Nyuma y’imyaka 47, umugabo w’i New York yahanaguweho icyaha nyuma yuko ikizamini gishya cy’ingirabuzima-fatizo (DNA/ADN) kigaragaje mu buryo budashidikanywaho ko atari we wafashe umukobwa ku ngufu mu 1975. Uku ni ko guhamwa n’icyaha mu buryo butari bwo kuzwi kumaze igihe kirekire cyane mu mateka y’Amerika kuburijwemo nyuma ya gihamya ya DNA. Ibizamini byagaragaje undi mugabo, ubu wamaze kwemera ko ari we wafashe uwo mukobwa ku ngufu. Leonard Mack, w’imyaka 72, yamaze imyaka irenga irindwi muri gereza nyuma yuko mu 1976 urukiko rumuhamije icyaha atigeze akora. Mack yagize ati: “Sinigeze na…
SOMA INKURUCategory: Inkuru zikunzwe
Rwanda: Nyuma yo gutabwa muri yombi amakuru y’ubwicanyi bwe ku gitsina gore akomeje kujya hanze
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahishuye amakuru mashya ku buryo Kazungu Denis yemereye ubugenzacyaha ko yishemo abakobwa batandukanye akabashyingura mu gikoni cy’inzu yakodeshaga mu mudugudu wa Gashiriki, akagari ka Busanza, umurenge wa Kanombe mu karere ka Kicukiro. RIB yashyize ahagaragara amakuru y’ibanze ku wa Kabiri, ariko kuri uyu wa Gatatu yahishuriye itangazamakuru ko Kazungu yatangiye gukurikiranwa mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga uyu mwaka, aho yanafashwe akongera kurekurwa kubera ko nta bimenyetso bifatika byabonekaga. Icyo gihe yafashwe bwa mbere akekwaho gukora ubujura, gufata ku ngufu, no gushyira igitutu ku bantu ariko arekurwa…
SOMA INKURUAmarangamutima ya Ineza Elvine umwana wa mbere witabiriye umuhango wo kwita izina
Elvine Ineza ni umwana w’umukobwa w’imyaka 12 uvuka mu karere ka Musanze, wiga muri Regina Pacis, ishuri rya Kiliziya Gatolika riherereye mu mujyi wa Musanze, akaba ariwe mwana wa mbere witabiriye umuhango wo kwita izina kuva watangira mu mwaka wa 2005. Nyuma yo kwita izina umwana w’ingagi rya “Nibagwire”, yavuze ko yahisemo iryo zina mu rwego rwo kwifuriza umuryango “Aguka” uwo mwana w’ingagi avukamo, kwaguka no kugwira. Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today nyuma yo kwita izina, yavuze ko yishimiye bikomeye uwo muhango kuko wamuhuje na Madamu Jeannette Kagame, yahoraga…
SOMA INKURUUbwongereza: Umudepite wiyumva nk’umugore akomeje ubuvugizi bw’abatinganyi n’abihinduza igitsina
Mu mwaka wa 2022, Jamie Wallis, umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ubwo yavuganaga n’Abarusiya babiri bamenyereweho gukora amashusho y’ibikorwa bihimbano ku mbuga nkoranyambaga, yiyemereye ko yiyumvamo kuba ari umugore nubwo afite igitsina gabo, akaba yavugiye abasirikare ba Ukraine b’abatinganyi ndetse n’abandi bakeneye kwihinduza igitsina. Uyu mudepite atanga ikiganiro ku buryo ibikorwa byo kwihinduza igitsina byakwimakazwa mu mashuri, ndetse akanavuga niba hari igihe kizagera u Bwongereza bukagira Minisitiri w’Intebe wihinduje igitsina, yanashyizemo n’ingingo ivuga ku basirikare ba Ukraine b’abatinganyi, aho yatangaje ko bakeneye inkunga y’ibikoresho byifashishwa mu kongera ibirungo mu gikorwa…
SOMA INKURURwanda: Inkubiri yo kwirukana abayobozi irakomeje
Kuri uyu wa mbere, tariki 28 Kanama 2023 nibwo hatangajwe iyurukanwa ry’uwari Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Apolonie, Habitegeko François wari Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba na Mukamana Espérance wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’lgihugu Gishinzwe Ubutaka. Ibi bikaba bibaye nyuma y’iyurukanwa ry’abayobozi banyuranye baba ab’intara, uturere n’abandi by’umwihariko abo mu ntara y’amajyaruguru, ibi bikaba bikomeje kwibazwaho n’abatari bake, aho hari n’abatangaza ko nyuma yo kwigishwa inshuro nyinshi nokwibutswa inshingano zabo, kwirukanwa biba bibereye igihe. Inama njyanama y’akarere ka Nyamasheke niyo yafashe umwanzuro wo kumwirukana uwahoze ari umuyobozi w’aka karere Mukamasabo Apolonie nk’uko bigaragara…
SOMA INKURUNyuma yo gutabwa muri yombi, Donald Trump yatanze akayabo kugira ngo arekurwe
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 24 Kanam2023, uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Donald Trump yasohotse muri kasho y’akarere ka Fulton Country mu mujyi w’Atlanta nyuma y’iminota 20 ahageze agatabwa muri yombi ngo akorerwe dosiye ku byaha akurikiranyweho. Uyu wahoze ategeka Amerika akurikiranyweho ibyaha bikomeye by’uburiganya n’ubugambanyi bifitanye isano n’uko yaba yarageregeje kuburizamo ugutsindwa kwe muri leta ya Georgia. Bwana Trump yageze kuri gereza nyuma gato y’isaa moya n’igice z’umugoroba wo kuwa Kane muri Amerika, ni ukuvuga isaa saba n’igice z’ijoro ry’uwa kane rishyira uyu…
SOMA INKURUAbanyarwanda baraburirwa umuhindo uregereje
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda), Aimable Gahigi, arasaba abantu gutangira kwitegura imvura y’umuhindo hirindwa ingaruka zaterwa n’ibiza kuko iyo umuhindo ugitangira ugaragaramo imvura n’umuyaga mwinshi. Abitangaje mu gihe hirya no hino mu Turere dutandukanye, ubuyobozi burimo gukangurira abaturage batuye ahantu hashyira ubuzima bwabo mu kaga kwimuka bakajya gutura ahatabateza ibibazo. Mu kiganiro yahaye RBA, Aimable Gahigi, avuga ko mu gihe hitegurwa imvura y’umuhindo, buri muturage akwiye kwisuzuma akareba ko ahanyuraga amazi hameze neza ku buryo azabasha guhita ndetse n’ibindi bijyanye no kwirinda umuyaga mwishi. Avuga ko imyiteguro…
SOMA INKURUUmusaza w’imyaka 84 yishe umugore we amuziza imibonano mpuzabitsina
Umusaza w’imyaka 84, witwa Gabriel Ahuwa, yemeje ko yishe umugore we w’imyaka 75 kubera umujinya kuko ngo yangaga ko baryamana, kandi akajya anumva bamubwira hari abayobozi bo mu itorero baryamana n’uwo mugore we. Uwo musaza yafashwe na Polisi akurikiranywe icyaha cy’ubwicanyi nk’uko byemejwe n’umuvugizi wa Polisi muri Leta ya Edo, Benin City, SP Chidi Nwabuzor. Gabriel Ahuwa, yavuze ko ashinja umugore we kuba yararyamanaga n’abayobozi bo mu itorero yasengeragamo ariko we yamusaba ko baryama akamuhakanira. Ibyo rero ngo ni byo yatumye agira umujinya yica uwo mugore we bari bafitanye abana…
SOMA INKURUHafashwe icyemezo ku rubanza rwa Basabose
Urukiko rwa Rubanda mu Bubiligi rwemeje ko Pierre Basabose ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akomeza kuburanishwa, nubwo afite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe ku rwego rumwe n’urwa Kabuga Félicien. Pierre Basabose ni Umunyarwanda wahoze ari umusirikare mu ngabo z’u Rwanda n’umucuruzi utaramenyekanye cyane ku rwego n’urwa Kabuga Félicien uherutse guhagarikirwa urubanza bikozwe n’urukiko rw’i La Haye mu Buholandi kubera impamvu z’uburwayi butuma atabasha kwibuka. Basabose w’imyaka 76 na we afite ibibazo by’uburwayi nk’ubwo ariko ubutabera bw’u Bubiligi bwanzuye ko urubanza rwe ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranweho…
SOMA INKURUUrupfu rwa Rubayita rwahagurukije u Rwanda
Ambasade y’u Rwanda muri Kenya yohereje umudipolomate mu gace ka Iten gukurikirana iby’urupfu rubabaje rw’Umunyarwanda, Siraj Rubayita waguyeyo. Rubayita w’imyaka 34 yari amenyerewe mu mikino ngororangingo yo gusiganwa ku maguru no gusimbuka akaba yarapfuye ku wa Gatanu tariki 18 Kanama, aguye muri Iten muri Kenya aho yari ari mu myitozo. Kugeza ubu iperereza rirakomeje ariko ibitangazamakuru byo muri Kenya byavuze ko inkuru y’uru rupfu yamenyekanye nyuma yo kugirana amakimbirane n’umukinnyi mugenzi we wo muri Kenya ku wa Kane w’icyumweru cyabanjirije icyo yapfuyemo. Ayo makimbirane ngo yaturutse ku bwumvikane bucye bagiranye…
SOMA INKURU