Umuhanzi Confy yatangaje uburwayi amaranye umwaka n’igice

Umuhanzi Munyaneza Confiance uzwi nka Confy uri mu bagezweho mu Rwanda, yatangaje ko amaze umwaka n’igice abana n’ikibazo cy’uburwayi bwitwa ’Vitiligo’ gituma uruhu ruzana amabara adasanzwe, avuga ko amaze kubyakira, kandi ko yifuza ko n’abandi bafite iki kibazo biyakira, bagaterwa ishema n’abo bari bo. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Instagram,Confy, yavuze ko icyo gihe cyose amaze afashwe n’iyi ndwara ,cyabaye urugendo rwo kwimenya , gukomera no kwiyakira. Yongeyeho ko kuva yatangira kubona imihindagukire y’uruhu rwe , yabanje kugira ubwoba ariko nyuma azakubona ko aricyo cyimugira umuntu wihariye, ashishikariza…

SOMA INKURU

Uwasabye ubufasha icyamamare Diamond dore icyo yamugeneye

Mu gitaramo cyatangiwemo ibihembo bya Trace Awards biherutse kubera i Kigali, umwe mu bakobwa bari bitabiriye yaje yitwaje umupira wanditseho amagambo asaba ubufasha umuhanzi Diamond Platinumz, ntiyabubona icyakora atahana amadarubindi ye. Mu gitaramo cyabaye ku wa 21 Ukwakira 2023, ubwo Diamond yajyaga ku rubyiniro hagaragaye umufana wari witwaje umupira wanditseho amagambo yo gusaba inkunga uyu muhanzi. Uwo mufana w’umukobwa yari ahagaze mu myanya y’imbere hafi y’urubyiniro. Yari yaje yitwaje umupira wo kwambara w’umweru wanditseho amagambo mu ibara ry’umukara. Ayo magambo yari mu Cyongereza, yagiraga ati “Diamond ndagukunda, ndashaka kuba nkawe.…

SOMA INKURU

Yahojeje abana be abizeza kubatembereza u Rwanda

Mu butumwa bw’amashusho umuhanzi Diamond Platnumz yashyize ku rubuga rwa Instagram , yagaragaye abana be banze kumurekura bashaka kugumana na we mu nzu imwe, abasaba gutunganya ibyangombwa byabo by’inzira ngo bazajyane i Kigali. Ibi byabaye ubwo uyu muhanzi yabanje kunyura muri Afurika y’Epfo asuhuza abana be yabyaranye na Zari Hassan. Aya mashusho yafashwe mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki 17 Ukwakira 2023. Diamond utegerejwe mu Rwanda mu mu birori bya Trace Awards & Festival, yabwiye abana be ko bitashoboka ko bagumana muri ako kanya kuko batabona uko bitegura urugendo…

SOMA INKURU

Igitaramo cya The Ben i Bujumbura cyaranzwe n’udushya twinshi

Mu ijoro ryacyeye ryo kuri iki cyumweru cyo ku ya 1 Ukwakira 2023 nibwo ,umuhanzi nyarwanda The Ben yakoreye igitaramo i Bujumbura mu kigo cya gisirikare bitewe n’uko cyitezweho kwitabirwa n’abantu benshi ndetse no mu rwego rwo gucunga neza umutekano wabo , kikaba cyaranzwe n’udushya dutandukanye aho Abarundi beretse urukundo uyu muhanzi bikamurenga akarira ku rubyiniro. 1. Abanyarwanda baje gushyigikira The Ben Dj Brianne, Junior Giti, M Izzo, Bahati Makaca, Sky2, Fuadi Uwihanganye, Uncle Austin, Rwema Dennis n’abandi batandukanye bari baje gushyigikira The Ben.Ni igitaramo cyaranzwe no gusangira ku bafana…

SOMA INKURU

Igitaramo cya The Ben cyimuriwe mu kigo cya gisirikare

Igitaramo The Ben agiye gukorera i Bujumbura ku wa 1 Ukwakira 2023 cyimuriwe mu kigo cya gisirikare bitewe n’uko cyitezweho kwitabirwa n’abantu benshi ndetse no mu rwego rwo gucunga neza umutekano wabo. Iki gitaramo cyamaze kwimurirwa ahitwa ‘Messe des officiers’ nk’uko byatangajwe n’umwe mu bari kugitegura. Yagize ati “Ni inama twagiriwe n’ubuyobozi bwacu nyuma yo kubona uburyo iki gitaramo gishobora kwitabirwa cyane. Badusabye ko cyashyirwa mu kigo cya gisirikare kuko ari ahantu hanini kandi hizewe umutekano waho.” Uwaduhaye amakuru yavuze ko nta kindi cyahindutse kuri iki gitaramo uretse aho cyagombaga…

SOMA INKURU

Umuhanzi ukomeye yasabiwe gufungwa imyaka 25

Umuhanzi Robert Sylvester Kelly wamenyekanye nka R Kelly yasabiwe ibihano bikomeye n’umujyi wa New York birimo gufungwa imyaka 25. R Kelly arashinjwa kuba yarashakanye n’umuhanzikazi Aaliyah mu gihe yari atarageza imyaka y’ubukure. Ubushinjacyaha bwo mu Mujyi wa New York ni bwo bwasabye ko uyu muhanzi yafungwa imyaka 25. Mu nyandiko bwashyikirije urukiko bwavuze ko afite impamvu nyinshi kandi zikomeye zatuma afungwa. Ubushinjacyaha buvuga ko R. Kelly yatangiye kumusambanya afite imyaka 12 cyangwa 13 nyuma mu gusibanganya ibimenyetso bakarushinga ubwo yari afite imyaka 15. Ikindi Ubushinjacyaha bwagaragaje nk’impamvu ikwiye gushingirwaho ni…

SOMA INKURU

Byinshi ku muhanzi Sativa Messiah n’umwihariko we muri muzika nyarwanda

Ihirwe Jean Christian amazina y’ubuhanzi ni Sativa Messiah, ku  myaka ye 20, afite inzozi zo kuzana “Grammy award”  mu Rwanda kandi agafatanya n’abandi umuziki we ugatera imbere, nawe yagira aho ajyera  akazamura urubyiruko rufite impano, ariko by’umwihariko   indoto ze ni ukubaka ijyana ye iri “made in Rwanda 100%”. Uko impano y’ubuhanzi yaje Sativa yagize ati “Natangiye kwiyumvamo impano yo kuririmba mfite imyaka 16, ariko icyo gihe nari umu rapper nkora ijyana ya “old school”  icyo gihe nakundaga umuhanzi w’umu rapper w’umunyamerika 2 Pac Shakur ndetse BIG notorious.  Uko nagendaga nkura…

SOMA INKURU

Gusabwa ruswa y’igitsina ntibyamuciye intege ahubwo byamufashije gutera intambwe

Ishimwe  Sandra uzwi nka Nadia muri Citymaid, ni umwe mu bakobwa uzwi muri sinema nyarwanda watinyutse guhishira ko yatswe ruswa y’igitsina kugira ngo abashe kwinjira muri uyu mwuga ngo ariko ibi byamuteye imbaraga kuri ubu akaba yashyize hanze filime ye bwite yise “umubi”. Mu myaka 10 amaze muri uyu mwuga yashimye Imana yamufashije kurenga iyi mitego, ati “Ndabishimira Imana, byansabye kwihangana no kudashaka kwirukansa ibihe…erega bakunze kuvuga ko iyo ubuze ubwenge n’Imana ikureka, byansabaga kwihangana sinshake kwirukansa ibihe, nkizera ko hari aho nzagera igihe nyacyo kigeze.” Filime ‘Umubi’ yakinwe mu…

SOMA INKURU

Yegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2022 nyuma y’amarangamutima y’abatari bake

Nshuti Muheto Divine niwe wambitswe ikamba rya nyampinga w’u Rwanda 2022 mu gicuku cyo kuri uyu wa gatandatu gishyira kuri iki Cyumweru tariki 20 Werurwe, akaba asimbuye Ingabire Grace. Uyu mukobwa w’imyaka 18 yitabiriye Miss Rwanda yinjiriye ku itike y’Intara y’Iburengerazuba aho yanyuze mu ijonjora ryabereye mu Karere ka Rubavu ku wa 30 Mutarama 2022. Mu kiganiro yagiranye na IGIHE mu rukerera rwo kuri Cyumweru tariki 20 Werurwe 2022 amaze gutorwa, Muheto Divine yavuze ko yishimiye kwegukana ikamba rya Miss Rwanda kuko ari ibintu yarose kuva cyera. Ati “Ni ibintu…

SOMA INKURU

Imyiteguro irarambanyije ku bakobwa bitegura gutoranywamo Miss Rwanda 2022

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 16 Werurwe 2022, abakobwa 19 bagiye gutoranywamo Nyampinga w’u Rwanda 2022 bakoze ikizamini kijyanye n’ubumenyi bafite ku muco. Ikizamini cy’umuco kigira uruhare mu bituma haboneka umukobwa wegukana ikamba rya Miss Heritage n’ubwo atari cyo cyonyine kibigena kuko hari n’akarusho k’imbyino abakobwa bashobora kugaragarizamo umuco no mu bindi bikorwa bagenda bakora bifite aho bihuriye n’umuco. Umukobwa ubaye Miss Heritage ahembwa na Bralirwa binyuze mu kinyobwa cya Primus, ahabwa miliyoni 5 Frw. Muri iki kizamini cya Culture Challenge kiri mu bitanga Miss Heritage muri Miss Rwanda abahatanira…

SOMA INKURU