Ruswa iravuza ubuhuha mu masoko ya leta y’ibikorwaremezo

Ubushakashatsi bwakozwe kuva muri Werurwe 2021, ku bufatanye bwa  Transparency International Rwanda n’Urugaga rw’aba-enjeniyeri mu Rwanda, higwa ku bunyangamugayo no gukorera mu mucyo mu mitangire y’amasoko ya leta by’umwihariko mu mishanga y’ibikorwaremezo, hakaba haragayemo ruswa ivuza ubuhuha. Appolinaire Mupiganyi,  Umunyamabanga Nshingwabikorwa  wa Transparency Rwanda, mu mishinga y’ibikorwa remezo habamo ruswa kandi ku rwego ruhanitse cyane ko ari urwego rushorwamo akayabo  k’amafaranga. Ati “Ruswa irahari ndetse nini kuko mu masoko ya leta ni za miliyoni na miliyari ziba zivugwa kandi tuzi neza ko ba rwiyemezamirimo benshi baba bategereje akazi muri aya…

SOMA INKURU

Umujyi wa Kigali wafashe iya mbere mu gikorwa cyo kubahiriza uburenganzira bw’abana

Umujyi wa Kigali n’abafatanyabikorwa bawo bashyizeho Urugo Mbonezamikurire rw’Abana bato (ECD) ruzafasha ababyeyi bakorera mu nyubako yawo mu kwita ku mikurire y’abana babo kandi bari ku kazi n’abonsa bakagira icyumba cyo kwifashisha. Imirimo yo kubaka uru rugo mbonezamikurire kuri ubu iri kugera ku musozo ndetse rukazatangira gukora vuba nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ku wa 2 Nzeli 2021. Ni urugo mbonezamikurire rufite ubushobozi bwo kwakira abana 25 bafite guhera ku mezi atatu kugeza ku myaka itatu. Politiki ishyiraho Urugo Mbonezamikurire rw’Abana bato rw’aho abantu bakorera igaragaza ko bifasha cyane…

SOMA INKURU

Centrafrique yahaye u Rwanda ubutaka bwo gukoreramo ibikorwa binyuranye

Guverinoma ya Centrafrique imaze guha u Rwanda hegitari 70.500 zizakorerwaho ishoramari mu rwego rw’ubuhinzi no gutunganya ibibukomokaho. Byatangajwe n’Umunyamababanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Ngabitsinze Jean Chrysostrome, wasobanuye ko ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bikorwa bitandukanye biri muri urwo rwego. Yasinyiwe i Bangui ku wa Gatanu w’icyumweru gishize. Mu kiganiro yahaye The New Times, Ngabitsinze yavuze ko ayo masezerano azamara imyaka itanu ishobora kongerwa. Akubiyemo ibijyanye n’ubushakashatsi mu buhinzi, gukoresha ubutaka no kubucunga, gukoresha neza amazi n’ubutaka bijyanye, guteza imbere imbuto zujuje ubuziranenge kandi zitanga umusaruro…

SOMA INKURU

Abatwara ibinyabiziga banyoye inzoga akabo kashobotse

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki ya 30 Kanama ku kicaro cya Polisi mu karere ka  Nyarugenge, umurenge wa Rwezamenyo Polisi yeretse itangazamakuru abantu 33 bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha.  Aba bose bafashwe mu masaha ya nijoro kuva taliki ya 26 Kanama kugeza mu ijoro rya tariki ya 29 Kanama. Nsengiyumva Mutangana Paul ni umwe mu beretswe itangazamakuru, yemeye ko ku mugoroba wa tariki ya 29 Kanama ubwo yarimo kurya muri resitora i Kabuga mu Karere ka Gasabo yafashe icupa rimwe ry’inzoga arimo gusomeza ibiryo ariko aza gutungurwa…

SOMA INKURU

Yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed yasoje uruzinduko rw’akazi yarimo mu Rwanda kuva kuri iki Cyumweru. Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, Dr Abiy Ahmed yaherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta. Muri uru ruzinduko, minisitiri w’intebe wa Ethiopia yagiranye ibiganiro na perezida Paul Kagame waraye amwakiriye mu biro bye muri village Urugwiro. Nyuma y’ibi biganiro, Dr Abiy Ahmed abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yashimiye perezida Kagame uburyo we n’intumwa yari ayoboye bakiriwe neza, anatangaza ko bagiranye ibiganiro byiza byibanze ku bufatanye bw’ibihugu…

SOMA INKURU

Mali: Uwari Perezida wahiritswe ku butegetsi yemerewe kuva iwe

Bah N’Daw wahoze ari Perezida w’inzibacyuho wa Mali agahirikwa ku butegetsi, yemerewe kuva mu rugo rwe nyuma y’amezi agera kuri ane ahiritswe ku butegetsi n’igisirikare. Bah N’Daw yahiritswe ku butegetsi na colonel Assimi Goïta mu mpera za Gicurasi uyu mwaka. Ni ihirikwa ry’ubutegetsi rya kabiri ryari ribaye muri Mali nyuma y’irindi ryabaye muri Kanama umwaka ushize. Perezida N’Daw na Minisitiri w’Intebe we, Moctar Ouane bahise bafungwa n’igisirikare, nyuma basubizwa mu ngo zabo ariko bakomeza gucungirwa hafi ku buryo batari bemerewe kuhava. RFI yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu, ubutegetsi bwabakuriyeho…

SOMA INKURU

Gatsibo: Hashyinguwe imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama 2021, i Kiziguro mu Karere ka Gatsibo mu Burasirazuba hashyinguwe mu cyubahiro imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ikajugunywa mu cyobo. Imibiri ishyingurwa yose ni iyakuwe mu cyobo kiri i Kiziguro irenga 5,000 ndetse n’umubiri umwe wabonetse n’indi 15 yari ishyinguwe n’imiryango y’abarokotse mu ngo zabo mu mirenge itandukanye. Urwibutso rwa Kiziguro rwari rusanzwe ruruhukiyemo imibiri y’Abatutsi 14,854 ruracyubakwa ku buryo ruzagaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komini Murambi Hari kandi indi mibiri 253 yari mu rwibutso rwa Bugarura mu…

SOMA INKURU

Kaminuza y’u Rwanda yahaye impamyabumenyi abarangije mu byiciro binyuranye

Kaminuza y’u Rwanda yahaye impamyabumenyi abanyeshuri 8,908 barangije mu byiciro bitandukanye bya kaminuza barimo batanu bahawe impamyabumenyi y’ikirenga, PhD ari nazo nyinshi zitanzwe muri iyi Kaminuza ku nshuro ya mbere. Umuhango wo gutanga izi mpamyabumenyi wabaye kuri uyu wa 27 Kanama 2021, muri Kigali Conference & Exhibition Village [Camp Kigali] witabirwa na Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, abayobozi mu nzego zitandukanye zirimo na UR. Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, Prof Lyambabaje Alexandre, yasabye abasoje amasomo kuzaharanira gukomeza kuba ab’ingirakamaro ku miryango yabo, igihugu cyabo ndetse bakibuka ko Kaminuza y’u…

SOMA INKURU

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, General Venance Mabeyo mu Rwanda

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 24 Kanama 2021, nibwo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, TPDF, General Venance Mabeyo hamwe n’abamuherekeje bageze mu Rwanda bakirirwa na Minisitiri w’Ingabo Maj Gen Murasira Albert hamwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Kazura Jean Bosco n’abandi bayobozi bakuru muri RDF. Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, TPDF, General Venance Mabeyo uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Murasira Albert, ku biro bya Minisiteri y’Ingabo biri ku Kimuhurura. Gen Mabeyo ari i Kigali kuva…

SOMA INKURU

Sudani: Perezida Omar al-Bashir ibintu bikomeje kuba bibi, inshuti ze n’umuryango we badasigaye

Urutonde rw’abafite konti zafatiriwe harimo abahoze ari inshuti za Perezida Omar al-Bashir wahiritswe ku butegetsi ndetse n’abo mu muryango we. Ibi byakozwe na Banki Nkuru ya Sudani yafatiriye konti za banki z’abantu 161 bakekwaho uruhare mu gukoresha amafaranga yabo mu gushaka guhungabanya urwego rw’ubukungu rw’icyo gihugu. Ni umwanzuro wafashwe nyuma y’iperereza ryakozwe na Komite yashyizweho ngo icukumbure ku ruhare rw’abari bagize ubutegetsi bwa Omar Bashir wahiritswe muri Mata 2019 nyuma y’imyaka 30 ayobora icyo gihugu. Mu byatumye izo konti zifatirwa, RFI yatangaje ko ari ibikorwa biteye inkeke byagiye bizikorerwaho guhera…

SOMA INKURU