Koreya ya Ruguru yarashe misile nyuma yo gukangisha kwihimura

Koreya ya Ruguru ku wa gatandatu yarashe misile yo mu bwoko bwa ‘ballistic’ yambukiranya imigabane (ICBM) mu myitozo “itunguranye” yo kwemeza ubushobozi bw’iyo ntwaro, nkuko byavuzwe n’igitangazamakuru cya leta. Yagurutse intera ya kilometero 900 mu gihe cy’iminota 67, igwa mu nyanja y’Ubuyapani. Koreya ya Ruguru yavuze ko iryo gerageza rya misile ryerekanye ko iki gihugu gifite ubushobozi bwo guhangana n’ingabo z’abanzi nk’Amerika na Koreya y’Epfo. Bibaye mbere y’imyitozo ya gisirikare ihuriweho n’Amerika na Koreya y’Epfo yo mu kwezi gutaha kwa gatatu, imyitozo igamije gufasha kwirinda inkeke zikomeje kwiyongera z’ibitero by’intwaro…

SOMA INKURU

Imitungo y’umuhungu wa Perezida ikomeje gufatirwa no gutezwa cyamunara

Imitungo  irimo ubwato bunini bugezweho ndetse n’inyubako ebyir by’umuhungu wa Perezida akaba nawe akaba vsi perezida wa Guinée équatoriale, Teodorin Nguema Obiang Mangue izatezwa cyamunara aho yafatiriwe muri Afurika y’Epfo, kugira ngo hishyurwe umunyemari wamureze avuga ko yamukoreye iyicarubozo. Mu mitungo y’uyu muhungu wa Perezida wa Guinée équatoriale izatezwa cyamunara Umunyemari Daniel Janse van Rensburg wareze Teodorin, avuga ko ikirego cyatangiye mu 2016 gusa uko atsinze, uwo muhungu wa Perezida agahita atanga ubujurire. Janse yavuze ko byatangiye mu myaka icumi ishize ubwo Gabriel Angabi wahoze ari Meya w’Umujyi wa Malabo,…

SOMA INKURU

U Burundi bwabeshyuje ibyatangajwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu Martin Ninteretse yatangaje ko ibyatangajwe na Leta zunze Ubumwe za Amerika ko umurwa mukuru wa Bujumbura ushobora kwibasirwa n’ibitero by’iterabwoba ko ari amakuru y’ibihuha ahubwo ari abashaka gutera ubwoba abarundi, kandi umutekano w’iguhugu ucunzwe neza. Leta zunze Ubumwe za Amerika zari zasohoye itangazo risaba abaturage bayo kwitwararika no kugira amakenga yo kujya ahantu hahurira abantu benshi kuko hari ibitero by’iterabwoba bishobora kwibasira iki gihugu. Minisitiri Ninteretse yashimangiye ko umutekano w’igihugu uhagaze neza, cyane ko iki gihugu giherutse kwakira inama y’abakuru b’ibuhugu bya…

SOMA INKURU

Ibintu bitatu byasabwe M23 n’inama y’abagaba b’ingabo za EAC

Iyi nama y’abagaba b’ingabo za EAC yateranye kuwa 09 Gashyantare 2023 I Nairobi muri Kenya, yafashe imyanzuro y’amapaji 9 ku birebana n’ikibazo cy’umutekano muke uri mu burasirazuba bwa RDC. Muri iyi nama aba bagaba b’ingabo basuzumye ikibazo cy’umutekano mu Burasirazuba barangije bagiha umurongo aho M23 bayihaye ibyiciro 3 by’uko izava mu bice yafashe. Icyiciro cya mbere M23 yahawe cyo kuva mu bice yafashe kizatangira kuwa 28 Gashyantare kugeza 10 Werurwe 2023. Iri tangazo rivuga ko kugeza kuwa 30 M23 igomba kuzaba yararekuye ibice byose yafashe uko byakabaye. Icyakora intambara hagati…

SOMA INKURU

M23 ikomeje gutabariza abaturage

Umutwe wa M23 wongeye gutabaza amahanga uyamenyesha ko ingabo za Leta ya RDC ziri gutera ibisasu n’indege,ibifaru n’imbunda ziremereye mu duce dutuwemo n’abaturage b’abasivili. Mu itangazo uyu mutwe washyize hanze, wavuze ko ingabo za FARDC n’abacancuro baryo bakomeje kwica abasivili kubera ibisasu ziri gutera mu basivili. M23 yagize iti “Ingabo za Leta n’abacancuro bayo bari gukoresha kajugujugu z’intambara,indege z’intambara,ibifaru,n’intwaro zikomeye mu gutera ibisasu mu bice bituwe bigenzurwa na M23 birimo nka:Kibirizi,Kishishe,Kilorirwe,Kabati,Ruvunda,Kingi n’aho byegeranye.” Uyu mutwe wavuze ko ingabo za RDC zigomba kuryozwa ubu bwicanyi ziri gukora ndetse ko zishe imyanzuro…

SOMA INKURU

USA irashinjwa gutoza ibyihebe

U Burusiya bwatangaje ko muri Mutarama uyu mwaka wa 2023, Amerika yahaye imyitozo ibyihebe 60, imyitozo ibera muri Syria bitegura koherezwa mu Burusiya no mu bindi bihugu bikorana bibwegereye. Ibi bikaba byatangajwe n’urwego rushinzwe ubutasi mu Burusiya (SVR) ko rufite amakuru yizewe y’uko igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kiri gutegura ibyihebe byo kugaba ibitero mu bice bitandukanye by’u Burusiya. Itangazo urwo rwego rwashyize hanze, rwavuze ko Amerika iri gukorana n’abagize imitwe y’iterabwoba ifitanye imikoranire na ISIS ndetse na Al Qaeda kugira ngo ibafashe kugaba ibitero ku Burusiya n’ibihugu…

SOMA INKURU

Abasirikare 7 bakatiwe urwo gupfa

Kuri uyu wa gatandatu tariki 11 Gashyantare 2023, Urukiko rwa gisirikare rwa Goma rwateraniye i Sake muri teritwari ya Masisi muri 25km iburengerazuba bwa Goma, nyuma y’ibyabaye kuwa kane muri iyo centre, rukatira abasirikare barindwi b’ingabo za DR Congo urwo gupfa rubahamije ibyaha birimo ubugwari’ no guca igikuba muri rubanda. Umwe mu banyamakuru bitabiriye iri buranisha yabwiye BBC ko aba basirikare, bari bafite abunganizi, bahamijwe ibyaha by’“ubugwari, guca igikuba, gukomeretsa no gutagaguza amasasu”. Umushinjacyaha wa gisirikare yumvikana arega aba basirikare “guta urugamba” “n’ubugwari imbere y’umwanzi” (inyeshyamba za M23), “bakagenda barasa…

SOMA INKURU

Igisiririkare cya Congo na M23 bakomeje kwitana ba mwana

Imirwano y’urutavanaho imaze ibyumweru bibiri muri teritwari ya Masisi hafi ya centre ya Sake n’inkengero zayo, yatumye abantu babarirwa mu bihumbi bahunga berekeza mu mujyi wa Goma na Minova, ibi byatumye igisirikare cya cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gishinja inyeshyamba za M23 kutubahiriza amasezerano atandukanye y’abategetsi b’akarere yategetse impande zose guhagarika imirwano. Colonel Ndjike Kaiko Guillaume umuvigizi w’ingabo mu ntara ya Kivu ya Ruguru yatangaje ko M23 yita RDF (ingabo z’u Rwanda) ko kenshi yarenze ku mategeko yo guhagarika imirwano yatanzwe n’inama za Nairobi, Luanda, n’iheruka y’i Bujumbura. Colonel…

SOMA INKURU

Ikihishe inyuma y’ubwiyongere bw’abana bata ishuri n’uturere twiganjemo iki kibazo

Komisiyo y’imibereho y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu muri Sena, yasuye ibigo by’amashuri by’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 n’amashuri yigisha tekinike, imyuga n’ubumenyingiro mu turere 21, nyuma y’uru rugendo isesengura ry’aba basenateri ryagaragaje ko hari uturere dufite abana benshi bavuye mu ishuri ku isonga hari uturere twa Nyanza, Musanze, Burera, Gisagara, Rutsiro na Gatsibo. Raporo yakozwe n’iyo komosiyo yagejejwe imbere y’Inteko Rusange ya Sena ku wa Mbere tariki 6 Gashyantare 2023, berekanye ko ikiganje mu gutuma abana bata ishuri harimo kuba abana barangije amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye batsindwa bakanga gusibira. Abasenateri…

SOMA INKURU

Ibya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikomeje gufata indi ntera

Mu myanzuro yari yafatiwe mu nama idasanzwe y’abakuru b’Ibihugu bya EAC yabereye mu Burundi harimo ko bumwe mu buryo bwo gukemura ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari inzira ya politiki n’ibiganiro hagati y’impande zose zirebwa n’ikibazo, ariko ibi Guverinoma ya Congo ntibikozwa kuko yatangaje ko nta kintu iriya nama ivuze ndetse itanayireba. Ibi byatangajwe n’umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Patrick Muyaya, aho yatangarije abanyamakuru ko ibyo abakuru b’ibihugu bemeje leta ye itazigera ibyubahiriza, ashimangira ko kuri bo, inama y’i Bujumbura nta kinini ivuze, kuko…

SOMA INKURU