Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gushakisha amahoro n’umutekano mu gihe cy’impinduka zitoroshye, urubanza rw’abasirikare bakuru bashinjwa umugambi wo gukura Perezida Félix Tshisekedi ku butegetsi rwafashe indi ntera. Ubushinjacyaha bw’igisirikare bwasabye Urukiko Rukuru rwa gisirikare gufatira abo bofisiye ibihano bikomeye, birimo gufungwa imyaka 15, kwirukanwa mu ngabo no kwamburwa amapeti.
Abashinjwa barimo Brigadier General Ericsson Bakati, Lt Col Gervais Malaji, Majors Jean-Marie Kasereka, Philippe Mambolo na Paluku, ndetse na Lieutenants David Lusenge na Kakule. Ubushinjacyaha bwari buhagarariwe na Gen Maj Cyprien Muwau, bwemeje ko aba bose bagize uruhare mu mugambi wo guhungabanya ubutegetsi, ibintu bwagize “icyaha cy’ubugambanyi n’ubugizi bwa nabi bikwiye guhanwa bikomeye.”
Icyakora, Lt Col Andre Jean Nyenze na Alphonse Kasereka basabiwe koroherezwa igihano kubera ubufatanye bagaragaje mu iperereza, mu gihe abandi bari muri dosiye basabiwe kugirwa abere kubera kubura ibimenyetso bihamya uruhare rwabo.
Iperereza ryatangiye muri Mata 2025, ubwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwizwaga amashusho agaragaza aba basirikare bari muri hoteli i Bandalungwa, i Kinshasa, bavuga ko ubutegetsi bwa Tshisekedi bwarangiye. Aya mashusho yateye impungenge, cyane ko byajyanye n’amakuru aturuka ku banyamahanga yemezaga ko hari abandi basirikare bakuru bari mu migambi yo guhirika ubutegetsi.
Si ubwa mbere abasirikare bakomeye batabwa muri yombi. Ku ikubitiro, Gen Christian Tshiwewe wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo na Gen Franck Ntumba washinzwe ibikorwa by’igisirikare mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu, bari mu bafashwe mu mezi ashize, bose bashinjwa ibikorwa bihungabanya umutekano w’igihugu.
Umwe mu basirikare basezerewe mu ngabo za Congo (witandukanyije n’izina rye ku mpamvu z’umutekano) yagize ati: “Icyo tubona ni uko mu ngabo harimo amatsinda atandukanye atumvikana ku miyoborere ya Perezida. Hari abumva ko bagizwe abatagira icyo bavuga, abandi bakabona igihe cyo guhirika ubutegetsi cyageze.”
Umusesenguzi mu bya politiki n’umutekano, Prof. Jean-Bosco wo muri Kaminuza ya Kinshasa, avuga ko iyi dosiye igaragaza ikibazo cy’imbere mu gisirikare gishobora guteza ibibazo ku butegetsi bwa Tshisekedi.
Ati: “Iyo abasirikare bakuru bafatwa nk’abari inyuma y’imigambi yo guhungabanya ubutegetsi, biba byerekana ko hari igice cy’ingabo kitari ku ruhande rw’ubutegetsi. Ibi bishobora gutuma igihugu kirushaho guhungabanywa n’ukutizerana hagati y’inzego.”
Kuba igisirikare gishinjwa kurangwamo ubwumvikane buke ni ikimenyetso kigaragaza ko ubutegetsi bwa Tshisekedi buri mu bihe bikomeye. Kandi ibi bibera mu gihugu kimaze imyaka myinshi kigaragaramo intambara z’abarwanyi, ubukungu busa n’ubudafite icyerekezo no kutizerana mu miyoborere.
Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi (utifuje gutangazwa) yagize ati: “Tshisekedi ari kurwana intambara ebyiri, imwe yo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba, indi yo kurwanya ubushotoranyi n’ugutotezwa mu ngabo ze bwite.”
Urubanza rukomeje gukurikiranwa n’amaso menshi imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga, abasesenguzi bavuga ko imikirize yarwo izatanga ishusho nyayo y’uko ubutegetsi bwa Tshisekedi buhagaze imbere y’igitutu cya politiki n’umutekano w’imbere mu gihugu.
INKURU YA TUYISHIME Eric
