Covid-19 yongereye ibyago byo kwandura VIH/SIDA ku bagore bicuruza

Ingaruka za Covid-19 zageze mu ngeri zinyuranye z’ubuzima, aho zitasize n’abagore bicuruza abenshi bakunze kwita indaya, aho bemeza ko kuba amafaranga yarabuze, bituma umukiriya ubagezeho aba ari umwami icyo ategetse cyubahirizwa, ibi ngo bikaba bibongerera ibyago byo kwandura virusi itera sida. Abagore bakora uburaya banyuranye batuye mu murenge wa Gikondo, mu Karere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali, harimo uwitwa Kaliza Anete yatangaje ko kuba amafaranga yarabuze kubera Covid-19, umugabo umugannye aza ategeka, kuko uwo bahaye agakingirizo ntakemere kandi afite amafaranga ye ntacyo barenzaho, ngo cyane ko umubare w’ababagana wagabanutse.…

SOMA INKURU

Bishwe n’inkuba mu gihe bacukuraga imva y’umuvandimwe wabo

Kuri iki Cyumweru tariki 9 Mutarama 2022, Muri Tanzania ahitwa Chunya, abantu bane bakubiswe n’inkuba bahita bapfa undi arakomereka, mu gihe barimo bacukura imva yo gushyinguramo uwapfuye mu Ntara ya Mbeya. Umuyobozi w’Akarere ka Chunya witwa Mayeka Mayeka, yavuze ko abo bapfuye bakubiswe n’inkuba harimo Yohana James w’imyaka 30 y’amavuko, Paul Mwasongole w’imyaka 40, Swalehe Ibrahim w’imyaka 23, bose bo mu Karere ka Chunya, ndetse na Bonny Lauliano wo mu Ntara ya Songwe. Hari kandi Zuberi Mahona w’imyaka 40 na we muri Chunya mu Mujyi, we akaba yakomeretse cyane ubwo…

SOMA INKURU

Impinja z’abanze kwikingiza Covid-19 zikomeje kwibasirwa n’iki cyorezo

Abaganga b’indwara z’abana mu bitaro bya Ontario muri Canada, basabye abagore batwite kwihutira kwikingiza Covid-19 kubera ubwiyongere bukabije bw’abana bato bari gushyirwa mu bitaro baranduye iki cyorezo. Kuva hagati mu Ukuboza, ibitaro byo mu Burasirazuba bwa Ontario byita ku ndwara z’abana byashyize mu bitaro abana batandatu bari hasi y’amezi 12 banduye Covid-19. Ibitaro by’i Toronto hamwe n’Ikigo cyigisha ibijyanye n’ubuzima cyitwa Kingston Health Sciences Centre, nabyo byagaragaje ko iki kibazo cy’abana bandura Covid-19 gihari. Byatangaje ko mbere byari bigoye kubona abana bato bashyirwa mu bitaro barwaye Covid-19. Mu igenzura ryakozwe,…

SOMA INKURU

Abagera kuri 50 barenze ku mabwiriza yo kwirinda covid-19 banafatwa basambanira hamwe

Polisi yo muri Espagne ikorera mu Gace ka Llica d’Amunt hafi y’i Barcelone, yavumiwe ku gahera n’abantu bagera kuri 50 yabujije kwishimisha ubwo yabafataga basambanira hamwe ndetse banarenze ku mabwiriza yo kwirinda covid-19. Abo bantu Polisi yabaguyeho bateje urusaku mu rusisiro ariko by’umwihariko batabwa muri yombi kuko barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, bagaterana bageze kuri 50 kandi amabwiriza avuga ko batagomba kurenga icumi. Ikinyamakuru El Mundo cyo muri Espagne cyatangaje ko byabaye bibi ubwo babiri mu bari batumiwe muri icyo gikorwa cyo gutangira umwaka, bayobaga bakajya gukomanga ku rugi…

SOMA INKURU

Dore uburyo bwizewe MINISANTE yatangaje bwafasha guhangana na Covid-19

Minisiteri y’ubuzima irashishikariza abaturage kwitabira gahunda y’ikingira kandi bakirinda imyumvire ku ngaruka z’inkingo kuko zikomeza kubaka ubudahangarwa bw’imibiri yabo bityo be kuzagirwaho ingaruka zikomeye na Covid 19 yihinduranyije igahabwa izina rya Omicron. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru hifashishijwe ikoranabuhanga, Ministre w’Ubuzima Dr Danniel Ngamije yagaragaje ko imibare y’abandura icyorezo cya Covid 19 by’umwihariko ubwoko bushya bwahawe izina rya Omicron ikomeje kwiyongera n’ubwo imibare y’abaremba n’abahitanwa yo itari hejuru. Minisitiri Ngamije yasobanuye ko ubu bwoko bwiswe Omicron bwandura ku buryo bwihuse cyane kandi ngo hari aho bufite itandukaniro n’ubundi bwoko bwoko bwagiye…

SOMA INKURU

Inzego z’ubuziranenge zasabwe kurushaho kunoza imikorere

Abacuruzi hirya no hino mu Mujyi wa Kigali barimo abakora ibicuruzwa biva mu nganda, basabye ko inzego zibishinzwe zakurikirana abacuruza ibyiganano bitujuje ubuziranenge, bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage ndetse bigasiga isura mbi ibindi bicuruzwa. Abaturage nabo batangaje ko batewe impungenge n’ibicuruzwa bijya ku masoko bitujuje ubuziranenge. Bamwe mu bacuruzi barimo abafite inganda zikora ibinyobwa n’ibiribwa, bavuga ko gutunga ikirango cy’ubuziranenge bituma ibicuruzwa byabo bigira agaciro ku masoko yo mu Rwanda ndetse n’ayo hirya no hino ku isi ndetse abaguzi bakqbigirira icyizere. Ku rundi ruhande ariko hari ibicuruzwa bikomeje kugaragara ku…

SOMA INKURU

Ubwiyongere budasanzwe bwa covid-19 by’umwihariko muri kigali

Ubwiyongere budasanzwe bwa Covid-19 bukomeje gukaza umurego, aho abantu 2.083 banduye Covid-19 mu masaha 24 ashize, bituma umubare w’abamaze kwandura icyo cyorezo mu minsi irindwi ishize bagera ku 6.373, ijanisha rya 5%. Ntabwo byaherukaga ko umubare w’abandura iki cyorezo ugera ku bantu ibihumbi bibiri, byumvikanisha ubukana bwacyo bumaze hafi ibyumweru bibiri imibare iri hejuru, cyane cyane nyuma y’uko Omicron igeze mu gihugu. Uyu munsi hafashwe ibipimo 22.797, byuzuza ibipimo 128.404 bimaze gufatwa mu minsi irindwi ishize. Mu barwayi bafite Covid-19, abagera ku 1.939 basanzwemo ibimenyetso mu gihe abagera ku 144…

SOMA INKURU

Amamiriyoni y’inkingo za covid-19 yajugunywe

Inzego z’ubuzima muri Nigeria zatangaje ko zamennye inkingo 1.066.214 za Covid-19 zo mu bwoko bwa AstraZeneca bitewe n’uko zamaze kurenza igihe. Izi nkingo zamenwe kuri uyu wa Gatatu. Iki gihugu cyatangaje ko mu kuzihabwa cyashyizweho amananiza menshi n’ibihugu bikize bizikora zibageraho zigiye kurenza igihe. Zamenwe mu kimpoteri giherereye Abuja nyuma y’icyumweru iki gihugu gitangaje ko kitazongera kwakira inkingo gihabwa nk’inkunga nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye. Nubwo zamenwe ariko Nigeria imaze gukingira 2% by’abaturage bayo; miliyoni 13 ni zo zimaze guhabwa doze ya mbere na ho abasaga miliyoni enye nibo bamaze gukingirwa…

SOMA INKURU

Menya abagabanyirijwe igiciro kuri PCR Test

Guverinoma yafashe umwanzuro wo kugabanya ikiguzi cyo kwipimisha Covid-19 hakoreshejwe uburyo bwa PCR, ikiguzi kiva ku mafaranga ibihumbi 47 Frw, aho umuturage azajya atanga ibihumbi 30 Frw ikinyuranyo acyishyurirwe na leta. Ni umwe mu myanzuro yafashwe mu korohereza Abanyarwanda kwipimisha  cyane ko ingamba nshya zo kwirinda Covid-19 zibitegeka. Ni umwanzuro wafashwe mu gihe kandi Virus ya Omicron ikomeje gukaza umurego, ku buryo hari hakenewe uburyo bufasha abantu kwipimisha kenshi gashobora kugira ngo bamenye uko bahagaze. Covid-19 ipimwa mu buryo bubiri, hari ubwa PCR buba bushaka kujya mu mizi ngo burebe…

SOMA INKURU

Musanze: Umukecuru w’imyaka 87 yishwe urw’agashinyaguro

Umukecuru witwa Nyirabikari Thérèse w’imyaka 87 wo mu mudugudu wo Mubwiza, akagari ka Bukinanyana, mu murenge wa Cyuve, mu karere ka Musanze yitabye Imana nyuma yo gukubitwa akanatwikwa. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021, ahagana saa saba z’ijoro nibwo hamenyekanye amakuru y’uko uyu mukecuru Nyirabikari yakubiswe akanatwika mu maso no ku mubiri akajugunywa hafi y’aho atuye. Umuhungu we babana mu nzu witwa Ngizwenimana w’imyaka 31, niwe wamusanze hafi y’urugo rwabo. Yahise atabaza kuko uyu mukecuru atari yagashizemo umwuka ajyanwa ku Kigo Nderabuzima…

SOMA INKURU