Itariki ivuga byinshi ku mateka y’u Rwanda

Itariki ya 1 Ukwakira ni umunsi udasanzwe, Abanyarwanda bazirikanaho ubudasa mu gukunda igihugu, kuko ari bwo ishami rya gisirikare ry’Umuryango FPR-Inkotanyi ryitwaga APR, ryagabye igitero ku mupaka wa Kagitumba riyobowe na Gen Maj Fred Gisa Rwigema, hagatangira urugamba rwo kubohora igihugu. Yari intangiriro yo gushyira mu bikorwa umugambi wo gufasha abanyarwanda gutahuka nyuma y’imyaka isaga 30 barahejejwe mu buhungiro, kandi ubutegetsi bwariho icyo gihe bwari bwaranangiye kubacyura mu nzira y’amahoro. Yari kandi imbarutso yo guhagarika ivangura mu Banyarwanda, hubakwa ubumwe bwabo, ubuyobozi bugendera ku mahame ya demokarasi ndetse u Rwanda…

SOMA INKURU

Impanuka mu bintu icumi bya mbere bitwara ubuzima bwa benshi mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Nzeri 2019, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, mu kiganiro The Square gica kuri Televiziyo Rwanda, yatangaje ko impanuka zo mu muhanda ziri ku mwanya wa cumi mu mpamvu zitera urupfu mu Rwanda. Yavuze ko buri mwaka nibura abantu basaga 500 baburira ubuzima mu mpanuka zo mu muhanda naho abarenga 3000 bagakomereka bikomeye, izo ngaruka zikagera no ku bigo by’ubwishingizi bitanga nibura miliyari 20 Frw nk’impozamarira. Yakomeje ati “Ugereranyije umubare w’impanuka dufite muri uyu mwaka uhereye muri Mutarama ukageza muri Kanama,…

SOMA INKURU

Intara y’Amajyaruguru iragendererwa n’ubuyobozi

Kuri uyu wa Mbere tariki 23 Nzeri 2019, abaturage bo mu Karere ka Burera barakira Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, akaba aribusure ibitaro bya Butaro n’ibindi bikorwa by’iterambere mu buhinzi n’ubworozi Mu ruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu Karere ka Burera arasura ibikorwa by’iterambere bitandukanye birimo amakusanyirizo y’ibirayi n’indi mishinga y’ubuhinzi. Arabanza gusura Ikigo cy’Ubushakashatsi mu by’ubuhinzi cya Rwerere, nyuma asure TVET ya Rusarabuye, akurikizeho gusura ibitaro bya Butaro. Nyuma arakomereza urugendo rwe mu Murenge wa Kagogo asure Hotel yitwa Burera Beach (iri kubakwa ntiruzura), ahave ajya gusura…

SOMA INKURU

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima cyanenzwe bikomeye na PAC

Ubwo ubuyobozi bw’Ikigo Gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) bwitabaga PAC kugira ngo busobanure ku mikoreshereje y’umutungo wa leta, nk’uko bikubiye muri raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta umwaka wa 2017-2018, bwasabwe kugaruza miliyoni zisaga 370 zarigishijwe mu mwaka wa 2014 n’abayikoreraga ariko ntihabeho kuyikurikirana. Bamwe mu bakekwaho kunyereza aya mafaranga ni abakozi babiri ba RBC, bakoraga mu ishami rishinze ububiko bw’imiti. Depite Ntezimana Jean Claude yabajije RBC igituma irangara ntikurikirana imitungo yarigishijwe. Yagize ati “Turashaka kumenya impamvu aya mafaranga ataragaruzwa ndetse mukatubwira n’irengero ry’abakekwaho kuyanyereza, turashaka ko aya mafaranga agaruzwa…

SOMA INKURU

Ikibazo cyo gusambanya abana gikomeje gufata intera

Inzego zitandukanye zikomeje gushakira umuti ikibazo cyo gusambanya no gutera abana inda, gikomeje gufata indi ntera ndetse imibare igaragaza ko uko umwaka utashye, kigenda gihindura isura. Imibare y’uburyo ibirego byo gusambanya abana byatanzwe igaragaza ko mu 2016/17, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwakiriye ibirego 2091, mu 2017/18 biba 3060 naho mu 2018/19 yakira ibirego 3512. Mu bantu bakurikiranyweho ibi byaha, mu 2018/2019 ni 3417, mu 2017/18 bari 3001 naho mu 2016/2017 ni abantu 2092. Iki kibazo cyahawe umwanya uhagije mu kiganiro Intambwe Iganje cyatambutse kuri RBA, aho Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango,…

SOMA INKURU

Imbere yas PAC abayobozi b’Akarere ka Ruhango bakojejwe isoni na rwiyemezamirimo

Kuri uyu wa Mbere tariki 16 Nzeri 2019, itsinda ry’abagera kuri 15 barimo Abagize Inama Njyanama, Komite Nyobozi, Abakozi na bamwe muri ba rwiyemezamirimo baba bakoze ibikorwa mu Karere ka Ruhango bari bitabye Komisiyo Ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’Umutungo wa Leta mu Nteko Ishinga Amategeko, PAC. Basobanuraga imikoreshereze y’amafaranga leta igenera aka karere ngo hakorwe ibikorwa bigamije kuzamura iterambere ry’abaturage n’igihugu muri rusange yakoreshejwe nabi. Abayobozi b’Akarere ka Ruhango bitanye ba mwana na rwiyemezamirimo Hakizimana Gérard wahawe isoko ryo kubaka ikigo cy’urubyiruko cya Ruhango nyuma bikaza kugaragara ko habayeho ubukererwe mu…

SOMA INKURU

Uganda yarekuye abanyarwanda 32 bari bafunze

Abanyarwanda 32 barimo 28 bafatiwe mu rusengero rwa ADEPR, birukanywe muri Uganda, nyuma yo kumara igihe kinini bafungiye muri kasho zo muri icyo gihugu aho bavuga ko bari babayeho nabi banakorerwa iyicarubozo. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane taliki ya 12 Nzeri 2019,Urwego Rushinzwe abinjira n’abasohoka rwo ku mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare, rwaraye rwakiriye Abanyarwanda 32 nk’uko amakuru dukesha RBA abitangaza. Aba Banyarwanda bagejejwe i Kagitumba mu masaha ya saa mbiri n’igice z’ijoro aho Urwego rw’abinjira n’abasohoka ku ruhande rwa Uganda rukaba ari rwo rwabohereje mu…

SOMA INKURU

Iperereza ku bava muri Uganda bakekwaho gukorana na RNC

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko Polisi irimo gukora iperereza no gukurikirana niba umutwe wa Kayumba Nyamwasa (RNC) urimo gushakira abayoboke mu Rwanda. Mu Banyarwanda baza bashinja Uganda kubambura utwabo no kubakoresha ubucakara bwo guhinga, ngo haba harimo intumwa za Kayumba Nyamwasa washinze umutwe witwa RNC. Leta y’u Rwanda ivuga ko Uganda itera inkunga uwo mutwe ushinjwa kuyihungabanyiriza umutekano. Uwitwa Uwingenzi Jean Berchmas wafungiwe muri Uganda, ashimangira ko Polisi y’icyo gihugu yinjiriwe n’abantu bo muri RNC, bakaba ngo barimo kwinjiza muri uwo mutwe Abanyarwanda bajya…

SOMA INKURU

Kubona icyangombwa cyerekana ko umuntu yakatiwe cyangwa atakatiwe byorohejwe

Ubu muntu wese ufite telefone igezweho cyangwa mudasobwa ifite internet anyuze ku rubuga rwa Irembo, ashobora gusaba ndetse agahabwa icyangombwa cyerekana ko yakatiwe cyangwa atakatiwe hifashishijwe ikoranabuhanga atiriwe agana ubushinjacyaha ngo bukimuhe mu ntoki. Mu busanzwe umuntu yasabaga iki cyangombwa akoresheje ikoranabuhanga ariko ubu azajya anagihabwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, nk’uko byatangajwe mu kiganiro ubushinjacyaha bwagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere. Umushinjacyaha Mukuru Mutangana Jean Bosco, yavuze ko ubu buryo bw’ikoranabuhanga buzaruhura Abanyarwanda mu ngendo zitandukanye bakoraga, bubarinde gutonda umurongo aho uru rwego rukorera bashaka iki cyangombwa ku mpamvu zitandukanye. Yagize…

SOMA INKURU

Inkubiri yo kwegura mu bagize nyobozi y’Akarere ntiyasize Musanze na Ngororero

Inama y’ akarere ka Musanze kuri uyu wa 3 Nzeri 2019 yeguje HABYARIMANA Jean Damascène wari Umuyobozi w’ Akarere na NDABEREYE Augustin wari Umuyobozi w’ akarere ushinzwe iterambere ry’ubukungu, uwari Visi Meya ushinzwe imbereho y’ abaturage yasabye kwegura, abegujwe barakekwaho ibyaha. Ibi ntibyagarukiye mu Karere ka Musanze n’aka Karongi gusa, kuko no mu Karere ka Ngororero Perezida w’ Inama Njyanama y’ aka Karere yavuze ko aba bayobozi b’Akarere bombi bungirije hamwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa wako banditse basaba kwegura bavuga ko inshingano bahawe batagishoboye kuzisohoza, muri bo harimo Kanyange Christine, Kuradusenge Janvier…

SOMA INKURU