Gatsibo: Nyuma yo gukubitwa bikomeye Gitifu arembeye mu bitaro

Abaturage bo mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Muhura mu kagari ka Bibare, bavuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge yafatanyije n’abashinzwe umutekano bagakubita Gitifu w’akagari kugeza ubwo agiye mu bitaro, bakabeshya ko yari yasinze. Kuwa Gatatu tariki ya 3 Werurwe 2021 ahagana saa Mbili z’ijoro mu Mudugudu wa Rwangendo mu Kagari ka Bibare mu Murenge wa Muhura, abantu icumi bafatiwe mu kabari k’uhagarariye abikorera muri aka Kagari, hari harimo na Gitifu w’aka Kagari aho byavugwaga ko yarwanyije inzego z’umutekano hamwe na Gitifu w’Umurenge. Abaturage bafatanwe mu kabari n’uyu muyobozi basobanuye…

SOMA INKURU

Umwe muri nyobozi ya ADPR wagiriwe icyizere nyuma yo kweguza abandi arashinjwa ibyaha 7

Umuhoza Aurelie w’imyaka 39 uyu munsi ni umuyobozi ushinzwe ubukungu,imari n’imishinga muri ADEPR kuva muri 2017, akaba ariwe wasigaye mubo bari kumwe muri biro nyobozi ya ADEPR kuko abandi bakuwe mu nshingano zabo na RGB kuwa 02/10/2020 kubera ibibazo by’imiyoborere mibi,imikorere n’imikoranire mibi.Icyo gihe Umuhoza Aurelie yahise ahabwa inshingano zijyanye n’imicungire y’abakozi n’umutungo kugeza igihe abazayobora ADEPR mu gihe cy’inzibacyuho bazashyirirwaho. Kuwa 08/10/2020 ubwo RGB yashyiragaho komite y’inzibacyuho yo kuyobora ADEPR Madame UMUHOZA Aurelie yashyizwe mur’iyo komite. Ni ubwo uyu mudamu yizewe muri ADEPR ndetse na RGB yamushyize muri komite…

SOMA INKURU

Ibyari amabanga byerekana ko Rusesabagina ari umunyarwanda byashyizwe hanze

6600Paul Rusesabagina umaze amezi arenga atanu abwira inkiko ko atari Umunyarwanda, kandi ko yahunze igihugu muri 1996 agatanga n’ibimuranga by’u Rwanda agafata iby’u Bubiligi, arimo kuvuguruzwa n’inyandiko zasohotse mu bitangazamakuru. Rusesabagina wahakanye ko ari Umunyarwanda Ikinyamakuru KT Press cya Kigali Today cyabonye kopi z’inyandiko zo mu mwaka wa 2004 harimo ibaruwa Rusesabagina yandikiye Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka (Immigaration&Emigration), avuga ko yataye urwandiko rw’abajya mu mahanga (Pasiporo). Urwo rwandiko rw’abajya mu mahanga ubusanzwe rwemerwa hose ku isi, rugakora nk’indangamuntu ndetse rukayirusha agaciro kuko ruhesha umuntu uburenganzira bwo kwambukiranya imbibi z’igihugu…

SOMA INKURU

Idamage agiye kugezwa imbere y’urukiko ashinjwa ibyaha bitari bike

Urwego rw’Ubucamanza mu Rwanda rwatangaje ko Idamange Iryamugwiza Yvonne azitaba Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruherereye mu Karere ka Gasabo, ku wa Kane tariki ya 4 Werurwe 2021 atangire kwiregura ku byaha bitandatu ashinjwa.  Idamange Iryamugwiza Yvonne w’imyaka 42 y’amavuko  yatawe muri yombi tariki ya 15 Gashyantare 2021. Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatawe muri yombi akurikiranyweho  kugerageza guteza imyigaragambyo, guhangana n’abaje kumuta muri yombi mu nzira zubahirije amategeko, no gukubita umwe mu bashinzwe umutekano baje kumuta muri yombi. Yamenyekanye cyane mu gihe gito kubera imvugo ze zidahwitse yakwirakwizaga yifashishije imbuga…

SOMA INKURU

Rwanda: Kuri uyu wa gatatu hategerejwe ikije guhangana na Covid-19

Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 3 Werurwe 2021, u Rwanda rurakira icyiciro cya mbere cy’inkingo za Coronavirus, zizatangwa muri gahunda yo gukwirakwiza inkingo izwi nka Covax. Amakuru yizewe ni uko inkingo u Rwanda ruzakira ari izakozwe na Kaminuza ya Oxford yo mu Bwongereza za AstraZeneca. Uru rukingo ni narwo rwatanzwe muri iyi gahunda mu bindi bihugu bibiri bya Afurika, Ghana na Côte d’Ivoire, aho byombi byatangiye gukingira ku wa 1 Werurwe 2021. Muri ibi bihugu byombi, inkingo zagezeyo mu kwezi gushize aho nka Ghana yakiriye dose 600.000…

SOMA INKURU

Abongereza bashyize hanze indege idasanzwe

Sosiyete y’Abongereza isanzwe ikora imodoka, Rolls-Royce, yatangaje ko yitegura kugurutsa indege yakoze yifashisha amashanyarazi, nyuma y’uko isuzuma ryo kuyigendesha ku butaka ryagenze neza. National News yatangaje ko iyo ndege ifite ubushobozi bwo kugenda ibilometero 480 ku isaha, batiri yayo ikabika umuriro wa kilowatt 400 ziyibashisha kugenda ibilometero 515 itarongera gusharizwa. Umuyobozi wa Rolls-Royce, Rob Watson, yasobanuye ko iyo ndege yakozwe mu rwego rwo gushyigikira gahunda Isi yihaye yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere. Ati ”Gukora indege yifashisha amashanyarazi ni ingenzi muri gahunda yacu igamije kugabanya imyuka ya Carbone de dioxyde ihumanya…

SOMA INKURU

Sarkozy wayoboye Ubufaransa yahanishijwe ibihano bikakaye

Urukiko rwo mu Bufaransa rwakatiye uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Nicolas Sarkozy, gufungwa imyaka itatu nyuma yo kumuhamya ibyaha bya ruswa. Muri iyi myaka itatu yakatiwe Sarkozy umwe niwo azafungwa mu gihe ibiri isubitse. Urukiko rwatangaje ko uregwa afite uburenganzira bwo kujuririra iki cyemezo. Iki cyemezo cy’urukiko cyafashwe kuri uyu wa Mbere, nyuma yo guhamya Nicolas Sarkozy wayoboye u Bufaransa kuva mu 2007 kugera mu 2012 icyaha cyo guha umucamanza ruswa. Sarkozy w’imyaka 66, ashinjwa ko mu gihe yari akiri Perezida, yagerageje guhatira Gilbert Azibert, wari umucamanza, akaba n’Umujyanama Mukuru…

SOMA INKURU

Trump yahishuye akamuri ku mutima

Ikinyamakuru The Tribune cyatangaje ko Donald Trump wari waririnze kujya mu itangazamakuru kuva yava ku butegetsi, mu nama y’Aba-Républicains yabereye i Florida ku wa 28 Gashyantare 2021, yatangaje akari ku mutima. Uwahoze ari Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaciye amarenga yo kongera kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu mu matora ya 2024, nyuma y’uko ibirego byo kumutakariza icyizere yabitsinze ubugira kabiri. Trump watanze imbwirwaruhame yikoma imiyoborere y’uwamusimbuye ku ntebe, Joe Biden, waje avuguruza amateka yari yarasinye, yavuze ko ishyaka rye rizasubirana ububasha bwaryo bwo kuyobora Amerika. Ati “Ni…

SOMA INKURU

Rusesabagina yakuriwe inzira ku murima

Urugereko rw’ihariye rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rwemeje ko rufite ububasha bwo kuburanisha Rusesabagina Paul ibyaha birimo iterabwoba n’ubwicanyi akurikiranyweho, mu gihe yari aherutse kuvuga ko uru rukiko rudafite ububasha bwo kumuburanisha kuko ari umubiligi. Urukiko rwatangaje ibi rwifashishije ingingo ya 42 y’itegeko rigena ububasha bw’inkiko mu Rwanda., bityo rutangaza ko ibyo Rusesabagina yatangaje nta shingiro rufite. Ni urubanza rukomeje kuburanishirizwa i Kigali. Uru rukiko rwemeje inzizitizi y’iburabubasha yatanzwe na Paul Rusesabagina nta shingiro ifite, Rwemeje ko uru rukiko rufite ububasha wo kuburanisha Rusesabagina Paul , ni urubanza…

SOMA INKURU

Imyiteguro ku nama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC irarimbanyije

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yayoboye Inama y’Abaminisitiri b’Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba, EAC itegura iy’Abakuru b’Ibihugu by’uyu Muryango izaba ku wa 27 Gashyantare 2021. Iyi nama yabaye ku wa 25 Gashyantare hifashishijwe ikoranabuhanga yanitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh. Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda ibinyujije kuri Twitter yavuze ko ibyavugiwe muri iyi nama ari ibigamije gutegura iy’abakuru b’ibihugu byo muri EAC. Iyi nama ibaye mu gihe habura umunsi umwe ngo habe Inama ya 21 y’abakuru b’ibihugu…

SOMA INKURU