Covid-19 iteje uruhurirane rw’ibibazo ab’imikino y’amahirwe

Bamwe mu bakoraga mu mikino y’amahirwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bararira ayo kwarika aho bavuga ko bugarijwe n’inzara n’ubushomeri kuko bamaze amazi asaga icumi badakora. Abakoraga muri iyi mikino babwiye IGIHE ko bifuza ko indi nama y’Abaminisitiri izaterana yazabatekerezaho uko basubira mu mirimo kuko babayeho mu buzima bubabaje. Munyentwari Olivier umwe mu bakoraga muri iyo mikino yagize ati “ Nimutuvugire tubayeho nabi. Ibaze abantu tumaze mezi arenga 10 tudakora kandi twari tumenyereye kubaho dukora twigurira icyo dukeneye cyose, wumve uko tubayeho.” Kamazi Anaclet wakoraga mu nzu y’imikino y’amahirwe…

SOMA INKURU

Perezida wa Senegal yafashe iya mbere mu kwikingiza

Ubwo Senegal yatangiraga ibikorwa byo gukingira abaturage bayo icyorezo cya COVID-19, Perezida w’iki gihugu , Macky Sall na we ari mu bakingiwe. Perezida Macky Sall yakingiwe ku wa 25 Gashyantare. Iki gikorwa kikaba cyaranyuze kuri televiziyo zitandukanye zo muri iki gihugu. Kuva mu minsi ibiri Senegal itangiye ibikorwa byo gukingira abaturage bayo, imaze gukingira abagera ku 4000. Inkingo iki gihugu kiri gukoresha ni izigera kuri doze ibihumbi 200 cyaguze mu Bushinwa. BBC yatangaje ko Perezida Macky Sall yavuze ko bahisemo kuba baguze izi nkingo kuko batari gutegereza igihe bazagerezwaho izo…

SOMA INKURU

Polisi y’u Rwanda yagobotse ikigo cy’amashuri cyari kibasiwe n’inkongi y’umuriro

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Gashyantare ahagana saa munani nibwo abapolisi bo mu ishami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi bagiye kuzimya inkongi y’umuriro yarimo kubera mu macumbi y’abanyeshuri bo mu ishuri ryisumbuye rya Gisenyi Adventist Secondary School (GASS) riherereye mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi. Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Baptiste Seminega yavuze ko muri iryo joro Polisi yatabaye igerageza kuzimya inkongi ntihagira umunyeshuri ugira icyo aba ndetse na bimwe mu…

SOMA INKURU

Kigali: Hakuweho urujijo rw’umuturage wasenyewe nyuma y’amezi atandatu inzu yuzuye

Ubuyobazi bw’Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali bwakuyeho urujijo ku makuru amaze iminsi atangazwa, y’umuturage Twagiramungu Jean Baptiste utuye mu murenge wa Kigarama, mu karere ka Kicukiro,  wasenyewe inzu yari amazemo amezi atandatu. Twagiramungu aherutse gutangariza bimwe mu binyamakuru bikorera mu Rwanda ko yasenyewe kubera ko yanze gutanga ruswa, nyuma yo kwanga kuyitanga inzu ye bigaragara ko yari nziza cyane ubirebeye inyuma igahita ihatwa amapiki igasigara ari umusaka. Mu kiganiro Imvaho Nshya yagiranye n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro Umutesi Solange, yasobanuye icyatumye uyu muturage asenyerwa gihabanye n’ibyo umuturage atangaza…

SOMA INKURU

Guhoza inyungu z’u Rwanda imbere umusemburo w’ubutwari- Min Bamporiki

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard yifatanyije n’Abanyarwanda batuye muri Zimbabwe na Botswana kwizihiza umunsi w’Intwari z’Igihugu hifashishijwe ikoranabuhanga kuri iki cyumweru tariki ya 7 Gashyantare 2021. Muyibukije abitabiriye uwo muhango ko guhoza inyungu z’u Rwanda imbere ari wo musemburo w’ubutwari, ati “Gushyira u Rwanda imbere buri munsi biguha imbaraga zo kwimakaza ubutwari buri kanya… Dukwiye guhindura imitekerereze tukumva ko Umunyarwanda aho ari arangwa n’ubutwari, arangwa n’indangagaciro z’Abanyarwanda, tukumva ko kurangwa n’ubutwari ari ubuzima.” Gahunda y’uyu munsi ikurikiye iyabaye ku munsi w’ejo ku wa Gatandatu tariki ya…

SOMA INKURU

Ngororero: Gitifu w’umurenge nyuma yo gutoroka yatawe muri yombi

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwira ho mu karere ka Ngororero, Habiyakare Etienne yatawe muri yombi akekwaho gukoresha inyandiko mpimbano no kunyereza amafaranga yagenewe abangavu babyariye iwabo. Uyu muyobozi yaherukaga guhagarikwa n’akarere amezi atatu azira kunyereza amafaranga yari agenewe abangavu, ahita atoroka ariko nyuma y’uko amezi yari yahawe arangiye Kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Gashyantare 2021 nibwo yagarutse ahita atabwa muri yombi. Umuvugizi w’umusigire wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yemeje aya makuru avuga ko dosiye irimo gukorwa kugira ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha. Ati “Akurikiranweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano n’icyaha…

SOMA INKURU

Icyemezo cy’Ubwongereza gifite ibikihishe inyuma -Dr Byiringiro

Impuguke mu by’ubuzima akaba n’Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Byiringiro Jean Claude, yabwiye RBA, ko icyemezo cyafashwe na leta y’u Bwongereza gifite ibindi bikihishe inyuma kuko umuhate u Rwanda rushyira mu kwitwararika kuri iki cyorezo ushimwa na benshi. Ati “Icyo tubona ni kimwe, u Rwanda mu bijyanye n’ingamba zumvikanyweho ku Isi, zirubahirizwa, kugira ngo umugenzi agera mu Rwanda agomba kuba yakoresheje cya kizamini cya CPR, n’uva mu Rwanda ajya mu kindi gihugu agomba kuba yagikoresheje. Ibyo ni bimwe mu birwanya iki cyorezo kandi bigafasha n’abantu gukomeza kubaho.” “Ku rundi…

SOMA INKURU

Icyo abaturage bategereje ku nzego z’ibanze zizatorwa

Mu gihe hitegurwa amatora y’inzego z’ibanze ashobora kuba muri uyu mwaka nubwo bitaramenyekana neza itariki iyo ari yo, hari ibyo Abanyarwanda basaba ko byazakosorwa. Kuwa 26 Mutarama 2021 ni bwo Inteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena, yateranye yemeza itegeko rigena isubikwa ry’amatora y’inzego z’ibanze yari ateganyijwe muri Gashyantare 2021, igena ko abasanzwe kuri iyo myanya bakomeza kuyobora kugeza igihe inzitizi z’icyorezo cya COVID-19 zizaba zamaze kuvaho. Icyo cyemezo cyaje gikurikiye itangazo rya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) ryavugaga ko amatora y’inzego z’ibanze azatangira ku wa 20 Gashyantare, hatorwa abayobozi…

SOMA INKURU

USA: Trump akomeje kurwanirwa ishyaka n’abasenateri

Abasenateri bagize ishyaka ry’Aba-Républicains Donald Trump akomokamo, bagaragaje ko batiteguye gutera icyizere uwo mugabo umaze iminsi asohotse muri White House, ku birego byazamuwe n’abo mu ishyaka ry’Aba-Démocrates bashinja Trump kugira uruhare mu myigaragambyo karundura iherutse kubera ku Ngoro Ishinga Amategeko ya Amerika, igahitana batanu barimo n’umupolisi. Nyuma y’uko Trump aterewe icyizere n’abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika ku nshuro ya kabiri, kuri uyu wa mbere iyo Nteko yatanze ikirego kigamije gusaba Sena ya Amerika gutorera umwanzuro wo gutera Trump icyizere, ibishobora gutuma abuzwa kuziyamamariza undi mwanya mu nzego z’ubuyobozi…

SOMA INKURU

Kigali: Guma mu rugo ibamereye nabi baratabaza ababishinzwe

Abaturage batandukanye batari ku rutonde rw’abakwiye guhabwa ibiryo muri iyi gahunda ya Guma mu rugo kandi babikeneye barasaba ko ubuyobozi nabo bwabazirikana kugira ngo babone ikibatunga muri iki gihe. Ibi babisabye, nyuma y’aho ubuyobozi bw’imirenge y’Umujyi wa Kigali butangiye guha ibiribwa abantu baryaga ari uko bakoze nyuma y’uko imirimo yabo ihagaritswe mu kwirinda ikwirakwiza ry’icyorezo cya Covid-19. Ubu kuri biro by’Akagari ko mu Murenge w’Umujyi wa Kigali ,hari gutangirwa ibiribwa birimo kawunga n’ibishyimbo mu rwego rwo kugoboka abakoraga imirimo yagizweho ingaruka na Covid barimo abakoraga mu tubari,abamotari, abafundi, abayede n’abandi.…

SOMA INKURU