Mu birori by’akataraboneka byabereye ku ngoro ya Perezida i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa kane tariki 24 Mutarama 2019 ku masaha y’igicamunsi, ndetse bikaba ari ubwa mbere muri iki gihugu kuva cyabona ubwigenge mu mwaka w’1960, habaye ihererekanya bubasha ry’amahoro hagati y’umukuru w’igihugu ucyuye igihe hamwe n’umusimbuye, ubwo Perezida mushya Félix Tshisekedi yaramaze kurahira ari kugeza ijambo ku mbaga y’abari bitabiriye ibi birori rigeze hagati, atangiye kuvuga akamaro ko kuba Congo ifite umutungo kamere uhagije nibwo yahise agira ikibazo cy’ubuzima asoza ijambo mu buryo bwatunguranye…
SOMA INKURUCategory: Amakuru yo mu Mahanga
Haribazwa niba impamyabumenyi y’impimbano ashinjwa n’Ububiligi itamukura amata ku munwa
Muri RDC, umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu aba agomba kwerekana impamyabumenyi ya Kaminuza, akaba anafite uburambe bw’imyaka itanu mu bijyanye na politiki, imiyoborere cyangwa ibijyanye n’ubukungu. Bivugwa ko Tshisekedi ngo yatanze ibyangombwa birimo ikigaragaza ko yarangije amasomo ajyanye n’Iyamamazabikorwa n’Itumanaho mu 1990-1991, mu Ishuri ry’ibijyanye n’Ubucuruzi (Institut des carrières commerciales -ICC) mu Mujyi wa Bruxelles ariko bigirwaho amakenga. Televiziyo yo mu Bubiligi, VRT, niyo yatangaje ko ubutabera bw’u Bubiligi bwavuze ko impamyabumenyi ya Tshisekedi ari impimbano. Ni nyuma y’uko ikinyamakuru La Libre cyari cyatangaje ko cyabajije ishuri rya ICC kuri…
SOMA INKURUIrekurwa ry’uwahoze ayobora Côte d’Ivoire ryasubitswe
Kuwa Kabiri w’iki Cyumweru nibwo abacamanza b’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (ICC) batangaje ko ubushinjacyaha butabashije gutanga ibimenyetso bihagije ku bibazo bwabajijwe, bityo rutegeka ko Laurent Gbagbo wahoze ayobora Côte d’Ivoire na Charles Blé Goudé wahoze ayoboye urubyiruko rw’ishyaka Front Populaire Ivoirien barekurwa, ariko kuri ubu uru rukiko rwa ICC rwabaye rusubitse kurekura Laurent Gbagbo nyuma y’uko ubushinjacyaha bujuririye uwo mwanzuro. Ikinyamakuru Jeune Afrique yatangaje ko Umuvugizi wa ICC yavuze ko Gbagbo na Goudé barakomeza kuba bacunzwe n’urwo rukiko mu gihe hagitegerejwe umwanzuro ku bujurire bw’ubushinjacyaha. Urukiko rw’ubujurire rushobora gutesha agaciro umwanzuro…
SOMA INKURUCongo Kinshasa yongeye gusabwa na SADC kongera kubarura amajwi
Reuters yatangaje ko umuryango w’ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) wagiriye inama Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yo kongera kubara amajwi y’ibyavuye mu matora ya Perezida kugira ngo hirindwe imvururu. Ibyavuye mu matora yabaye kuwa 30 Ukuboza 2018 bigaragaza ko Felix Tshisekedi utavuga rumwe na Leta ari we watsinze, icyakora Martin Fayulu na we utavuga rumwe na Leta yanze ibyavuyemo. Ibyatangajwe na Komisiyo y’amatora kandi bihabanye n’ibyabonywe n’indorerezi za Kiliziya Gatolika muri icyo gihugu. Fayulu avuga ko Tshisekedi na Kabila bumvikanye kugira ngo bamwibe amajwi. Reuters yavuze ko…
SOMA INKURUNyuma yo gutangaza ugiye kuyobora Congo Kinshasa, u Bufaransa bwagaragaje impungenge
Komisiyo y’amatora yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane, nibwo yatangaje ibyavuye mu matora ya Perezida yabaye tariki 30 Ukuboza umwaka ushize wa 2018, byari bitegerejwe na benshi, umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi bwahozeho bwa Joseph Kabila, Félix Antoine Tshisekedi niwe wegukanye intsinzi. Muri 97 % y’amajwi amaze kubarurwa, Tshisekedi ni we waje imbere n’amajwi 38.57 %, akurikirwa na Martin Fayulu wagize amajwi 34.83 %, naho Emmanuel Ramazani Shadary yaje ku mwanya wa gatatu n’amajwi 23.84 % . RFI yatangaje ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa, Jean-Yves Le…
SOMA INKURUKumenya uwatsinze amatora by’agateganyo ku mwanya wa Perezida muri Congo Kinshasa biracyari ihurizo
Komisiyo y’Amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabwiye abakandida ku mwanya wa Perezida ko kugeza ubu hamaze kuboneka 17% by’impapuro zatoreweho ku buryo nta cyizere ko itariki yo gutangaza amajwi y’agateganyo izagera yose yabonetse. Bikaba biteganyijwe ko amajwi y’agateganyo atangazwa ku Cyumweru tariki 6 Mutarama, hanyuma amajwi ya burundu agatangazwa tariki 15 Mutarama 2019. Muri iki gihugu internet yabaye ihagaritswe mu gihugu hose ku busabe bwa Komisiyo y’Amatora, kugira ngo hatagira abatangaza ibihuha ku majwi y’ibyavuye mu matora bigateza imvururu. Perezida uzatorwa biteganyijwe ko azarahira tariki 18 Mutarama. Bizaba…
SOMA INKURUKiliziya Gatulika muri Congo Kinshasa yanenze imigendekere y’amatora
Kiliziya Gatulika muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo yavuze ko ubwo abaturage batoraga Umukuru w’igihugu n’Abadepite kuri iki Cyumweru hari bamwe mu ndorerezi zayo babangamiwe mu gukurikirana uko amatora yagenze. Yari yihoreje indorerezi zigera ku 40000 mu gihugu hose.Umunyamabanga w’Inama nkuru ya Kiliziya Gatulika Musenyeri N’Shole yagize ati “ Twabonye raporo 544 ziturutse mu gihugu hose zivuga ko hari imashini z’itora zitakoraga neza. Zimwe ntizakaga, izindi umuriro washizemo hakiri kare”. Musenyeri N’shole avuga ko hari raporo 115 babonye zivuga ko inzego z’umutekano na bamwe mu bakoze ba Komisiyo y’igihugu y’amatora…
SOMA INKURUGuhindura itariki y’amatora muri Congo Kinshasa byafashwe ukundi
Ejo hashize kuwa Kane nibwo Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Corneille Naanga, yatangaje ko amatora atakibaye tariki 23 Ukuboza ko ahubwo yimuriwe tariki 30 Ukuboza kubera ikibazo cy’ibikoresho byahiye bitarabona ibibisimbura. Ibi bikaba bibaye ku nshuro ya gatatu kuko amatora yimuwe uhereye mu mpera z’umwaka wa 2016. Umukandida ku mwanya wa Perezida, Samy Badibanga, wigeze no kuba Minisitiri w’Intebe yavuze ko gusubika amatora abura iminsi itatu byatesheje agaciro Komisiyo y’Amatora. Ati “Ndi kwibaza niba umuntu yakomeza kuyita Komisiyo y’Amatora yigenga, ikwiriye kwitwa ‘Komisiyo y’Amatora ikoreshwa’. Nasaga n’ugiye kwizera iriya Komisiyo ariko…
SOMA INKURUMuri Ethiopia nyuma yo kubakoresha pompaje yabashinja kugambirira kumwica
Urukiko rwa Gisirikare muri Ethiopia rwahanishije igihano kiri hagati y’imyaka itanu na 14 abasirikare basaga 60 bafashwe bigaragambiriza imbere y’Ingoro ya Minisitiri w’Intebe, Dr Abiy Ahmed. Abasirikare 66 nibo bahanwe mu bagera kuri magana abiri batawe muri yombi mu Ukwakira uyu mwaka wa 2018 bigaragambya. Guverinoma icyo gihe yatangaje ko bashakaga kongererwa imishahara ariko Dr Abiy nyuma yaje kuvuga ko bashakaga kumuhitana. Umwe muri abo basirikare yahawe igifungo cy’imyaka 14 naho abandi 65 bakatirwa igifungo kiri hagati y’imyaka 5 na 13. Umushinjacyaha wa gisirikare, Capt. Hailemariam Mamo yavuze ko ibyo…
SOMA INKURUYaciye amarenga ko ashobora gusubira ku butegetsi mu myaka itanu
Amatora yo gusimbura Kabila azaba tariki 23 Ukuboza. Nibwo bwa mbere hazaba habaye ihererekanyabutegetsi mu mahoro kuva RDC yabona ubwigenge mu mwaka w’1960. Ishyaka rya Kabila ryatoranyije Emmanuel Ramazani Shadary ngo arihagararire mu matora. Hari abavuga ko yaba yarashyizweho kugira ngo ayobore manda imwe hanyuma Kabila azagaruke akomerezeho. Itegeko Nshinga rya RDC ryemerera Kabila kuba yagaruka kwiyamamaza mu mwaka wa 2023. Mu kiganiro yagiranye na Reuters kuri iki Cyumweru, Kabila yavuze ko abantu bakwiye gutegereza bakareba uko bizagenda. Ati “Kuki tutategereza muri 2023 hanyuma tukareba uko bigenda”. Yavuze ko atajya…
SOMA INKURU