Ukuri ku bihuha bivugwa ku mbuto za “GMO” n’icyizere ku ruhare rwazo mu buhinzi bwunguka

Mu gihe Leta y’u Rwanda ishyigikiye ikoreshwa ry’imbuto zihinduwe mu buryo bwa siyansi “GMO” mu buhinzi, ibihuha byinshi byagiye bikwirakwira ku ngaruka ryazo ku buzima bw’abantu, ubutaka ndetse n’ibidukikije. Icyakora, abahinzi bo mu turere dutandukanye ndetse n’abashakashatsi bo muri RAB basobanura ko ibyo ari ibihuha bishingiye ku bumenyi buke, kandi ko iri koranabuhanga rifite akamaro kanini ku musaruro, ubukungu bw’imiryango y’abahinzi ndetse no ku gihugu muri rusange. Mukamwezi Béatrice, umuhinzi w’urutoki wo mu karere ka Rwamagana, avuga ko afite amakuru ko igeragezwa riri gukorwa ry’imbuto za GMO z’imyumbati, urutoki, ibirayi…

SOMA INKURU

Uko raporo y’umuryango w’abibumbye ku ntambara iri kubera mu burasirazuba bwa Congo yakiriwe

Raporo y’impuguke z’umuryango w’abibumbye yasohotse tariki ya 27 Ukuboza 2024, igaragaza ko amakuru ayikubiyemo yabonetse binyuze mu bufatanye n’ingabo za MONUSCO, FARDC n’ahandi mu bayobozi bakuru muri Guverinoma ya Congo. MONUSCO isanzwe ifite ubutumwa bwo kurinda abasivili mu Burasirazuba bwa RDC yageze aho yifatanya na Leta y’iki gihugu, iha intwaro n’ibindi bikoresho FARDC n’imitwe bafatanya kurwana irimo FDLR yasize ikoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Wazalendo, abacancuro, ingabo z’u Burundi, iza SAMIRDC n’indi mitwe. Ubufatanye bw’impande zombi butuma amakuru impuguke za Loni zavanye muri MONUSCO atakwizerwa kubera uruhare uyu mutwe…

SOMA INKURU

Umubano w’u Rwanda na Ethiopia ukomeje gushinga imizi

Nyuma y’amasezerano anyuranye hagati y’u Rwanda na Ethiopia, kuri iki Cyumweru tariki 12 Mutarama 2025, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Perezida wa Leta ya Oromia yo muri Ethiopia, Shimelis Abdisa n’itsinda bari kumwe, baganira ku mubano w’impande zombi. U Rwanda na Ethiopia bisanzwe bifitanye amasezerano y’ubufatanye, mu nzego zirimo ibya politiki n’ubujyanama, ubucuruzi, siporo, kugabanya ibiza no kubicunga, hamwe n’ubufatanye mu ishoramari. U Rwanda na Ethiopia bifitanye amasezerano kandi y’ubufatanye kuri serivisi z’ingendo zo mu kirere, zikorwa na RwandAir na Ethiopian Airlines, kugira ngo zisangire ikirere nta mbogamizi. Amasezerano…

SOMA INKURU

Amagaju FC yakoze mu ijisho APR FC

Mu mukino watangiye uryoheye ijisho mu gihe cya mbere, aho ku ruhande rw’Amagaju FC Useni Kiza Seraphin yagerageje gushimisha abari muri Stade, ku ruhande rwa APR FC Dauda Yussif Seif nawe ari nako ashimisha abafana, ariko byarangiye ku nshuro Amagaju akoze mu ijisho abafana ba APR FC. Ibi bikaba byabaye kuri iki Cyumweru tariki 12 Mutarama 2025, aho ikipe y’Amagaju FC yatsindiye APR FC kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye 1-0, mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona, akora amateka wo kuyitsinda bwa mbere. Umunya-Ghana Dauda Yussif ku munota wa 32,…

SOMA INKURU

Abagenewe urukingo rwa virusi itera SIDA ni bantu ki? Rumara igihe kingana iki?

Gahunda yo gutanga urushinge rukumira ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA “Cabotegravir (CAB-LA)”, yatangijwe mu Rwanda tariki 3 Mutarama 2025, itangirizwa mu bigo nderabuzima bya Gikondo na Busanza biherereye mu mujyi wa Kigali. Uru rushinge ruterwa umuntu utarandura virusi itera SIDA, urwa mbere rukamara ukwezi na ho urwa kabiri rukamara amezi abiri, bivuze ko buri mezi abiri uwahisemo ubu buryo asubira kwiteza urushinge. Iyi gahunda ikaba yaragenewe abafite ibyago byinshi byo kwandura virusi itera SIDA kurusha abandi, barimo abakora uburaya, ababana n’abo bashakanye umwe ari muzima undi yaranduye n’abandi. Umuyobozi…

SOMA INKURU

La Maladie de l’Otite: Comprendre la Douleur et les Solutions

L’otite est une affection courante qui touche l’oreille, causant une douleur intense et gênante. Elle peut se présenter sous différentes formes, affectant soit l’oreille externe, moyenne ou interne. L’otite est souvent accompagnée de symptômes tels que des douleurs aiguës, une perte auditive et parfois de la fièvre. Bien que ce soit un problème fréquemment rencontré chez les enfants, les adultes ne sont pas épargnés. Qu’est-ce que l’otite? L’otite se définit comme une inflammation de l’oreille, qui peut résulter de diverses causes. L’otite externe, souvent appelée “otite du nageur”, se manifeste…

SOMA INKURU

MINISANTE yakanguriye abaturarwanda gukaza ingamba mu kwirinda indwara y’ibicurane

Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa X, Minisiteri y’Ubuzima yibukije abaturarwanda ko bakwiriye kwirinda indwara y’ibicurane muri aya mezi ya mbere y’umwaka cyane koigira ubukana mu gihe cy’ubukonje. Ubu bwoko bw’ibicurane bwa “Influenza A” buterwa na virusi yitwa Influenza ikaba yibasira abantu mu gihe cy’ubukonje cyane, ikaba ikunda kwibasira cyane abana bari munsi y’imyaka itanu, abagore batwite n’abantu bashaje bafite intege nke. Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko kuva mu mwaka wa 2022 kugeza muri uyu mwaka abasanganywe iyi ndwara ya Influenza A mu gihugu hose bangana na 6.6%. Ibiranga uwafashwe…

SOMA INKURU

RDC-Masisi: Imirwano ikomeje kuvana abaturage mu byabo, abandi bahatikiriza ubuzima

Amakuru avuga ko kuva tariki ya 1 kugeza kuya 3 Mutarama 2025, abantu ibihumbi 102 bavuye mu ngo zabo muri teritwari ya Masisi bitewe n’imirwano y’ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe witwaje intwaro wa M23, abantu bane bishwe abandi 12 barakomereka Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi “OCHA”, ryatangaje ko tariki ya 4 Mutarama, M23 yarushije imbaraga ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, iryambura iyi santere. OCHA yagize iti “Hagati ya tariki ya 1 n’iya 3 Mutarama 2025, imirwano ikomeye y’igisirikare cya RDC n’umutwe witwaje intwaro utari…

SOMA INKURU

N’Djamena: Abateye ibiro by’umukuru w’igihugu 18 bahasize ubuzima

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 8 Mutarama 2025, abitwaje intwaro bagabye igitero ku biro by’umukuru w’igihugu i N’Djamena habaho kurasana n’abaharinda, amakuru akavuga ko mu bateye 18 bahaguye ndetse n’umusirikare umwe w’igihugu. Umwe mu batuye aho mu murwa mukuru wa Tchad, N’Djamena, yabwiye BBC ko urusaku rw’amasasu rwari rucyumvikana mu ma saa tatu n’igice z’ijoro, gusa ubuyobozi bukaba bwatangaje ko ubu hagarutse ituze. Iby’icyo gitero byanemejwe n’umuvugizi wa Guverinoma akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Tchad, Abderaman Koulamallah, ndetse abateye bikavugwa ko bari Abakomando 24, bikekwa ko ari…

SOMA INKURU

Pneumonie : La Maladie Silencieuse Qui Tue – Témoignages et Chiffres Alarmants

Chaque année, la pneumonie emporte des milliers de vies, en particulier chez les enfants de moins de cinq ans et les personnes âgées. Bien qu’elle soit évitable et traitable, cette maladie reste l’une des principales causes de mortalité dans le monde, notamment dans les pays à revenu faible ou intermédiaire comme le Rwanda. Les Chiffres Alarmants Selon l’Organisation mondiale de la santé (OMS), la pneumonie a causé 2,5 millions de décès dans le monde en 2022, dont 740 000 enfants. Au Rwanda, les statistiques de 2023 indiquent que 15 %…

SOMA INKURU