Umushakashatsi ukomoka muri Afurika y’Epfo, Dr Angelique Coetzee, yavuze ko yahatiwe n’abandi bashakashatsi ndetse n’abanyapolitiki bo ku mugabane w’u Burayi, kugira ngo avuge ko ubwoko bwa Covid-19 bwa Omicron yari amaze kuvumbura, bufite ubukana bukomeye cyane nyamara bufite ubukana bworoheje ugereranyije n’andi moko nka Delta. Dr. Coetzee unakuriye ishyirahamwe ry’abaganga muri Afurika y’Epfo, ni umwe mu ba mbere ku Isi bavumbuye ubwoko bwa Omicron mu Ugushyingo 2021. Akimara kubuvumbura, yakoze ubushakashatsi afatanyije na bagenzi be, kugira ngo barebe ubukana bw’ubu bwoko bushya. Baje gusanga ubu bwoko bufite ubushobozi buhambaye bwo…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
Rubavu: Impamvu ibitaro bya Gisenyi bigiye kwimurwa
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko Ibitaro bya Gisenyi bigiye kwimurwa bikajyanwa ahantu hizewe nyuma yo kwibasirwa n’imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo muri Gicurasi umwaka ushize. Raporo ya leta yo muri Nyakanga 2021 ku bijyanye n’imitingito yibasiye uduce tw’Akarere ka Rubavu yagaragaje ko kwimura Ibitaro bya Rubavu byari umwanzuro wihutirwa. Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yabwiye Newtimes ko ibitaro bishya bizubakwa mu Murenge wa Rugerero ku birometero bitanu uvuye mu Mujyi wa Rubavu kandi ko biteganyijwe ko mu 2024 bizaba byuzuye. Uretse ubuvuzi bwa cancer buzajya butangirwa muri…
SOMA INKURUPolisi y’u Rwanda ikomeje igikorwa cyo gufasha indembe
Ikigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC) kiri mu gikorwa cyo gukusanya amaraso yo gufashisha indembe ziri kwa muganga, ni muri urwo rwego kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Mutarama ku cyiciro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru abapolisi 55 batanze amaraso yo kujya gufasha abarwayi. Bamurange Jeanne niwe wari uyoboye itsinda ry’abaganga baturutse muri RBC bari baje gukusanya ayo maraso, yishimiye uko yakiriwe we n’itsinda ry’abaganga yari ayoboye. Yagize ati” Twishimiye uko twakiriwe hano mu kigo cya Polisi ku Kacyiru kandi ni ibisanzwe ntabwo ari ubwa mbere tuhaje. Twahakuye amaraso…
SOMA INKURUMinisitiri w’Intebe yagaragaje indwara zititaweho zibasira abanyafurika cyane
Kuri uyu wa Kane mu nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, kuri gahunda yitiriwe amasezerano ya Kigali ku ndwara zititaweho uko bikwiriye, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yagaragaje ko izi ndwara zibasiye abatuye Isi cyane cyane abo ku mugabane wa Afurika. Yagize ati “Indwara zititaweho uko bikwiriye zigira ingaruka mbi ku bo zafashe ndetse zishobora no kubahitana. Inzoka zo mu nda n’izindi ndwara zititaweho bigira uruhare mu gutuma abaturage bacu bagwingira.” Dr Ngirente yavuze ko ku isi, abagera kuri miliyari 1.7 bari mu barwaye indwara zititaweho uko bikwiriye. Afurika ni yo yibasiwe cyane…
SOMA INKURULeta yahagurukiye ikibazo cy’ibigo by’ubwishingizi n’amavuriro
Leta y’u Rwanda yinjiye mu kibazo cy’amavuriro yigenga ashinja ibigo by’ubwishingizi bitatu kutayishyura, itegeka ko habarwa ibirarane byose aya mavuriro aberewemo bikishyurwa bitarenze amasaha 24. Iki kibazo cyatangiye kuvugwa cyane mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo hateranaga inama idasanzwe y’inteko y’Ishyirahamwe ry’Amavuriro Yigenga mu Rwanda (RPMFA). Iyi nama yigaga ku kibazo cy’amavuriro yigenga ashinja Britam, Radiant na Sanlam kutayishyura amafaranga bayabereyemo, kuri serivisi yahaye abakikiya b’ibi bigo by’ubwishingizi. Inama yarangiye hafashwe umwanzuro ko abakiliya b’ibi bigo by’ubwishingizi batazongera kuvurwa mu gihe batiyishyuriye 100%. Ni icyemezo cyakuruye impaka ndetse bamwe mu baturage…
SOMA INKURUIshyirahamwe ry’amavuriro yigenga mu Rwanda ryahagaritse ibigo bitatu by’ubwishingizi
Ishyirahamwe ry’Amavuriro Yigenga mu Rwanda (RPMFA) ryatangaje ko ryahagaritse by’agateganyo imikoranire n’ibigo bitatu by’ubwishingizi birimo Britam, Radiant na Sanlam. Umwanzuro wo guhagarika imikoranire n’ibyo bigo wafatiwe mu Nteko Rusange ya RPMFA yateraniye i Kigali ku wa 21 Mutarama 2022, ihurije hamwe abanyamuryango (abayobozi b’amavuriro) barenga 130. Amakuru avuga ko zimwe mu mpamvu zatumye hafatwa iki cyemezo ari uko hashize igihe kinini bimwe mu bigo by’ubwishingizi bitinda kwishyura amavuriro yigenga kuri serivisi aba yahaye abanyamuryango babyo, bigashyira amananiza ku baganga bibasaba kubanza kubihamagara mbere yo guha umurwayi serivisi ihenze n’ibindi nko…
SOMA INKURUHari icyizere cyo gusubira mu buzima busanzwe- Dr Mpunga
Ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru kuwa 15 Mutarama 2022, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Dr Mpunga Tharcisse, yatangaje ko ubuzima bushobora gusubira uko bwahoze mu gihe nta yindi coronavirus nshya yihinduranyije yaba ibonetse. Dr Mpunga yatangaje ko ugereranyije imibare y’abanduye mu cyumweru cyatangiye kuwa 10 Mutarama n’icyakibanjirije cyatangiye kuwa 3 Mutarama, imibare yagabanutse ku buryo bugaragara, bitanga icyizere ku koroshywa kw’ingamba. Dr. Mpunga yavuze ko uretse n’igabanuka ry’abandura, umubare w’abakingirwa ugenda wiyongera ku buryo nibagera ku ntego bihaye yo gukingira miliyoni 1,6 mu minsi 15 bagahabwa…
SOMA INKURUAbahanga mu buzima bahakanye ubwoko bushya bwa covid-19 “Deltacron”
Nyuma y’aho isi ikangaranye nyuma y’itangazwa ry’ubwoko bushya bwa covid-19 bwiswe “Deltacron”, kuwa 11 Mutarama 2022 bivugwa ko abashakashatsi bo mu kirwa cya Chypre bavumbuye ubu bwoko bushya bwa Coronavirus ifite utunyangingo turimo utwa Delta na Omicron, abahanga mu bya virusi bayihakanye ndetse bashimangira ko nta gihamya cyerekana ko ku Isi hari ubu bwoko bushya bwa covid-19. Zimwe mu nzobere mu bijyanye n’ubuzima zatangaje ko Deltacron ishobora kuba ari iyo gutera abantu ubwoba kuruta uko yaba ari Coronavirus yihinduranyije, mu gihe abandi bavuga ko hashobora kuba harabayeho ikosa muri laboratoire…
SOMA INKURUHuye: Bakurikiranyweho guhimba ibisubizo by’ibipimo bya Covid-19
Abantu barimo umukinnyi wa Mukura VS bakurikiranyweho guhimba ibisubizo by’ibipimo bya Covid-19, byerekana ko ari bazima bajya gukora ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga kandi harimo abarwaye icyo cyorezo. Abakurikiranywe barimo babiri bafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Mutarama 2022, bafatirwa mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye kuri Stade Huye, aho bari bagiye gukora ikizami cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga, mu gihe umukinnyi wa Mukura VS Aphrodice Biraboneye w’imyaka 26, na we yafatiwe kuri Stade Huye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022,…
SOMA INKURUHavumbuwe ubwoko bushya bwa coronavirus bw’uruhurirane bwa omicron na delta
Umwarimu muri Kaminuza ya Chypre akaba n’Umuyobozi wa Laboratwari yiga ku ikoranabuhanga mu by’ibinyabuzima na za virus, Leondios Kostrikis, yatangaje ko ko bavumbuye ubwoko bushya bwa Coronavirus yihinduranya, igizwe na utunyanyingo twa Delta n’utwa Omicron. ubwo bwoko bushya babuhaye izina rya “Deltacron” bitewe n’impurirane y’utunyangingo tuyigize. Yagize ati “Ubu twamaze kubona ko muri ubu bwoko bushya hari uruhurirare rwa Delta na Omicron.” Yavuze ko hatahuwe abanduye “Deltacron” 25 kandi ubusesenguzi bwerekana ko ishobora kuba ifite aho ihuriye n’ubwiyongere bw’abarwariye mu bitaro kurusha abarwariye mu ngo. Icyakora ntiharagaragazwa niba irusha ubukana…
SOMA INKURU