Ntibikwiriye ko ibihugu bikize bikomeza gushyira Afurika inyuma -Perezida Kagame

Mu nama ya ‘World Policy Conference’ iri kubera Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu,  Perezida Kagame yatangarijemo ko bidakwiriye ko ibihugu bikize bikomeza gushyira Afurika inyuma mu bikorwa bifite inyungu rusange ku Isi. Aha Perezida Kagame yatanze urugero rw’uburyo ibihugu bya Afurika byabuze inkingo za Covid-19, mu gihe ibihugu bikize bizihunitse zitanakoreshwa. Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukomeza gushyirwaho igitutu cyo kubahiriza amahame ya demokarasi yashyizweho n’abandi bantu, ashimangira ko Abanyafurika ari bo bakwiriye kwishyiriraho uburyo bwiza bw’imiyoborere ibabereye, kugira ngo bubake ibihugu byabo. Yagize ati “Imyaka…

SOMA INKURU

Nyuma yo kotswa igitutu ndetse akanafatirwa ibihano ntibyamubujije kurahira

Col Mamady Doumbouya uherutse kuyobora itsinda ry’ingabo ryakuye Perezida Alpha Condé ku butegetsi mu Guinea, yarahiriye kuyobora iki gihugu nka Perezida w’inzibacyuho ariko avuga ko azasubiza ubutegetsi mu maboko y’abasivile. Col Doumbouya watorejwe akanakorera igisirikare cy’u Bufaransa mu bihugu birimo Afghanistan, yayoboye itsinda ryafunze Perezida Condé ku itariki ya 5 Nzeri, ahita anatangaza ko igisirikare kiyobowe n’itsinda ryari rimaze gufata ubutegetsi, ari na we wari urikuriye. Uyu mugabo w’imyaka 41, yatangaje ko intego ze ari ukuvugurura itegeko rigenga amatora muri icyo gihugu, agahangana na ruswa, akavugurura akanama gashinzwe amatora ndetse…

SOMA INKURU

Ibyo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ku bujurire bwa Dr Habumuremyi

Dr Pierre Habumuremyi yasubikiwe igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe n’amezi atatu ariko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rugumishaho igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 892 Frw yakatiwe n’urw’Ibanze. Ku wa 27 Ugushyingo 2020 ni bwo Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe afungwa imyaka itatu ahamijwe icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye, anacibwa ihazabu ya miliyoni 892 n’ibihumbi 200 Frw. Dr Habumuremyi yahamijwe iki cyaha bishingiye kuri Kaminuza ye ya Christian University of Rwanda abereye Perezida ndetse akagiramo n’imigabane ingana na 60%, mu gihe umuhungu…

SOMA INKURU

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda 158 bagize itsinda ry’abapolisi bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo “RWAFPU-3” baba mu Mujyi wa Juba kuva mu Ugushyingo 2020 n’abandi bapolisi 23 bihariye “IPOs” bambitswe imidari y’ishimwe. Umuhango wo kwambika imidali aba bapolisi wari uyobowe n’intumwa yihariye y’Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye mu butumwa bwo muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Nicholas Haysom. Hari kandi uhagarariye Intumwa z’Umuryango w’Abibimbye muri Sudani y’Epfo, Police Commissioner, Unaisi Lutu Vuniwaqa, umuyobozi wa Polisi wungirije muri Polisi ya Sudani y’Epfo, Lt Gen. Abraham Manyuat Peter, hari n’abayobozi b’amashami y’Umuryango w’Abibimbye muri Sudani…

SOMA INKURU

U Rwanda na Zimbabwe mu masezerano y’ubufatanye mu nzego zinyuranye

U Rwanda na Zimbabwe bimaze gushyira umukono ku masezerano y’ubufatanye mu nzego zinyuranye, zirimo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi,ibidukikije n’imihindagurikire y’ikirere, ikoranabuhanga, ubukerarugendo. Inganga z’abikorera na zo zasinyanye amasezerano y’ubufatanye. Aya masezerano akaba yasinyiwe mu nama ku bucuruzi n’ishoramari hagati y’u Rwanda na Zimbabwe. Ni inama y’iminsi 3 irimo kubera muri Kigali Convention Centre ikaba yitabiriwe n’abayobozi mu nzego za Leta n’abagize inzego z’abikorera ku mpande zombi. U Rwanda rufite Ambasade muri Zimbabwe n’indege yarwo yerekeza i Harare. Ibicuruzwa Zimbabwe yohereje mu Rwanda mu myaka ya 2019-2020 byari bifite agaciro ka…

SOMA INKURU

U Rwanda ntirukozwa ibyo rushinjwa byo gufunga binyuranyije n’amategeko

U Rwanda rwamaganiye kure raporo y’Umuryango Human Rights Watch (HRW) yasohotse ejo hashize  kuwa Mbere tariki 27 Nzeri 2021, ishinja u Rwanda kuba rwarafunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko abantu barimo abaryamana bahuje ibitsina, abihinduje ibitsina ‘transgender people’, abicuruza, abana bo mu muhanda n’abandi. Ibyo ngo byarakozwe mu mezi make mbere y’uko u Rwanda rwakira inama ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma z’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, ‘Commonwealth Heads of Governments Meeting (CHOGM)’, iyo nama ikaba yari iteganyijwe muri Kamena 2021. Yolande Makolo, umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko iyo raporo…

SOMA INKURU

Amarenga ku kwiyunga kwa Koreya ya Ruguru na Koreya y’Epfo

Kim Yo-jong, mushiki wa Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yavuze ko iki gihugu cyiteguye kugirana ibiganiro bigamije guhagarika intambara na Koreya y’Epfo, gusa bigashoboka igihe habayeho kubahana hagati y’ibi bihugu byombi bisanzwe bidacana uwaka. Ibi abivuze nyuma y’uko kuwa Gatanu tariki 24 Nzeri 2021, asabye Koreya y’Epfo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika guhagarika gahunda zibiba urwango hagati ya Koreya zombi. Ubwo Koreya zombi zatandukanaga kubera impamvu z’intambara ya Kabiri y’Isi, ibiganiro bigamije kongera kuzunga byaranze maze mu 1948 imwe ihinduka Koreya y’Epfo ishyigikiwe na Amerika, indi…

SOMA INKURU

Bobi Wine yangiwe kwinjira muri Amerika

Umenyepolitiki wo muri Uganda Robert Kyagulanyi wamamaye mu muziki nka Bobi Wine, wagombaga kwitabira inama y’Abanya-Uganda baba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yabwiye abayoboke be ko atakibashije kuyitabira ariko  azayitabira akoresheje ikoranabuhanga kuko yangiwe kwinjira muri Amerika. Uyu menyepolitiki uhanganye na Museveni yatangaje ko ibi byamubayeho kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Nzeri 2021, akaba  yarangiwe kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kubera kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19. Kuwa kane ubwo yari ageze Doha muri Qatar nibwo yabwiwe ko ashatse yakwisubirira muri Uganda kuko yaje kumenya amakuru y’uko umuntu…

SOMA INKURU

U Rwanda n’u Burundi mu nzira zo kuvugurura umubano

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda  yitabiriye inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye “UNGA”, anagirana ikiganiro na mugenzi we w’u Burundi, bikaba bitanga icyizere mu kuvugurura umubano. Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa gatatu tariki 22 Nzeli 2021, aho Minisitiri Biruta yagiranye  ikiganiro na Minisitiri Amb. Albert Shingiro, bakaba  bibanze ku kuzahura umubano hagati y’ibihugu byombi. Izi minisiteri zombi zatangaje ko ba Minisitiri bombi baganiriye ‘ku ngingo zirebana n’ubutwererane bw’ibihugu byombi no ku miterere y’urugendo rwo kuzahura umubano ugasubira ku murongo’. Ibi biganiro bije bikurikira ibiheruka byahuje Perezida wa…

SOMA INKURU

Imitungo ya vice perezida wa Guinée équatoriale igiye kugurwamo inkingo

Inzego z’ubutabera za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko miliyoni 26.6 z’amadolari yafatiriwe avuye mu mitungo ya Visi Perezida wa Guinée équatoriale, akaba n’umuhungu wa Perezida w’icyo gihugu, agiye gukoreshwa hagurwamo inkingo za Covid-19. Ayo mafaranga ya Teodorin Nguema Obiang Mangue azakoreshwa hagurwa inkingo n’ibindi bikoresho by’ubuvuzi bizoherezwa muri Guinée équatoriale. Obiang yahatiwe kugurisha inzu igezweho yari afite ahitwa Malibu muri California. Imodoka ye yo mu bwoko bwa Ferrari, imikufi n’ibindi bikoresho by’urwibutso by’umuhanzi Michael Jackson byaragurishijwe ngo harangizwe ibibazo yari afitanye n’ubuyobozi bwa Amerika, nyuma yo gushinjwa ibyaha…

SOMA INKURU