamakuru cyagaragaje ko gifite amakuru ko Weasel uyu mwaka uzarangira aje i Kigali kwiyerekana mu muryango, ndetse mu mpera zawo bakarushinga byemewe. Cyanditse kiti “Weasel mu myiteguro yo kujya kwiyereka umuryango…

SOMA INKURU