U Bufaransa bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwafatiye Afurika y’Epfo

U Bufaransa bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatandatu buzafungurira amarembo abagenzi baturutse mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo, nyuma y’iminsi ingendo zihagaritswe kubera ubwoko bushya bwa Covid-19 bwiswe Omicron. Abagenzi bazemererwa kwinjira mu Bufaransa baturutse muri icyo gice bagomba gupimwa Covid-19 bakigera mu Bufaransa, byagaragara ko nta Covid-19 bafite bakajya mu kato k’iminsi irindwi. Mu gihe umugenzi asanzwemo Covid-19, azajya ajya mu kato k’iminsi icumi nkuko byatangajwe n’umuvugizi wa Guverinoma, Gabriel Attal. U Bufaransa ni kimwe mu bihugu byinshi byafashe umwanzuro wo guhagarika ingendo zibihuza n’ibihugu byo muri Afurika…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yihanangirije abayobozi bahora mu nama zidashira

Perezida Paul Kagame yihanangirije abayobozi basiragiza abaturage aho kubakemurira ibibazo ku gihe, abasaba kugabanya inama za hato na hato kuko ari imwe mu ntandaro z’iyo mikorere mibi. ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho kuri uyu wa mbere ubwo yasozaga amahugurwa y’abayobozi b’inzego z’ibanze. Abagize inama Njyanama z’uturere 27 n’Umujyi wa Kigali ndetse na ba guverineri b’Intara, nibo bari bamaze icyumweru bahabwa amahugurwa ku miyoborere n’imikorere ikwiye kubaranga muri manda y’imyaka 5 y’abagize Njyanama z’uturere 27 baherutse gutorwa. Perezida Kagame yabasabye guhora iteka bazirikana icyizere bagiriwe n’abaturage bakihatira gukemura ibibazo byabo, abibutsa ko…

SOMA INKURU

Umushyikirano 2021 wamaze kwemezwa na gahunda nshya zizawuranga

Inama Ngarukamwaka y’Umushyikirano byemejwe ko izaba mu Ukuboza 2021, bikaba biteganyijwe ko iyi nama izabera mu nyubako ya Kigali Convention Centre ku wa 20-21 Ukuboza 2021. Iyi nama isubukuwe nyuma y’uko iyo mu mwaka wa 2020 yasubitswe biturutse  ku bwiyongere bwa COVID-19 bwari mu gihugu. Inama y’Umushyikirano ya 2021 izitabirwa n’abayobozi batandukanye muri Guverinoma, abagize Inteko Ishinga Amategeko, Abanyarwanda bari mu Rwanda n’abari mu bihugu by’amahanga, abanyamakuru n’abandi. Mu bindi bikorwa biteganyijwe muri uyu Mushyikirano, ni uko abayobozi bakuru mu nzego za Leta bazasinya Imihigo. Inama y’Umushyikirano igiye kuba mu…

SOMA INKURU

Abashinwa babiri bishwe mu gihe umubare utaramenyekana waburiwe irengero

Abashinwa babiri bishwe mu gihe umubare w’abantu bataramenyekana na wo washimuswe n’abarwanyi b’umutwe wa CODECO mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahantu hakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Abayobozi bo muri ako gace batangaje ko hari abantu babiri bishwe ndetse ko ari abaturage b’u Bushinwa. Baguye mu gitero cyagabwe ku wa Gatatu mu gihe abandi baburiwe irengero. Bashinja CODECO, umwe mu mitwe yitwaje intwaro ibarizwa muri ako gace ko ariwo wakigabye. Iki gitero cyabereye mu gace ka Djugu muri Ituri aho abo Bashinwa bakorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Umuvugizi w’Ingabo za…

SOMA INKURU

Impamvu y’uruzinduko rwa Louise Mushikiwabo i Roma kwa Papa

Mu ntangiriro z’iki cyumweru nibwo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa “OIF”, Louise Mushikiwabo yakiriwe n’Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis i Vatican, hakaba hari hagamijwe gushaka ubufatanye mu guha ubufasha abaturage ba Haiti na Liban. Ibi bihugu bisanzwe ari ibinyamuryango bya OIF muri iyi minsi byugarijwe n’ibibazo bikomeye bijyanye n’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage na Politiki. Abinyujije kuri Twitter, Louise Mushikiwabo yashimiye Papa Francis wamuhaye umwanya wo kuganira, avuga ko ari umugabo urangwa n’ubumuntu ndetse amusabira umugisha ku Mana. Si ubwa mbere Louise Mushikiwabo agiriye uruzinduko i…

SOMA INKURU

Dore inshingano Minisitire Gatabazi yahaye Nyobozi na njyanama nshya by’uturere

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Ugushyingo 2021, ubwo Minisitiri Gatabazi yatangizaga amahugurwa ahuriwemo n’abajyanama 459  baherutse gutorerwa kwinjira mu nama njyanama z’uturere 27, aho buri karere hatowe abajyanama 17 bavuyemo komite nyobozi z’uturere na biro ziyobora njyanama, yabasabye gushyira umuturage ku isonga. Aya mahugurwa ari kubera mu ishuri rya Polisi rya Gishari riherereye mu Karere ka Rwamagana bikaba biteganyijwe ko azasozwa tariki ya 29 Ugushyingo 2021. Minisitiri Gatabazi yavuze ko aya mahugurwa yateguwe kugira ngo aba bayobozi basobanurirwe imiyoborere y’u Rwanda ndetse buri umwe asobanurirwe inshingano ze kugira…

SOMA INKURU

Nyuma yo koswa igitutu n’abaturage yasubije ubutegetsi

Kuri iki Cyumweru tariki 21 Ugushyingo 2021,  nibwo  Gen Abdel Fattah al-Burhan yasubije ubutegetsi Abdalla Hamdok yari aherutse guhirika ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe,  bombi bakaba bashyize umukono ku masezerano y’amahoro. Aya masezerano kandi yatumye ubutegetsi busubira mu maboko y’abasivile ndetse n’abayobozi bari bafunzwe ubwo ubutegetsi bwa Hamdok bwahirikwaga barafungurwa. Nyuma yo gusubizwa ubutegetsi, Hamdok yasabye abaturage ba Sudani gutahiriza umugozi umwe bakirindi icyashyira igihugu cyabo mu kaga, ahubwo bagaharanira ku giteza imbere. Yakomeje avuga ko Sudani irinzwe n’Imana ko ndetse abaturage b’iki gihugu afite ubushobozi bwo kongera kugisubiza mu…

SOMA INKURU

Imfungwa zisaga 700 zatorotse zinica umupolisi

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Mujyi wa Matadi imfungwa 737 zatorotse gereza, zica umwe mu bapolisi bageragezaga kuzitangira. Amakuru dukesha BBC avuga ko izi mfungwa zatorokeshejwe n’abantu babiri bitwaje intwaro bateye gereza zari zifungiyemo bakayifungura. Abagera kuri 300 muri izi mfungwa ngo bahise basatira abapolisi bari batangiye kurasa mu kirere babambura intwaro ndetse banicamo umwe. Ubuyobozi bw’iyi gereza bwatangaje ko yari ifungiyemo abagera kuri 737 nubwo isanganywe ubushobozi bwo kwakira abantu 150.   Source: BBC

SOMA INKURU

Karongi: Icyafashije imiryango 617 kuva mu makimbirane

Mu karere ka Karongi gaherereye mu Ntara y’Uburengerazuba habarurwaga imiryango 1012 yari ifitanye amakimbirane, muri yo 617 yavuye mu makimbirane ubu ibanye neza, bikaba byaragezweho hifashishijwe Inshuti z’umuryango n’abunzi bakorera muri aka karere. Yankurije Immacullée wo muri aka  karere ka Karongi, mu murenge wa Murundi n’umugabo we Munyampundu Evariste, bahoze babana mu makimbirane ariko baje gufashwa bayavamo. Nyuma yo kuganirizwa n’inshuti z’umuryango, Munyampundu yavuze ko yasanze ibyo yakoreraga umugore we byo gukoresha umutungo w’urugo batabyumvikanyeho, kumukubita no kutamufasha imirimo ari ihohoterwa. Ati “Ubu mfata ishoka nkagenda ngatema igiti nkacyasa, mfata…

SOMA INKURU

Ikibazo cyagarutsweho mu nama Nkuru y’Igihugu y’abana ya 15

Mu nama Nkuru y’Igihugu y’abana ya 15, abana basabye inzego zitandukanye kongera imbaraga mu kurwanya amakimbirane yo mu miryango no kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana kuko ngo ari intandaro y’ibibazo bikomeye bibangamiye ejo habo heza. Ikibazo cy’amakimbirane mu miryango ni kimwe mu biza ku isonga mu bibangamiye uburere n’ahazaza heza h’umwana, nk’uko ababyeyi ubwabo babigaragaza. Abana basobanura ko byinshi mu bibazo biri mu miryango yabo binabakurikirana kugeza bamwe bigiriye mu buzima bwo ku muhanda. Abashoboye kwiga na bwo ngo bakomeza kugira ibibazo by’imitekerereze ari yo mpamvu basaba inzego bireba kugira icyo…

SOMA INKURU