Habumuremyi Pierre Damien wigeze kuba Minisitiri w’Intebe akaba aherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida wa Repubulika, yishimiye kuba yongeye kugirirwa icyizere agatumirwa mu Ihuriro ngarukamwaka rya 14 rya Unity Club Intwararumuri. Ku wa 16 Ukwakira 2021, nibwo hateranye Ihuriro ngarukamwaka rya 14 rya Unity Club Intwararumuri. Habumuremyi Pierre Damien umaze iminsi itatu afunguwe ku mbabazi za Perezida Kagame ni umwe mu baritumiwemo. Mu 2020 nibwo Pierre Damien yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bibiri birimo icyo gutanga sheki zitazigamiye n’icyaha cy’ubuhemu. Icyo gutanga sheki cyaje kumuhama ahanishwa igifungo cy’imyaka itatu. Abinyujije…
SOMA INKURUCategory: politike
Rubavu: Icyo urubyiruko rwatujwe na Unity Club Intwararumuri rutangaza ku buzima rubayemo
Urubyiruko rw’Imfubyi rwo mu karere ka Rubavu rwatujwe mu mudugudu w’Imparanira-Kwigira wubatswe n’Umuryango Unity Club Intwararumuri, rurashimira uyu muryango ko wabahaye icyizere cy’ubuzima kuko batagiheranwa n’agahinda ko kuba imfubyi. Ntawumenyumunsi Jean Pierre afite imyaka 32 na Ikinyange Virginie, bombi ni imfubyi, kuva bakiri abana barerewe mu cyahoze ari ikigo cy’imfubyi cya Orpherinat Noel de Nyundo cyaje gufungwa kugira ngo abana barererwe mu miryango. Aba bari muri 20 bamaze imyaka 8 mu buzima bushya bwo kuba mu nzu zabo batujwemo mu Mudugudu wiswe Imparanira-Kwigira bubakiwe n’Umurango Unity Club Intwararumuri. Ni inzu…
SOMA INKURUUmuyobozi wa Jandarumori y’u Butaliyani yijeje ubufatanye na polisi y’u Rwanda
Umuyobozi Mukuru wa Jandarumori y’u Butaliyani Lt Gen Teo Luzi, yijeje gusigasira umubano rufitanye na Polisi y’u Rwanda guhera mu mwaka wa 2017 nyuma y’amasezerano y’imikoranire yashyizweho umukono . Lt Gen Teo Luzi yabigarutseho ku wa Kabiri ubwo we n’Ambasaderi w’u Butaliyani mu Rwanda Massimiliano Mazzanti n’itsinda ryari ribaherekeje basuraga Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru. Gusura iryo shuri byakozwe mu ruzinduko rw’akazi uwo muyobozi n’itsinda ayoboye bakomeje kugirira mu Rwanda kuva kuwa Mbere taliki ya 11 Ukwakira 2021. Aba bashyitsi bakigera …
SOMA INKURUNubwo igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge cyazamutse ingengabitekerezo ya Jenoside ntaho yagiye- Minisitiri Dr Bizimana
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Minisitiri Dr Bizimana yatangaje ko kuba igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge cyarazamutse kikagera kuri 94.7% bitavuze ko ikibazo cy’ingengabitekerezo ya Jenoside cyarangiye ahubwo gikwiriye guhagurukirwa. Minisitiri Dr Buzimana yasobanuye ko uturere twa Gasabo, Kicukiro na Huye ari two turangwamo ingengabitekerezo ya Jenoside kurusha utundi, Amajyepfo akaza imbere y’izindi ntara naho abafite imyaka iri hagati ya 36 na 45 akaba ari icyiciro cya mbere irangwamo. Ibi Minisitiri Dr Bizimana yabitangarije mu mwiherero w’umunsi umwe w’Abadepite bahagarariye FPR-Inkotanyi wabereye i Rusororo ku wa 9 Ukwakira 2021, aho yemeje ko…
SOMA INKURURwanda: Umushinga w’itegeko wo kunoza imibereho y’ imfungwa n’abagororwa ugeze kure
Umushingaw’itegeko ugamije kunoza imibereho yo muri za gereza no kongerera ubumenyi imfungwa n’abagororwa aho bazajya bahabwa amahirwe yo kwiga amashuri abanza, ayisumbuye ndetse n’ajyanye n’imyuga n’ubumenyingiro ugeze kure. Amakuru dukesha The New Times avuga ko uyu mushinga waganiriweho n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite ku wa Gatanu tariki 8 Ukwakira 2021. Biteganyijwe ko uzanononsorwa na komisiyo bireba. Uyu mushinga ugamije kwimakaza uburyo bwo kugorora mu magereza yo mu Rwanda ndetse n’abagororwa bakabasha kubona ubumenyi buzabafasha gusubira mu buzima busanzwe no kuva mu byaha. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera, Amb.…
SOMA INKURUIbyitezwe ku kigega kigiye gushyirirwaho abahinzi
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ivuga ko harimo gutekerezwa uburyo habaho ikigega cyihariye, gishobora gushyirwaho kigenewe gufasha abahinzi kubona inguzanyo mu buryo butagoranye. Ibi ni bimwe mu byagarutsweho mu nama yahuje inzego zitandukanye yigaga ku buryo bwo gutanga amafaranga mu rwego rw’ubuhinzi. Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi igaragaza ko amafaranga ava mu bigo by’imari agashorwa mu buhinzi ari 5.2%, ugereranyije n’ashorwa mu zindi nzego. Ni mu gihe muri gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere, biteganyijwe ko aya mafaranga azaba agera ku 10.4% hakaba hashize imyaka 4 aya mafaranga atiyongera. Umyobozi w’ikigo gifasha abaturage kugera kuri…
SOMA INKURURusizi: Mu gihe habura amasaha make amashuri agatangira haracyagaragara ataruzura
Mu Mirenge ya Gitambi na Muganza y’Akarere ka Rusizi hagaragara ibyumba by’amashuri bitaruzura mu gihe hasigaye iminsi ibarirwa ku ntoki ngo umwaka w’amashuri 2021/22 utangire. Tariki 11 Ukwakira 2021, ni bwo umwaka w’amashuri 2021/22 uzatangira. Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ubucukike bwagaragaraga mu mashuri amwe n’amwe, Leta y’u Rwanda yubatse ibyumba birenga ibihumbi 22 mu gihugu hose. Kugeza ubu bimwe muri ibyo byumba byamaze kuzura ndetse byatangiye no kwigirwamo ariko hari ibitaruzura; iyi aka ari imbogamizi ku barerera mu bigo biri kubakwamo. Ukwishatse Eliezel, umurezi ku Ishuri ribanza rya Gakoni,…
SOMA INKURUAbashinjwaga kuba intasi bashyikirijwe u Rwanda
Abanyarwanda barimo abagore babiri n’abagabo 18 bose bakaba bari bamaze igihe bafungiwe mu gihugu cya Uganda bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda, bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba ahagana saa Saa Sita zo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Ukwakira 2021. Abanyarwanda bagejejwe mu Rwanda barimo abagore babiri n’abagabo 18 bose bakaba bari bamaze igihe bafungiwe muri iki gihugu cy’igituranyi bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda. Mu minsi ishize u Rwanda rwaherukaga kwakira abandi banyarwanda 14 nabo bari bamaze igihe kinini bafatiwe i Mbarara bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda. Abazanwa abenshi bavuga…
SOMA INKURUKarongi: Abarimu bijejwe koroherezwa imibereho
Abarimu bo mu Karere ka Karongi, bijejwe ko mu gihe cya vuba, bashobora gushyirirwaho isoko ryihariye bazajya bahahiramo ku biciro bito, mu rwego rwo kurushaho kwiteza imbere. Ikibazo cy’isoko ryihariye rya mwarimu cyakunze kugarukwaho inshuro nyinshi, aho bamwe mu barimu bakunze kuvuga ko amafaranga bahembwa adahagije bityo bakwiye kugira isoko ryihariye rishobora kubafasha kubona ibyo bakeneye ku giciro gito. Iki kibazo cyanagarutsweho ku munsi mpuzamahanga wa mwarimu wizihijwe mu Karere ka Karongi, aho Umuyobozi w’ako Karere, Mukarutesi Vestine, yavuze ko kiri kuvugutirwa umuti. Yagize ati “Icyifuzo mwatanze cyo kuba mwagira…
SOMA INKURUMINISANTE ikomeje gufunga ibitaro byigenga
Minisiteri y’Ubuzima, Minisante, yafunze ibitaro byigenga, MBC Hospital, biherereye mu Biryogo ho mu murenge wa Nyarugenge mu karere ka Nyarugenge, byafunzwe nyuma y’igenzura ryakozwe hagaragara ko hari amakosa akomeye atatuma bikomeza gukora. Kuva tariki ya 1 Nzeri 2021 Minisante yatangiye igenzura mu mavuriro yigenga akorera hirya no hino mu gihugu, hagamijwe kureba imikorere yayo kugira ngo arusheho gutanga serivisi nziza. Muri iri genzura harebwa uko imitangire ya serivisi igenda mu kigo, isuku iharangwa, inyubako n’ibindi byose bihakorerwa. Nyuma yo kureba ibi ni ho hafashwe icyemezo cyo gufunga MBC Hospital kuko…
SOMA INKURU