M23 yatangaje agace yigaruriye gaherereye muri teritwari ya Masisi

Umutwe wa M23 watangaje ko wigaruriye agace ka Mushaki muri teritwari ya Masisi nyuma y’imirwano ikomeye yahuje uwo mutwe n’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe nka FDLR, ingabo z’u Burundi n’abacanshuro. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 7 Ukuboza n’umuvugizi w’uyu mutwe, Major Willy Ngoma abinyujije ku rubuga rwe rwa X. Yagaragaje ko muri iyo mirwano ikomeye uruhande rwa Leta rwahatsindiwe ndetse rukahatakariza benshi mu basirikare. Yagize ati “Intare za Sarambwe zabohoje Mushaki, umwanzi yahunze yasize intwaro nyinshi n’amasasu. Batakaje bikomeye ubuzima.” Mushaki ni agace…

SOMA INKURU

Amasezerano n’u Rwanda acyemura impungenge zo mu mategeko – Cleverly

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu w’Ubwongereza James Cleverly avuga ko amasezerano mashya n’u Rwanda acyemura impungenge z’Urukiko rw’Ikirenga rw’Ubwongereza, mu kwezi gushize rwanzuye ko iyi gahunda ya leta inyuranyije n’amategeko. Urukiko rwavuze ko iyo gahunda, izatuma abimukira boherezwa mu Rwanda, ishobora kubamo ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu. James Cleverly yashimangiye ko u Rwanda “rwiyemeje mu buryo bugaragara kandi bwumvikana neza kubungabunga umutekano w’abantu baza hano [mu Rwanda]”. Iki gikorwa kiri muri gahunda ya leta yo guca intege abimukira ntibambuke umuhora wa Channel mu mato matoya. Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza Rishi Sunak yavuze ko “guhagarika…

SOMA INKURU

M23 yasohoye itangazo rikakaye

Umuvugizi wa M23 Lawrence Kanyuka, mu itangazo yasohoye tariki ya 3 Ukuboza 2023 yagize ati “Nyuma y’uko ingabo za EACRF zitangiye kuva muri RDC, M23 izisubiza kandi igume mu duce twose yari yarashyikirije ingabo za EACRF mu gihe cy’ibiganiro by’amahoro, hagamijwe imibereho myiza y’abaturage b’abasivili.” Itangazo ryasohowe na EACRF rigaragaza ko muri Kivu y’Amajyaruguru nta mutekano uhari bitewe n’intambara yongeye kubura kuva mu Ukwakira 2023, bigatuma benshi bava mu byabo. Kanyuka yatangaje ko ihuriro ry’ingabo za Leta, FARDC n’imitwe yitwaje intwaro irimo na FDLR igizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda,…

SOMA INKURU

M23 rebels vow to retake positions as EAC force begins withdrawal

The M23 rebel group operating in eastern DR Congo has said it will reoccupy the positions it handed over to the East African Community Regional Force (EACRF). The announcement comes after the regional force began withdrawing from the positions in North Kivu Province on Saturday, December 2, less than 10 days before its mandate expires. “Following the departure of the EACRF from DRC, for the well-being of the civilian population, the M23 will recover and occupy all its areas that it handed over to EACRF at the beginning of the peace process,”…

SOMA INKURU

Ibyishimo bidasanzwe mu mfungwa z’Abanya Palestine zarekuwe

Israel yarekuye imfungwa 30 z’Abanya-Palestine yari yarafunze nyuma y’uko abaturage bayo 10 n’abanyamahanga babiri bari barafashwe bugwate na Hamas barekuwe. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki 28 Ugushyingo 2023, kibaye mu minsi itandatu yashyizweho hagati y’impande zombi cyo kurekura imbohe zari zarafunzwe. Magingo aya, Israel imaze kurekura Abanya-Palestine 180 barimo abagore n’abana mu gihe Hamas yo imaze kurekura abantu 81 biganjemo abaturage ba Israel. Hagati aho, Ingabo za Israel zafunze inzira zose zinjira mu Mujyi wa Gaza, zishyiraho za bariyeri impande zose ku buryo abantu binjira n’abasohoka bagomba…

SOMA INKURU

Nombreuses réactions après l’accord Israël-Hamas, Paris “espère” des libérations d’otages français

Les réactions se multiplient après l’annonce de l’accord entre Israël et le Hamas permettant la libération d’une cinquantaine d’otages et une trêve de quelques jours dans la bande de Gaza. Paris, notamment, “espère” qu’il y aura des Français parmi le premier groupe d’otages libérés. Les premières réactions à l’annonce de l’accord entre Israël et le Hamas n’ont pas tardé. Paris, notamment, a évoqué un “moment de réel espoir”, espérant qu’il y aura des Français parmi les otages qui vont être libérés prochainement par le Hamas en échange d’une “pause humanitaire” acceptée par Israël, a…

SOMA INKURU

Uruhande rwa Perezida Macron ku kibazo cya Gaza na Israel n’ubutabazi yatanze

Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yanditse ku rubuga rwa X ko igihugu cye kiteguye kwakira abana bagera kuri 50 bakomerekejwe n’ibitero by’ingabo za Israel zigenzura ibyo bitaro muri iki gihe aho zivuga ko ibyo bitaro byari indiri y’abari mu mutwe wa Hamas. Perezida Macron yanavuze ko Ubufaransa bwiteguye kohereza ibikoresho by’ubuvuzi indege ikazahaguruka mu ntangiriro z’iki cyumweru kugira ngo igere muri Egiputa mu minsi iri imbere. Ati “Ku bijyanye n’abana bakomeretse cyangwa barwaye bo muri Gaza bakeneye ubuvuzi bwihutirwa, Ubufaransa burimo gushakisha uburyo bwose burimo n’inzira yo mu kirere kugira ngo…

SOMA INKURU

M 23 yahishuye icyo izakora mu gihe leta izakomeza kwanga ibiganiro

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 19 Ugushyingo 2023, Perezida wa M23 Bertrand Bisimwa yatangaje ko mu gihe RDC yakomeza kwanga inzira y’ibiganiro hazashyirwa ingufu mu ntambara bakigarurira Kivu y’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru. Yagize ati “Kinshasa nikomeza kwibwira ko ikibazo kizakemurwa n’intwaro, tuzabatsinda mu rugamba rwa gisirikare. Nibakomeza kwanga ibiganiro na nyuma yo gutsindwa urugamba rwa gisirikare tuzakomereza ku bwigenge.” Mu bihe bitandukanye M23 kimwe n’abahuza muri iyi ntambara ishyamiranyije uyu mutwe na FARDC basabye ibiganiro ariko RDC ivuga ko itazigera iganira n’umutwe yita uw’iterabwoba ugamije guhungabanya umutekano mu…

SOMA INKURU

Amarangamutima ya George Weah nyuma yo gutsindwa amatora

Perezida wa Liberia George Weah yahamagaye uwo bari bahanganye mu matora y’umukuru w’igihugu wamutsinze, Joseph Boakai, amukeza ku ntsinzi yabonye. Mu ijambo yagejeje ku baturage, yagize ati:”Abaturage ba Liberia bavuze kandi twumvise ijwi ryabo”. Joseph Boakai  afite amajwi angana na 28.000 mu gihe amajwi yose asa n’ayamaze kubarurwa. Uyu wahoze ari kizigenza mu mupira w’amaguru, perezida George Weah, yari ku butegetsi kuva mu 2018. Azava ku butegetsi mu kwezi kwa mbere. Yageze ku butegetsi mu byishimo byinshi cyane ku bakiri bato bitabiriye ayo matora, akaba yari yabonye intsinzi – atsinze…

SOMA INKURU

Perezida Tshisekedi adaciye ku ruhande yatangaje gahunda bafite ku Rwanda

Mu kiganiro  Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yagiranye na France 24 hamwe na RFI cyasohotse kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2023, yongeye guhamya ko ubwo umuryango mpuzamahanga wanze gufatira u Rwanda ibihano, kandi ari rwo nyirabayazana w’umutekano muke muri Congo, ngo ibibazo bizakemuka binyuze mu ntambara. Ati “Twebwe dukorerwa amakosa, ibintu ntabwo byarebwe mu buryo bwacu, ariko bigomba kureberwa mu cyerekezo cy’abakora amakosa kuri icyo kibazo [….] Twe turavuga ngo nyuma y’inshuro nyinshi twasabye umuryango mpuzamahanga ngo ufatire u Rwanda ibihano, nibitinda tuzirindira umutekano…

SOMA INKURU