Indege y’intambara y’Uburusiya yagonganye na drone ya Amerika,bituma iyi ndege itagira umupilote ya Amerika igwa mu Nyanja yirabura (Mer Noire/Black Sea), nk’uko bitangazwa n’igisirikare cya Amerika. Ibi byerekana ko intambara hagati y’Uburusiya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishoboka,kubera intambara yo muri Ukraine igenda ifata indi ntera. Amerika ivuga ko iyo drone yari ku kazi kayo ka buri munsi mu kirere mpuzamahanga ubwo indege ebyiri z’intambara z’Uburusiya zageragezaga kuyitangira. Uburusiya buvuga ko iyi drone yahanutse nyuma yo “kugerageza gukwepa n’ubuhanga bwinshi”, bugahakana ko izi ndege ebyiri zitigeze zikoranaho. Minisiteri y’ingabo…
SOMA INKURUCategory: politike
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifite byinshi byo gukemura -Loni
Intumwa z’akanama k’umutekano ka Loni zagaragaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifite byinshi byo gukemura ngo igire umutekano, harimo no kwirinda ko intwaro z’igisirikare cyayo zijya mu maboko y’imitwe yitwaje intwaro. Byatangajwe na Ambasaderi w’u Bufaransa muri Loni, Nicolas de Rivière wagaragaje ko 80 % by’intwaro inyeshyamba zo muri Congo zikoresha, zituruka mu bubiko bw’igisirikare cya Leta (FARDC). Nicolas de Rivière n’itsinda yari ayoboye, ku cyumweru tariki 12 Werurwe nibwo basoje uruzinduko bagiriraga muri Congo, hagamijwe kureba intandaro y’ibibazo by’umutekano muke bimaze iminsi mu Burasirazuba bw’icyo gihugu. Kugeza ubu…
SOMA INKURUFootball has a special place in Rwanda -Kagame
President Paul Kagame on Tuesday, March 14, received the CAF President’s Outstanding Achievement Award 2022 in an awarding ceremony held in Kigali on the margins of the 73rd FIFA Congress that takes place this week. The award was an occasion to celebrate African leaders who made meaningful contributions to the development of football in Africa. CAF President Patrice Motsepe, alongside FIFA President Gianni Infantino, conferred the award to Kagame and Moroccan Minister of Education and Sports Chakib Benmoussa who received the award on behalf of King Mohamed VI of Morocco after the…
SOMA INKURUWhy Rwanda banned sale of unrefrigerated meat
Rwanda has banned the supply and sale of meat that is not chilled in cold-rooms for at least 24 hours as means to curb zoonotic and transmissible diseases. According to the Registration and Licensing Specialist at Rwanda Inspectorate, Competition and Consumer Protection Authority (RICA) Gaspard Simbarikure, the directive is based on regulation governing meat businesses adopted in May 2022 but which was not adequately being enforced. He said that the directive is not for beef or pork only since ‘each animal species can have zoonotic and or transmissible diseases.’ Zoonosis is an infection or disease that is transmissible from animals to…
SOMA INKURUAbategetsi ba RDC bashobora kuzisanga muri ICC -Senateri Uwizeyimana Evode
“Ku bitureba nka Guverinoma rero, ntidushaka ko abantu bazongera kuvuga ko dukorana n’indi mitwe. Ntabwo ari imitwe yitwaje intwaro mu gihe abantu barwanira igihugu cyabo kuko abo bantu ni abantu bakunda igihugu cyabo.” Ayo ni amagambo ya Minisitiri ushinzwe amashuri Makuru na za Kaminuza muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Muhindo Nzangi Butondo, ubwo ku wa 6 Werurwe 2023, yeruraga ko Guverinoma y’igihugu cye, igiye gukorana n’imitwe yitwaje Intwaro mu kurwanya M23. Ni ukuvuga ko imitwe ivugwa ko igiye gukorana n’Ingabo za Leta (FARDC) irimo Umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, Nyatura,…
SOMA INKURUNi nyungu ki abakozi biteze ku mushinga w’itegeko rishya ry’umurimo
Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, ku gicamunsi cyo kuwa Gatatu tariki 8 Werurwe, yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko urimo impinduka zo kugabanya amasaha y’akazi, kubuza umukoresha gusesa amasezerano y’umurimo w’umugore kubera gutwita ndetse n’ikiruhuko cyo kubyara ku mugabo. Itegeko ryo mu 2018 riteganya ko amasaha y’akazi mu cyumweru ari 45, ariko itegeko rishya ryayagabanyije ashyirwa kuri 40 mu cyumweru. Kugabanya amasaha y’akazi byaturutse ku kuba mu isesengura ryakozwe, byaragaragaye ko gukora amasaha menshi bigira ingaruka zitari nziza ku muryango, kuko ababyeyi batabona umwanya uhagije wo kwita ku burere n’uburezi bw’abana. Indi mpamvu…
SOMA INKURUHagati ya M23 na FARDC ni uruhe ruhande rwiteguye guhagarika imirwano?
Nyuma y’imirwano ikaze kuri uyu wa mbere tariki 6 Werurwe 2023 yabereye mu nkengero za Sake, M23 yafashe ahitwa Kibirizi ariko birangira idafashe umujyi wa Sake nyirizina wegereye Umujyi wa Goma. Ibi byabaye habura amasaha make ngo M23 yubahirize ibyo yasabwe na Perezida Emmanuel Macron byo guhagarika imirwano kuri uyu wa 7 Werurwe 2023. Umutwe wa M23 wafashe Kibirizi mu masaha y’umugoroba kuri uyu wa mbere, nyuma y’imirwano ikomeye yawuhanganishije na FARDC, ifatanyije na FDLR ,Mai Mai, Nyatura CMC, APCLS n’abacanshuro b’Ababazungu mu nkengero z’aka gace. Aya makuru, akomeza avuga…
SOMA INKURUIgisirikare cya FARDC gikomeje gushinja M23 kutubahiriza amasezerano
Igisirikare cya Leta ya Congo, FARDC cyavuze ko ibisasu bya M23 byahitanye umuntu umwe, ndetse bikomeretsa abantu 6 aho cyashinje uyu mutwe kurasa ku ngabo z’u Burundi. Aha ni mu mirwano ikomeje kubera mu nkengero z’agace gatuwe ka Sake, muri Km 27 hafi y’umujyi wa Goma. Abo ku ruhande rwa leta ya Congo bavuga ko ibisasu byarashwe n’umutwe wa M23 byishe umuntu umwe, bikomeretsa abandi 6 ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Werurwe, 2023 ahitwa Sake na Mubambiro. Lt.Col Njike Kaiko, Umuvugizi wa FARDC muri Kivu ya…
SOMA INKURURDC ikomeje ubushotoranyi ku Rwanda
Ahagana saa kumi n’imwe n’iminota 35 kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Werurwe 2023, umusirikare wa RDC yambutse mu buryo butemewe ku mupaka uzwi nka Grande Barrière mu karere ka Rubavu, ari kurasa ingabo z’u Rwanda zari ku burinzi, zirwanaho ziramurasa, uwo musirikare wa RDC akahasiga ubuzima. RDF yatangaje ko hari n’abandi basirikare ba RDC barashe ku ngabo z’u Rwanda, nazo zikabasubiza zirasa. Ntabwo biramenyekana impamvu uwo musirikare yinjiye mu Rwanda icyakora ibihugu byombi bimaze igihe birebana ay’ingwe nyuma y’uko umutwe wa M23 utangije intambara ku ngabo za RDC. …
SOMA INKURUU Burundi bugiye kohereza ingabo zabwo muri Congo
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Burundi yemeje ko kuwa 4 Werurwe 2023 u Burundi buzohereza ingabo muri gahunda yashyizweho n’abagaba b’ingabo bo muri EAC, mu nama yabaye ku wa 9 Gashyantare 2023, i Nairobi muri Kenya. Umunyamabanga mukuru wa EAC, Dr. Peter Mutuku Mathuki, mu itangazo yasohoye yavuze ko “Ibihugu binyamurango byose bya EAC bizatanga Ingabo bizazohereza mu gihe cyemeranyijweho.” Kugeza ubu Kenya ni yo imaze kohereza abasirikare bagera ku 1000 muri EACRF. Inama yo muri Gashyantare yayobowe n’Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen Prime Niyongabo, igendeye ku y’abakuru b’ibihugu bya…
SOMA INKURU