Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 3 Werurwe 2021, u Rwanda rurakira icyiciro cya mbere cy’inkingo za Coronavirus, zizatangwa muri gahunda yo gukwirakwiza inkingo izwi nka Covax. Amakuru yizewe ni uko inkingo u Rwanda ruzakira ari izakozwe na Kaminuza ya Oxford yo mu Bwongereza za AstraZeneca. Uru rukingo ni narwo rwatanzwe muri iyi gahunda mu bindi bihugu bibiri bya Afurika, Ghana na Côte d’Ivoire, aho byombi byatangiye gukingira ku wa 1 Werurwe 2021. Muri ibi bihugu byombi, inkingo zagezeyo mu kwezi gushize aho nka Ghana yakiriye dose 600.000…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Abongereza bashyize hanze indege idasanzwe
Sosiyete y’Abongereza isanzwe ikora imodoka, Rolls-Royce, yatangaje ko yitegura kugurutsa indege yakoze yifashisha amashanyarazi, nyuma y’uko isuzuma ryo kuyigendesha ku butaka ryagenze neza. National News yatangaje ko iyo ndege ifite ubushobozi bwo kugenda ibilometero 480 ku isaha, batiri yayo ikabika umuriro wa kilowatt 400 ziyibashisha kugenda ibilometero 515 itarongera gusharizwa. Umuyobozi wa Rolls-Royce, Rob Watson, yasobanuye ko iyo ndege yakozwe mu rwego rwo gushyigikira gahunda Isi yihaye yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere. Ati ”Gukora indege yifashisha amashanyarazi ni ingenzi muri gahunda yacu igamije kugabanya imyuka ya Carbone de dioxyde ihumanya…
SOMA INKURUBatawe muri yombi bacuruza amavuta akundwa n’igitsinagore kitari gike
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abagabo bane bafatiwe mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro, bakekwaho gucuruza amavuta atemewe azwi nka mukorogo abantu bifashisha barimo gutukuza uruhu. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Werurwe 2021, nibwo aba bagabo bashinjwa kugurisha amavuta ya mukorogo beretswe itangazamakuru. Polisi yatangaje ko aba bagabo uko ari bane yabafatiye mu Murenge wa Gatenga kandi ko icyo gikorwa kizakomeza mu bice bitandukanye by’Igihugu. Aba bagabo bemera amakosa y’uko bacuruzaga aya mavuta ariko bagahakana ko bayakuraga hanze. Umwe yagize ati “ ‘Ncuruza amavuta muri rusange…
SOMA INKURUPerezida wa mbere muri Afurika wafashe iya mbere mu kwikingiza Coronavirus
Kuri uyu wa mbere tariki ya 1 Werurwe 2021, Perezi wa Ghana, Nana Akufo-Addo, yatewe urukingo rwa Coronavirus, aba umukuru w’igihugu wa mbere muri Afurika watewe urukingo muri gahunda ya Covax ndetse anakura urujijo ku batekereza ko rutera ibibazo abaruhawe, arwiteza ku mugaragaro. Perezida Akufo n’umugore we mu gikorwa cyo kwikingiza Covid_19 Perezida Akufo-Addo yarutewe hamwe n’umugore we Rebecca imbonankubone (live) kuri televiziyo bereka abanya-Ghana bose ko ntacyo bitwaye kuba barwiteza. Yandika ku rubuga rwe rwa Twitter, Akufo-Addo, yavuze ko urukingo nta kibazo rufite ndetse ko ruzafasha igihugu cye kurwanya…
SOMA INKURUSarkozy wayoboye Ubufaransa yahanishijwe ibihano bikakaye
Urukiko rwo mu Bufaransa rwakatiye uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Nicolas Sarkozy, gufungwa imyaka itatu nyuma yo kumuhamya ibyaha bya ruswa. Muri iyi myaka itatu yakatiwe Sarkozy umwe niwo azafungwa mu gihe ibiri isubitse. Urukiko rwatangaje ko uregwa afite uburenganzira bwo kujuririra iki cyemezo. Iki cyemezo cy’urukiko cyafashwe kuri uyu wa Mbere, nyuma yo guhamya Nicolas Sarkozy wayoboye u Bufaransa kuva mu 2007 kugera mu 2012 icyaha cyo guha umucamanza ruswa. Sarkozy w’imyaka 66, ashinjwa ko mu gihe yari akiri Perezida, yagerageje guhatira Gilbert Azibert, wari umucamanza, akaba n’Umujyanama Mukuru…
SOMA INKURUTrump yahishuye akamuri ku mutima
Ikinyamakuru The Tribune cyatangaje ko Donald Trump wari waririnze kujya mu itangazamakuru kuva yava ku butegetsi, mu nama y’Aba-Républicains yabereye i Florida ku wa 28 Gashyantare 2021, yatangaje akari ku mutima. Uwahoze ari Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaciye amarenga yo kongera kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu mu matora ya 2024, nyuma y’uko ibirego byo kumutakariza icyizere yabitsinze ubugira kabiri. Trump watanze imbwirwaruhame yikoma imiyoborere y’uwamusimbuye ku ntebe, Joe Biden, waje avuguruza amateka yari yarasinye, yavuze ko ishyaka rye rizasubirana ububasha bwaryo bwo kuyobora Amerika. Ati “Ni…
SOMA INKURURusesabagina yakuriwe inzira ku murima
Urugereko rw’ihariye rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rwemeje ko rufite ububasha bwo kuburanisha Rusesabagina Paul ibyaha birimo iterabwoba n’ubwicanyi akurikiranyweho, mu gihe yari aherutse kuvuga ko uru rukiko rudafite ububasha bwo kumuburanisha kuko ari umubiligi. Urukiko rwatangaje ibi rwifashishije ingingo ya 42 y’itegeko rigena ububasha bw’inkiko mu Rwanda., bityo rutangaza ko ibyo Rusesabagina yatangaje nta shingiro rufite. Ni urubanza rukomeje kuburanishirizwa i Kigali. Uru rukiko rwemeje inzizitizi y’iburabubasha yatanzwe na Paul Rusesabagina nta shingiro ifite, Rwemeje ko uru rukiko rufite ububasha wo kuburanisha Rusesabagina Paul , ni urubanza…
SOMA INKURUImyiteguro ku nama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC irarimbanyije
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yayoboye Inama y’Abaminisitiri b’Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba, EAC itegura iy’Abakuru b’Ibihugu by’uyu Muryango izaba ku wa 27 Gashyantare 2021. Iyi nama yabaye ku wa 25 Gashyantare hifashishijwe ikoranabuhanga yanitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh. Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda ibinyujije kuri Twitter yavuze ko ibyavugiwe muri iyi nama ari ibigamije gutegura iy’abakuru b’ibihugu byo muri EAC. Iyi nama ibaye mu gihe habura umunsi umwe ngo habe Inama ya 21 y’abakuru b’ibihugu…
SOMA INKURUYiyahuye nyuma yo gushinjwa gusambanywa abo atoza
Uwahoze ari umutoza w’ikipe y’abagore y’igororangingo (gymnastics) ya Leta zunze ubumwe za Amerika yiyahuye nyuma y’amasaha arezwe ihohotera rishingiye ku gutsina no gucuruza abantu, nk’uko abategetsi babivuga. Ibiro bya Dana Nessel, umushinjacyaha mukuru wa Michigan, byemeje urupfu rwa John Geddert kuwa kane nimugoroba. Mu gitondo cyo kuwa kane, Madamu Nessel yari yatangaje ibirego 24 ashinja John Geddert.Geddert niwe wari umutoza mukuru w’ikipe ya Amerika ya gymnastics mu 2012, yakoranaga bya hafi na muganga w’ikipe Larry Nassar, wahamwe no guhohotera abakinnyi amagana. BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko mu 2018 Nassar…
SOMA INKURUCovid-19 iteje uruhurirane rw’ibibazo ab’imikino y’amahirwe
Bamwe mu bakoraga mu mikino y’amahirwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bararira ayo kwarika aho bavuga ko bugarijwe n’inzara n’ubushomeri kuko bamaze amazi asaga icumi badakora. Abakoraga muri iyi mikino babwiye IGIHE ko bifuza ko indi nama y’Abaminisitiri izaterana yazabatekerezaho uko basubira mu mirimo kuko babayeho mu buzima bubabaje. Munyentwari Olivier umwe mu bakoraga muri iyo mikino yagize ati “ Nimutuvugire tubayeho nabi. Ibaze abantu tumaze mezi arenga 10 tudakora kandi twari tumenyereye kubaho dukora twigurira icyo dukeneye cyose, wumve uko tubayeho.” Kamazi Anaclet wakoraga mu nzu y’imikino y’amahirwe…
SOMA INKURU