Imibiri 791 y’Abatutsi bishwe mu 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ni yo imaze kuboneka ku Kiyaga cya Mugesera mu Murenge wa Rukumbeli mu karere ka Ngoma kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka 2020. Mu byumweru 2 gusa hamaze kuboneka imibiri isaga 500. Kuva tariki 26 Kanama kugeza tariki 14 Nzeri hamaze kuboneka imibiri 547 yari yarajugunywe mu byobo, indi mibiri ikaba ikomeje gushakishwa. ABaturage bakomeje ibikorwa byo gushakisha imibiri yaba isigaye muri izo nkengero z’Ikiyaga Musafiri Jean Pierre, Perezida wa Ibuka mu karere ka Ngoma yabwiye itangazamakuru ko umubiri wa mbere…
SOMA INKURUCategory: Amakuru mashya
Uko mwirinda Covid-19, abe ari nako mwirinda impanuka-CP Kabera
Polisi y’Igihugu yibukije abaturarwanda ko uko bakomeje kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID19, ko ari nako bakwiye gukomeza kwirinda impanuka zo mu muhanda. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yabigarutseho mu butumwa yatambukije kuri twita (Twitter) muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Nzeri 2020. Yagize ati “Nk’uko dukomeje kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, abe ari nako twubahiriza amategeko y’umuhanda yose uko bisabwa kugira ngo twirinde impanuka”. Raporo y’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda zigaragaza ko ibi bikunze…
SOMA INKURUNyuma y’uko Covid-19 itumye ahazwi nko kwa Mutangana hafungwa, dore amakuru mashya y’iyo nyubako
Kuri uyu wa kabiri tariki 15 Nzeli 2020, nibwo biteganyijwe ko isoko benshi bita mpuzantara ahazwi nko kwa Mutangana rifungurwa hamwe n’amazu y’ubucuruzi arikikije, ibi bikaba byatangajwe n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, ariko hakaba hafashwe ingamba zihamye zo guhangana na Covid-19. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasobanuye ko iri soko rigiye gufungurwa nyuma y’igenzura ryakozwe n’inzego z’ubuzima ndetse n’imyiteguro y’abasanzwe barikoreramo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Kugira ngo ubucucike bugabanuke mu isoko ryo Kwa Mutangana, amaseta yongerewemo atari asanzwe mu myubakire yaryo agomba kuvanwaho ndetse…
SOMA INKURUBatawe muri yombi nyuma yo guhohotera umuturage bitwaje Covid-19
Nyuma y’aho amashusho acicikanye ku mbuga nkoranyambaga hagaragara abashinzwe umutekano bakubita umuntu buvuga ko atubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid19, Polisi yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, itangazo rigira riti “Abitwaza kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus bagahohotera abaturage, ntibazihanganirwa. ” Ibi byatangajwe nyuma y’aho itaye police ifashe abayobozi b’inzego z’ibanze baherutse gukubita abaturage mu Murenge wa Gatsata mu Karere Gasabo ho mu Mujyi wa Kigali. Abo bayobozi batawe muri yombi ni Sindayigaya Ildephonse, Karangwa Jean Bosco na Ndahiro Elisa bari mu bashinzwe umutekano ku rwego rw’ibanze, bagaragaye mu mashusho ku itariki ya 08 Nzeri…
SOMA INKURUAbatanga serivisi z’ibigo by’itumanaho bagiye kunogerezwa akazi
Abatanga servisi z’ibigo by’itumanaho n’amabanki bazwi nk’ aba agent barimo kubakirwa kiosque zigezweho zizatuma barushaho gutanga servisi nziza. Ihuriro ry’abahoze ari abasirikari rizubaka izi kiosque rikavuga ko ibi bizongera umutekano w’abakenera servisi zitangwa n’aba agent kandi abo nabo bakarushaho kubona inyungu muri servisi batanga. NIYIBIZI Olivier amaze umwaka n’igice akora akazi ko gushyira amafaranga ku makarita yifashishwa mu gutega imodoka rusange azwi nka tap &go. Ni akazi kuri ubu akorera mu mutaka ushinze mu meza ateretseho ibuye rinini: Ati “Ingorane ni uko hano haca amakamyo menshi hakaba n’ umuyaga mwinshi,…
SOMA INKURUCovid-19 itumye amasoko 2 akomeye muri Kigali afungwa
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuva kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kanama 2020, hatangira igikorwa cyo gupima abacuruzi n’abarema amasoko atandukanye, by’umwihariko Isoko Rikuru rya Nyarugenge ndetse n’isoko rizwi nko kwa Mutangana riri i Nyabugogo, mu rwego rwo kureba uko ubwandu bw’icyorezo cya COVID-19 buhagaze. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’aho bigaragariye ko mu masoko atandukanye icyo cyorezo gishobora kuba cyarahaciye icyuho kuko abantu badohotse ku mabwiriza yo kwirinda nk’uko yagenwe n’inzego z’ubuzima. Kimwe mu byashimangiye ko abacuruzi ndetse n’abagana amasoko badohotse ku mabwiriza ni uko abenshi mu bantu 151 bagaragayeho…
SOMA INKURURosatom Contributes to Sustainable Feeding Programme
Mandela Day is a global call to action that celebrates the idea that each individual has the power to transform the world and the ability to make an impact. “Education is the most powerful weapon which you can use to change the world,” said Nelson Mandela. Russian State Atomic Energy Corporation Rosatom pays a great of attention to sustainable social projects across the globe. This year Rosatom is supporting the Bokgoni Technical Secondary School to protect its learners against Covid-19 as well as keep them well nourished. The school’s mission is to develop…
SOMA INKURUU Rwanda rwihanganishijwe nyuma yo kubura umusirikare wari mu butumwa bw’amahoro
Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abibumbye “Loni” bwifatanyije n’u Rwanda mu kababaro k’umusirikare w’u Rwanda wari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique (MINUSCA) waguye mu gitero cyagabwe n’inyeshyamba za 3R/R3 “Return, Reclamation and Rehabilitation/Retour, Réclamation et Réhabilitation”. Umunyamabanga Mukuru wa Loni António Manuel de Oliveira Guterres GCC GCL, yamaganye abagabye icyo gitero, ashimangira ko bazagezwa imbere y’ubutabera mpuzamahanga bidatinze. Icyo gitero cyagabwe ku modoka y’abasirikare bari mu butumwa bwa MINUSCA ku munsi w’ejo tariki ya 13 Nyakanga 2020, cyanakomerekeyemo abandi basirikare babiri bo mu bindi bihugu, kikaba cyagabwe kuri iyo modoka igeze…
SOMA INKURUAbigisha gutwara imodoka baraburirwa
Polisi y’u Rwanda iraburira abantu bafite amashuri yigisha gutwara ibinyabiziga ndetse n’abarimu babo kwirinda gukora iyo mirimo muri ibi bihe byo kurwanya icyorezo cya COVID-19. Abaturarwanda baributswa ko ababikora barimo kunyuranya n’amabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko mu Mujyi wa Kigali ndetse no mu Ntara z’Igihugu hari bamwe mu bantu barimo kurenga ku mabwiriza ya Leta bakigisha abantu gutwara ibinyabiziga cyane cyane imodoka. Yagize ati “Ndagira ngo nongere nibutse abantu ko hari serivisi…
SOMA INKURUSerivice nshya za Shadyboo muri iki gihe cya COVID-19
Mbabazi Shadia wamenyekanye nka Shadyboo avuga ko hashize igihe gito ashyizeho uburyo bwo gutekera abantu ibiryo akanabibagemurira. Ni uburyo yise ‘Love on The Plate.’ Ateganya ko icyorezo, COVID-19, nikirangira azashinga restaurant aho abantu bazajya bajya gufata amafunguro. Abinyujije kuri Instagram, Mbabazi Shadia yavuze ko akunda guteka kandi yizeza ‘abakunzi be’ ko ntacyo bazamuburana mubyo bakunda gufungura. Ni akazi yatangiye gukorera iwe, agashyira abantu ibyo kurya aho bakorera cyangwa mu ngo zabo. Ibijyanye n’ibiciro ndetse n’amakuru arambuye kuri ubu bucuruzi arayatangaza kuri uyu wa Mbere tariki 8 Kamena 2020 ku rukuta…
SOMA INKURU