Rubavu: Abakoraga umuhanda bakoze imyigaragambyo idasanzwe

Abakozi bubaka umuhanda uhuza umurenge wa Nyamyumba na Brasserie mu gitondo cyo kuri uyu 8 Ukwakira 2021 bahagaritse imirimo bajya kwigaragambiriza ku biro by’abakoresha babo. Mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, bamwe muri aba bakozi bagaragaje ko bafunze urugi rw’igipangu abakoresha babo bakoreramo, bavuga mu ijwi rirenga ngo ‘uburenganzira bw’abakozi bwubahwe’. Aba bakozi bavuga ko abakoresha babo batinze kubahemba amafaranga bakoreye mu kubaka rigoles z’uyu muhanda w’ibilometero 3,5 kandi ariho bari biteze gukura amafaranga yo kujyana abana ku mashuri. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’umurenge wa Nyamyumba, Niyomugabo Innocent yabwiye itangazamakuru ati…

SOMA INKURU

Abashinjwaga kuba intasi bashyikirijwe u Rwanda

Abanyarwanda barimo abagore babiri n’abagabo 18 bose bakaba bari bamaze igihe bafungiwe mu gihugu cya Uganda  bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda, bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba ahagana saa Saa Sita zo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Ukwakira 2021. Abanyarwanda bagejejwe mu Rwanda barimo abagore babiri n’abagabo 18 bose bakaba bari bamaze igihe bafungiwe muri iki gihugu cy’igituranyi bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda. Mu minsi ishize u Rwanda rwaherukaga kwakira abandi banyarwanda 14 nabo bari bamaze igihe kinini bafatiwe i Mbarara bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda. Abazanwa abenshi bavuga…

SOMA INKURU

U Rwanda rwakiriye inkunga yo kwirinda covid-19 ibarirwa mu mamiliyoni y’amadorali

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahaye u Rwanda ibikoresho byifashishwa mu kwirinda icyorezo cya Coronavirus bizakoreshwa n’abaganga, abaforomo n’abandi bose batanga serivisi z’ubuvuzi, bifite agaciro ka miliyoni 147$. Ibi bikoresho byagejejwe mu Rwanda ku wa Kane tariki 7 Ukwakira 2021, bikaba birimo udupfukamunwa, uturindantoki, bote ndetse n’imyenda ikoreshwa rimwe yambarwaga mu kwirinda Covid-19 (PPE). Iyi nkunga u Rwanda rwayihawe binyuze muri porogaramu ya Minisiteri y’Ingabo muri Amerika yo gutanga ubutabazi mu bihugu by’amahanga (Overseas Humanitarian Disaster Assistance and Civic Aid: OHDACA) ku bufatanye n’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (USAID). Iyi…

SOMA INKURU

Uko ibibazo byo mu mutwe byifashe mu Rwanda

Ubushakashatsi bwashyizwe hanze n’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima ‘Rwanda Biomedical Center’ (RBC), bugatangazwa kuya 5 Ukwakira 2021, bugaragaza ko abanyarwanda barenga miliyoni 2, bari hejuru gato ya 1/5 (20.5%) bafite ibibazo byo mu mutwe. Uburwayi bwiganje bamwe bagendana, ni ubw’Agahinda gakabije buza ku isonga ku ijanisha rya 11.9%, ku mwanya wa 2 kagakurikirwa n’Umuhangayiko ku gipimo cya 8.6%. Ku mwanya wa gatatu hakaza ikibazo cy’Ihungabana riterwa n’ibihe bikomeye aba umuntu yaranyuzemo ku ijanisha rya 3.6%. Ku mwanya wa kane haza ikibazo cyo Kunanirwa kwifata ku ngeso runaka n’ijanisha rya 3.6%. Kuri gatanu…

SOMA INKURU

Karongi: Abarimu bijejwe koroherezwa imibereho

Abarimu bo mu Karere ka Karongi, bijejwe ko mu gihe cya vuba, bashobora gushyirirwaho isoko ryihariye bazajya bahahiramo ku biciro bito, mu rwego rwo kurushaho kwiteza imbere. Ikibazo cy’isoko ryihariye rya mwarimu cyakunze kugarukwaho inshuro nyinshi, aho bamwe mu barimu bakunze kuvuga ko amafaranga bahembwa adahagije bityo bakwiye kugira isoko ryihariye rishobora kubafasha kubona ibyo bakeneye ku giciro gito. Iki kibazo cyanagarutsweho ku munsi mpuzamahanga wa mwarimu wizihijwe mu Karere ka Karongi, aho Umuyobozi w’ako Karere, Mukarutesi Vestine, yavuze ko kiri kuvugutirwa umuti. Yagize ati “Icyifuzo mwatanze cyo kuba mwagira…

SOMA INKURU

Iburasirazuba hatangiye kongerwa imbaraga z’amashanyarazi

Imiyoboro y’amashanyarazi yubatswe kera mu Turere dutandukanye tw’Intara y’Uburasirazuba ubu yatangiye kongererwa imbaraga ku buryo ihaza abayifatiraho amashanyarazi biyongereye ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi n’inganda ziciriritse ziri muri kariya gace. Ni umushinga watewe inkunga n’u Bubirigi binyuze mu kigo cyawo cy’iterambere (Enabel), ushyirwa mu bikorwa na Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) binyuze muri sosiyete yayo ishinzwe guteza imbere ingufu (EDCL). Umuhuzabikorwa wa gahunda yo gukwirakwiza amashanyarazi mu gihugu Ahimbisibwe Reuben, yatangaje ko uyu mushinga uzavugurura imiyoboro ingana n’ibilometero 194, yongererwe imbaraga ku buryo ibasha guhaza ibikorwa bikenera umuriro mwinshi. Yagize ati…

SOMA INKURU

MINISANTE ikomeje gufunga ibitaro byigenga

Minisiteri y’Ubuzima, Minisante, yafunze ibitaro byigenga, MBC Hospital, biherereye mu Biryogo ho mu murenge wa Nyarugenge mu karere ka Nyarugenge, byafunzwe nyuma y’igenzura ryakozwe hagaragara ko hari amakosa akomeye atatuma bikomeza gukora. Kuva tariki ya 1 Nzeri 2021 Minisante yatangiye igenzura mu mavuriro yigenga akorera hirya no hino mu gihugu, hagamijwe kureba imikorere yayo kugira ngo arusheho gutanga serivisi nziza. Muri iri genzura harebwa uko imitangire ya serivisi igenda mu kigo, isuku iharangwa, inyubako n’ibindi byose bihakorerwa. Nyuma yo kureba ibi ni ho hafashwe icyemezo cyo gufunga MBC Hospital kuko…

SOMA INKURU

Ibipimo byafashwe mu nsengero enye byatanze icyizero cyo guhashya covid-19

Kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Ukwakira 2021, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyatangaje ko nta bwandu bwaragaragaye mu bipimo 655 byafashwe mu nsengero enye zo mu Mujyi wa Kigali. Iki gikorwa cyakozwe muri gahunda yo kureba imiterere y’icyorezo cya COVID-19 by’umwihariko ahahurira abantu benshi harimo no mu nsengero na Kiliziya. Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) kibinyujije ku rukuta rwacyo rwa Twitter, cyatangaje ko ibipimo byafatiwe mu nsengero enye. Ubwo butumwa bugira buti “Uyu munsi twafashe ibipimo 655 bya COVID-19 mu kiliziya n’insengero mu buryo bukurikira Katedarali St Michel, 143; Zion Temple…

SOMA INKURU

Ntibikwiriye ko ibihugu bikize bikomeza gushyira Afurika inyuma -Perezida Kagame

Mu nama ya ‘World Policy Conference’ iri kubera Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu,  Perezida Kagame yatangarijemo ko bidakwiriye ko ibihugu bikize bikomeza gushyira Afurika inyuma mu bikorwa bifite inyungu rusange ku Isi. Aha Perezida Kagame yatanze urugero rw’uburyo ibihugu bya Afurika byabuze inkingo za Covid-19, mu gihe ibihugu bikize bizihunitse zitanakoreshwa. Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukomeza gushyirwaho igitutu cyo kubahiriza amahame ya demokarasi yashyizweho n’abandi bantu, ashimangira ko Abanyafurika ari bo bakwiriye kwishyiriraho uburyo bwiza bw’imiyoborere ibabereye, kugira ngo bubake ibihugu byabo. Yagize ati “Imyaka…

SOMA INKURU

Nyuma yo kotswa igitutu ndetse akanafatirwa ibihano ntibyamubujije kurahira

Col Mamady Doumbouya uherutse kuyobora itsinda ry’ingabo ryakuye Perezida Alpha Condé ku butegetsi mu Guinea, yarahiriye kuyobora iki gihugu nka Perezida w’inzibacyuho ariko avuga ko azasubiza ubutegetsi mu maboko y’abasivile. Col Doumbouya watorejwe akanakorera igisirikare cy’u Bufaransa mu bihugu birimo Afghanistan, yayoboye itsinda ryafunze Perezida Condé ku itariki ya 5 Nzeri, ahita anatangaza ko igisirikare kiyobowe n’itsinda ryari rimaze gufata ubutegetsi, ari na we wari urikuriye. Uyu mugabo w’imyaka 41, yatangaje ko intego ze ari ukuvugurura itegeko rigenga amatora muri icyo gihugu, agahangana na ruswa, akavugurura akanama gashinzwe amatora ndetse…

SOMA INKURU