Perezida Paul Kagame yakiriye ndetse agirana ibiganiro n’umuherwe Howard G. Buffett watangije umushinga wo kuhira imyaka mu murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe. Ibiro by’umukuru w’igihugu, bibinyujije kuri Twitter byatangaje ko aba baganiriye kuri iki Cyumweru muri Village Urugwiro. Ibiganiro byabo byibanze ku ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga itandukanye Guverinoma y’u Rwanda ihuriyeho n’umuryango, Howard G. Buffet Foundation. Mu 2020 nibwo Perezida Kagame yatashye ku mugaragaro umushinga w’uyu muherwe wo kuhira imyaka ku butaka bwagutse muri Kirehe, umushinga washowemo miliyari 54 z’amadolari. Ni umushinga wafashije abaturage kubona amazi yo kuhira…
SOMA INKURUCategory: politike
Izamuka ry’ibiciro by’ibirirwa ni ikibazo kireba isi yose
Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa, FAO Food Price Index, igaragaza ko ibiciro byiyongereye cyane ari iby’ingano ndetse n’amavuta akomoka ku ngazi, ibihwagari ndetse na soya, aho byiyongereye ku kigero cya 30% ugereranyije n’umwaka ushize. Mu mezi atatu ashize akurikirana ya 2021, ni kuvuga kuva muri Kanama kugera mu Ukwakira, ibiciro by’ibiribwa ku Isi byariyongereye cyane bwa mbere mu myaka icumi ishize, ibintu byatewe n’umusaruro muke ndetse n’ubwinshi bw’abashaka ibiribwa ku Isi Iyi raporo ivuga ko ibiciro by’ingano byiyongereyeho 5% mu Ukwakira ugereranyije na Nzeri kubera ko umusaruro w’ingano…
SOMA INKURUMadame Jeannette Kagame yashimye uruhare rwa AERG na GAERG
Uyu munsi ku wa 6 Ugushyingo 2021, Madamu wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Jeannette Kagame yitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG) umaze imyaka 25 n’iy’Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG) umaze imyaka 18, ashima uruhare rwayo mu kubaka Igihugu. Muri ibi birori byo kwizihiza iyi sabukuru byabereye i Kigali, Madamu Jeannette Kagame yagize ati: “Uyu munsi abanyamuryango ba AERG na GAERG barimo abikorera, abakozi mu nzego zitandukanye z’igihugu, abarezi, n’ababyeyi. Hari ibisubizo mutanga dukwiye gukomeza gufatanya, nk’ umusanzu wo kubaka…
SOMA INKURUBaremeza ko guhugurwa ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina bivugurura imikorere
Abaganga n’abagenzacyaha bakora muri Isange One Stop Center barishimira ko amahugurwa ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina bamaze igihe cy’iminsi ine bahabwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), agiye kurushaho kubafasha mu kazi kabo. Aba bagore n’abagabo 170 bitabiriye amahugurwa bavuga ko mu kazi kabo ka buri munsi bakunda guhura n’imbogamizi zirimo kuba ababagana bakunda kubageraho batinze kuko amasaha 72 yagenwe aba yarenze, ku buryo usanga ibimenyetso bimwe na bimwe byamaze kwangirika, ndetse na bumwe mu bufasha burimo kuba barinda umwana w’umukobwa kuba yasama inda zititeguwe butagishoboka. Jeanne d’Arc Uwanyirigira ushinzwe guhuza ibikorwa…
SOMA INKURULoni yahagurukiye ikibazo cya Ethiopie
Loni yinjiye mu kibazo cya Ethiopie, isaba impande zombi zitumvikana kwicara zigashaka ibisubizo bishingiye ku mahoro, aho kuba intambara. Ingabo za Leta ya Ethiopie zimaze umwaka mu ntambara n’umutwe wa TPLF ufatwa na Leta y’icyo gihugu nk’uw’iterabwoba, ukaba ufite icyicaro mu gace ka Tigray kari mu Majyaruguru y’iki gihugu. Izi ngabo zari zatsimbuye uyu mutwe mu ntangiriro z’iyi ntambara, ariko ibintu biza guhindura isura muri Kamena, ubwo uyu mutwe wongeraga kwisuganya, ukagaba ibitero simusiga ku ngabo za Leta, bigatuma zizinga utwangutse zigahunga. Nyuma y’iyi ntsinzi yatunguranye, TPLF yatangiye kumanuka yigabiza…
SOMA INKURUIkibazo cyo kugaburira abana ku mashuri gikomeje gufata indi sura
Amashuri ya leta n’afashwa na leta akomeje kugaragaza ko afite imbogamizi mu gushyira mu bikorwa gahunda yo kugaburira abanyeshuri bose ku ishuri, aho bagaragaza imbogamizi zinyuranye mu gihe Minisitire y’Uburezi idashaka kugira icyo ivugaho. Gahunda yo kugaburira abanyeshuri igihe bari ku ishuri yaraguwe igezwa mu cyiciro cy’incuke, icy’amashuri abanza n’ayisumbuye uhereye muri uyu mwaka w’amashuri. Leta yageneye iki gikorwa miliyari zigera kuri 27 agomba kugishyigikira muri uyu mwaka w’ingengo y’imari. Kuri ubu leta igena amafaranga 56 buri munsi kuri buri munyeshuri yiyongera ku 150 ava mu musanzu umubyeyi ategetswe gutanga.…
SOMA INKURUPolisi y’u Rwanda yihanije abacurisha ibyemezo kuri Covid-19
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yaburiye abantu bashobora kuba batekereza gucurisha ibyemezo by’uko bikingije cyangwa bipimishije Covid-19, ko uzafatwa azahanishwa igifungo cy’imyaka itari munsi y’itanu n’ihazabu ishobora kugera ku mafaranga miliyoni eshatu. CP Kabera yatangaje ibyo anaburira Abaturarwanda muri rusange ko bagomba gukomeza kwirinda Covid-19, nyuma y’uko ibikorwa bitandukanye birimo utubari, ibitaramo n’imikino byongeye gusubukurwa. Kuri ubu ababishaka bose bemerewe kujya mu kabari bakanywerayo cyangwa kujya mu bitaramo kugeza saa tanu z’ijoro cyane ko ingendo zihagarara saa sita z’ijoro, abafana b’umupira na bo bemerewe kwinjira muri…
SOMA INKURUEthiopie: Minisitiri w’intebe yasabye abaturage gukoresha intwaro zishoboka barwanya umwanzi
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopie, Abiy Ahmed, yahamagariye abaturage guhuza imbaraga bagakoresha intwaro zose zishoboka hagamijwe kurwanya no gutsinsura umutwe w’iterabwoba wa TPLF ukomeje kuganisha igihugu mu manga. Ubu ni bumwe mu butumwa Abiy yatanze nyuma gato y’uko hatangajwe imyanzuro irimo ibihe bidasanzwe no guhagarika ibikorwa by’inzego za leta mu karere ka Amhara aho yavuze ko TPLF ikomeje kubangamira umutekano wa Ethiopie. Abiy yashinje TPLF ko ikomeje gukwirakwiza icengezamatwara ry’urwango anongeraho ko iherutse kugaba ibitero mu bice bine kandi ikomeje ibikorwa byayo bigamije kuganisha Ethiopie mu kaga. Urubuga Addis Standard rwatangaje…
SOMA INKURUPerezida Kagame akomeje kuvugira ibihugu byagizweho ingaruka na covid-19
Perezida Paul Kagame yasabye ibihugu bikize ku Isi, kongera imbaraga mu buvugizi no gutera inkunga ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere byashegeshwe na Covid-19 kugira ngo byongere kuzahuka bisubire mu nzira y’iterambere. Yabitangaje kuri iki Cyumweru i Roma mu Butaliyani ahateraniye Inama ihuza abakuru b’ibihugu 20 bikize ku Isi, G20. Mu kiganiro cyagarutse ku kubaka ‘Iterambere rirambye’, Perezida Kagame yashimye umwanzuro wafashwe muri Kanama uyu mwaka, n’abaminisitiri ndetse n’aba-Guverineri ba banki nkuru z’ibihugu bigize G20. Abo bayobozi biyemeje kongerera Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) miliyari 650 z’amadolari, kugira ngo kibashe kurushaho gufasha…
SOMA INKURUHakozwe amasezerano yo guhugura abakozi ba leta ikoranabuhanga
Ibigo by’Ubukerarugendo, Amahoteli, bagiranye amasezerano y’ubufatanye mu kwigisha ikoranabuhanga abakozi ba Leta ibihumbi 75 bari hirya no hino mu gihugu. Ubu bufatanye bugiyeho nyuma y’ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo mpuzamahanga gitanga impamyabumenyi mu by’ikoranabuhanga cyitwa ICDL, bugaragaza ko n’ubwo abakozi ba Leta bafite za mudasobwa na telefone zigezweho, abazibyaza umusaruro ukwiriye batarenga 20%. Umuyobozi Mukuru wa ICDL Foundation, Damien O’Sullivan, wateguye Inama nyafurika mu by’ikoranabuhanga yabereye i Kigali ku wa 27 Ukwakira 2021, avuga ko ikibazo cyatangiye kugaragara neza ubwo isi yose yari igiye mu bihe bya Guma mu rugo kubera Covid-19.…
SOMA INKURU