Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 01 Nzeri, ryongeye gufatira mu mujyi wa Kigali abandi bashoferi barenga 30 bazira gutwara banyoye ibisindisha. Ibi bije nyuma y’aho mu ijoro ryo kuwa Gatanu n’iryo kuwa Gatandatu Polisi yari yafashe abashoferi barenga 88 n’ubundi mu mujyi wa Kigali bazira icyaha cyo gutwara banyoye ibisindisha. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko muri uku kwezi dusoje abashoferi 53 bafunzwe bazira icyaha cyo gucomokora utugabanayamuvuduko. Yagize ati “Twafashe igihe…
SOMA INKURUCategory: politike
Meya wa Karongi na ba Visi Meya bamwungirije baraye basabye kwegura
Ku mugoroba w’ejo ku wa mbere taliki 2/9/2019 nibwo Ndayisaba Francois, Meya w’Akarere ka Karongi ndetse na bagenzi be babiri bamwungirije muri Nyobozi baraye bandikiye Perezida wa Njyanama bamusaba kwegura ku buyobozi bw’Akarere ku mpamvu zabo bwite. Amakuru dukesha Umuryango atangaza ko nyuma yo kwakira ibaruwa z’ubwegure bwa Nyobozi, Perezida wa Njyanama yahise atumiza bagenzi be babana mu Nama Njyanama y’Akarere mu nama idasanzwe iteganyijwe kubera i Karongi muri iki gitondo, iri bwige ku ma baruwa y’ubwegure bw’aba bayobozi. Andi makuru ni uko aba bayobozi uko ari batatu bari baranananiwe…
SOMA INKURUUmurambo wa Baziga Louis uragezwa mu Rwanda
Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique, Nikobisanzwe Claude, yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 30 Kanama 2019 aribwo umurambo wa Baziga Louis wari umuyobozi wa Diaspora Nyarwanda wavanwe muri iki gihugu kugira ngo ushyingurwe mu Rwanda, bikaba biteganyijwe ko ugezwa mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Kanama 2019. Baziga Louis yishwe arashwe tariki 26 Kanama 2019, ahagana saa tanu z’igitondo ubwo yari mu muhanda w’igitaka werekeza kuri kaburimbo mu gace ka Bike mu Mujyi wa Maputo. Uwatanze amakuru yavuze ko Baziga yari mu modoka ye yitwaye hanyuma yitambikwa n’izindi…
SOMA INKURUPerezida Kagame mu nama yiga ku iterambere ry’Afurika
Perezida Kagame yitabiriye inama ya karindwi isanzwe ihuza Afurika n’u Buyapani, yatangiye tariki 28 ikazasozwa ejo tariki 30 Kanama 2019, akaba yagejeje ikiganiro ku bayitabiriye ubwo yafungurwaga, akaba ari ni umwanya mwiza wo gushaka uko ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda n’u Buyapani bwanozwa. U Buyapani ni umuterankunga ukomeye w’u Rwanda, aho kuva mu mwaka wa 2008 kugeza mu mwaka wa 2017, bwateye inkunga u Rwanda igera kuri miliyoni 350 z’amadolari binyuze mu Kigega cyabwo gishinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga “JICA”. Perezida Kagame akaba yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shinzo Abe,…
SOMA INKURUU Rwanda rwahawe inguzanyo yo guhangana n’imirire mibi
Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2019, u Buyapani bwagiranye amasezerano n’u Rwanda, y’inguzanyo ya miliyari 10 z’Amayeni y’u Buyapani, ni ukuvuga miliyoni 90 z’amadorali ya Amerika azakoreshwa mu kuvugurura ubuhinzi, bikazagira uruhare mu guhangana n’ikibazo cy’igwingira ry’abana. Yasinyiwe ku cyicaro gikuru cya Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, ashyirwaho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Takayuki Miyashita hamwe n’Umuyobozi wa JICA mu Rwanda, Shin Maruo Dr Ndagijimana yavuze ko iyi inguzanyo iciriritse cyane kuko inyungu yayo ari 0.01% kandi ikaba izishyurwa mu gihe kirekire…
SOMA INKURUBrazil n’u Rwanda bagiranye amasezerano y’ingendo zo mu kirere
Kuri uyu wa gatatu tariki 14 Kanama 2019, u Rwanda na Brazil bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu by’ingendo z’indege yari amaze imyaka ibiri yemeranyijweho. Fernando Estellita Lins de Salvo Coimbra Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda yasinye ku ruhande rw’igihugu ke. Ambasaderi Claver Gatete, Minisitiri w’ibikorwa remezo yavuze ko amasezerano bagiranye na Leta ya Brazil azafasha mu rujya n’uruza rw’abantu n’ibintu cyane cyane abakerarugendo bazaza mu Rwanda. Yagize ati “Bizadufasha guteza imbere ubuhahirane bw’ibihugu byombi no kureba ibindi bikorwa twafatanya.” Yavuze ko u Rwanda rushaka guteza imbere urwego rw’igendo z’indege,…
SOMA INKURUMulatu Teshome wayoboye Ethiopia yasuye u Rwanda
Kuri uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2019, Perezida Kagame yakiriye uwahoze ari Perezida wa Ethiopia, Mulatu Teshome Wirtu n’itsinda ayoboye nk’uko ibiro by’Umukuru w’Igihugu byabitangaje. Mulatu Teshome Wirtu w’imyaka 62 yabaye Perezida wa Ethiopia kuva tariki 7 Ukwakira 2013 kugeza tariki 25 Ukwakira 2018. Kugeza ubu ntiharatangazwa ibyo impande zombi zaganiriyeho. Perezida Kagame aherutse gutangaza ko umubano w’u Rwanda na Ethiopia umaze guhama ku buryo nta nzitizi ishobora kuwitambikamo ngo iburirwe umuti. Ubwo yari mu nama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU, ihuza abakuru b’ibihugu ku nshuro ya 28,…
SOMA INKURUAbanyeshuli 46 barangije icyiciro cya gatatu mu bijyanye n’ubuvuzi rusange
Kuri iki cyumweru tariki 11 Kanama 2019, habaye umuhango wo gutanga impamyabumenyi z’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’ubuvuzi rusange muri Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi “University of Global Health Equity, UGHE” iri i Butaro, mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, abagera kuri 46 baturuka mu bihugu 11 binyuranye byo ku isi nibo bahawe impamyabumenyi mu bijyanye n’ubumenyi mu buvuzi rusange, akaba ari umuhango wanitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame. Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, yavuze ko ari iby’ingenzi kuba iyo kaminuza yahaye impamyabumenyi abanyeshuri ku nshuro ya gatatu, asaba…
SOMA INKURUNyagatare: Rwiziringa ikiyobyabwenge cyugarije abanyeshuri bo mu mashuri abanza
Abaturage, ababyeyi n’abaganga bo mu Murenge wa Nyagatare barasaba ko hakorwa ubukangurambaga bwihariye bwo kurwanya Rwiziringa ifatwa nk’ikiyobyabwenge cyugarije abana b’abanyeshuri bo mu mashuri abanza.Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwo buremeza ko iki giti kigiye gushyirwa ku rutonde rw’ibiyobyabwenge kikarwanywa nk’uko ibindi biyobyabwenge byose birwanywa. Iki ni igiti gikunze kuba ahantu haba inka cyangwa se icukiro, iyo gikuze kugeza ku burebure bwa metero imwe n’igice gitangira kuraba kikazana ihundo rifunze, iki giti mu gihe cy’impeshyi rya hundo rifunze riruma rigafunguka, hakabamo imbuto z’umukara izi mbuto nizo abana barya zikabatera guta…
SOMA INKURUIkigo gishinzwe ubuzima mu Rwanda “RBC” cyahawe umuyobozi mushya
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, kuri uyu wa Mbere tariki 29 Nyakanga 2019, iyobowe na Perezida Paul Kagame, yashyizeho umuyobozi mushya w’Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda “RBC”, akaba ari Dr Sabin Nsanzimana wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya Sida n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, akaba yasimbuye Dr Condo Umutesi Jeanne wayoboye iki kigo kuva muri Gashyantare 2016. Dr. Sabin Nsanzimana akaba ari umuganga w’inzobere mu guhangana n’icyorezo cya Sida. Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu mu bijyanye no kurwanya ibyorezo “Clinical Epidemiology” yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda. Kuri Dr…
SOMA INKURU