Nyarugenge: Hafashwe amakarito arenga 500 y’ibinyobwa bidafite ubuziranenge

Kuri uyu wa mbere tariki 26 Kanama 2019, nibwo Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Nyarugenge yatahuye  mu bubiko bw’inzu y’umuturage amakarito 550 y’ibinyobwa bitemewe bizwi nka “Agasusuruko Bonne Chance” bikorwa na Agasusuruko Familly Ltd. Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Marie Gorette Umutesi yavuze ko ibi binyobwa bitemewe byafashwe kubera amakuru yatanzwe n’abaturage. Yagize ati “Abaturage baduhaye amakuru ko babonye imodoka ya Daihatsu ipakiye ibinyobwa bitemewe niko kuyikurikirana dusanga bari kubipakurura babishyira mu bubiko, basabwe ibyangombwa by’ubuziranenge barabibura.” CIP Umutesi yasabye abenga…

SOMA INKURU

Karongi: Ruswa iratungwa agatoki mu kutishyurwa imitungo yabo

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Karongi, intara y’Iburengerazuba, barinubira kuba bararangirijwe imanza z’imitungo yabo mu nkiko Gacaca yangijwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ariko abari bashinzwe kwishyuza harimo n’abayobozi bakayirira ntibishyurwe aho bagejeje ikibazo ntibarenganurwe ahubwo umuyobozi ubyinjiyemo nawe agacika intege zo kubikurikirana, ari nayo mpamvu babashinja ruswa. Aba baturage batangaza ko bake bishyuwe nabo batarengerejwe 1/10 cy’ayo bagomba guhabwa, kandi abagomba kwishyura barayatanze yose n’aho bibaye ngombwa imitungo yabo yaratezwaga cyamunara. Iki akaba ari ikibazo kimaze igihe, yaba ukwishyura ibyangijwe cyangwa gutanga indishyi bisa n’ibyananiranye muri…

SOMA INKURU

U Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu gukumira Ebola

Kuva muri Kanama muri uyu mwaka wa 2019 Guverinoma y’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, zemeranyije guhuza imbaraga mu kurwanya icyorezo cya Ebola hagati y’ibihugu byombi, binyuze mu guhuza gahunda z’ibikorwa no gusangira ubunararibonye mu guhangana n’iki cyorezo. OMS ivuga ko bimwe mu bizibandwaho hazakomeza uburyo bwo kwitegura mu kwegereza no kubaka ubushobozi, gutanga amakuru ahagaragara umurwayi wa Ebola, kongera ubwirinzi, kongera ingufu mu bufatanye ku mipaka n’ibindi. Muri rusange kuva muri Nyakanga kugeza mu Ukuboza 2019, hazakoreshwa miliyoni 14.6 z’amadorali mu guhangana n’iki kibazo mu Rwanda, aya…

SOMA INKURU

Umutoza Robertinho yashyize hanze ikimuvanye muri Rayon Sports

Ahagana ku isaha ya saa saba na mirongo ine n’itanu z’urukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Kanama 2019 nibwo umutoza Robertinho yuriye indege asubira iwabo muri Brazil gusa yasezeye ku bafana ba Rayon Sports ndetse avuga ko ari ikipe azahora yubaha. Robertinho yabwiye itangazamakuru ko yagarutse mu Rwanda ahanini kubera ubusabe bw’abafana,yemera byose ikipe ya Rayon Sports ngo yamusabaga harimo ko yari kuguma ku mushahara yahozeho umwaka ushize ariko bikarangira adahawe amasezerano mashya. Yagize ti “Namaze iminsi 23 ntegereje guhabwa amasezerano …njyewe ndi umunyamwuga. Saison ishize nakoranye na…

SOMA INKURU

Burundi: Perezida Nkurunziza yagize icyo atangaza ku matora y’umwaka utaha

Mu ijambo yagejeje ku barundi ku munsi w’ejo tariki ya 20 Kanama 2019, ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka ine atorewe kuyobora u Burundi manda we yita iya kabiri ariko hari abayita iya gatatu, Perezida Nkurunziza Pierre yavuze ko ibisigaye agiye kubikora muri iyi minsi mike isigaye ngo amatora abe, ngo ibyo atagezeho azabiharira abazamusimbura ku butegetsi. Nkurunziza yongeye kumenyesha Abarundi ko atazongera kwiyamamariza kuyobora u Burundi, akaba yamenyesheje ko ibizaba bisigaye kugerwaho bizakorwa n’abazamukorera mu ngata, nk’uko abarundi bavuga ngo “Ntawupfa abimaze”’. Yagize ati “ibizoba bisigaye navyo bizokorwa n’abazodukorera mu ngata”.…

SOMA INKURU

Kigali: Polisi ikomeje guhashya abajura

Mu ijoro ryakeye ryo kuri uyu wa kabiri tariki 20 Kanama 2019, ubwo  Polisi yari mu kazi ko gucunga umutekano mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Cyimo, Umurenge wa Masaka yasanze abasore batatu bacukura inzu y’umukecuru witwa Francoise Kankindi w’imyaka 78, aba basore bakibona polisi baje bafite imipanga n’ibyuma by’umutarimba bashaka kubikubita abapolisi, barasa umwe arapfa abandi bariruka. Uwarasiwe i Masaka ngo nta byangombwa bimuranga yari afite ariko umurebye wakeka ko afite hagati y’imyaka 25 na 27 y’amavuko. Umurambo we wajyanywe ku bitaro by’Akarere ka Gasabo biri Kacyiru. Polisi kandi…

SOMA INKURU

Ikipe y’u Rwanda ya Beach Volleyball yageze muri ½

Ikipe y’u Rwanda igizwe na Ntagengwa Olivier na Akumuntu Kavalo Patrick imaze imikino ine yikurikiranya idatsindwa nyuma yo gutsinda itatu yakinnye mu matsinda, kuri ubu iyi kipe y’u Rwanda y’abagabo mu mukino wa Beach Volleyball yabonye itike yo gukina ½ mu mikino nyafurika ya All-African Games ikomeje kubera muri Maroc ubwo yatsindaga iya Ghana amaseti 2-0 mu mukino wabaye kuri uyu wa Kabiri. Muri ½ , u Rwanda rwatomboye guhura na Gambia mu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatatu,  uraba wabanjirijwe n’uhuza Afurika y’Epfo na Maroc. Mu bagore, Misiri yatsinze…

SOMA INKURU

Miss Rwanda 2012 Mutesi Aurore mu kababaro gakomeye

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki ya 19 Kanama 2019, nibwo hamenyekanye inkuru y’urupfu rw’umubyeyi Kayibanda Ladislas, akaba umubyeyi  wa Kayibanda Mutesi Aurore wabaye Miss Rwanda 2012. Uyu mubyeyi yari amaze igihe aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yitabye Imana nyuma y’igihe kitari  gito yaramaze arwaye. Inkuru y’urupfu rwa Kayibanda Ladislas, bwa mbere yatangajwe na Isimbi Melisa wabaye Miss Congeniality muri Miss Rwanda 2014, akaba yabikoze mu rwego rwo kwihanganisha Miss Mutesi Aurore.   TETA Sandra  

SOMA INKURU

RDC: Ikindi cyorezo kimaze guhitana benshi kurusha Ebola

Umuyobozi w’abaganga batagira umupaka muri  Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Karel Janssen yabwiye BBC ko mu ntara 26 zigize Congo, 23 zibasiwe n’icyorezo cy’iseru, dore ko kuva uyu mwaka wa 2019 watangira, indwara y’iseru imaze guhitana abana basaga 2700, kandi uyu muganga ashimangira ko nta kidasanzwe icyo gihugu kiri gukora ngo gihagarike icyo cyorezo. Mu bituma icyo cyorezo gikomeza gukomera, Janssen yavuze ko harimo kutagira inkingo zihagije, isuku nke, amakimbirane ateza umutekano muke abaturage bagahunga n’ibindi. Yavuze ko ubusanzwe iseru itakabaye icyorezo, uretse iyo hajemo uburangare bwo kutayitaho. Muri Miliyoni…

SOMA INKURU

Diamond yarenzwe n’iterambere yabonye mu Rwanda, agira icyo asaba perezida wa Tanzaniya

Mbere y’uko ataramira abanyarwanda i Kigali mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 17 Kanama 2019 mu gitaramo cyo gusoza Iwacu Muzika Festival cyabereye muri Parikingi ya Stade Amahoro , Umuhanzi wo muri Tanzania Diamond Platnumz yabanje gusura inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya Kigali Arena Arena, akigera iwabo muri Tanzaniya Diamond yasabye Perezida wa Tanzania John Pombe Magufuri kubafasha nabo kubona inyubako nk’iyi ishobora gufasha abahanzi badafite ahantu heza ho gutaramira. Ubwo yari ageze muri Tanzania Diamond Platnumz yanze kuripfana avuga ko yatangajwe n’inyubako ya Kigali Arena yabonye mu Rwanda Ati…

SOMA INKURU