Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi umugabo w’imyaka 53 akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 10, byabaye kuwa 5 Mutarama 2024, mu gihe uwafashwe afungiye kuri sitasiyo ya Nyarugenge mu gihe dosiye ye iri gutunganywa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha mu gihe cyagenwe n’itegeko. Uyu mwana asanzwe afite ikibazo cyo kutavuga neza. Byabereye Mu Murenge wa Nyarugenge, Akagari ka Biryogo mu Mudugudu wa Nyiranuma ni mu Karere ka Nyarugenge. RIB yibukije abaturarwanda ko itazihanganira uwo ari we wese ukora icyaha nk’icyo cyo gusambanya umwana amufatiranye kubera uburwayi burimo ubumuga. Yakanguriye…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Umuhanzi Davis D yasimbujwe Juno Kizigenza mu ndirimbo ’Peace of mind remix ” ya Shemi mu buryo butunguranye
Hari ku wa 09 Ukuboza 2022 ubwo umusore wigaga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye, Shemi Gibril yashyiraga hanze indirimbo yise ’Peace Of Mind’. Iyi ndirimbo yabaye isereri mu mitwe y’abanyarwanda, byumwihariko yigarurira imitima y’urubyiruko rwiganjemo igitsina gore. Iyi ndirimbo yahinduriye ubuzima uyu wari umwana, biza kumenyekana ko ari umwishywa w’umuhanzi The Ben biba akarusho kuyikunda cyane ko bari bamenye ko isuku igira isooko. Iyi ndirimbo ikimara gukundwa cyane, bamwe mu byamamare nyarwanda bifuje ko bayisubiranamo n’uyu Shemi ariko bakagorwa nuko yabaga ari ku ishuri [yigaga aba mu kigo] bigatuma…
SOMA INKURUCongo ibintu bikomeje gufata indi sura, umuvugizi wa Katumbi yaburiye perezida Tshisekedi
Umuvugizi wa Moïse Katumbi umukandida waje ku mwanya wa kabiri mu matora ya perezida wa DR Congo yavuze ko Perezida watowe Felix Tshisekedi ari we uzabazwa ugerageza kose guhungabanya ubuzima bwitebwa Katumbi. Ni nyuma y’uko kuwa mbere Moïse Katumbi agiye gusohoka iwe mu rugo ahitwa Kashobwe muri teritwari ya Kasenga mu ntara ya Haut Katanga, yasanze hari abasirikare benshi n’ibimodoka byabo bagose urugo rwe bamubuza kuva iwe. Kuwa mbere, Katumbi yasohoye itangazo ryamagana amatora aheruka avuga ko “igisubizo cyonyine ari ukuyasesa” ndetse asaba umuryango mpuzamahanga “kutemera ibyavuye muri aya matora…
SOMA INKURUIgihangage mu mupira w’amaguru mu Budage yapfuye
Umunyabigwi wa Bayern Munich n’ikipe y’igihugu y’Ubudage,Franz Beckenbauer yapfuye afite imyaka 78. Beckenbauer -uzwi ku kabyiniriro ka Der Kaiser cyangwa The Emperor ni umwe mu bagabo batatu, we na Mario Zagallo w’umunya Brazil na Didier Deschamps w’Umufaransa, batwaye igikombe cy’isi nk’abakinnyi n’abatoza b’ibihugu byabo. Uyu Frank Beckenbauer ni umwe muri bantu bari bubashywe mu Budage kubera ibyo yagezeho nk’umukinnyi wugarira. Akurikiye umunyabigwi Mario Zagallo wapfuye mu cyumweru gishize. Beckenbauer yakiniye Ubudage bw’Iburengerazuba imikino 103 ndetse nubwo yari myugariro,yatsindaga ibitego cyane. Umuryango we wasohoye itangazo rigira riti: “N’gahinda kenshi turabamenyesha ko…
SOMA INKURUNyabihu: Batakiye ubuyobozi inzara bubaha amandazi
Abatishoboye batujwe mu mudugudu bavuga ko bababajwe no kuba baratanze ikibazo cy’inzara mu miryango yabo, ubuyobozi bw’akarere bukabaha amandazi, ibyo bafata nk’ubuhenda abana. Icyakora Umuyobozi w’akarere avuga ko atamenye ababikoze ariko barigushyira imbaraga mu byabafasha kwikura mu bukene. Abatishoboye batujwe mu mudugudu wa Bikingi, akagari ka Kijote, mu murenge wa Bigogwe, mu karere ka Nyabihu, biganjemo abo mu cyiciro amateka agaragaza ko basigaye inyuma. Iyo uhageze bagusanganiza ibibazo by’imibereho ibagoye kubera kutagira aho bakura ikibatunga ndetse n’ibindi. Umwe mur bo yagize ati: “ n’ibi birayirayi [amababi y’ibirayi] ugira gutya ukabicanga…
SOMA INKURUAffaire Théo : l’heure du procès de trois policiers jugés pour violences volontaires
Un symbole des violences policières devant la justice. Le principal policier accusé d’avoir blessé Théo Luhaka à l’anus avec une matraque lors d’un contrôle d’identité en 2017 est jugé à partir de mardi. Il encourt jusqu’à 15 ans de prison. D’éventuelles sanctions disciplinaires seront prononcées contre cet agent toujours en activité. Deux autres policiers comparaissent sur le banc des accusés. L’affaire avait fait grand bruit en France il y a presque sept ans. Trois fonctionnaires de police comparaissent à partir de mardi 9 janvier devant la cour d’assises de Seine-Saint-Denis…
SOMA INKURUIbipimo by’imirire mibi byagiye byiyongera -FAO
Umusaruro w’ibiribwa ku isi ni rumwe mu nzego zigirwaho ingaruka cyane n’ihindagurika ry’ikirere, Umutekano mucye, n’ibindi. FAO ivuga ko mu myaka itari mike, ibipimo by’imirire mibi byagiye byiyongera, aho abarenga 9% by’abatuye isi bafite inzara idakira, naho 1/3 cy’abatuye isi bakaba baba mu bihugu bifite ikibazo gikabije cy’ibura ry’ibiribwa. Mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo, Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa n’ubuhinzi (FAO), ku itariki 10 Ukuboza 2023, ryashyize ahagaragara ishusho yerekana uburyo bwo guhuza ikibazo cy’inzara ku isi n’intego zashyizweho mu rwego rwo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere. Ni mu gihe…
SOMA INKURUNyanza: Biravugwa ko inyama yishe umuntu
Umugabo wo mu karere ka Nyanza bikekwa ko yapfuye azize inyama yamunize ahera umwuka. Byabereye mu mudugudu wa Kigarama, mu kagari ka Kibinja mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza tariki ya 01 Mutarama, 2024. Uwahaye amakuru UMUSEKE dukesha iyi nkuru wanabonye nyakwigendera, yavuze ko yari mu kigero cy’imyaka 50 y’amavuko. Nyakwigendera yari yatumiwe na mushiki we ngo basangire umunsi mukuru w’Ubunani, ubwo barimo bafata amafunguro, yariye inyama imuhagama mu muhogo yanga kumanuka. Uyu ngo yagerageje byibura kuyigarura biranga, bafata icyemezo cyo kumujyana kwa muganga agezeyo ahita apfa. Amakuru…
SOMA INKURUNyuma y’igihe kitari gito gahunda yo kohereza abimukira isubikwa, hamenyekanye igihe aba mbere bazagezwa mu Rwanda
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu y’u Bwongereza (UK) yatangaje ko Guverinoma yiteguye kohereza by’agateganyo mu Rwanda abimukira bagera ku 33,085. Abimukira ba mbere bashobora kugezwa mu Rwanda mu mpera za Werurwe 2024. Ikinyamakuru The Telegraph cyavuze ko imibare yatangajwe ku wa Kabiri tariki ya 2 Mutarama 2024, igaragaza ko abo bimukira binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu mwaka ushize wa 2023, ariko bamaze gusaba ibyemezo byo kuhaba mu nzira zemewe guhera muri Nyakanga, ubwo Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryasohokaga. Iryo teka riha Guverinoma uburenganzira bwo gufata abimukira bose banyuze mu…
SOMA INKURUNtibavuga rumwe na Perezida Ndayishimiye ushaka gufunga imipaka ibahuza n’u Rwanda
Nyuma y’aho Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, atangaje ko u Rwanda rucimbikiye, rugaburira ndetse rugaha intwaro n’imyitozo umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara wagabye igitero mu gace ka Gatumba, amashyaka abiri yo mu Burundi, CNDD-FDD riri ku butegetsi na UPRONA ntiyifuza ko umubano w’iki gihugu n’u Rwanda wazamba ku buryo byagera aho imipaka yongera gufungwa. Ijambo rya Ndayishimiye, ryaba ari iryo yavugiye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki ya 29 Ukuboza 2023 ubwo yari mu ntara ya Cankuzo, n’irisoza umwaka yagejeje ku Barundi yose, yaciye amarenga ko yaba ateganya gufunga imipaka,…
SOMA INKURU