Kendrick Lamar umuhanzi w’umunyamerika w’icyamamare mu njyana ya rap yakoze ‘performance’ yo ku rwego rwo hejuru mu gitaramo cya muzika muri BK Arena i Kigali aho yataramiye ibihumbi by’urubyiruko rwitabiriye mu gihe kigera hafi ku isaha imwe n’igice. Uretse urubyiruko rwinshi rwitabiriye iki gitaramo na Perezida Paul Kagame n’umugore we nabo ntibacikanywe. Abandi bahanzi nka Bruce Melodie na Ariel Wayz bo mu Rwanda, na Zuchu wo muri Tanzania nabo bashimishije abitabiriye iki gitaramo cyo gitangiza iserukiramuco ryiswe #MoveAfrica ryateguwe na Global Citizen ku bufatanye n’Ikigo PGLang cyashinzwe n’umuraperi Kendrick Lamar…
SOMA INKURUCategory: Imyidagaduro
Nyuma yo kuvugwaho byinshi, DJ Dizzo yongeye kuremba
Kuva ku wa 27 Ugushyingo 2023, DJ Dizzo ari mu bitaro bya gisirikare i Kanombe aho ari kwitabwaho n’abaganga nyuma yo kongera kugira ibibazo by’ubuzima. arembejwe n’uburwayi bwa kanseri bwongeye kumushyira hasi, agahamya ko akeneye amasengesho y’abantu. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, DJ Dizzo yavuze ko kugeza ubu ari kongererwa amaraso ariko anavomwa amazi mu bihaha. Agira n’icyo asaba abanyarwanda banyuranye batasibye kumuba hafi. Ati “Ikintu nasaba Abanyarwanda ni uko bafata akanya bakansengera atari njye gusa ahubwo basengere buri wese urwaye kanseri, njye nubwo amezi atatu ariyo nari nahawe akarenga ku…
SOMA INKURUIbya Prince Kid bikomeje gufata indi ntera
Urwego rw’Igihugu rushinzwe igorora (RCS) Rwanda Collection Services, rwatangaje ko kugeza ubu Ishimwe Dieudonné (Prince Kid) ataragezwa mu igororero iryo ari ryo ryose. Ku wa 13 Ukwakira 2023 nibwo umucamanza mu Rukiko Rukuru, yahamije Ishimwe Dieudonné icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, n’icyo gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina, ahita akatirwa igihano cyo gufungwa imyaka itanu. Icyakora Me Nyembo Emelyne umwunganira mu bijyanye n’amategeko, aheruka gutangaza ko kugeza ubu batarajuririra icyemezo cy’Urukiko rwamukatiye igihano cyo gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda. Ukwezi kurenga…
SOMA INKURUUmuhanzi ukunzwe muri Afurika yishimiye ibyiza bitatse u Rwanda
Umuhanzi King Promise uri mu bagezweho muri iki gihe muri Afurika, yagaragaje akanyamuneza yatewe n’ibihe byiza yagiriye mu Rwanda. King Promise uzwi mu ndirimbo Terminator iri mu zikunzwe na benshi muri iyi minsi, yari amaze iminsi ari mu Rwanda, aho we na bagenzi be bari mu nama ya Qatar Business Africa Forum. Uyu muhanzi kandi yanaboneyeho gusura ibyiza bitatse u Rwanda birimo Pariki y’igihugu y’Ibirunga, ajya kureba Ingagi. Mu butumwa buherekejwe n’amashusho n’amafoto by’ibihe byiza yagiriye mu Rwanda, King Promise yashyizeho ubutumwa agira ati “Murakoze Rwanda.” King Promise yakomeje ashimira gahunda…
SOMA INKURUMu rugo rwa Sandra Teta na Weasel urukundo ni rwose
Weasel wamamaye mu itsinda rya Goodlyfe abinyujije ku rubuga rwa Instagram yifuriza umugore we Sandra Teta isabukuru nziza, agaragaza ko yamubereye urumuri mu buzima bwe. Yanditse ati “Wabereye urumuri ubuzima bwanjye ndetse nzagushimira iteka. Isabukuru nziza umwiza cyane dusangiye ubuzima.’’ Sandra Teta asigaye agaragaza ko mu rugo bameranye neza. Nko mu ijoro ryo ku wa 12 Kamena 2023, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga akoresha, yifurije isabukuru nziza umugabo we wari wujuje imyaka 38 y’amavuko amwifuriza kurama mpaka abonye abazukuru babo n’abandi bazabakomokaho. Muri Nyakanga umwaka ushize hari hagiye hanze amafoto ya…
SOMA INKURUIntore Tuyisenge yatangaje impamvu yahisemo kwiyubakira inzu itunganyirizwamo imiziki na filime
Intore Tuyisenge Jean de Dieu, umuhanzi w’indirimbo gakondo, avuga ko yahisemo kubaka ‘Studio’ ye kugira ngo abashe guteza imbere Umuco nyarwanda. Atangaza ko amaze hafi imyaka itatu yubaka Studio yise Migongo, izajya itunganya imiziki ndetse na Filime. Ati “Natekereje kubaka iyi Studio ngamije kujya mbona aho ntunganyiriza indirimbo zanjye n’iz’abandi mu buryo bw’amajwi n’amashusho, ndetse na Filime mbarankuru”. Iyi Studio izaba yatangiye gukora mu ntangiriro z’umwaka wa 2024, ikazajya itunganyirizwamo ibihangano by’abantu batandukanye, nk’uko Tuyisenge akomeza abivuga. Ati “Ndimo kuburaho ibintu bike, mu kwezi kwa mbere izaba yatangiye gukora, izamfasha no…
SOMA INKURUYanze gutaramira mu gihugu kitemerera abantu kunywa urumogi, yanga akayabo k’Amadolari
Umuhanzi wegukanye igihembo cya Grammy Awards wo muri Nigeriya, Burna Boy amazina ye nyakuri yitwa Damini Ebunoluwa Ogulu, mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, ubwo yari mu myiteguro n’itsinda risanzwe rimucurangira, Outsiders, yatangaje ko yanze miliyoni 5 z’amadolari ya Amerika ubwo yatumirwaga gutaramira i Dubai, kubera ko amategeko yaho atamwemerera kunywa urumogi. Mu busanzwe amategeko mu bihugu bimwe na bimwe ku isi, abuza akanahana abantu bakoresha cyangwa bakanagurisha urumogi, nubwo hari n’ahandi rwemewe. Amategeko y’i Dubai aho Burna Boy yagombaga gukorera igitaramo, nayo abuza ikoreshwa ry’urumogi ndetse no kunywera itabi…
SOMA INKURUNyuma yo guhurira muri filime zinyuranye bambikanye impeta y’urukundo
Inkuru yo gusezerana kwa Zoë Kravitz wamamaye muri filime zirimo Batman na Channing Tatum, yagiye hanze nyuma yo gusohokana mu birori bya Halloween kw’aba bombi, aho Zoë Kravitz yerekanye impeta yambitswe na Channing Tatum wakinnye muri filime zirimo, White House Down, Step Up ,The Lost City, Magic Mike’s Last Dance n’izindi. Zoë Kravitz wari uherekejwe n’umukunzi we muri ibi birori yaserutse yambaye nka Rosemary Woodhouse wo muri filime iri mu cyiciro cy’iziteye ubwoba “Rosemary’s Baby” yo mu 1968. Zoë Kravitz aherutse gutangariza GQ Magazine ko umukunzi we Channing Tatum w’imyaka…
SOMA INKURUUrutode rw’abahanzi bayoboye abandi bahataniye ibihembo bya Isango na Muzika Awards 2023
Juno Kizigenza, Producer Element, Danny Nanone na Alyn Sano bayoboye abahanzi bahataniye ibihembo bya Isango na Muzika Awards (IMA 2023) bigiye gutangwa ku nshuro ya kane. Uyu mwaka abahanzi bahatanye mu byiciro 11 bayobowe na Juno Kizigenza, Producer Element Danny Nanone na Alyn Sano bahataniye ibihembo bitatu. Mu bahanzi bahataniye ibihembo bibiri barimo Yago, Ruti Joel, Israel Mbonyi na Vestine & Dorcas. Indirimbo “Fou de Toi” ya Element, Bruce Melodie na Ross Kana na “Igitangaza” ya Juno Kizigenza zihataniye ibihembo bibiri. Yago, umwe mu basore binjiye mu muziki mu 2022,…
SOMA INKURUAffaire Prince Kid: Miss Elsa risque la prison
Beaucoup de gens se demandent ce que va devenir Miss Iradukunda Elsa après la condamnation de Ishimwe Dieudonné, Prince Kid, pour un emprisonnement de 5 ans par la Haute Cour. Le document certifiant qu’Ishimwe Dieudonné n’avait jamais agressé certaines filles ayant participé à l’élection miss Rwanda au fil des ans a été rendu invalide. Miss Iradukunda Elsa, l’épouse de Prince Kid, était inculpée d’altération ou utilisation de faux documents, faux témoignage pendant l’enquête et incitation aux autres intervenantes de rendre des faux témoignages devant la justice et d’avoir ainsi entravé…
SOMA INKURU