Hejuru yo gusambanya abana hari ibindi bikorwa by’ihohoterwa bibakorerwa -Dr Murangira

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzahacyaha, RIB rwibukije abantu ko hejuru yo gusambanya abana hari n’ibindi bikorwa bibakorerwa bifatwa nk’ihohotera kandi bikomeje kugaragara henshi. Mu Rwanda hamaze iminsi hagaragara abantu benshi bakurikiranywe n’inzego z’ubutabera bakekwaho icyaha cyo gusambanya umwana. Nubwo gusambanya umwana ari ryo hohoterwa riri ku isonga, ntabwo ari ryo ryonyine rikorerwa abana mu Rwanda. Imbere y’Amategeko y’u Rwanda, umwana ni umuntu wese uri munsi y’imyaka 18, uyu aba ari umwana kandi akanafatwa nk’umunyantege nke akaba ariyo mpamvu amategeko amurengera akanamurinda. Umuvugizi wa RIB Dr. Murangira B. Thierry yongeye kugaruka ku kibazo…

SOMA INKURU

Abasirikare bane bakekwagaho gushaka kwica Perezida barekuwe

Kuri uyu wa kane taliki ya 24 Gashyantare 2022, Centrafrique yarekuye abasirikare bane bo mu nzego za “MINUSCA” zibungabunga amahoro muri icyo gihugu, bari bafatiwe ku kibuga cy’indege i Bangui kuwa mbere tariki 21 Gashyantare 2022 bakekwaho kuba bari mu mugambi wo gushaka kwica Perezida w’iki gihugu Faustin Archange Touadera. Umushinjacyaha ukorera i Bangui muri centrafrique yatangaje ko aba basirikare bane nta cyaha bazakurikiranwaho, Didier Tambo akavuga ko amasezerano ari hagati y’inzego za ONU na Leta y’icyo gihugu atabemerera kugezwa imbere y’umucamanza. Ambasade y’Ubufaransa hamwe na ONU bavuze ko ,…

SOMA INKURU

Kenya na Zimbabwe bafatiwe ibihano na FIFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) ryahagaritse Kenya na Zimbabwe kwitabira amarushanwa mpuzamahanga kubera uburyo Guverinoma z’ibyo bihugu zivanze mu mikorere y’inzego z’umupira w’amaguru wabyo. Zimbabwe ihanwe nyuma y’uko Guverinoma yanze kuvana ukuboko kwayo mu miyoborere y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri icyo gihugu, dore ko iherutse gushyiraho ubuyobozi bushya. Abayobozi ba mbere bakuweho mu Ugushyingo umwaka ushize bashinjwa ruswa. Kenya nayo yazize kuba Minisiteri ya siporo yarakuyeho ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri icyo gihugu bushinjwa ruswa. Nick Mwendwa wahoze ayoboye ubu ari gukurikiranwa n’inkiko. Umwanzuro wo guhagarika ibi bihugu watangajwe kuri…

SOMA INKURU

Uko Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Afurika witwaye ku kibazo cya Ukraine n’Uburusiya

Kuri uyu wa kane taliki ya 24 Gashyantare 2022, Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Afurika “AU” wamaganye igitero cy’Uburusiya kuri Ukraine kandi usaba ko imirwano ihita ihagarara, uyu muryango ukavuga ko iyi ntambara ishobora guteza amakimbirane y’imigabane. Ibi byatangajwe mu gihe ibihugu byinshi ku isi bikomeje kugaragaza ko Uburusiya bukomeje kurengera mu bitero bikomeje guhitana inzirakarengane muri Ukraine. Umuyobozi w’uyu muryango, Perezida wa Senegal, Macky Sall, na Moussa Faki Mahamat, umuyobozi wa komisiyo y’umuryango w’ubumwe bw’Afurika, bavuze ko bahangayikishijwe cyane n’ibitero by’Uburusiya kuri Ukraine. Bahamagariye Uburusiya “kubahiriza amategeko mpuzamahanga, ubusugire bw’akarere n’ubusugire…

SOMA INKURU

Ambassadeur Valentine Rugwabiza yemejwe nk’umuyobozi wa “MINUSCA”

Ambassadeur Valentine Rugwabiza yagizwe umuyobozi w’ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique  “MINUSCA”, akaba kandi n’intumwa yihariye y’umunyamabanga mukuru wa loni muri icyo gihugu. Akaba asimbuye Mankeur Ndiaye wagiyeho mu mwaka wa 2019. Ubutumwa bwa UN muri Centrafrique, United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) bwatangiye gukorerayo guhera mu mwaka wa 2014 mu rwego rwo kuhagarura amahoro. Ni nyuma y’imidugararo hagati ya Seleka na Anti Balaka yahitanye benshi. Muri iki gihugu kandi hari abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bahoherejwe ngo bafashe mu kuhagarura amahoro arambye.…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yashimiye uruhare rwa Global Fund mu gusigasira ubuzima mu Rwanda

Mu nama ku buryo bw’ikoranabuhanga itegura iyiga ku igenamigambi rirambye rya Global Fund, yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu banyuranye barimo Perezida Macky Sall wa Sénégal unayoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Umuyobozi Mukuru wayo Peter Sands na Dr Donald Kaberuka uyobora Inama y’Ubutegetsi y’uyu muryango, Perezida Kagame yashimye Global Fund umusanzu wayo mu gusigasira ubuzima mu Rwanda, ihangana n’indwara zirimo n’icyorezo cya SIDA. Perezida Kagame yashimye Global Fund ku mikoranire yayo n’u Rwanda, uyu muryango umaze imyaka isaga 20 ushinzwe ndetse…

SOMA INKURU

Agathon Rwasa yahakanye yivuye inyuma ibyo ashinjwa na Perezida Ndayishimiye

Perezida w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi (CNL), Agathon Rwasa yahakanye yivuye inyuma ko ishyaka rye ntaho rihuriye n’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa RDC kimwe n’imyigaragambyo yamagana ubutegetsi bw’u Burundi iherutse kubera i Bruxelles. Agathon Rwasa yasubizaga ku birego bya Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo yasubiraga mu gihugu cye avuye mu Bubiligi, aho yari yitabiriye inama ihuza Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’uwa Afurika Yunze Ubumwe. Perezida Ndayishimiye yavuze ko muri iyi nama yabonye umwanya wo guhura no kuganira n’Abarundi bari mu buhungiro, yishimira ko bagiye bahinduka. Yagize ati…

SOMA INKURU

Ibihano ku babyeyi n’abarezi babangamira imyigire y’umwana

Ibihano bireba umubyeyi cyangwa umurezi usibya umwana  ishuri nta mpamvu yumvikana, utamuha ibikenewe mu myigire ye kandi abifitiye ubushobozi. Utamutangira umusanzu muri gahunda yo kugaburira abana ku ishuri kandi abifitiye ubushobozi; Umuvana mu ishuri cyangwa utuma ata ishuri; aba akoze ikosa. Ni ibihano biteganywa n’itegeko N° 010/2021 ryo ku wa 16/02/2021, rigena imitunganyirize y’Uburezi mu Rwanda. Kutohereza umwana ku ishuri cyangwa kurimusibya birahanirwa Mu ngingo yaryo ya 125, ivuga ko kuvutsa umwana uburenganzira bwo kwiga amashuri y’uburezi bw’ibanze, haseguriwe ibiteganywa n’andi mategeko ahana, umubyeyi cyangwa undi muntu ufite ububasha bwa…

SOMA INKURU

Umuhungu wa Bobi Wine yafatanywe ibiyobyabwenge ku ishuri

Amakuru dukesha Chimpreports atangaza ko Solomon Sekayi umuhungu wa Bobi Wine wigaga muri St Mary’s College Kisubi yirukanywe ku wa 1 Gashyantare 2022, nyuma y’igikorwa cyo gusaka ishuri cyakozwe bakamusangana urumogi. Umuyobozi wa St Mary’s College Kisubi, Deodati Aliganyira yavuze ko Solomon Sekayi yirukanywe mu gihe cy’ibyumweru bibiri. Ati “Ni byo koko ibyo bintu byarabaye, ikibazo cyarakemuwe, uwo muhungu twaramwihanangirije. Yasanganywe urumogi ruzingiye mu gipapuro nk’isegereti, twaramwirukanye.” Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) ni umuhanzi ukomeye muri Uganda, ndetse mu myaka mike ishize yafashe icyemezo cyo kwinjira muri Politike. Ni umwe mu…

SOMA INKURU

Perezida wa Ukraine mu nzira zo guhunga

Amakuru atangwa n’ubutasi bwa LetaZunze Ubumwe za Amerika aremeza ko perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, ashobora kuva mu Murwa Mukuru w’Igihugu cye “Kyiv”, mu gihe u Burusiya bwaramuka buwugabyeho ibitero.  Mu mwama wa 2014, ibice bya Donetsk na Lugansk biri mu Burasirazuba bwa Ukraine byakoze imyigaragambyo ikomeye yarangiye bitangaje ko byigenze, gusa ntihagira igihugu na kimwe cyemera ubwigenge bwabyo, ahubwo ibihugu byinshi bikomeza kubifata nk’ibya Ukraine. Ku mugoroba wo ku itariki ya 21 Gashyantare, Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yatangaje ko Igihugu cye kigiye kwemeza ubwigenge bw’ibyo bice byombi, igifatwa…

SOMA INKURU