Rwanda: Imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi ikomeje kuboneka

Igikorwa cyo gushakisha imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ikajugunywa mu musarani uri mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye kirakomeje. Kugeza kuri iki Cyumweru hamaze kuboneka imibiri 47. Igikorwa cyo gucukura hashakishwa iyo mibiri cyatangiye ku wa 26 Werure 2021 mu Mudugudu wa Akamuhoza mu Kagari ka Cyimana nyuma y’amakuru yatanzwe n’umuturage mu buryo bw’ibanga. Ayo makuru yayahaye Uwimana Béatrice umwe mu babashije kurokoka mu muryango wa Rwamanywa Antoine wishwe akajugunywa mu musarani ufite metero 10 z’uburebure ndetse inzu wari utuyemo igasenywa ku buryo nyuma byagoranye kumenya amakuru…

SOMA INKURU

U Rwanda na Zimbabwe mu bufatanye mu byiciro binyuranye

Leta y’u Rwanda na Zimbabwe zasinye amasezerano y’ubufatanye mu byiciro bitandukanye agamije iterambere ry’ibihugu byombi. Muri aya masezerano, harimo ayasinywe hagati y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere mu Rwanda, RDB, ndetse n’Urwego rwa Zimbabwe Rushinzwe Guteza Imbere Ubucuruzi (ZimTrade), azibanda ku bufatanye mu itangazamakuru no kwamamaza, serivisi zo gufata abanyabyaha ndetse no gukemura amakimbirane binyuze mu bwumvikane. Aya masezerano yasinywe ku ruhande rw’u Rwanda na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Vincent Biruta ndetse na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Umurimo muri Zimbabwe, July Moyo. Minisitiri Moyo yavuze ko “Intego y’Amasezerano y’Ubufatanye hagati ya RDB na ZimTrade yasinywe…

SOMA INKURU

Donald Trump agiye kugaruka mu isura nshya

Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umaze amezi arenga abiri akumiriwe ku mbuga nkoranyambaga, ashobora kongera kuzisubiraho mu gihe cya vuba binyuze mu rubuga rwe bwite. Umujyanama we Jason Miller yabwiye Fox News ati “Ndatekereza ko tugiye kongera kubona Perezida Trump ku mbuga nkoranyambaga nko mu mezi abiri cyangwa atatu.” Yavuze ko urwo rubuga azagaragaraho rushobora kuzahindura imiterere y’imbuga nkoranyambaga burundu kuko ruzaba “rushyushye” kurusha izindi zose. Muri Mutarama nibwo Trump yakumiriwe kuri Twitter na Facebook. Trump bwa mbere yakumiriwe kuri Twitter mu gihe cy’amasaha…

SOMA INKURU

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu yatangaje imigabo n’imigambi ye

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu “UAE” Emmanuel Hategeka, yashyikirije Umwami Salman bin Abdulaziz Al Saud, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu bwami bw’Arabia Saudite, nk’Ambasaderi ufite icyicaro Abu Dhabi. Uyu muhango wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ku wa Gatatu tariki ya 17 Werurwe 2021, mu ngoro y’Umwami mu Murwa Mukuru Riyadh. Nyuma yo gutanga izo mpapuro, Ambasaderi Emmanuel Hategeka yashimye umubano mwiza usanzwe hagati y’ibihugu byombi, agaragaza ko yiteguye guteza imbere ubufatanye mu nzego zinyuranye. Yagizi ati: “Ni ishema rikomeye kuba nashyikirije Umwami Salman impapuro zinyemerera guhagararira u Rwanda…

SOMA INKURU

Bimwe mu bihugu by’Afurika bikomeje kugaraza amakenga ku rukingo rwa AstraZeneca

Minisitiri w’Ubuzima muri Madagascar yatangaje ko igihugu cye cyabaye cyifashe ku bijyanye n’icyemezo cyo kwakira urukingo rwa AstraZeneca kugira ngo kirebe uko ibikorwa byo kurukoresha mu ikingira bizagenda mu bindi bihugu. Hashize iminsi hari bimwe mu bihugu bifata umwanzuro wo guhagarika gukoresha urukingo rwa AstraZeneca mu bikorwa byo gukingira COVID-19, bikemeza ko rugira izindi ngaruka rutera uwaruhawe. Minisitiri w’Ubuzima muri Madagascar, Jean Louis Rakotovao yavuze ko babaye baretse kwakira urukingo rwa AstraZeneca kugira ngo barufateho umwanzuro uboneye. Ati “Tuzategereza turebe, ibihugu byinshi byafashe umwanzuro wo guhagarika ikoreshwa rya AstraZeneca kubera…

SOMA INKURU

U Rwanda rwatangiye gukingira abari mu butumwa bw’amahoro

Ejo hashize kuwa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021, u Rwanda rwatangiye gukingira abapolisi, abasirikare n’abacungagereza bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS) no mu Ntara ya Abyei. Umunsi wa mbere wo gukingira icyorezo cya COVID-19 hibanzwe ku gukingira abakorera mu Murwa Mukuru wa Sudani y’Epfo, Juba, ndetse n’abarimo gukorera mu Ntara ya Abyei. Mu bahawe uru rukingo rwa mbere harimo abapolisi b’u Rwanda 356 bagizwe n’abapolisi 319 bari mu butumwa busanzwe bw’Umuryango w’Abibumbye bari mu Murwa Mukuru wa Juba(FPU), 18 bari mu butumwa…

SOMA INKURU

RBC yahawe inkunga mu rwego rwo guhangana na Covid-19

Mu rwego rwo gukomeza guhangana na Covid-19, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Werurwe Imbuto Foundation yahaye inkunga Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC” igizwe n’imashini 2 zifashishwa mu gupima COVID-19. Umuyobozi wa Imbuto Foundation Sandrine Umutoni, yatangaje ko iyo nkunga yaturutse ku nshuti zabo, nabo bakaba bishimiye gufasha urwego rw’ubuzima mu kazi k’indashyikirwa rukora ko guhangana na COVID-19. Yagize ati “Umuryango Imbuto Foundation urashimira cyane umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya RDB, Fisher Itzak ku bw’iki gikorwa cy’indashyikirwa, tukaba twashoboye kubagezaho ibi bikoresho”. RBC ikaba yashimiye iyo nkunga kuko ngo izabafasha gukomeza…

SOMA INKURU

Perezida John Pombe Magufuli yatabarutse

Inkuru itunguranye yatangajwe kuri Televiziyoy’Igihugu cya Tanzania, kuri uyu mugoroba wo kuwa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021, ni urupfu rw’uwari Umukuru wa Tanzaniya John Pombe Magufuli. Byamenyekanye ko yitabye Imana azize indwara y’umutima, bikaba bivugwa ko yaguye mu Bitaro Bikuru bya Dar es Salaam, dore  ko hashize iminsi havugwa inkuru z’uburyo amaze igihe kinini atagaragara bigakekwa ko yaba arwaye ariko akaba ari amakuru atemezwaga neza. Nyuma ni bwo bamwe mu bayobozi bemeje ko arwaye ariko ngo hakaba hari icyizere ko yashoboraga gukira, ariko kuri uyu mugoroba nibwo byemejwe ko yapfuye.…

SOMA INKURU

Havutse ibibazo bikomeye nyuma y’inkuru ishushanyije y’umwamikazi

Ikinyamakuru cyo mu Bufaransa, Charlie Hebdo, gikomeje kotswa igitutu nyuma yo gusohora ishusho mbarankuru (Cartoon) yerekana Umwamikazi w’u Bwongereza Elizabeth II ashinze ivi ku ijosi rya Meghan Markel umugore w’igikomangoma Harry. CNN ivuga ko iki kinyamakuru cyosohoye iyi shusho kuwa gatandatu, tariki 13 Werurwe, biteza urunturuntu ku mbuga nkoranyambaga, aho abantu bavuze ko bisa neza n’ibyo umupolisi w’umuzungu yakoreye umwirabura wo mu Leta Zunze Ubumwe za Amerika, George Floyd, bikamuviramo urupfu Iyo shusho ije nyuma y’ikiganiro Meghan na Harry bagiranye na Oprah Winfrey, aho Meghan yavuze ko igihe yari atwite,…

SOMA INKURU

Bobi Wine yatawe muri yombi. Arazira iki?

Umudepite akaba n’Umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta ya Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere mu Murwa Mukuru wa Kampala. Uyu mugabo uherutse kwiyamamariza kuyobora Uganda, BBC yatangaje ko yatawe muri yombi ubwo yari yitabiriye imyigaragambyo y’amahoro isaba ko abayoboke b’ihuriro rye National Unity Platform bafunzwe n’ababuriwe irengero barekurwa. Abenshi muri abo bayoboke batawe muri yombi mbere na nyuma y’amatora ya Perezida yabaye muri Mutarama uyu mwaka. Uretse Bobi Wine watawe muri yombi, abigaragambyaga banatewe imyuka iryana mu maso kugira ngo batatane. Kuri…

SOMA INKURU