Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, watangaje ko wahagaritse Sudan mu bikorwa byawo byose, nyuma y’aho ingabo z’iki gihugu zihiritse guverinoma y’inzibacyuho iyobowe n’abasivili. Uyu muryango ufashe uyu mwanzuro, nyuma y’aho na Banki y’Isi nayo ku wa ihagaritse inkunga yose yageneraga iki gihugu. Ku wa mbere nibwo abasirikare bafashe Minisitiri w’intebe, Abdalla Hamdok baramufunga. Nyuma yo kwamaganwa n’amahanga, igisirikare cyemereye Hamdok n’umugore we gusubira mu rugo. ubwanditsi@umuringanews.com
SOMA INKURUCategory: politike
Yageze mu Rwanda ahindura imvugo ku bijyanye n’urubanza rwa Rusesabagina
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Sophie Wilmès yatangaje imvugo isa n’itandukanye n’iyo igihugu cye giherutse gufata ubwo Paul Rusesabagina yakatirwaga n’inkiko zo mu Rwanda kubera ibyaha by’iterabwoba. Ku wa 20 Nzeri 2021, Urugereko rwihariye rw’Urukiko rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya Imipaka, rwakatiye igifungo cy’imyaka 25, Paul Rusesabagina, nyuma yo kumuhamya ibyaha by’iterabwoba byakozwe n’Umutwe w’Inyeshyamba wa MRCD/FLN yashinze akaba yari anawubereye perezida. Paul Rusesabagina na bagenzi be barimo Nsabimana Callixte ‘Sankara’ wari umuvugizi wa FLN, bagejejwe imbere y’urukiko bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba mu bitero byagabwe ku butaka bw’u…
SOMA INKURUSudani ibintu bikomeje guhindura isura
Kuri uyu wa mbere tariki 25 Ukwakira 2021, Minisitiri w’Intebe wa Sudani, Abdallah Hamdok, yatawe muri yombi n’Ingabo z’iki gihugu zimufungira iwe mu rugo. Amakuru avuga ko uretse Hamdok uri mu maboko y’igisirikare hari n’abandi bayobozi bakuru b’iki gihugu na bo batawe muri yombi. Bivugwa ko abandi bayobozi batawe muri yombi barimo Minisitiri w’Inganda, Ibrahim al-Sheikh, uw’Itumanaho, Hamza Baloul ndetse n’Umujyanama wa Minisitiri w’Intebe mu bijyanye n’itangazamakuru, Faisal Mohammed Saleh. Umuvugizi w’Akanama kayoboye Sudani muri iki gihe, Mohammed al-Fiky Suliman ndetse na Guverineri w’Umujyi wa Khartoum, Ayman Khalid nabo bari…
SOMA INKURUNyanza: Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi hamwe n’abayikoze bashoje urugendo rw’isanamitima
Kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Ukwakira 2021 ni bwo abagera kuri 355 bo mu karere ka Nyanza basoje urugendo rw’isabamitima mu bumwe n’ubwiyunge, igikorwa cyiswe “Kwizihiza Imbabazi” cyahurije hamwe abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi ndetse n’ababiciye. Kuva muri Gashyantare 2020 nibwo mu karere ka Nyanza hatangijwe umushinga w’isanamitima ugamje gufasha gusubiza mu buzima busanzwe abafunguwe no kubahuza n’abo bahemukiye bagasabana imbabazi ndetse bagakorana n’ibikorwa by’iterambere. Mpungirehe Laurent yahamwe n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ariko amaze gufungurwa yasigaranye ihurizo ryo kwegera umukecuru witwa Nyirantegeyinka Véronique kugira ngo amusabe imbabazi kuko yagize…
SOMA INKURUNubwo yemejwe na Perezida wa Repubulika yamaganiwe kure
Kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Ukwakira 2021, Umuyobozi wa Komisiyo y’Amatora, Denis Kadima yemejwe na Perezida Félix Tshisekedi, bikaba byamaganiwe kure n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Ishyirwaho rya Kadima ntiryavuzweho rumwe by’umwihariko mu batavuga rumwe na Leta no mu mpuzamashyaka Union sacrée ya Tshisekedi ndetse na Kiliziya Gatolika. Bavuga ko ishyirwaho rye ritanyuze mu mucyo kandi ari uburyo bwa Tshisekedi bwo gushyiraho abazamufasha gutsinda amatora ya Perezida yo mu 2023. Tshisekedi yemeje Kadima nyuma y’iminsi mike atowe n’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, we na bagenzi be 12 bazaba bagize iyo Komisiyo…
SOMA INKURUGuverineri yakubiswe urushyi ari gutanga ikiganiro
Guverineri w’Intara ya Azerbaijan y’Iburasirazuba muri Iran, Zeinolabedin Khorram, yakubiswe urushyi ubwo yari ari gutanga imbwirwaruhame mu nama yari yitabiriye kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Ukwakira 2021. Zeinolabedin Khorram hashize iminsi mike agizwe Guverineri wa Azerbaijan y’Iburasirazuba. Ubwo yari ari kuvuga ijambo mu nama yabereye mu musigiti witiriwe Imam Khomeini, hari umugabo watambutse amusanga ku ruhimbi, amukubita urushyi. Amashusho yashyizwe kuri Internet n’Ibiro Ntaramakuru Fars News Agency, agaragaza umugabo ahaguruka mu ruhame aho abandi bari bicaye, kugeza ubwo yasangaga Khorram akamukubita urushyi, akanamuhirika. Abashinzwe umutekano bahise bahagoboka, bafata uwo…
SOMA INKURUImyitwarire ya Koreya ya Ruguru yatumye habaho inama itunguranye
Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Ukwakira 2021, habaye inama itunguranye y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ihamagajwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yitabiriwe n’ibihugu bitandukanye birimo u Bwongereza n’u Bufaransa, hagamijwe kwiga ku myitwarire ya Koreya ya Ruguru. Abayitabiriye bagaragaje kuba koreya iherutse kumurika ku mugaragaro ibisasu byo mu bwoko bwa ‘Ballistic missile’ bigaragaza ko imyitwarire yayo itangiye kurenga igaruriro. France 24 yanditse ko muri iyi nama yabereye mu muhezo, abayitabiriye bagaragaje ko ibyakozwe na Koreya ya Ruguru ari ubushotoranyi basaba ko ibihano iki gihugu cyafatiwe byarushaho gushyirwa mu…
SOMA INKURUMusanze: Abaturage barinubira kudakemurirwa ibibazo n’inzego z’ibanze
Abaturage bo mu karere ka Musanze bagaragaje ko babangamiwe no kudakemurirwa ibibazo n’abayobozi b’inzego z’ibanze, batabanje kubaha amafaranga. Mu buhamya bwabo, aba baturage bavuze ko hari ubwo baba bafitanye ibibazo na bagenzi babo ariko yaba ari umuntu udafite ubushobozi uwo baburana abumurusha akamutsinda arengana kuko we yatanze amafaranga ku bayobozi. Urugero ni urwa Mpakaniye Thomas wo mu Kagari ka Gakoro mu Murenge wa Gacaca w’Akarere ka Musanze. Uyu musaza avuga ko yakorewe urugomo n’abantu bamusanze mu nzira bakamukubita ndetse bakajya gukubita na nyina. Ikibazo cye umuyobozi w’umudugudu yaragikurikiranye ndetse amukorera…
SOMA INKURUImpamvu abanyeshuri basaga ibihumbi icyenda batarajya ku ishuri
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini (NESA) cyatangaje ko abanyeshuri basaga ibihumbi icyenda bo mu mwaka wa mbere n’uwa kane w’amashuri yisumbuye bataragera ku ishuri biturutse ku kutishimira ibigo bashyizwemo. NESA ivuga ko zimwe mu mpamvu zishobora kuba zaratumye abo banyeshuri batinda kujya ku ishuri harimo kuba nyuma y’uko bakora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri abanza ndetse n’icyiciro rusange cy’ayisumbuye bagatsinda, bagahabwa ibigo n’amashami bagomba kwigamo, harimo abataranyuzwe n’aho boherejwe cyangwa ibyo bahawe kwiga ntibabikunde, bigatuma basaba guhindurirwa, bakaba bagitegereje ibisubizo ku busabe bwabo. Dr. Alphonse Sebaganwa ushinzwe ibizamini muri…
SOMA INKURUKicukiro: Hahembwe utugali n’imidugudu yerekanye ubudasa mu gukumira covid-19
Ku wa 18 Ukwakira 2021, mu karere ka Kicukiro, mu murenge wa Kigarama hatanzwe ibihembo bitandukanye birimo na moto ku midugudu n’utugali twahize ahandi mu marushanwa y’ubudasa mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid 19. Mu tugali dutanu tugize Umurenge wa Kagarama hahembwemo dutatu harimo kamwe kegukanye moto izajya ifasha mu gukangurira abaturage kwirinda icyorezo, na ho mu midugudu 38 igize utwo tugali hahembwemo imidugudu itatu gusa. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Bwerankoli, Comanda Gaston, atangaza ko kugira ngo bahagararire abandi ari uko bakurikije inama bahawe na Minisiteri y’ubuzima, ikigo k’igihugu gishinzwe…
SOMA INKURU