Uturere tw’Intara y’Iburengerazuba twabonye abagize Inama Njyanama zizatorwamo abayobozi b’uturere, muri iyo Ntara ariko hari abari abayobozi b’uturere batatu biyamamaje ntibatorwa, mu gihe hari undi umwe utiyamamaje. Abatowe muri Rusizi Ni amatora yitabiriwe n’abashaka kujya mu Nama Njyanama benshi kandi bafite byinshi bashaka guhindura, umubare w’abitabiriye kwinjirana mu nama njyanama uyu mwaka ukaba uruta abahatanye mu matora yabaye mu bihe byashize. Buri Karere byari biteganyijwe ko gatora abakandida umunani (8) bagomba kwiyongeramo abavuye muri 30% by’abagore hamwe n’uhagarariye urubyiruko, abafite ubumuga hamwe n’abikorera bakuzura 17. Mu Karere Rubavu kwiyamamaza mu…
SOMA INKURUCategory: politike
Icyasabwe abajyanama bashya b’uturere
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye abatorerwa kujya mu nama njyanama z’uturere kumanuka bagasanga abaturage mu ngo bakamenya ibibazo byabo, kugira ngo mu gihe cyo kubakorera ubuvugizi, babe bafite amakuru ahagije y’ubuzima bwabo. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ugushyingo 2021 mu Karere ka Rwamagana, ubwo yari yitabiriye ibikorwa byo kugenzura uko amatora y’abajyanama rusange umunani bajya mu nama njyanama z’uturere ari kungenda. Ni igikorwa kiri kubera hirya no hino mu turere dutandukanye aho hari gutorwa abajyanama umunani buzuza abatowe mu mpera z’icyumweru gishize, barimo…
SOMA INKURUPerezida Kagame yakiriye uwashinze ishuri ryigisha ibijyanye n’Ubuyobozi muri Afghanistan
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 16 Ugushyingo 2021, Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye Shabana Basij-Rasikh washinze akaba na Perezida w’Ishuri ryigisha ibijyanye n’Ubuyobozi muri Afghanistan (SOLA) riheruka kwimurira ibikorwa byaryo mu Rwanda by’agateganyo. Village Urugwiro, ibinyujije ku rukuta rwa Twitter rwanditse ko aba bombi bahuye, banagirana ibiganiro byihariye ariko nta makuru arambuye abyerekeye yigeze atangazwa. Shabana Basij-Rasikh w’imyaka 31 yasuye u Rwanda nyuma y’amezi agera kuri abiri ibikorwa by’ishuri rye abyimuriye mu rw’Imisozi 1000 nyuma y’inkubiri yakurikiye ifatwa ry’ubutegetsi kw’Abataliban. Abakobwa 250 bo mu Ishuri rikuru ryigisha…
SOMA INKURUHakwiye gushimangira ubufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa -Minisitiri w’intebe
Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2021, hifashishijwe ikoranabuhanga,Minisitiri w’Intebe Dr Edourd Ngirente yitabiriye ihuriro rya kane ry’ubufatanye bw’inzego z’ibanze rya Afurika n’u Bushinwa ashimangira ko hakwiye kugumaho ubushake bwa politiki mu gushimangira ubufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa. Mu ijambo Minisitiri w’Intebe, Dr. Edourd Ngirente yagejeje kubitabiriye iri huriro hifashishijwe ikoranabuhanga, avuga ko Guverinoma y’u Rwanda ishima ubufatanye buhari hagati y’ ibihugu byombi, ndetse no hagati y’ ubushinwa na Afurika muri Rusange. Minisitiri w’ intebe Edourd Ngirente kandi yavuze ko ubu bufatanye bwafashije mu iterambere mu nzego zitandukanye. Yagize…
SOMA INKURUSudani: Imyigaragambyo ikomeje kugwamo abatari bake
Abantu batanu baguye mu myigaragambyo yamagana ihirikwa ry’ubutegetsi ryakozwe n’abasirikare muri Sudani, bikaba byarabaye ku wa Gatandatu tari 13 Ugushyingo 2021, ubwo ibihumbi by’abamagana ubwo butegetsi bwa gisirikare bongeraga kwiroha mu mihanda. Abateguye iyo myigaragambyo yamagana Gen Abdel Fattah al-Burhane, uyoboye itsinda ry’abahiritse ubutegetsi bw’abasivili muri Sudani, ngo byarabagoye cyane kugira ngo babigereho kuko Internet muri icyo gihugu imaze ibyumweru hafi bitatu idakora, bakaba ngo barifashishije ubutumwa bugufi no kumanika amatangazo ku nkuta. Loni n’aba Ambasaderi b’ibihugu bitandukanye by’i Burayi na Amerika, basabye abo basirikare bahiritse ubutegetsi, guhagarika ibikorwa byose…
SOMA INKURUIcyo Minisitire Gatabazi yasabye abagore binjiye muri njyanama y’akarere
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabaz Jean Marie Vianney, kuri uyu wa Gatandatu taliki 13 Ugushyingo 2021, yifatanyije n’abo mu karere ka Muhanga mu gikorwa cy’amatora y’Abajyanama ku rwego rw’Akarere, amatora y’abagore 5 bangana na 30% by’abagize Inama Njyanama y’akarere. Yabasabye kujya batega amatwi abaturage bakumva ibyifuzo byabo. Ati “Impamvu dufata Abajyanama mu mategeko y’igihugu cyacu bahagararira abandi, ni uguhagararira abantu benshi batashobora guhurira hamwe ngo bifatire ibyemezo. Ku bw’izo mpamvu, bagomba kujya mu baturage, bakabumva, bakabatega amatwi, bakumva ibyifuzo byabo, bakumva ibibabangamiye bishingiye ku miyoborere wenda y’abayobozi cyangwa se ibindi biba…
SOMA INKURUIbiganiro by’abakuru b’ingabo uw’u Rwanda na DRC nyuma y’ibyavuzwe ku gitero cyitiriwe M23
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 10 Ugushyingo 2021, nyuma y’icicikana ry’amakuru anyuranye ku gitero cyitiriwe M23, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gen Célestin Mbala Munsense Célestin n’intumwa ayoboye bagiranye ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura ku cyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura. Ibiganiro by’aba bayobozi byibanze ku mutekano w’Akarere no kurwanya imitwe y’iterabwoba. Nyuma y’ibi biganiro, Gen Célestin Mbala Munsense yagize ati “Intumwa zacu ziri hano kugira ngo tuganire ku murongo washyizweho n’ibihugu duturanye mu guhangana n’imitwe y’iterabwoba n’ibindi bibazo bitandukanye.…
SOMA INKURUAmayobera ku gitero cyagabwe i Rutshuru kikabohoza ahahoze ibirindiro bya M23
Kuri iki cyumweru tariki ya 08 Ugushyingo 2021, nibwo hamenyekanye iyubura ry’imirwano ikaze yumvikanyemo imbunda ziremereye yahuje igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abitwaje intwaro bataramenyekana muri Gurupema ya Jomba muri Teritwari ya Rutshuru. Iyi mirwano yatumye abantu babarirwa mu bihumbi bakomeje kwambuka umupaka wa Bunagana bahungira muri Uganda. Amakuru aturuka muri turiya duce avuga ko umutwe wa Mouvement de 23 Mars uzwi nka M23 ariwo wagabye ibitero ndetse unirukana ingabo za Leta ya Congo mu birindiro zari zifite ku musozi wa Chanzu. FARDC ntiremeza ko ari umutwe wa…
SOMA INKURUAbanze kwikingiza Covid-19 bagiye gutangira kubiryozwa -Min Gatabazi
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Gatabazi JMV adaciye ku ruhande yatangaje ko abantu bagomba kwikingiza kuko abatazabikora bashobora gutangira kubibazwa, harimo kuba nta muntu uzajya gutora abajyanama atikingije Covid-19 mu kwirinda hagamijwe kwirinda kuyikwirakwiza. Minisitiri Gatabazi ushima uburyo Abanyarwanda bakomeje kwirinda icyorezo cya Covid-19, avuga ko n’amatora mu nzego z’ibanze arimo gushoboka kubera uburyo Abanyarwanda bakomeje kwirinda, atanga icyizere ko n’amatora y’abajyanama ku rwego rw’akarere azakunda. Agira ati “Abarimu bose barakingiwe, abakozi ba Leta barakingiwe, abanyeshuri muri kaminuza barakingiwe, n’abatarakingirwa barimo gukorerwa gahunda. Abacuruzi mu masoko, mu maduka, abakozi mu mahoteli abo…
SOMA INKURUHatangijwe ibikorwa byo kwiyamamaza ku bajyanama rusange b’uturere na 30% by’abagore
Kuri Iki cyumweru hirya no hino mu gihugu hatangiye ibikorwa byo kwiyamamaza ku bajyanama rusange b’uturere na 30% by’abagore. Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje ko abakandida 1641 aribo bari batanze kandidature ariko abemerewe bujuje ibisabwa ni 1461. Aba bakandida ku mwanya w’umujyanama rusange ku turere na 30% by’abagore, bazajya muri izi njyanama barimo kwiyamamaza hakoreshejwe ikoranabuhanga cyangwa kumanika ibibaranga ku turere cyangwa ku mirenge ahabugenewe, ariko byemejwe n’Inzego zibanze ndetse abandi bakiyamamaza hakoreshejwe itangazamakuru. Abaturage hirya no hino barifuza ko abarimo kwiyamamariza iyi myanya hari ibyo bakwiye gukora harimo no gutega…
SOMA INKURU