Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yakoze impinduka muri Guverinoma, ashyiraho Abaminisitiri bane bashya n’Intumwa Nkuru ya Leta. Muri izi mpinduka zakozwe ku wa 12 Kanama 2021, Dr Stergomena Tax yagizwe Minisitiri w’Ingabo asimbura Elias Kwandikwa witabye Imana ku wa 2 Kanama 2021. Undi washyizwe mu mwanya ni January Makamba wagizwe Minisitiri w’Ingufu asimbuye Dr Medard Kalemani. Perezida Samia Suluhu yagize kandi Prof Makame Mbarawa Minisitiri w’Umurimo n’Ubwikorezi asimbuye Prof Makame Mbarawa, ni mu gihe Dr Ashatu Kijaji yagizwe Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru asimbuye Dr Faustine Ndugulile. Uretse Abaminisitiri, Perezida Samia…
SOMA INKURUCategory: politike
Sobanukirwa n’inama iba rimwe mu mwaka iyobowe na Perezida Kagame
Ejo hashize kuwa kane tariki 9 Nzeri 2021, Perezida wa Republika Paul Kagame akaba n’ umugabaw’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yayoboye inama Nkuru y’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda. Inama nk’iyi yaherukaga kuba mu kuboza 2020, icyo gihe yabereye ku cyicaro cya Minisiteri y’Ingabo ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali. Iyi nama iba buri mwaka, igafatirwamo imyanzuro itandukanye. Yitabirwa n’abayobozi barimo Minisitiri w’Ingabo, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Abagaba b’Ingabo, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, abayobozi ba za Diviziyo, abayobozi b’ibigo by’amashuri ya gisirikare n’ibitaro n’abandi bayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda ndetse…
SOMA INKURUCEDEAO yahaye ibihano Guinée Conakry
Umuryango uhuza ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika, CEDEAO wahagaritse Guinée Conakry mu bikorwa byawo nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryakozwe na Lt Col Mamady Doumbouya. Ni umwanzuro wafatiwe mu nama y’ikoranabuhanga yahuje abakuru b’ibihugu bigize uwo muryango yabaye kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Perezida Alpha Conde buhiritswe. Nubwo Guinée yahagaritswe mu bikorwa bya CEDEAO, nta bihano by’ubukungu yahise ifatirwa nk’ihagarikwa ry’ubucuruzi n’ibindi bihugu cyangwa gufungirwa imipaka n’ibihugu bihana imbibi. Nta bihano kandi byafatiwe abantu ku giti cyabo nk’abagize uruhare mu ihirika ry’ubutegetsi, ngo babe babuzwa gukora ingendo…
SOMA INKURUInteko z’abaturage zongeye gusubukurwa
Kuva COVID-19 yagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 ibikorwa byinshi birimo ibihuza abantu benshi byahise bisubikwa mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo. Muri ibyo bikorwa harimo n’inteko z’abaturage ziba buri wa Kabiri zigakemurirwamo ibibazo bitandukanye ndetse bakajya n’inama ku byabateza imbere. Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Nzeri 2021, Minisitiri Gatabazi yasuye abaturage bo mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, asubukura inteko z’abaturage. Yavuze ko abantu bari bamaze igihe bashyize imbaraga nyinshi mu guhangana na COVID-19 ariko aho bigeze n’ibikorwa by’iterambere no gukemura ibibazo by’abaturage bigomba…
SOMA INKURUBugesera: Uko imyumvire ya 20% y’abarokotse Jenoside ihagaze ku bafungurwa barabiciye
Ubushakashatsi bwagaragaje ko nibura abagera kuri 20% mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu bice bitandukanye by’Akarere ka Bugesera, batizera ko ababahemukiye bafungurwa iyo barangije ibihano bakagaruka mu muryango mugari baba barahindutse koko. Akarere ka Bugesera ni kamwe mu dufite amateka yihariye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko kari gatuwe n’Abatutsi benshi bitewe n’ibikorwa by’itotezwa bakorewe bakahacirirwa. Ibi byatumye hari umubare munini w’Abatutsi bishwe mu Bugesera ndetse bamwe basigaraga iheruheru batagira ababyeyi, inshuti n’abavandimwe; abandi barasenyewe. Ubushakashatsi buheruka gukorwa n’Umuryango Mpuzamahanga uharanira Amahoro arambye, Interpeace, bwagaragaje ko hakiri ingaruka zirimo…
SOMA INKURUInzego n’ibigo bya Leta bigiye kubarizwa mu ruhame na PAC
Kuva ejo tariki 07 kugeza kuri 27 Nzeli 2021, abayobozi b’inzego n’ibigo bya Leta 85, bazitaba Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), mu gikorwa cyo kubariza mu ruhame, kugira ngo batange ibisobanuro ku makosa yagaragaye muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2019/2020. Ibigo n’inzego bizabarizwa mu ruhame biri mu byiciro bikurikira: Inzego, ibigo n’imishinga byabonye “advserse opinion” (biragayitse) mu bijyanye no kuzuza ibitabo by’ibaruramari (financial statements); Inzego, ibigo n’imishinga byabonye “advserse opinion” (biragayitse) mu kubahiriza amategeko n’amabwiriza (compliance) cyangwa muri “value for money”; Inzego, ibigo n’imishinga…
SOMA INKURUNyamagabe: Baratabaza nyuma y’imyaka irindwi bemerewe amashanyarazi bagaheba
Mu Mudugudu wa Nkamba uherereye mu Murenge wa Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe, hari ingo zibarirwa mu 180 zivuga ko zijejwe umuriro w’amashanyarazi imyaka ikaba ibaye irindwi. Mu Mudugudu wa Nkamba mu Murenge wa Buruhukiro barifuza amashanyarazi kuko insinga zibari hafi Abatuye muri uwo mudugudu bavuga ko muri 2014 amashanyarazi yagejejwe ku ishuri ryisumbuye no kuri Kiliziya by’ahitwa mu Bishyiga baturanye hanyuma bo ntibabaheho, ahubwo REG igahindukira igacisha amapoto mu mirima yabo ayajyana mu mudugudu wundi baturanye, bo bagasigara hagati. Umwe mu bahatuye agira ati “Kandi iyo kiliziya yagarukiyeho umuriro…
SOMA INKURUUrukiko rwafashe umwanzuro wo kurekura Jacob Zuma
Nyuma y’imyigaragambyo ikomeye ndetse abantu banatakarijemo ubuzima, Jacob Zuma wahoze uyobora Afurika y’Epfo yarekuwe ava muri gereza nyuma y’amezi abiri yari amaze afunzwe, ariko byakozwe kubera impamvu z’uburwayi bwe. Uyu mugabo yishyikirije inzego z’umutekano ku wa 08 Nyakanga kugira ngo atangire igifungo cy’amezi 15 yari yakatiwe n’urukiko ahamijwe kurusuzugura. Yafunzwe kubera gusuzugura abacamanza bo ku rwego rwo hejuru ba Afurika y’Epfo basigasira demokarasi mu gihe yageragezaga gukwepa kubazwa urusobe rw’ibirego bya ruswa yavuzweho mu gihe cy’ubutegetsi bwe. Uyu mugabo w’imyaka 79 igihe cyari gisigaye ngo asoze igifungo cye azakimara ari…
SOMA INKURUUbusabe bw’ igikomangoma Harry n’umugore we Meghan bwatunguye ab’ibwami
Ikinyamakuru The Sun gikorera mu Bwongereza cyatangaje ko ubusabe bwo kubonana n’umwamikazi bwatunguye cyane ab’ibwami, aho bemeje ko biteye isoni gushaka kubonana n’umwamikazi nyuma y’ibyo bavuze mu kiganiro bagiranye na Oprah Winfrey bagatangaza ko Meghan n’umwana we bakorewe irondaruhu ibwami. Igikomangoma Harry n’umugore we Meghan Markle bagiye kumara imyaka ibiri bivanye mu nshingano z’ibwami, basabye kugirana ikiganiro cyihariye n’Umwamikazi Elizabeth II w’u Bwongereza. Aba bombi bikekwa ko bashaka kumwereka umwana w’umukobwa bibarutse ku itariki 4 Kamena 2021, Lilibet Diana Mountbatten-Windsor, akaba ari umwuzukuruza w’umwamikazi. Uwatanze aya makuru yagize ati “Harry…
SOMA INKURUDore icyaha Uwahoze ari Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien ari gushinjwa
Kuri uyu wa gatanu tariki 3 Nzeli 2021, nibwo ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge guhamya uwahoze ari Minisitiri w’intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi icyaha cy’ubuhemu yari yaragizweho umwere n’Urukiko rw’Ibanze. Dr. Habumuremyi yari yarahamijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge igifungo cy’imyaka itatu n’igice n’ihazabu ya miliyoni 892 Frw. Icyo gihe ariko uyu mugabo n’abanyamategeko be bajuririye mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, bavuga ko bifuza ko igihano bahawe cyagabanywa cyangwa kigasubikwa na cyane ko amategeko y’u Rwanda yemera ko igihano kiri munsi y’imyaka itanu gishobora gusubikwa. Ubushinjacyahanabwo bwarajuriye buvuga ko bwifuza…
SOMA INKURU