Mu gihe impanuka zo mu muhanda zikomeje guhitana ubuzima bw’abatari bake, abasenateri bagize komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano basabye Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) kugaragaza ingamba zifatika zo gukura mu muhanda ibinyabiziga bishaje, by’umwihariko ibitwara abantu n’abanyeshuri. Perezida w’iyi Komisiyo, Senateri Murangwa Ndangiza Hadidja, yavuze ko bitumvikana uburyo imodoka zimaze imyaka irenga 30 mu muhanda zigihabwa ibyangombwa byo gutwara abantu kandi ari zimwe mu ntandaro z’impanuka. Senateri Nyirasafari Espérance yongeyeho ko bisi nyinshi zishaje ziterwa amarangi zikagaruka mu muhanda gutwara abanyeshuri, nyamara nta burinzi buhagije zifite.…
SOMA INKURUCategory: politike
Uko zahabu izamura igiciro niko abashoramari bunguka nyamara abacuzi bataka
Mu gihe igiciro cya zahabu ku isoko mpuzamahanga cyageze ku $ 129,76 ku igarama, ikibyihishe inyuma n’impinduka za politiki n’ubukungu ku isi. Mu Rwanda, abantu bakora muri serivisi zifite aho zihurira na zahabu (abacukuzi, abacuruzi ndetse n’abazitunganya bazibyaza ibintu binyuranye birimo imikufi) barimo guhindura ubuzima bwabo mu buryo butandukanye. Ku ruhande rumwe, abashoramari bakomeye bari kurushaho kuyibika nk’ubwishingizi bw’imari, ariko ku rundi ruhande, hari abanyarwanda batunzwe n’akazi ko kuyihindura imikufi n’ibindi bitandukanye, batangaza ko izamuka ryayo ryabaye nk’impano ifite impande ebyiri. Abasesenguzi bavuga ko uko isi irushaho guhura n’ibibazo bya…
SOMA INKURUGaza talks in Egypt: “Positive climate,” negotiators welcome
The first round of negotiations on Gaza between Hamas and Israel concluded late Monday night. “The overall climate is positive,” sources close to the Egyptian and Hamas mediators said, while UN Secretary-General Antonio Guterres called for an end “now to hostilities in Gaza, Israel, and the region.” The ” climate is positive ,” according to Egyptian mediators, as well as Hamas sources who spoke to the Qatari channel al-Jazeera, which is very close to the Palestinian Islamist movement, reports our correspondent in Cairo, Alexandre Buccianti . “The discussions were positive…
SOMA INKURUSuspect arrested in fatal shooting of Ukrainian politician, Zelensky says
Ukrainian officials have arrested a suspect in the shooting death of former parliamentary speaker and prominent Maidan protest leader Andriy Parubiy, President Volodymyr Zelensky announced early Monday. While details of the suspect’s identity were not revealed, the head of the Ukrainian police said Kyiv suspects Russian involvement. Ukraine President Volodymyr Zelensky said early Monday that a suspect had been arrested in the shooting of former speaker of parliament Andriy Parubiy, and had given an initial statement to investigators. A statement from the country’s interior minister suggested that Saturday’s killing had…
SOMA INKURUIgisirikare cya RDC mu mayira abiri: Byinshi kuri dosiye y’abasirikare bashinjwa umugambi wo guhirika Tshisekedi
Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gushakisha amahoro n’umutekano mu gihe cy’impinduka zitoroshye, urubanza rw’abasirikare bakuru bashinjwa umugambi wo gukura Perezida Félix Tshisekedi ku butegetsi rwafashe indi ntera. Ubushinjacyaha bw’igisirikare bwasabye Urukiko Rukuru rwa gisirikare gufatira abo bofisiye ibihano bikomeye, birimo gufungwa imyaka 15, kwirukanwa mu ngabo no kwamburwa amapeti. Abashinjwa barimo Brigadier General Ericsson Bakati, Lt Col Gervais Malaji, Majors Jean-Marie Kasereka, Philippe Mambolo na Paluku, ndetse na Lieutenants David Lusenge na Kakule. Ubushinjacyaha bwari buhagarariwe na Gen Maj Cyprien Muwau, bwemeje ko aba bose bagize uruhare…
SOMA INKURUUbumuga si iherezo ry’ubuzima:Biyemeje guhinyuza imyumvire mibi biyubakira ejo hazaza
Mu Mujyi wa Rubavu ahazwi nko kuri “Petite barrière”, harangwa n’urujya n’uruza rw’abambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hagaragara abagabo n’abagore bafite ubumuga butandukanye harimo abafite ubumuga bwo kutabona n’ubw’ingingo, batwaye imizigo ku magare yambukiranya imipaka. Bose babarizwa muri koperative COTTRARU yahinyuje ibitekerezo by’uko kugira ubumuga ari iherezo ry’ubuzima bw’umuntu. Iyi koperative, yashinzwe mu mwaka wa 2011, itangizwa n’abanyamuryango 28 bamugariye ku rugamba, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bafite ubumuga ndetse n’abafite ubumuga bavukanye cyangwa batewe n’impanuka, ikaba yari igamije guha imbaraga abafite ubumuga binyuze…
SOMA INKURUUrurimi rw’amarenga mu Rwanda: Urufunguzo rwa byinshi ruramutse ruhawe agaciro
Mu Rwanda, abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bakomeje gutabaza, basaba ko ururimi rw’amarenga rwahabwa agaciro nk’izindi ndimi, rukigishwa mu mashuri, mu bigo by’imyuga no mu nzego zose z’ubuzima rusange. Bavuga ko kutamenya no kudaha umwanya ururimi rwabo bituma bahura n’ingaruka zikomeye, zirimo kubura serivisi z’ibanze, guhezwa mu muryango nyarwanda no gushyirwa mu kaga k’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko ku isi hari abantu basaga miliyoni 466 bafite ubumuga bwo kutumva cyangwa kutavuga, kandi uwo mubare ushobora kugera kuri miliyoni 900 mu…
SOMA INKURUImurikagurisha Mpuzamahanga “2025” urubuga rw’ubufatanye, udushya n’iterambere ry’u Rwanda
Imurikagurisha mpuzamahanga “Expo 2025”, ryatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa kabiri tariki 5 Kanama i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, rikaba rihuje abamurika ibikorwa 475 baturutse mu bihugu 19. Umubare ukaba wiyongereye ugereranyije n’umwaka ushize, muri bo 378 ni abo mu Rwanda, 97 baturutse mu mahanga, ari nayo mpamvu ryabaye igicumbi cy’ubucuruzi n’ubufatanye mpuzamahanga. Imurikagurisha ry’uyu mwaka ryagaragayemo udushya dutandukanye twashimishije abaryitabiriye. Harimo imodoka zikoresha amashanyarazi, ibihangano by’urubyiruko bikozwe mu biti ndetse n’ibikoresho by’ubwubatsi bishya byakozwe mu Rwanda. Mungurareba Jean Bosco, nyiri uruganda H-Q Aqua Plastic Ltd, ni umwe mu…
SOMA INKURUU Rwanda rwungutse abasirikare 81 barangwa n’ubumenyi, ubwitange n’icyizere
Mu birori byaranzwe n’ubunyamwuga n’icyubahiro, abasirikare 81 mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, bahawe impamyabumenyi zabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako. Ibi birori bikomeye byabaye kuri uyu wa Mbere, tariki 4 Kanama 2025, byateguwe ku bufatanye bwa RDF na Kaminuza y’u Rwanda. Abarangije barimo 20 bafite ipeti rya “Lieutenant” bize ubuvuzi rusange n’ubuvuzi bw’amenyo, n’abandi 61 bafite ipeti rya ‘Sous-Lieutenant’ bize amasomo atandukanye ajyanye n’ubumenyi rusange n’ubuhanga bwa gisirikare. Mu ijambo ry’ingenzi, Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yabibukije ko bari kwinjira mu Isi ihindagurika…
SOMA INKURUU Rwanda rwemeje kuba indorerezi mu biganiro bya Doha
Mu gihe ibiganiro bigamije gushaka umuti w’amakimbirane y’ingutu mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bigikomeje kubera i Doha muri Qatar, u Rwanda rwatangaje ko ruzakomeza kubikurikiranira hafi nk’indorerezi, nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe. Ibi byatangajwe, ubwo Minisitiri Nduhungirehe yagezaga imbere ya Sena ibisobanuro ku masezerano mashya y’ubufatanye n’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC, yashyizweho umukono i Washington, ku bufasha bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Minisitiri Nduhungirehe yatangaje ko u Rwanda rwari rwaratumiwe nk’indorerezi muri ibi biganiro kandi ruzakomeza kubyitabira muri ubwo buryo,…
SOMA INKURU