Umutwe wa M23 wongeye gutabaza amahanga uyamenyesha ko ingabo za Leta ya RDC ziri gutera ibisasu n’indege,ibifaru n’imbunda ziremereye mu duce dutuwemo n’abaturage b’abasivili. Mu itangazo uyu mutwe washyize hanze, wavuze ko ingabo za FARDC n’abacancuro baryo bakomeje kwica abasivili kubera ibisasu ziri gutera mu basivili. M23 yagize iti “Ingabo za Leta n’abacancuro bayo bari gukoresha kajugujugu z’intambara,indege z’intambara,ibifaru,n’intwaro zikomeye mu gutera ibisasu mu bice bituwe bigenzurwa na M23 birimo nka:Kibirizi,Kishishe,Kilorirwe,Kabati,Ruvunda,Kingi n’aho byegeranye.” Uyu mutwe wavuze ko ingabo za RDC zigomba kuryozwa ubu bwicanyi ziri gukora ndetse ko zishe imyanzuro…
SOMA INKURUCategory: Amakuru yo mu Mahanga
USA irashinjwa gutoza ibyihebe
U Burusiya bwatangaje ko muri Mutarama uyu mwaka wa 2023, Amerika yahaye imyitozo ibyihebe 60, imyitozo ibera muri Syria bitegura koherezwa mu Burusiya no mu bindi bihugu bikorana bibwegereye. Ibi bikaba byatangajwe n’urwego rushinzwe ubutasi mu Burusiya (SVR) ko rufite amakuru yizewe y’uko igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kiri gutegura ibyihebe byo kugaba ibitero mu bice bitandukanye by’u Burusiya. Itangazo urwo rwego rwashyize hanze, rwavuze ko Amerika iri gukorana n’abagize imitwe y’iterabwoba ifitanye imikoranire na ISIS ndetse na Al Qaeda kugira ngo ibafashe kugaba ibitero ku Burusiya n’ibihugu…
SOMA INKURUAbasirikare 7 bakatiwe urwo gupfa
Kuri uyu wa gatandatu tariki 11 Gashyantare 2023, Urukiko rwa gisirikare rwa Goma rwateraniye i Sake muri teritwari ya Masisi muri 25km iburengerazuba bwa Goma, nyuma y’ibyabaye kuwa kane muri iyo centre, rukatira abasirikare barindwi b’ingabo za DR Congo urwo gupfa rubahamije ibyaha birimo ubugwari’ no guca igikuba muri rubanda. Umwe mu banyamakuru bitabiriye iri buranisha yabwiye BBC ko aba basirikare, bari bafite abunganizi, bahamijwe ibyaha by’“ubugwari, guca igikuba, gukomeretsa no gutagaguza amasasu”. Umushinjacyaha wa gisirikare yumvikana arega aba basirikare “guta urugamba” “n’ubugwari imbere y’umwanzi” (inyeshyamba za M23), “bakagenda barasa…
SOMA INKURUIgisiririkare cya Congo na M23 bakomeje kwitana ba mwana
Imirwano y’urutavanaho imaze ibyumweru bibiri muri teritwari ya Masisi hafi ya centre ya Sake n’inkengero zayo, yatumye abantu babarirwa mu bihumbi bahunga berekeza mu mujyi wa Goma na Minova, ibi byatumye igisirikare cya cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gishinja inyeshyamba za M23 kutubahiriza amasezerano atandukanye y’abategetsi b’akarere yategetse impande zose guhagarika imirwano. Colonel Ndjike Kaiko Guillaume umuvigizi w’ingabo mu ntara ya Kivu ya Ruguru yatangaje ko M23 yita RDF (ingabo z’u Rwanda) ko kenshi yarenze ku mategeko yo guhagarika imirwano yatanzwe n’inama za Nairobi, Luanda, n’iheruka y’i Bujumbura. Colonel…
SOMA INKURUNyuma y’amasaha 90 habaye umutingito yatabawe agihumeka
Umwana ukivuka na nyina batabawe bakurwa mu matongo muri Turkiya hashize amasaha agera kuri 90 umutingito wa mbere ubasenyeho inzu wo kuwa mbere. Amashusho yo kuwa gatanu yerekana abatabazi bakurura bitonze cyane uruhinja rw’umuhungu rw’iminsi 10 rwitwa Yagiz, baruvana munsi y’ibisigazwa by’inzu mu ntara ya Hatay. Ibinyamakuru byaho bivuga ko ibi ari “igitangaza” kuko ubu amahirwe yo kubona abantu bagihumeka yagabanutse, kubera ubukonje bukabije iminsi ine nyuma y’umutingito. Abantu bagera ku 23,000 bamaze gupfa kubera imitingito ibiri ikomeye yatigishije amajyepfo ya Turkiya n’amajyaruguru ya Syria kuwa mbere. Gusa ibikorwa by’ubutabazi…
SOMA INKURUKu nshuro ya kabiri ibihugu biri mu ntambara byahererekanyije imfungwa
Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida wa Ukraine, Andriy Yermak, yemeje ko u Burusiya bwarekuye abasirikare babo 116, mu gikorwa cyo guhererekanya imfungwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu. Andriy Yermak yavuze ko mu basirikare basubijwe harimo abafatiwe mu mijyi ya Mariupol, Kherson na Bakhmut. Uyu muyobozi w’ibiro bya Perezida Volodymyr Zelensky yemeje ko mu bo basubijwe harimo n’imirambo y’Abongereza babiri Chris Parry w’imyaka 28 na Andrew Bagshaw w’imyaka 47, bakoraga nk’abakorerabushake muri Ukraine. Abo bagabo babiri baherukaga kugaragara ku wa 6 Mutarama, ubwo berekezaga mu mujyi wa Soledar umaze iminsi uberamo imirwano…
SOMA INKURUKuvuga ku batinganyi byamwirukanishije ku mwanya ukomeye
Umunyamabanga nshingwabikorwa mu biro bya Minisitiri w’intebe w’Ubuyapani Masayoshi Arai yirukanywe kuri uyu wa 4 Gashyantare 2023 nyuma yo gutanga imbwirwaruhame avuga ko atazigera na rimwe yifuza kuba hafi cyangwa ngo yerekeze amaso aho abatinganyi baherereye. Mu mbwirwaruhame ye Arai yanatanze impuruza ko kwemera ko abatinganyi bashyingiranwa byemewe n’amategeko kuko ngo bishobora no kuzatuma bamwe batera icyizere ubuyobozi bw’igihugu bakaba banagihunga. Ati “Niyo baba [abatinganyi] bari hafi y’aho ndi sinjya nifuza no guhindukiza amaso ngo mbe nareba aho baherereye. Ibi bintu bishobora guhindura sosiyete ndetse hari n’abashobora guhunga igihugu mu…
SOMA INKURUGeneral Pervez Musharraf yapfuye, yazize iki? Byinshi ku buzima bwe n’icyamwishe
General Pervez Musharraf wahoze ari perezida wa Pakistan, wafashe ubutegetsi kuri coup d’état mu 1999, yapfuye ku myaka 79. Yapfuye azize indwara amaranye igihe kinini nk’uko itangazo ry’igisirikare cya Pakistan ribivuga. Musharraf yarokotse ibikorwa byinshi byo kumuhitana, aza kwisanga imbere ku rugamba hagati y’ibihugu by’iburengerazuba n’imitwe yiyitirira idini ya Islam. Nubwo imbere mu gihugu cye batari babishyigikiye, uyu mujenerali yafashije Amerika mu ntambara ku iterabwoba nyuma y’igitero cya tariki 11 Nzeri 2001 ku miturirwa yo muri Amerika. Muri 2008 yatsinzwe amatora maze ahita ava mu gihugu mu gihe cy’imyaka atandatu.…
SOMA INKURUNigeria: Igisirikare kirashinjwa guhohotera abagore bitwaje kurwanya inyeshyamba
Komisiyo Ishinzwe Uburenganzira bwa muntu muri Nigeria, yashyizeho itsinda ryihariye ryahawe inshingano zo gukora iperereza kuri raporo ishinja igisirikare ibikorwa by’ibanga byo gukuramo inda hagamijwe kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bw’Amajyaruguru y’igihugu. Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu yashyizweho na guverinoma, yatangaje ko iryo tsinda rizashyirwaho mu cyumweru gitaha i Abuja. Mu byo izasuzuma harimo ibirego ingabo zishinjwa by’uko zagize uruhare mu bikorwa byo gukuramo inda mu myaka 10 ishize. Ntibyasobanuwe igihe iperereza rizamara n’icyo ibizarivamo bizakoreshwa kuko Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu idafite ububasha bwo guhana ibyaha nk’ibyo. Raporo ya Reuters…
SOMA INKURUGashyantare: Ukwezi karundura ku buzima bw’abanya Ukraine
Minisitiri w’ingabo wa Ukraine yatangaje ko Uburusiya burimo gutegura igitero rurangiza gishya, aburira ko gishobora gutangira tariki 24 z’uku kwa Gashyantare. Oleksii Reznikov yavuze ko Moscow yakusanyije ibihumbi by’ingabo kandi ishobora “kugerageza ikintu” ku isabukuru y’umwaka umwe itangije iyi ntambara. Icyo gitero kandi ngo cyaba kijyanye no kwizihiza “umunsi mukuru wo kurengera igihugu” mu Burusiya wizihizwa n’igisirikare tariki 23 Gashyantare. Perezida Zelensky yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ati: “Uburyo bwonyine bwo guhagarika iterabwoba ry’Uburusiya ni ukubutsinda. N’ibifaru. N’indege. Na misile ziraswa kure.” Ukraine yongeye gusaba bushya indege z’intambara ngo biyifashe kwirinda…
SOMA INKURU