Nk’uko ikinyamakuru Actualite cyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo “RDC” cyabitangaje, byemejwe na Franck Diefu umujyanama wihariye wa Lambert Mende wabaye Minisitiri w’itangazamakuru n’itumanaho ndetse n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Joseph Kabila, ko kuri iki Cyumweru yahamagajwe n’inzego zishinzwe iperereza muri Polisi, aho yatawe muri yombi bamukuye mu rugo rwe ahagana saa cyenda, ariko nyuma aza kurekurwa. Franck Diefu yatangaje uko ifatwa rya Mende ryagenze. Ati “Bahereye ku gufata abarinzi be. Yari arimo gufata amafunguro. Yasohotse agiye kubaza ibirimo kuba. Bamufashe bamuhutaza bamushyira mu modoka. Zari imodoka enye zo mu…
SOMA INKURUCategory: Amakuru yo mu Mahanga
Uruhande rwa Perezida Trump ku itegeko ryo gukuramo inda
Kuwa Gatandatu tariki 18 Gicurasi 2019, abinyujije kuri Twitter nibwo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yagize icyo atangaza ku itegeko ryo gukuramo inda, avuga ko byagakozwe igihe uwasamye yafashwe ku ngufu, yatewe inda n’uwo bafitanye isano ya hafi cyangwa iyo nda ishobora kugira ingaruka mbi ku buzima bw’umubyeyi. Perezida Trump yari amaze igihe yaranze kugira icyo atangaza kuri iryo tegeko rimaze igihe ritavugwaho rumwe muri Amerika, kuwa gatandatu nibwo yerekanye uruhande rwe kuri iri tegeko. Ati “Njye nshigiyikira ubuzima uretse ku mpamvu eshatu zihariye, ni ukuvuga…
SOMA INKURUIntumwa ya rubanda muri Amerika yahishuye icyifuzo cye
Depite Justin Amash uhagarariye Leta ya Michigan mu Nteko Ishinga Amategeko, yatanze igitekerezo ko Trump yakweguzwa, abinyujije kuri Twitter, nyuma yo gusoma no gusesengura raporo yakozwe na Robert Mueller mu iperereza ku ruhare u Burusiya bwagize mu matora yagejeje Trump ku butegetsi mu 2016. Depite Justin Amash yashinje Intumwa Nkuru ya Leta, William Barr, ko yayobeje abaturage ku byavuye muri raporo yerekanye ko habayeho uguhura kw’abari bahagarariye Trump mu matora ndetse ko habayeho imyanzuro yashoboraga kubangamira iperereza rya Mueller. Amash yanditse kuri twitter ko ubusanzwe mu Itegeko Nshinga rya Amerika,…
SOMA INKURUUmukambwe w’imyaka 72 yafashwe asambanya abana
Mu gihugu cya Nigeria, umusaza w’imyaka 72, yaguwe gitumo asambanya abana babiri b’abakobwa biga mu mashuri abanza mu cyumba cye. Aba bana b’abanyeshuri bakaba bavuze ko binyabyaga bakavaga ku ishuri mu gihe cy’amasomo bakajya gusambanira n’uwo musaza mu cyumba cye nk’uko Faceofmalawi yabitangaje. Umwe mu babonye ibyo yavuze ko hari n’abandi bakobwa benshi baza rwihishwa kureba uwo musaza baje gukora ubusambanyi. Ngo kandi uyu musaza si ubwa mbere abikoze ahubwo yari yarabigize akamenyero. Ati “Muri aya mezi abana bato bamusuraga mu buryo nk’ubu, ubwo akabahisha mu nzu n’urugi akarukinga.nkatwe nk’abaturanyi…
SOMA INKURUUwahatanaga na Tshisekedi mu matora aramushinja gusesagura
Fayulu Martin wiyamamaje mu matora aherutse kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. agatsindwa akaba umwe mu bayobozi b’ihuriro ry’amashyaka ryiswe Lamuka, yatangaje ko ingengo y’imari yakabaye ikoreshwa umwaka wose, perezida Tshisekedi amaze kuyikoresha mu minsi ijana gusa, akaba yashimangiye ko atiyumvisha uburyo igihugu kimara amezi atatu kitagira Minisitiri w’Intebe na Guverinoma, nkuko Radiookapi yabitangaje. Ubwo yari mu nama i Kinshasa kuri iki Cyumweru yagize ati “Nagarutse, ubu tugiye gusaba umuvandimwe Etienne Tshisekedi kwegura. Hashize iminsi 94 nta Minisitiri w’Intebe , ibyo bisobanuye ko ntacyo dufite hano muri Repubulika Demokarasi…
SOMA INKURUBobi Wine yatorotse inzego z’umutekano
Ikinyamakuru Chimpreports cyatangaje ko umuhanzi wahindutse umunyapolitiki uzwi nka Bobi Wine yanyuze mu rihumye abashinzwe umutekano bari bagose urugo rwe, nyuma y’ iminsi ine afungiye mu rugo rwe ruherereye mu gace ka Magere. Kuva ku wa Mbere abapolisi bari barinze urugo rwe, nyuma y’aho bamutaye muri yombi bitewe n’ubushyamirane yagiranye n’inzego z’umutekano zahagaritse igitaramo yagombaga gukora kuri uwo munsi. Kugeza ubu ntacyo Polisi iratangaza ku itoroka ry’uyu mudepite ufite intego yo gukura Perezida Museveni ku ntebe y’ubutegetsi bwa Uganda. Bobi Wine yijujutiye ko igitaramo cye cyahagaritswe kandi yari yujuje ibisabwa…
SOMA INKURUAbanya Sudani basabwe inzibacyuho iyobowe n’igisirikare
Perezida wa Misiri Abdul Fattah al-Sisi,uyoboye Umuryango wa Africa yunze Ubumwe na bagenzi be barimoPerezida Paul Kagame, kuri uyu wa kabiri tariki 23 Mata 2019, basabye abanya Sudani gutuza bakareka abasirikare bahagarariwe na Gen Abdul Fatah al-Burhan bakaba bayoboye inzibacyuho. Ibi bikaba byavugiwe mu nama yahuje abaperezida batandukanye bagize umuryango wa Afurika yunze Ubumwe yateraniye mu Misiri biga ku bibazo bya politiki biri mu bihugu bya Sudani na Libya, bakaba basabye abaturage bo muri Sudani guha igihe bariya basirikare bagakomeza gushyira ku murongo igihugu, bakaba bemeje ko abasirikare bayoboye…
SOMA INKURUImodoka itwara abakerarugendo yakoze impanuka ihitana abatari bake
Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi yari itwaye ba mukerarugendo 55, yataye umuhanda, ihanuka ku manga ihitana abagera kuri 29, hanyuma abakomeretse bahita bajyanwa ku bitaro bya Funchal. Ibi byabereye mu mujyi wa Madeira muri Portugal. Abenshi muri aba bakerarugendo bari muri iyi modoka bakomoka mu Budage. Abayobozi ba Portugal bose bihanganishije imiryango y’aba bamukerugendo biganjemo Abadage ndetse perezida w’igihugu yatanze indege ye kugira ngo ikoreshwe mu kujyana abakomeretse mu bitaro bikuru. Ibinyamakuru byo muri Portugal byashyize hanze amafoto y’iyi bisi imaze guhanuka ku manga,ikikijwe n’imbangukiragutabara 19, SIC Television yo…
SOMA INKURUImpanuka ya Gari ya Moshi muri Congo Kinshasa yahitanye abatari bake
Ejo hashize ku cyumweru tariki 17 Werurwe 2018, nibwo Gari ya moshi yakoze impanuka mu ntara ka Kasai, mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, aho iyi gari ya moshi yibirinduye iragwa abarenga 24 bahita bahasiga ubuzima biganjemo abana bato, abagera kuri 31 bakaba bakomeretse. Polisi yo muri kariya gace gari ya moshi yakoreyemo impanuka, yatangaje ko ibyumba bitandukanye byayo byaguye mu ruzi birimo abantu, hakaba hari gukorwa akazi ko kubishakisha, bityo ngo n’umubare w’abasize ubuzima muri iyo mpanuka ushobora kwiyongera. Amakuru dukesha BBC yatangaje ko nyinshi muri gari…
SOMA INKURUPerezida Nkurunziza ntakozwa ibyo gucyura ingabo zari muri Somalia
Ubwo Perezida w’igihugu cy’u Burundi Nkurunziza Pierre yamenyaga icyemezo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gisaba gucyura ingabo 1000 z’iki gihugu zari mu butumwa bw’amahoro muri Somalia bitarenze uku kwezi kwa Gashyantare muri uyu mwaka wa 2019, ntiyabyishimiye kuko byinjirizaga igihugu. Amakuru dukesha Deutsche Welle atangaza ko Perezida Nkurunziza yababajwe n’iki cyemezo kuko ziriya ngabo z’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia yari amahirwe akomeye yinjirizaga igihugu amadovize. Ibi bibaye izi ngabo zinjizaga byibuze miliyoni 18 z’amadorali mu gihugu, buri musirikare umwe ikamubarira amadolali 1028 buri kwezi, ikanishyura guverinoma amadolali…
SOMA INKURU