Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki ya 30 Kanama ku kicaro cya Polisi mu karere ka Nyarugenge, umurenge wa Rwezamenyo Polisi yeretse itangazamakuru abantu 33 bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha. Aba bose bafashwe mu masaha ya nijoro kuva taliki ya 26 Kanama kugeza mu ijoro rya tariki ya 29 Kanama. Nsengiyumva Mutangana Paul ni umwe mu beretswe itangazamakuru, yemeye ko ku mugoroba wa tariki ya 29 Kanama ubwo yarimo kurya muri resitora i Kabuga mu Karere ka Gasabo yafashe icupa rimwe ry’inzoga arimo gusomeza ibiryo ariko aza gutungurwa…
SOMA INKURUCategory: politike
Yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda
Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed yasoje uruzinduko rw’akazi yarimo mu Rwanda kuva kuri iki Cyumweru. Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, Dr Abiy Ahmed yaherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta. Muri uru ruzinduko, minisitiri w’intebe wa Ethiopia yagiranye ibiganiro na perezida Paul Kagame waraye amwakiriye mu biro bye muri village Urugwiro. Nyuma y’ibi biganiro, Dr Abiy Ahmed abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yashimiye perezida Kagame uburyo we n’intumwa yari ayoboye bakiriwe neza, anatangaza ko bagiranye ibiganiro byiza byibanze ku bufatanye bw’ibihugu…
SOMA INKURUMali: Uwari Perezida wahiritswe ku butegetsi yemerewe kuva iwe
Bah N’Daw wahoze ari Perezida w’inzibacyuho wa Mali agahirikwa ku butegetsi, yemerewe kuva mu rugo rwe nyuma y’amezi agera kuri ane ahiritswe ku butegetsi n’igisirikare. Bah N’Daw yahiritswe ku butegetsi na colonel Assimi Goïta mu mpera za Gicurasi uyu mwaka. Ni ihirikwa ry’ubutegetsi rya kabiri ryari ribaye muri Mali nyuma y’irindi ryabaye muri Kanama umwaka ushize. Perezida N’Daw na Minisitiri w’Intebe we, Moctar Ouane bahise bafungwa n’igisirikare, nyuma basubizwa mu ngo zabo ariko bakomeza gucungirwa hafi ku buryo batari bemerewe kuhava. RFI yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu, ubutegetsi bwabakuriyeho…
SOMA INKURUGatsibo: Hashyinguwe imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama 2021, i Kiziguro mu Karere ka Gatsibo mu Burasirazuba hashyinguwe mu cyubahiro imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ikajugunywa mu cyobo. Imibiri ishyingurwa yose ni iyakuwe mu cyobo kiri i Kiziguro irenga 5,000 ndetse n’umubiri umwe wabonetse n’indi 15 yari ishyinguwe n’imiryango y’abarokotse mu ngo zabo mu mirenge itandukanye. Urwibutso rwa Kiziguro rwari rusanzwe ruruhukiyemo imibiri y’Abatutsi 14,854 ruracyubakwa ku buryo ruzagaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komini Murambi Hari kandi indi mibiri 253 yari mu rwibutso rwa Bugarura mu…
SOMA INKURUKaminuza y’u Rwanda yahaye impamyabumenyi abarangije mu byiciro binyuranye
Kaminuza y’u Rwanda yahaye impamyabumenyi abanyeshuri 8,908 barangije mu byiciro bitandukanye bya kaminuza barimo batanu bahawe impamyabumenyi y’ikirenga, PhD ari nazo nyinshi zitanzwe muri iyi Kaminuza ku nshuro ya mbere. Umuhango wo gutanga izi mpamyabumenyi wabaye kuri uyu wa 27 Kanama 2021, muri Kigali Conference & Exhibition Village [Camp Kigali] witabirwa na Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, abayobozi mu nzego zitandukanye zirimo na UR. Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, Prof Lyambabaje Alexandre, yasabye abasoje amasomo kuzaharanira gukomeza kuba ab’ingirakamaro ku miryango yabo, igihugu cyabo ndetse bakibuka ko Kaminuza y’u…
SOMA INKURUUmugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, General Venance Mabeyo mu Rwanda
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 24 Kanama 2021, nibwo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, TPDF, General Venance Mabeyo hamwe n’abamuherekeje bageze mu Rwanda bakirirwa na Minisitiri w’Ingabo Maj Gen Murasira Albert hamwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Kazura Jean Bosco n’abandi bayobozi bakuru muri RDF. Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, TPDF, General Venance Mabeyo uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Murasira Albert, ku biro bya Minisiteri y’Ingabo biri ku Kimuhurura. Gen Mabeyo ari i Kigali kuva…
SOMA INKURUSudani: Perezida Omar al-Bashir ibintu bikomeje kuba bibi, inshuti ze n’umuryango we badasigaye
Urutonde rw’abafite konti zafatiriwe harimo abahoze ari inshuti za Perezida Omar al-Bashir wahiritswe ku butegetsi ndetse n’abo mu muryango we. Ibi byakozwe na Banki Nkuru ya Sudani yafatiriye konti za banki z’abantu 161 bakekwaho uruhare mu gukoresha amafaranga yabo mu gushaka guhungabanya urwego rw’ubukungu rw’icyo gihugu. Ni umwanzuro wafashwe nyuma y’iperereza ryakozwe na Komite yashyizweho ngo icukumbure ku ruhare rw’abari bagize ubutegetsi bwa Omar Bashir wahiritswe muri Mata 2019 nyuma y’imyaka 30 ayobora icyo gihugu. Mu byatumye izo konti zifatirwa, RFI yatangaje ko ari ibikorwa biteye inkeke byagiye bizikorerwaho guhera…
SOMA INKURUMu byihutirwa harimo gutangira gukora inkingo mu gihugu-Dr Emile Bienvenu
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe ubugenzuzi bw’Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda, FDA, Dr Emile Bienvenu, yatangaje ko mu byihutirwa mu nshingano yahawe harimo gutegura ibikorwa bisabwa ngo gahunda yo gukora inkingo imbere mu gihugu igerweho. Dr Bienvenu yemejwe nk’Umuyobozi wa FDA n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 11 Kanama. Yashyizwe muri izi nshingano mu gihe u Rwanda ruri mu myiteguro yo gutangiza ibikorwa byo gukora inkingo ruhereye ku za Covid-19. Mu kiganiro yagiranye na Newtimes, yavuze ko mu biri mu nshingano za FDA nta na kimwe kizirengagizwa ariko hari ibyihutirwa kurusha ibindi. Muri…
SOMA INKURUImpamvu u Bwongereza bwagabanyije inkunga bwahaga ibihugu by’Afurika birimo u Rwanda
Kuva muri uyu mwaka, inkunga Leta y’u Bwongereza yageneraga u Rwanda n’ibindi bihugu biri mu nzira y’amajyambere, yaragabanutse cyane, ingingo itarakunze kuvugwaho rumwe mu Bwongereza ndetse no mu bindi bihugu byagabanyirijwe inkunga byagenerwaga. Ingingo y’inkunga iki gihugu gitanga mu mahanga yakomeje kutavugwaho rumwe, aho bamwe mu baturage n’abadepite b’u Bwongereza bakunze kuvuga ko inkunga itangwa iturutse mu misoro yabo idahindura ibintu mu bihugu yatanzwemo, bigaterwa n’uko ibibazo by’ubukene muri ibyo bihugu bigirwamo uruhare na ruswa ndetse n’imiyoborere mibi, kandi ibyo bibazo bitavurwa n’amafaranga. Icyakora ku rundi ruhande, abashyigikiye itangwa ry’inkunga…
SOMA INKURURMC iraburira abatangaza inkuru zo kwiyahura bitari kinyamwuga
Mu itangazo Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC), yashyize hanze kuri uyu wa gatanu tariki 20 Kanama 2021, yatangaje ko ihangayikishijwe cyane n’uburyo inkuru zijjyanye no kwiyahura ziri gutangazwa muri iyi minsi, iboneraho kwibutsa umunyamakuru ko agomba kwitwararika mu gihe atangaza inkuru zijyanye n’igikorwa cyo kwiyahura. Abanyamakuru bibukijwe ko igihe bakora inkuru zijyanye n’abiyahuye bagomba kwirinda gutoneka imiryango yabo kandi bakitondera amafoto aherekeza izo nkuru. Iti “Umunyamakuru afite inshingano zo kwirinda gutoneka imiryango ifite uwabo wiyahuye, ibi bikajyana no kugira ubwitonzi mu gihe hagaragazwa amafoto n’umwirondoro by’uwiyahuye mu nkuru. Umunyamakuru agomba kwibaza…
SOMA INKURU