Kenya: Polisi iravugwaho gusaka ibiro bya vice Perezida yo ikabihakana yivuye inyuma

Polisi ya Kenya mu murwa mukuru Nairobi yasatse ibiro byemezwa ko bifite aho bihuriye na Visi Perezida w’iki gihugu, William Ruto, uyu akaba ari umwe mu bakandida bakomeye bo ku mwanya wa perezida mu matora yo ku itariki ya 9 y’ukwezi kwa munani. Umutegetsi wo muri polisi yavuze ko abapolisi bafashe mudasobwa ebyiri na mugabuzi (servers) ebyiri. Umutegetsi wo mu bunyamabanga bushinzwe ibikorwa byo kwamamaza uyu Visi Perezida wa Kenya yabwiye BBC ko badashaka gushorwa mu byo yise “ibintu byo ku ruhande gusa n’ibintu byo kurangaza”. Uku gusaka kubaye mu…

SOMA INKURU

RDC: I Goma abaturage bigabije ibiro bya MONUSCO

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 25 Nyakanga 2022, abanye- Congo  bazindukiye mu mihanda yo mu Mujyi wa Goma barayifunga bakoresheje amabuye n’imbaho ndetse bigabiza ibiro by’ Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura Amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo “MONUSCO”  basahura ibikoresho bitandukanye banatwika imodoka z’uyu muryango bawusaba kubavira mu gihugu. Iyi myigaragambyo ikomeye yateguwe n’urubyiruko rwo mu ishyaka riri ku butegetsi (UDPS) ije yunganira iyari yatangijwe n’abagore bari bamaze iminsi mu marembo y’ibiro bya MONUSCO basaba ko izi ngabo zava mu gihugu kuko ntacyo zimariye abaturage ba…

SOMA INKURU

Yahamijwe icyaha cyo kwica umwana yareraga asabirwa gufungwa burundu

Umwanzuro w’Urukiko wasomwe kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, aho icyaha cyabereye hitwa Karubibi, akagari ka Cyaruzinge, mu murenge wa Ndera mu karere ka Gasabo. Uru rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rwakatiye igifungo cya burundu, Nyirangiruwonsanga Solange, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica ku bushake umwana yareraga. Ubwo hasomwaga uyu mwanzuro abaturage bari benshi baje kumva igihano gihabwa uyu mugore wahamijwe icyaha cyo kwica umwana yareraga. Nyirangiruwonsanga yavukije ubuzima Rudasingwa Ihirwe Davis kandi akabikora ku bushake mu buryo bw’amaherere. Tariki 12 Kamena 2022, nibwo Nyirangiruwonsanga yari yasigaye mu rugo…

SOMA INKURU

Haiti: Imvururu zikomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake

Kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022, itsinda riharanira uburenganzira bwa muntu, ryatangaje ko imvururu zimaze icyumweru zibera mu murwa mukuru wa Haiti, Port-au-Prince, zimaze guhitana ubuzima bw’abagera kuri 89. Ni imvururu zatangiye tariki 7 Nyakanga 2022, hagati y’uduce tubiri ari two ‘Cite Soleil’, agace kiganjemo ubukene bukabije ndetse n’agace gatuwe cyane ka Port-au-Prince. Ubu hashize icyumweru imvururu zitangiye zidahagarara, inzego z’umutekano nka Polisi ntizigeze zitabara, mu gihe imiryango mpuzamahanga ubu irimo kugorwa no kubona aho inyuza ibiribwa n’imiti kugira ngo bigere ku babikeneye cyane. Mu itangazo ryasohowe n’abaharanira…

SOMA INKURU

Papa Francis yakoze igikorwa kitigeze kibaho muri Kiliziya Gatorika

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 13 Nyakanga 2022, ababikira babiri Raffaella Petrini na Yvonne Reungoat ndetse n’umulayiki, Maria Lia Zervino, Papa Francis yashyize mu kanama ngishwanama kamufasha mu up gutoranya Abasenyeri ku Isi, ubusanzwe kari kagizwe n’abagabo gusa.  Ni ubwa kabiri umubikira Petrini agiriwe icyizere na Papa Francis mu gihe kitageze ku mwaka. Mu Ugushyingo umwaka ushize, Papa yamugize Umunyamabanga Mukuru muri leta ya Vatican. Umubikira w’Umufaransa, Reungoat, ni umwe mu bagore ba mbere bashyizwe mu rwego rushinzwe abihayimana mu 2019, mu gihe Lia Zervino, ari uwo muri Argentine usanzwe…

SOMA INKURU

Imbamutima z’abanyarwanda batahutse bava DRC

Abanyarwanda 103 batahutse bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bavuga ko bari babayeho nabi kubera umutekano muke. Muri abo 103 baje up abagabo ni 15, mu gihe abasigaye ari abagore n’abana. Abatashye bavuga ko binjiye mu Rwanda tariki 7 Nyakanga 2022 banyuze ku mupaka munini uhuza Goma na Gisenyi, bavuga ko batangajwe no kubona u Rwanda rwarabaye rwiza mu gihe aho bari batuye mu mashyamba babeshywaga ko abaje bicwa cyangwa bagafatwa nabi. Uwase Kamanzi ufite imyaka 28, yatahanye abana batatu. Avuga ko umugabo we yishwe mu ntambara ziheruka…

SOMA INKURU

Impinduka ku myubakire ya Stade Perezida Kagame yemereye abaturage

Stade Perezida Kagame yemereye abaturage izubakwa mu kagari ka Mushirarungu, mu murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza,  byateganywaga ko iyi stade izubakwa ku buso bwa hegitari ziri hagati ya 15 na 18 ikaba ifite imyanya ibihumbi 10, ariko inyigo iza kuvugururwa ingano yayo irongerwa. Kuri ubu inyigo nshya yerekanye ko Stade olympique ya Nyanza izubakwa ku buso bwa hegitari 28. Ni stade izaba itwikiriye yose ndetse ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 20 bicaye neza. Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yatangaje ko inyigo yamaze gushyikirizwa Minisiteri ya Siporo…

SOMA INKURU

Boris Johnson mu nzira zo kwegura

Hashize iminsi ibiri abagize Guverinoma ya Boris Johnson batangiye kwegura hamwe n’abandi bo mu nzego zitandukanye z’igihugu, umwe mu bantu ba hafi ba Johnson yatangaje ko mu masaha 48 ashize, yari afite gahunda yo gukomeza guhatana ku buryo adatega amatwi amajwi amusaba kwegura. Gusa aho bigeze ngo ni uko ari bwegure. Bivugwa ko ari buve ku buyobozi bw’ishyaka rye ariko akaguma ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’Agateganyo kugeza mu Ukwakira ubwo iri shyaka rizakorera amatora rikemeza umuyobozi waryo mushya. Johnson byitezwe ko ageza ijambo ku baturage b’u Bwongereza kuri uyu…

SOMA INKURU

Ruhango: Umuyobozi w’akarere yahakanye yivuye inyuma ibimuvugwaho

Mu kiganiro n’Abanyamakuru cyabaye mu cyumweru gishize, Umuyobozi w’akarere ka Ruhango Habarurema Valens  yabwiye itangazamakuru ko nta mukozi atoteza kuko nta baruwa bari bakira y’ufite akarengane. Bamwe mu bakozi b’akarere ka Ruhango kuva ku rwego rw’akarere, abo mu mirenge bakunda guhura kenshi  mu nama n’abagize Komite Nyobozi y’aka karere bashinja Umuyobozi w’akarere ka Ruhango kubuka inabi iherekejwe n’ibitutsi ku bintu bitoya baba babajijwe. Bakanenga izo mvugo ko zitari zikwiriye ku muyobozi wo kuri uru rwego watowe n’abaturage. Bakavuga ko iyo ababonyeho ikosa cyangwa ibyo bakoze bitamushimishije byagombye gushyirwa mu nyandiko…

SOMA INKURU

Imfungwa 600 zatorotse gereza

Minisiteri y’Umutekano muri Nigeria yatangaje ko imfungwa zigera kuri 600 zatorotse gereza ya Abuja.Iyi minisiteri yavuze ko ahagana saa yine z’ijoro kuwa kabiri aribwo muri gereza humvikanye urusaku rw’amasasu y’inyeshyamba zigendera ku mahame ya Islam. Izo nyeshyamba bivugwa ko ari zo zatumye izo mfungwa zitoroka kuko zasenye urukuta rw’igipangu cya gereza, imfungwa zikabona uko zitoroka. Leta ya Nigeria yatangaje ko abasaga 300 batorotse bafashwe abandi bakigarura, nyuma yo gutangiza ibikorwa byo kubahiga. Izo nyeshyamba kandi zasize zishe umurinzi umwe wa gereza. Mu gihe izo nyeshyamba zagabaga igitero kuri gereza, ni…

SOMA INKURU