Muri iki gitondo tariki 19 Kamena 2021, ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, u Rwanda rwakiriye inkingo za covid-19 zo mu bwoko bwa Sinopharm zisaga ibihumbi 200 zatanzwe n’u Bushinwa. Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yavuze ko bagiye kuzifashisha bakingira abafite mu myaka 30 kuzamura dore ko nko mu mujyi wa Kigali, abari hejuru y’imyaka 40 bamaze gukingirwa. Yagize ati “Ni igikorwa cyiza kigaragaza ubutwererane hagati y’ibihugu byombi. Abo dukingira cyane cyane ubu ni abari mu buzima busanzwe bw’akazi kuko abantu bakuru twamaze kubakingira. Birumvikana ko hari abandi baba baracikanye na…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
Ikindi gihugu cya Afurika cyagaragayemo Ebola
Minisitiri w’Ubuzima muri Côte d’Ivoire, Pierre N’Gou Dimba yatangaje ko nyuma y’imyaka 25 nta Ebola irangwa muri iki gihugu, habonetse umukobwa w’imyaka 18 uyifite, wari uherutse mu gihugu cya Guinea. Akimara kuboneka, yahise ajyanwa mu bitaro byihariye mu mujyi wa Abidjan kuvuruirwayo. Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS) watangaje ko uwo mukobwa yinjiye muri Côte d’Ivoire tariki 12 Kanama ari nabwo yahise afatwa ibizamini. Igihugu cya Guinea uwo mukobwa yari avuyemo, kiri mu byo mu burengerazuba bwa Afurika byibasiwe na Ebola hagati ya 2014 na 2016. Mu mezi ane ashize…
SOMA INKURUUmwihariko mu gukingira covid-19 abageze mu zabukuru
Guverinoma ikomeje gukingira Abanyarwanda ihereye ku bafite ibyago byo kwandura kurusha abandi barimo abakora mu nzego z’ubuzima, abarwaye indwara zidakira, abakora imirimo ibahuza n’abantu benshi, abageze mu zabukuru, bo bakaba banashyiriweho umwihariko. Ni muri urwo rwego Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, cyavuze ko abafite hejuru y’imyaka 60 bo muri Kigali bemerewe guhamagara umurongo utishyurwa wa 3260, inzego z’ubuzima zikajya kubakingira zibasanze mu ngo zabo. Itangazo rya RBC ryo ku wa 10 Kanama 2021, rigira riti “Turamire ubuzima bw’abasheshe akanguhe. Muri Kigali, niba uzi umuntu ufite imyaka 60 no hejuru yayo,…
SOMA INKURUByashoboka ko uwakingijwe AstraZeneca ubwa kabiri yahabwa Pfizer? Igisubizo gitangwa na MINISANTE
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, yatangaje ko nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi hari abantu bahawe doze ya mbere y’urukingo rwa ya AstraZeneca kuri ubu bashobora guhabwa iya kabiri ya Pfizer ndetse bigiye gutangira gukorwa muri iyi minsi. Abahanga bagaragaza ko ari ngombwa gufata doze ebyiri z’uru rukingo, mu gihe cy’intera itandukanye bitewe n’ubwoko bw’urukingo, kugira ngo umuntu agire ubwirinzi buhagije. Bavuga kandi ko urwa AstraZeneca rwa kabiri rutangwa hagati y’ibyumweru 8 na 12 nyuma yo guhabwa urukingo rwa mbere naho urukingo rwa kabiri rwa Pfizer rutangwa hagati y’iminsi 21 na 28. Ni mu…
SOMA INKURUUko gahunda yo gukingira igituntu ihagaze mu Rwanda
Imyaka 100 irashize havumbuwe urukingo rw’indwara y’igituntu. Abahanga mu buvuzi bagaragaza ko itangwa ryarwo bagabanyije imfu ziterwa n’iyi ndwara ndetse n’abaturage bagasobanukirwa ubukana bwayo. Ku kigo nderabuzima cya Kinyinya mu Karere ka Gasabo, ababyeyi baje muri gahunda yo gukingiza abana bavuga ko bamaze gusobanukirwa ibyiza by’inkingo, birimo urukingo rw’indwara y’igituntu ruhabwa abana bakivuka. Mukankuranga Nadine yagize ati “Urukingo rw’igituntu naruhesheje umwana, bizamurinda kwandura igituntu no kurwaragurika, bityo akure neza.” Nyirahabimana Alphonsine we yagize ati ‘’Batubwira ko gukingiza abana hakiri kare, bibarinda indwara nyinshi kandi bikabaha gukura neza. Bisaba guhora umuntu…
SOMA INKURUIcyegeranyo cya covid-19 mu Rwanda no ku isi
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri taliki ya 3 Kanama 2021, habonetse abantu bashya 775 basanganywe icyorezo cya COVID-19, batumye abamaze gutahurwaho iki cyorezo basaga 72,800 barimo abasaga 26,000 bamaze gukira. Muri iyo mibare y’abamaze gutahurwa kandi harimo na 844 bahitanywe n’icyo cyorezo, aho 13 bapfuye mu masaha 24 ashize. Abarwayi bashya babonetse mu bipimo 10,636 bakaba bangana na 7.2%% . Mu minsi 7 ishize, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 5,854 bangana na 9.2% by’ibipimo 63,378, mu gihe ibipimo byose bimaze gufatwa guhera muri Werurwe 2020 bimaze kugera kuri…
SOMA INKURUWuhan ubwoba ni bwose nyuma yo kwirara ko icyorezo bagisezereye
Kugeza ubu ubwoba ni bwose mu Mujyi wa Wuhan wagaragayemo bwa mbere icyorezo cya covid-19 kuko hongeye kugaragara abantu banduye iki cyorezo, abenshi bakaba basanganywe ubwoko bwa delta. Ibi byatumye u Bushinwa bugira icyoba nyuma y’uko hongeye kugaragara abarwayi ba Covid-19 bagera kuri 300 mu minsi 10 gusa. Inzego z’ubuzima zitangaza ko ubwandu bushya buri kuboneka buri guterwa ahanini n’ubwoko bushya bwa virus ya Delta n’ubukerarugendo bw’imbere mu gihugu. Igiteye impungenge ni uko ubwandu bukomeje kugaragara mu Ntara 15 zitandukanye ari nabyo bigiye gutuma Guverinoma ishyiraho ingamba zo gupima abantu…
SOMA INKURURuhango: Imikorere idahwitse mu bitaro bihaherereye yahagurukiwe
Minisiteri y’Ubuzima yinjiye mu kibazo cy’abakozi 14 bakora mu rwego rw’ubuzima mu Karere ka Ruhango bayigaragarije ko bareganyijwe n’ubuyobozi bakimurwa ku mpamvu zidasobamutse, n’icy’imikorere mibi ivugwa mu Bitaro by’Intara bya Ruhango n’Ibitaro by’Akarere bya Gitwe. Ku wa 19 Gicurasi 2021 ni bwo abakozi 14 bo mu rwego rw’ubuzima bimuwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango (barindwi muri bo bimuriwe mu Bitaro by’Akarere bya Gitwe bavanwe mu Bitaro by’Intara bya Ruhango, abandi batanu bimuwe mu bitaro by’Intara bya Ruhango bavanwe mu Bitaro by’Akarere bya Gitwe) ariko nyuma yaho bamwe muri bo bandikira Minisiteri…
SOMA INKURURwanda: Icyo RBC itangaza ku gukingira abagore batwite n’abonsa covid-19
Kuva ibikorwa byo gutanga inkingo byatangira mu Rwanda abagore batwite n’abonsa ntabwo bari mu bahabwaga inkingo bitewe n’uko Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda cyavugaga ko nta bushakashatsi burakorwa ngo bugaragaze ko nta kibazo bishobora guteza ku mubyeyi cyangwa ku mwana. Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima RBC, Dr Sabin Nsanzimana, yahamagariye abagore batwite n’abonsa kwikingiza Covid-19 kuko ubushakashatsi bwagaragaje ko nta kibazo bagira mu gihe baruhawe. Abagore batwite n’abonsa na bo bagiye bagaragaza impungenge bafite zo kuba badahabwa urukingo rwa Covid-19 kandi bari mu bazahazwa cyane n’iki cyorezo. Umuyobozi Mukuru…
SOMA INKURUYiyemeje gukora ikinyuranyo cy’uwo yasimbuye wahakanaga Covid-19 muri Tanzaniya
Ibiro bya Perezida wa Tanzania, byatangaje ko Samia Suluhu uyobora iki gihugu ari mu bazaherwaho bahabwa inkingo za COVID-19, ubwo zizaba zitangiye gutangwa. Biteganyijwe ko Perezida Samia Suluhu azakingirwa ku wa 28 Nyakanga 2021. Tanzania igiye gutangira gukingira abaturage bayo nyuma y’uko ku wa 24 Nyakanga yakiriye inkingo za mbere yahawe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika binyuze muri COVAX. Kwemera gukingirwa COVID-19 kwa Samia Suluhu ni indi ntambwe ateye mu kugaragaza ubushake afite mu kurwanya iki cyorezo cyane ko ku butegetsi bw’uwo yasimbuye, John Pombe Magufuli, Tanzania yagiye inengwa…
SOMA INKURU