Daihatsu yari ipakiye inyanya ivuye mu Murenge wa Rugerera yerekeza mu Mujyi wa Gisenyi, yacitse feri igonga urukuta rw’ibitaro bya Gisenyi umwe mu bantu babiri bari bayirimo ahita yitaba Imana. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco, yemeje aya makuru asaba abashoferi kujya bitondera aho iyi modoka yaguye kuko hakunze kubera impanuka. Ati “Impanuka yabaye muri iki gitondo saa kumi n’ebyiri ubwo yinjiraga mu mujyi icika feri abari bayirimo umwe yitabye Imana mu gihe undi arimo kwitabwaho n’abaganga. Ndashima Polisi y’Igihugu, ishami rishinzwe gukumira inkongi kuko bahise batabara ni…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
Rwanda: MINISANTE yatangaje icyegeranyo gishya kuri Covid-19 gitanga icyizere
Imibare mishya itangwa na Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko imibare y’abandura ndetse n’abarwara icyorezo cya COVD-19 bakaremba bakomeje kugabanyuka hashingiwe ku mibare y’ubushakashatsi bugenda bukorwa buri munsi harebwa uko icyorezo gihagaze mu Gihugu. Iyo mibare igaragaza ko hagati ya Kamena na Kanama ubwandu bwa COVID-19 bwigeze kuzamuka bukagera hejuru ya 5% mu Mujyi wa Kigali ukunze kwibasirwa kuri ubu bugeze kuri 0.7% nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwa buba bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC). Ku bijyanye n’abarwara COVID-19 bikagera aho bagomba guhabwa ibitaro, imibare yari hejuru cyane guhera mu kwezi kwa Kamena aho…
SOMA INKURUNyuma y’umwaka bavutse imitwe ifatanye batandukanyijwe
Abakobwa b’impanga z’umwaka umwe bo muri Israel bavutse imitwe yabo ifatanye batandukanyijwe. Ni ubuvuzi bw’imboneka imwe bwamaze amasaha 12 nyuma y’amezi bwigwaho. BBC yatangaje ko byakorewe ku Bitaro bya Soroka biri mu Mujyi wa Beersheba mu Cuymweru gishize. Byasabye inzobere zirenga 10 ziturutse hirya no hino muri icyo gihugu ndetse no mu mahanga. Eldad Silberstein ukuriye ibikorwa byo kubaga ku Bitaro bya Soroka, yabwiye Channel 12 News ko ubu abo bana bari gukira neza. Yagize ati “Bari guhumeka neza kandi bari kurya.” Bivugwa ko ari inshuro ya 20 ubuvuzi nk’ubwo…
SOMA INKURUInkingo zikorewe muri Afurika ntizemerewe kurenga uyu mugabane, menya impamvu y’iki cyemezo
Hafashwe umwanzuro ko inkingo zakorewe muri Afurika zitazongera koherezwa mu Burayi, ibi bikaba byanzuwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ko inkingo za Coronavirus zakorewe muri Afurika y’Epfo zigomba gukwirakwizwa ku mugabane w’Afurika ntihagire ahandi zoherezwa. Izo nkingo ni izo mu bwoko bwa Johnson & Johnson zakozwe n’Ikigo cyitwa Aspen Pharmacare cyo muri Afurika y’Epfo nyuma y’amasezerano cyagiranye n’ikindi cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni umwanzuro wafashwe nyuma y’uko Afurika ikomeje guhura n’imbogamizi zo kubona inkingo ahanini biturutse ku buryo bwo kuzisaranganya bukirimo ibibazo. Intumwa y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe…
SOMA INKURUKigali: Ivuriro ryavugwagaho umwanda na serivisi mbi ryafunzwe
Ibyishimo ni byose mu baturage bo Kagari ka Karamako mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge nyuma y’aho Minisiteri y’ubuzima n’Akarere Nyarugenge bifungiye Poste de santé yitwa Ubutabazi kubera gukorera ahantu hatujuje ubuziranenge. Mu cyumweru gishize nibwo abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima n’ab’Akarere ka Nyarugenge bakoze ubugenzuzi muri iyi Poste de santé basanga hari ibyo itujuje bahita bayifunga Bamwe muri bo babwiye IGIHE ko bishimiye ko iri vuriro rifungwa bitewe n’uko ryari rito ndetse rikaba ryarabahaga serivisi mbi. Mukabatesi Chantal, yagize ati “Twumvise ko ryafunzwe biradushimisha. None se koko wowe…
SOMA INKURUOMS yagize icyo isaba ibihugu bikize ku bijyanye n’inkingo za covid-19
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS rikomeje gusaba ko habaho ubufatanye hagati y’ibihugu bikize n’ibikennye mu kubona inkingo, nk’umuti wo gutsinda Covid-19. Mu Rwanda, abaturage bashima imbaraga Leta ishyira mu kurengera ubuzima bwabo, ishakisha inkingo hirya no hino. Ibikorwa byo gukingira abaturage icyorezo cya Covid-19 birakomeje hirya no hino mu gihugu, mu Mujyi wa Kigali ho ubu harimo gutangwa dose ya kabiri. Abaturage bashima imbaraga u Rwanda rukomeje gushyira mu kubonera inkingo abaturage. Twizeyimana Nasuru ati “Covid iragenda ihitana abantu benshi, kuba twikingije bituma umuntu yumva afite umutekano. Leta…
SOMA INKURUIngamba nshya Zimbabwe yashyize mu bikorwa hagamijwe guhangana na covid-19
Zimbabwe yatangiye gukingira Covid-19 abana b’imyaka 14 ndetse ubu abantu bakingiwe byuzuye nibo bemerewe kujya kurira muri restaurants. Ni umwanzuro wafashwe ugamije gushishikariza abantu kwikingiza iki cyorezo vuba bishoboka. Minisitiri ushinzwe itangazamakuru mu gihugu, Monica Mutsvangwa, yatangaje ko nyuma y’inama z’abaganga, igihugu cye kigiye gukingira n’abana bari hagati y’imyaka 14 na 17. Abari basanzwe bakingirwa ni abari hejuru y’imyaka 18. Restaurants izajya igibwamo n’umuntu wagaragaje ko yikingije inkingo zombi ndetse mu minsi ishize abantu bikingije byuzuye nibo bemerewe kujya gusengera mu materaniro. Hafi miliyoni 2,5 z’abanya-Zimbabwe bangana na 16% bamaze…
SOMA INKURUPhizer yemejwe nk’urukingo rwa covid-19 bidasubirwaho
Ikigo gishinzwe imiti n’ibiribwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FDA) cyemeje Pfizer burundu nk’urukingo rwa COVID-19. BBC yatangaje ko FDA yahaye Pfizer icyo cyemezo nyuma y’isuzuma ryakorewe ku bakabakaba ibihumbi 44, bikagaragara ko rubarinda iyo ndwara ku gipimo cya 91%. Komiseri w’icyo kigo, Janet Woodcock, yavuze ko abantu bashobora “kwizera byimazeyo” urwo rukingo ruzajya rwitwa “Comirnaty” ku isoko, kuko rutekanye cyane, rukora neza kandi rugakorwa mu buryo buzira inenge. Rubaye urwa mbere rwemejwe burundu kuko kimwe n’izindi rwakoreshwaga nko gutanga ubutabazi bw’ibanze. Ni na rwo rutanzwe mu gihe kiri…
SOMA INKURUEse ingamba zo kwirinda covid-19 zaba hari izindi ndwara zakumiriye?
Minisiteri y’Ubuzima ifatanyinye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, bagiye gukora ubushakashatsi bwo kureba indwara zagabanutse mu gihe cya Covid-19 mu Rwanda. Kuva mu mpera za 2019 ubwo Coronavirus yagaragaraga bwa mbere i Wuhan mu Bushinwa, hagiye hafatwa ingamba nyinshi zo guhangana nayo cyane cyane izishishikariza abantu kurangwa n’isuku. Kuba abantu bakaraba intoki kenshi gashoboka bishobora kugabanya indwara zituruka ku mwanda nk’impiswi n’izindi. Usibye izi kandi abantu basigaye bahora bambaye agapfukamunwa bituma imyanya yo mu buhumekero iba irinzwe ku buryo indwara zihafata zagabanuka. Mu kiganiro Dusangire Ijambo gica kuri…
SOMA INKURUKigali: Hatangijwe gahunda nshya mu gukingira covid-19
Guhera kuri uyu wa Mbere taliki ya 23 Kanama 2021, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko itangiza icyiciro cya gatatu cyo gukingira COVID-19 mu buryo bwagutse kizibanda ku bantu bafite guhera ku myaka 18 kuzamura mu Mujyi wa Kigali. Iki cyiciro gishya cyo gutanga urukingo mu buryo bwagutse gitangijwe mu gihe u Rwanda rumaze kurenza miliyoni y’abantu bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19, bikaba bizatuma mu Mujyi wa Kigali abafite imyaka 18 no hejuru yayo barenga 90% bakingirwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri. Hateguwe site 37 zo gukingiriraho ziri ahanini ku biro by’imirenge yo…
SOMA INKURU