Dr Mukeshimana Gérardine wari umaze imyaka icyenda ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yasimbuwe na Dr Ildephonse Musafiri wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi. Aya mavugurura yakozwe na Perezida Paul Kagame nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Kane tariki 02 Werurwe 2023. Dr Mukeshimana wakuwe kuri uyu mwanya wa Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, yawugiyeho muri Nyakanga 2014 ubwo hajyagaho Guverinoma nshya yari iyobowe na Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi. Dr Ildephonse Musafiri umusimbuye, we yari asanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yagiyeho…
SOMA INKURUCategory: politike
Amerika yashyizeho igihembo cya miliyari 5 ku muntu uzayiha amakuru
Amerika yatangaje igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari (angana na miliyari 5Frw) ku muntu wese watanga amakuru yatuma hafatwa Seka Musa Baluku, umukuru w’umutwe w’inyeshyamba wa ADF wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ufitanye imikoranire n’umutwe wiyita Leta ya Kisilamu (IS). Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Amerika yavuze ko uyu mukuru wa ADF urimo gushakishwa ari Umunya-Uganda ushobora kuba ari mu kigero cy’imyaka 40 isatira 50. Mu itangazo, gahunda yo gutanga ibihembo kugira ngo hagerwe ku butabera (Rewards for Justice) yo muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Amerika yagize iti: “Ku butegetsi bwa Seka…
SOMA INKURUAkomeje kwibaza impamvu ijambo “NEVER AGAIN” “Ntibizongere ukundi” rivugwa ariko ntirihabwe agaciro
Nyuma ya Jenoside zitandukanye zabayeho ku isi umuryango w’abibumbye wakunze kugaruka ku ijambo rimwe ngo “Never Again” bivuze ngo ntibizongere ukundi nyamara nyuma y’igihe ukumva ngo byasubiriye, iki nicyo kibazo uyu mwana Odiango Cyusa uvuka i Masisi yabajije ababyeyi be nyuma yo kubona bameneshwa bazira ko ari abatutsi ariko bakabura uwabatabara. Nyuma y’ubwicanyi ndenga kamere bwabaye mu mwaka w’1894 hakurikiyeho Jenoside yakorewe Abanyarumaniya (Armenie) mu mwaka wi 1915. Kuva icyo gihe umuryango mpuzamahanga ( Leugue of Nation) watangiye kwishyira hamwe ndetse hanajyaho umuryango urengera ikiremwa muntu,batangira gukoresha rya jambo twavuze…
SOMA INKURUAmerika yeruye ishinja u Rwanda gutera inkunga M23
America irashinja u Rwanda kohereza ingabo zarwo mu gihugu cy’abaturanyi cya Repuburika ya Demokarasi ya Congo, ibyita ubushotoranyi bwa Kigali mu kuvogera ubusugire bw’ikindi gihugu. America irashinja u Rwanda kohereza ingabo zarwo mu gihugu cy’abaturanyi cya Repuburika ya Demokarasi ya Congo, ibyita ubushotoranyi bwa Kigali mu kuvogera ubusugire bw’ikindi gihugu. Mu itangazo iki gihugu cy’igihangange cyaraye gisohoye , risaba u Rwanda kubahiriza ingamba zashyizweho zigamije kugarura amahoro n’umutekano mu karere ngo ruhagarika inkunga rutera imitwe yitwara gisirikare muri Congo Ikindi, muri ryo tangazo banashinje u Rwanda kohereza ingabo zarwo mu…
SOMA INKURUAgashya mu matora yitegurwa muri Nigeria
Leta ya Nigeria yategetse ifungwa ry’imipaka yose yo ku butaka mu gihe cy’amatora yitezwemo guhatana gukomeye yo kuri uyu wa gatandatu. Urwego rushinzwe abinjira mu gihugu rwavuze ko icyo cyemezo kigamije gutuma “amatora aba mu bwisanzure, nta buriganya kandi nta nenge”. Abategetsi bo ku mipaka basabwe gutuma iryo tegeko rishyirwa mu bikorwa nta kujenjeka. Aya matora ya perezida n’ay’abagize inteko ishingamategeko, atangazwa ko ari yo ya mbere yitezwemo guhatana gukomeye cyane kuva ubutegetsi bwa gisirikare bwarangira mu mwaka wa 1999. Urwego rushinzwe abinjira mu gihugu rwavuze ko rwafashe amakarita y’itora…
SOMA INKURUDr KAYUMBA Christopher yagizwe umwere
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize Dr Kayumba Christopher umwere ku byaha yari akurikiranyweho byo gusambanya undi ku gahato n’icyubwinjiracyaha kuri icyo cyaha. Dr Kayumba yari afungiye muri gereza ya Mageragere kuva ku wa 5 Ukwakira 2021, ubwo Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwemezaga ko hari impamvu zikomeye zituma afungwa by’agateganyo, bivuze ko agiye guhita afungurwa. Kuva Dr Kayumba yafatwa n’Ubugenzacyaha ndetse anabazwa mu Bushinjacyaha kugeza n’ubwo yatangiraga kuburana ifunga n’ifungurwa, yaburanye ahakana ibyaha byose yashinjwaga n’Ubushinjacyaha. Dr Kayumba ubwo yaburanaga ubujurire bwe…
SOMA INKURUDRC ikomeje guhakana ibiyireba ahubwo igatunga urutoki u Rwanda
Ibisobanuro bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) mu guhakana uruhare rwayo mu gukorana no gutera inkunga FDLR, bikomeje gufata indi ntera bitewe n’ibimenyetso simusiga bigaragaza uburyo ingabo z’iki gihugu zimaze igihe zifashisha abarwanyi ba FDLR kurwanya M23 ndetse n’ibyegeranyo bitandukanye harimo n’ibya Human Right Wacht bigaragaza ko usibye kuba FARDC yifashisha abarwanyi ba FDLR mu kurwanya M23, igisirikare k’iki gihugu kinaha uyu mutwe w’iterabwoba ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda intwaro n’amasasu ariko ubuyobozi bw’iki gihugu bukomeza kwerekana indi sura imbere y’iki kibazo. Mu kiganiro Patrick Muyaya Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru…
SOMA INKURUAbaturiye ikimoteri cya Nduba baratabaza, bageze aho bafungura bari mu nzitiramubu
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Nduba, mu karere ka Gasabo, by’umwihariko abaturiye ikimoteri, bavuga ko babangamiwe n’umwanda uhaturuka kubera ko ntawushobora kurya adashyizeho inzitiramubu. Umukozi ushinzwe gutunganya ikimoteri cya Nduba hagati y’ibisiga byaje kuhashakira ibiribwa Umwanda uturuka mu kimoteri cya Nduba ngo urabangamye kuko bamwe mu bahaturiye basigaye bakurizamo indwara zitandukanye ziterwa nawo, kubera amasazi menshi ahaturuka muri icyo kimoteri akagenda awukwirakwiza mu ngo ziri hafi aho. Bagendeye ku bibazo bahura nabyo, abahaturiye basaba ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bufite mu nshingano ikimoteri cya Nduba, kuhabakura bakabashakira ahandi batuzwa,…
SOMA INKURUPerezida Joe Biden yagize uruzinduko rutunguranye
Kuri uyu wa mbere tariki 20 Gashyantare 2023, bitunguranye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yagiriye uruzinduko muri Ukraine, rwafashwe nk’ikimenyetso cy’ubufatanye mu gihe hasigaye iminsi mike ngo umwaka wuzure uhereye igihe u Burusiya bwatereye iki gihugu. Hari hashize igihe bihwihwiswa ko Biden azasura Ukraine ku matariki yegereye iya 24 Gashyantare, u Burusiya bwatangirijeho intambara. Biden yahuye na Zelenskyy mu ngoro ye (Mariinsky) aho yatangarije ko Amerika izatanga inkunga y’inyongera ya miliyoni 465 z’amadolari yo gushyigikira iki gihugu mu gihe intambara ikomeje. Yagize ati “Nyuma y’umwaka umwe,…
SOMA INKURUUbuyobozi bw’Itorero ry’abangirikani mu Rwanda ntibukozwa ibyo guha ikaze abatinganyi
Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Gashyantare nibwo Ubuyobozi bw’Itorero ry’Abangilikani mu Bwongereza bweruye butangaza ko bwemeye umubano w’abaryamana bahuje ibitsina, banahabwa ikaze mu rusengero, nubwo batemerewe gusezeranywa imbere y’Imana, Itorero ry’Abangilikani mu Bwongereza ryavuze ko kugeza ubu abaryamana bahuje ibitsina bashobora gusengerwa n’abapadiri n’abandi batorewe umurimo wa Aritali muri iri torero ndetse bakabaha n’umugisha. Iby’iyi nkuru bikimara kumenyekana, Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda ryahise risohora itangazo rivuga ko ryitandukanyije n’iki cyemezo cya bagenzi babo bo mu Bwongereza. Mu kiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru cyo kuri iki Cyumweru tariki 19 Gashyantare 2023, Musenyeri w’Itorero…
SOMA INKURU