Papa Francis ari mu ruzinduko rw’iminsi 3 mu gihugu cya Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo kuva tariki 31 Mutarama kugeza tariki ya 2 Gashyantare 2023, yasabye igihugu cya Congo kureka kurangwa n’amacakubiri, maze amoko bakayafata nk’ibintu bibahuza aho kubatanya. Mu Ijambo rya mbere Papa Fransisiko yagejeje ku batuye Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, yakomoje ku kibazo cy’amacakubiri akomeje kuzahaza iki gihugu abasaba kwiyunga no kubaka ubumwe n’umubano mwiza kuko ari byo bizatuma ubwinshi bw’amoko ari muri iki gihugu ataba umuvumo ahubwo akababera umugisha. Yifashishije ishusho ya Diyama, Papa Fransisco ati:…
SOMA INKURUCategory: Amakuru yo mu Mahanga
Korera ikomeje guhitana abatari bake
Abantu 1000 bamaze guhitanwa na kolera muri Malawi mu gihe abamaze kuyandura ari 30.621, umubare munini ubayeho muri iki gihugu. Reuters yatangaje ko iyi mibare yatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima muri Malawi, Khumbize Chiponda. Benshi mu bahitanywe na kolera ni abo mu mijyi ibiri ikomeye irimo Lilongwe na Blantyre aho abana baheruka gusubira ku ishuri nyuma y’uko yatinze gutangira mu kwirinda ikwirakwira ry’iyi ndwara. Minisitiri Chiponda yasabye abaturage kwitwararika by’umwihariko mu gihe cyo gushyingura abahitanywe na kolera. Yagize ati “Abantu bahitanwa na kolera bashobora gukarabywa n’abavandimwe n’abo mu miryango yabo, akaba…
SOMA INKURUKoreya y’Epfo: Ibyari ibirori byasimbuwe n’amarira
Ni ibirori byari byitabiriwe n’abagera ku bihumbi 100 bose birunze mu gace ka Itaewon gakunze kuba karimo abanyamahanga n’abanyagihugu, kakarangwamo imihanda y’imfunganwa, ibirori bijyanye n’umunsi uzwi nka Halloween muri Koreya y’Epfo byasize amarira, kuko byabayemo umuvudo ukomeye abantu bakagwiriraa, ndetse abagera ku 151 bimaze kwemezwa ko bapfuye. Kuri Halloween haba hibukwa abapfuye bose, ukaba umunsi wizihizwa cyane mu bihugu byo mu Burayi na Amerika, aho usanga abantu bambaye ibintu biteye ubwoba bisize amarangi, n’ibindi bintu bidasanzwe byose biganisha ku rupfu. Uyu munsi mukuru ubanziriza uwo Abakirisitu bibukiraho abatagatifu bose, kuwa…
SOMA INKURUUSA: Ubwicanyi bukomeje gufata indi ntera
Umwana w’umukobwa w’imyaka itandatu n’ababyeyi be bishwe barashwe ubwo bari bari mu nkambi yo kuruhukiramo muri leta ya Iowa muri Amerika, nk’uko polisi yabitangaje. Imirambo ya Sarah Schmidt na Tyler Schmidt, bombi b’imyaka 42, hamwe n’umukobwa wabo Lula yasanzwe mu ihema ryabo muri pariki irimo ubuvumo ya Maquoketa Caves State Park. Umuhungu wabo w’imyaka icyenda yarokotse icyo gitero, nk’uko umuturanyi yabivuze. Polisi yemeza ko umugabo w’imyaka 23 ucyekwaho kubarasa, yahise yirasa. Umurambo we na wo wasanzwe muri iyo pariki. Harimo gukorwa iperereza ku byabaye, ndetse pariki ya Maquoketa Caves State…
SOMA INKURUYeguye asaba abo yayoboraga gukomeza inshingano
Mu bwongereza hatangajwe gahunda yo kwiyamamariza umwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson wari Minisitiri w’Intebe asaba abagize guverinoma yarayoboye gukomeza inshingano kugeza igihe hazabonekera Umuyobozi mushya. Mu rye Boris Johnson yatangaje ko yatowe n’abantu benshi kuva mu mwaka wa 1987 akaba ari na we wagiraga umubare munini w’amajwi guhera mu 1979. Ashimangira ko atewe ishema n’ibyo yakoze mu myaka yose amaze ku buyobozi, anavuga ko muri ibyo harimo kuba I cye cyaravuye muri COVID-19 cyemye kuko ari na cyo cyagejeje inkingo ku baturage benshi mu gihe gito ku…
SOMA INKURUUSA: Perezida Joe Biden ntakozwa ibya guma mu rugo
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko nubwo imibare y’abandura icyorezo cya Covid-19 ikomeje kwiyongera, hakiyongeraho ubwoko bushya bwa Omicron bwamaze kugera muri Amerika, nta kizatuma Guma mu Rugo isubizwaho. Ibi Biden yabitangaje nyuma y’uko ibipimo bigaragaza ko Abanyamerika bandura Covid-19 baziyongera mu bihe by’iminsi mikuru yo gusoza umwaka. Ibi bikaba bishobora kugirwamo uruhare rufatika n’ubwoko bushya bwa Covid-19 buzwi nka Omicron, bivugwa ko bwihinduranya cyane bityo bukagira ubushobozi bwo kwandura vuba. Byatumye bamwe mu Banyamerika bagira impungenge ko ingamba zikomeye nka Guma mu Rugo zishobora…
SOMA INKURUPerezida Vladmir Putin yishyize mu kato
Nyuma y’aho Perezida Vladmir Putin yemeje ko mu ntangiro z’iki Cyumweru hamenyekanye ko covid-19 yibasiye bikomeye abakozi bo mu biro bye, ubu nawe yishyize mu kato. Yagize ati “Ubwandu bwa Coronavirus bwagaragaye mu bakorera hafi yanjye. Si umwe cyangwa babiri ahubwo ni abantu benshi.” Kugeza ubu u Burusiya buza ku mwanya wa gatanu mu bihugu byugarijwe na COVID-19 kurusha ibindi ku isi. Iki gihugu kikaba kimaze kugira abanduye iki cyorezo cya covid-19 barenga miliyoni 7,2 muri bo abarenga ibihumbi 195 cyarabahitanye. NIYONZIMA Theogene
SOMA INKURUMinisitiri watawe muri yombi nyuma yo kuryoshya mu mafaranga ya leta
Charles Mchacha wahoze ari Minisitiri ushinzwe ibijyanye no kuhira muri Malawi, yatawe muri yombi ashinjwa gukoresha amafaranga ya Leta mu kwezi kwa buki. Uyu mugabo wahoze ari Minisitiri kubwa Perezida Peter Mutharika, ashinjwa kuba yarakoresheje amafaranga ya Leta yishimisha muri hotel iri mu mujyi wa Blantyre uhereye mu Majyepfo ya Malawi, akabikora ari kumwe n’umugore we bari bamaze iminsi barushinze. BBC yatangaje ko hari abandi bayobozi babiri bakuru muri Guverinoma batawe muri yombi. Urwego rushinzwe kurwanya ruswa muri icyo gihugu rwatangaje ko bazajyanwa mu rukiko bashinjwa ibyaha birimo gukoresha ububasha…
SOMA INKURUDore urutonde rw’abashinjwa kugambanira Afghanistan
Umusirikare ufite ipeti rya General mu ngabo za Afghanistan, Sami Sadat, yashinje Donald Trump na Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse n’uwahoze ari perezida w’igihugu cye, Ghani Ashraf,gusenya igihugu bakagisiga mu maboko y’Abatalibani. Intandaro ya byose yavuze ko ari amasezerano y’amahoro uwari Perezida wa Amerika Donald Trump yagiranye n’AbatalibanI muri Gashyantare 2020, yo kuvanayo ingabo ikikura mu kibazo cy’ubwumvikane buke hagati y’izi nyeshyamba na Leta ya Afghanistan. Sadat yavuze ko na Perezida Ghani yagurishije igihugu asezeranya Abatalibani ko bazagirana amasezerano, bakaba ishyaka aho kuba umutwe w’iterabwoba.…
SOMA INKURUNigeria: Uwatorotse ibyihebe byashimuse abanyeshuri yatanze ubuhamya bukomeye
Ejo hashize tariki 5 Nyakanga 20121, ibyihebe byitwaje intwaro byashimushe abanyeshuri 140 bo mu ishuri ryisumbuye rya Bethel Baptist School riherereye muri Leta ya Kaduna iri mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria,ariko umwe mu bacitse ibi byihebe yatangaje byinshi. Umwarimu wo kuri iki kigo, Emmanuel Paul, yavuze ko bari bafite abanyeshuri barenga 180 ariko benshi muri bo bashimuswe abandi bakabacika. Yagize ati “Ibyihebe byatwaye abanyeshuri 140, ariko 25 bonyine nibo babashije gutoroka, ndetse kugeza ubu ntituramenya aho abandi babajyanye.” Ibi bikozwe nyuma y’uko ku munsi ubanza wo ku Cyumweru tariki…
SOMA INKURU