Sarkozy wayoboye Ubufaransa yahanishijwe ibihano bikakaye

Urukiko rwo mu Bufaransa rwakatiye uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Nicolas Sarkozy, gufungwa imyaka itatu nyuma yo kumuhamya ibyaha bya ruswa. Muri iyi myaka itatu yakatiwe Sarkozy umwe niwo azafungwa mu gihe ibiri isubitse. Urukiko rwatangaje ko uregwa afite uburenganzira bwo kujuririra iki cyemezo. Iki cyemezo cy’urukiko cyafashwe kuri uyu wa Mbere, nyuma yo guhamya Nicolas Sarkozy wayoboye u Bufaransa kuva mu 2007 kugera mu 2012 icyaha cyo guha umucamanza ruswa. Sarkozy w’imyaka 66, ashinjwa ko mu gihe yari akiri Perezida, yagerageje guhatira Gilbert Azibert, wari umucamanza, akaba n’Umujyanama Mukuru…

SOMA INKURU

Trump yahishuye akamuri ku mutima

Ikinyamakuru The Tribune cyatangaje ko Donald Trump wari waririnze kujya mu itangazamakuru kuva yava ku butegetsi, mu nama y’Aba-Républicains yabereye i Florida ku wa 28 Gashyantare 2021, yatangaje akari ku mutima. Uwahoze ari Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaciye amarenga yo kongera kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu mu matora ya 2024, nyuma y’uko ibirego byo kumutakariza icyizere yabitsinze ubugira kabiri. Trump watanze imbwirwaruhame yikoma imiyoborere y’uwamusimbuye ku ntebe, Joe Biden, waje avuguruza amateka yari yarasinye, yavuze ko ishyaka rye rizasubirana ububasha bwaryo bwo kuyobora Amerika. Ati “Ni…

SOMA INKURU

Rusesabagina yakuriwe inzira ku murima

Urugereko rw’ihariye rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rwemeje ko rufite ububasha bwo kuburanisha Rusesabagina Paul ibyaha birimo iterabwoba n’ubwicanyi akurikiranyweho, mu gihe yari aherutse kuvuga ko uru rukiko rudafite ububasha bwo kumuburanisha kuko ari umubiligi. Urukiko rwatangaje ibi rwifashishije ingingo ya 42 y’itegeko rigena ububasha bw’inkiko mu Rwanda., bityo rutangaza ko ibyo Rusesabagina yatangaje nta shingiro rufite. Ni urubanza rukomeje kuburanishirizwa i Kigali. Uru rukiko rwemeje inzizitizi y’iburabubasha yatanzwe na Paul Rusesabagina nta shingiro ifite, Rwemeje ko uru rukiko rufite ububasha wo kuburanisha Rusesabagina Paul , ni urubanza…

SOMA INKURU

Imyiteguro ku nama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC irarimbanyije

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yayoboye Inama y’Abaminisitiri b’Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba, EAC itegura iy’Abakuru b’Ibihugu by’uyu Muryango izaba ku wa 27 Gashyantare 2021. Iyi nama yabaye ku wa 25 Gashyantare hifashishijwe ikoranabuhanga yanitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh. Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda ibinyujije kuri Twitter yavuze ko ibyavugiwe muri iyi nama ari ibigamije gutegura iy’abakuru b’ibihugu byo muri EAC. Iyi nama ibaye mu gihe habura umunsi umwe ngo habe Inama ya 21 y’abakuru b’ibihugu…

SOMA INKURU

Covid-19 iteje uruhurirane rw’ibibazo ab’imikino y’amahirwe

Bamwe mu bakoraga mu mikino y’amahirwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bararira ayo kwarika aho bavuga ko bugarijwe n’inzara n’ubushomeri kuko bamaze amazi asaga icumi badakora. Abakoraga muri iyi mikino babwiye IGIHE ko bifuza ko indi nama y’Abaminisitiri izaterana yazabatekerezaho uko basubira mu mirimo kuko babayeho mu buzima bubabaje. Munyentwari Olivier umwe mu bakoraga muri iyo mikino yagize ati “ Nimutuvugire tubayeho nabi. Ibaze abantu tumaze mezi arenga 10 tudakora kandi twari tumenyereye kubaho dukora twigurira icyo dukeneye cyose, wumve uko tubayeho.” Kamazi Anaclet wakoraga mu nzu y’imikino y’amahirwe…

SOMA INKURU

Perezida wa Senegal yafashe iya mbere mu kwikingiza

Ubwo Senegal yatangiraga ibikorwa byo gukingira abaturage bayo icyorezo cya COVID-19, Perezida w’iki gihugu , Macky Sall na we ari mu bakingiwe. Perezida Macky Sall yakingiwe ku wa 25 Gashyantare. Iki gikorwa kikaba cyaranyuze kuri televiziyo zitandukanye zo muri iki gihugu. Kuva mu minsi ibiri Senegal itangiye ibikorwa byo gukingira abaturage bayo, imaze gukingira abagera ku 4000. Inkingo iki gihugu kiri gukoresha ni izigera kuri doze ibihumbi 200 cyaguze mu Bushinwa. BBC yatangaje ko Perezida Macky Sall yavuze ko bahisemo kuba baguze izi nkingo kuko batari gutegereza igihe bazagerezwaho izo…

SOMA INKURU

Polisi y’u Rwanda yagobotse ikigo cy’amashuri cyari kibasiwe n’inkongi y’umuriro

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Gashyantare ahagana saa munani nibwo abapolisi bo mu ishami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi bagiye kuzimya inkongi y’umuriro yarimo kubera mu macumbi y’abanyeshuri bo mu ishuri ryisumbuye rya Gisenyi Adventist Secondary School (GASS) riherereye mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi. Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Baptiste Seminega yavuze ko muri iryo joro Polisi yatabaye igerageza kuzimya inkongi ntihagira umunyeshuri ugira icyo aba ndetse na bimwe mu…

SOMA INKURU

Kigali: Hakuweho urujijo rw’umuturage wasenyewe nyuma y’amezi atandatu inzu yuzuye

Ubuyobazi bw’Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali bwakuyeho urujijo ku makuru amaze iminsi atangazwa, y’umuturage Twagiramungu Jean Baptiste utuye mu murenge wa Kigarama, mu karere ka Kicukiro,  wasenyewe inzu yari amazemo amezi atandatu. Twagiramungu aherutse gutangariza bimwe mu binyamakuru bikorera mu Rwanda ko yasenyewe kubera ko yanze gutanga ruswa, nyuma yo kwanga kuyitanga inzu ye bigaragara ko yari nziza cyane ubirebeye inyuma igahita ihatwa amapiki igasigara ari umusaka. Mu kiganiro Imvaho Nshya yagiranye n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro Umutesi Solange, yasobanuye icyatumye uyu muturage asenyerwa gihabanye n’ibyo umuturage atangaza…

SOMA INKURU

Guhoza inyungu z’u Rwanda imbere umusemburo w’ubutwari- Min Bamporiki

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard yifatanyije n’Abanyarwanda batuye muri Zimbabwe na Botswana kwizihiza umunsi w’Intwari z’Igihugu hifashishijwe ikoranabuhanga kuri iki cyumweru tariki ya 7 Gashyantare 2021. Muyibukije abitabiriye uwo muhango ko guhoza inyungu z’u Rwanda imbere ari wo musemburo w’ubutwari, ati “Gushyira u Rwanda imbere buri munsi biguha imbaraga zo kwimakaza ubutwari buri kanya… Dukwiye guhindura imitekerereze tukumva ko Umunyarwanda aho ari arangwa n’ubutwari, arangwa n’indangagaciro z’Abanyarwanda, tukumva ko kurangwa n’ubutwari ari ubuzima.” Gahunda y’uyu munsi ikurikiye iyabaye ku munsi w’ejo ku wa Gatandatu tariki ya…

SOMA INKURU

Ngororero: Gitifu w’umurenge nyuma yo gutoroka yatawe muri yombi

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwira ho mu karere ka Ngororero, Habiyakare Etienne yatawe muri yombi akekwaho gukoresha inyandiko mpimbano no kunyereza amafaranga yagenewe abangavu babyariye iwabo. Uyu muyobozi yaherukaga guhagarikwa n’akarere amezi atatu azira kunyereza amafaranga yari agenewe abangavu, ahita atoroka ariko nyuma y’uko amezi yari yahawe arangiye Kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Gashyantare 2021 nibwo yagarutse ahita atabwa muri yombi. Umuvugizi w’umusigire wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yemeje aya makuru avuga ko dosiye irimo gukorwa kugira ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha. Ati “Akurikiranweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano n’icyaha…

SOMA INKURU