Uganda: Umunyarwanda yishwe urw’agashinyaguro

Bazambanza Munyemana, Umunyarwanda w’imyaka 21, wari umaze imyaka irenga ine atuye muri Uganda, yishwe urw’agashinyaguro n’abasore bakomoka muri Uganda barimo n’uwamukoreshaga, umurambo bawujugunya hafi y’umupaka w’icyo gihugu n’u Rwanda. Umurambo we watoraguwe ku wa 6 Kamena 2021 ahagana saa Saba z’amanywa mu Karere ka Burera, mu Murenge wa Kivuye, Akagari ka Nyirataba mu mudugudu wa Kanyenzugi, aho abo bagizi ba nabi bamujugunye. Virunga Post yatangaje ko uyu Bazambanza yagiye muri Uganda avuye n’ubundi mu Karere ka Burera. Yari atuye ahitwa Butandi i Kabale ari naho yakoreraga akazi ka buri munsi.…

SOMA INKURU

Perezida Kenyatta yanenze urukiko rw’ikirenga

Mu ijambo rya Perezida Kenyatta ryo kuri uyu wa kabiri tariki 2 Kamena 2021, ku munsi mukuru wo kwizihiza imyaka 58 Kenya imaze ibonye ubwigenge  (Madaraka Day), Uhuru Kenyatta yatangaje ko ibyo Urukiko rw’Ikirenga rwakoze ari ukunyuranya n’ugushaka kw’abaturage. Iki cyifuzo cya Kenyatta cyo guhindura Itegeko Nshinga, avuga ko cyari kigamije ahanini kuvanaho intambara, akavuyo no kutumvikana bikurikira amatora y’umukuru w’igihugu, aho yashakaga ko hajyaho uburyo butuma perezida watsinze amatora yamburwa ububasha bumwe na bumwe, hakagira ubuhabwa abamukurikiye ndetse byaba na ngombwa bagahabwa imyanya muri guverinoma. Uku guhindura Itegeko Nshinga…

SOMA INKURU

Nyuma y’imyaka 12 arekuye ubutegetsi

Benjamin Netanyahu wari umaze imyaka 12 ari Minisitiri w’Intebe, akaba ari nawe wari umaze igihe kinini kuri uwo mwanya, agiye kurekura ubutegetsi nyuma y’uko Yair Lapid, ukuriye ishyaka rya Yesh Atid, abashije gushyiraho Guverinoma ihuriweho n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, nk’uko yari yarabisabwe na Perezida wa Israel, Reuven Rivlin, nawe uherutse gusimburwa. Lapid yahawe izo nshingano nyuma y’uko Benjamin Netanyahu, uyoboye ishyaka rya Likud, ryanatsindiye imyanya nyinshi mu Nteko Ishinga Amategeko mu matora aherutse kuba muri Werurwe, ananiwe gushyiraho Guverinoma ihuriweho mu minsi 28 yasabwaga. Guverinoma ya Lapid igizwe n’amashyaka umunani yose,…

SOMA INKURU

Uruzinduko rwa Perezida Macron mu Rwanda nyuma ya “Raporo Duclert” ruvuze byinshi

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Gicurasi 2021, ni uruzinduko rw’iminsi ibiri, akaba yaherekejwe n’ abayobozi batandukanye mu nzego nkuru z’iki gihugu. Uru ruzinduko rukozwe nyuma y’aho mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Gicurasi hashyizwe hasohowe “Raporo Duclert” yakozwe ku busabe bwa Emmanuel Macron yakoze icukumbura ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside. Raporo Duclert ikaba yaragaragaje ko ubutegetsi bwa Perezida François Mitterrand wayoboraga u Bufaransa mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi bwatije umurindi gahunda ya Jenoside yakorewe Abatutsi…

SOMA INKURU

Amakuru y’impamo ku itabwa muri yombi kwa Ntamuhanga Cassien

Iminsi ine irirenze ku mbuga nkoranyambaga havugwa inkuru y’itabwa muri yombi rya Ntamuhanga Cassien, aho bivugwa ko yafatiwe muri Mozambique, igihugu yahungiyemo nyuma yo kuva mu Rwanda atorotse Gereza ya Nyanza mu ijoro rishyira ku wa 31 Ukwakira 2017. Amakuru y’itabwa muri yombi rya Ntamuhanga yatangiye kuvugwa ku Cyumweru tariki 23 Gicurasi, gusa kuva icyo gihe nta rwego na rumwe yaba urwo mu Rwanda no muri Mozambique rwigeze ruvuga kuri aya makuru ngo rubyemeze cyangwa se rubihakane. N’abantu b’ingeri zitandukanye baganiriye na IGIHE, bose bagaragazaga ko iyi nkuru nabo bayumvise…

SOMA INKURU

Mali: Ibintu bikomeje guhindura isura

Perezida w’inzibacyuho muri Mali, Bah N’Daw na Moctar Ouane wari Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Gatatu batangaje ubwegure bwabo nyuma y’iminsi ibiri bafungiye mu kigo cya gisirikare cya Kati. Abo bagabo bafunzwe kuri uyu wa Mbere bashinjwa n’agatsiko k’igisirikare kahiritse ubutegetsi muri Kanama umwaka ushize, kugasuzugura. Visi Perezida ari nawe ukuriye agatsiko kari kahiritse ubutegetsi umwaka ushize, Colonel Assimi Goïta kuri uyu wa Kabiri yavuze ko N’Daw na Moctar bavuguruye Guverinoma batamugishije inama. Muri Guverinoma nshya bari bashyizeho mbere y’amasaha make ngo batabwe muri yombi, hari abasirikare babiri b’ibyegera bya…

SOMA INKURU

Muhanga: Hakomeje kuboneka imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi

Nyuma y’aho  imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi ibonetse ahari hari gusizwa ikibanza kizubakwamo inzu y’ababyeyi n’inyubako yari igiye kubakwa ngo ijye yigishirizwamo abaganga, ubuyobozi bwa IBUKA mu Karere ka Muhanga buratangaza ko kugeza ubu hamaze kuboneka imibiri isaga 981. Ni nyuma y’uko hari hashize ibyumweru bibiri ubuyobozi bw’inzego z’ibanze na Ibuka muri Muhanga buri mu bikorwa byo gushakisha iyi mibiri aho byahagaritswe ku wa 25 Gicurasi 2021. Hamaze kuboneka imibiri 981. Perezida wa Ibuka mu karere ka Muhanga, Rudasingwa Jean Bosco, yavuze ko ibikorwa bibaye bisubitswe ariko bakomeje gushakisha…

SOMA INKURU

RRA yorohereje abakoresha EBM

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangaje uburyo butandukanye bwo gutanga fagitire za EBM, kugira ngo bafashe abakora ubucuruzi gutanga izemewe kandi  bakoresheje uburyo bubanogeye. Mu buryo bwatangajwe harimo sisitemu ishyirwa muri mudasobwa (Laptop, Desktop, cyangwa Tablet) izwi nka “EBM Version 2.1”, ikaba ishobora gukoreshwa n’abasora banini, abaciriritse cyangwa abandi bose babyifuza. Harimo na “EBM Mobile system” ishyirwa muri telefone igendanwa. Ikaba ifasha umucuruzi gutanga inyemezabuguzi mu buryo bwa SMS. Ubuyobozi bwa RRA, buvuga ko ubu buryo bwo gukoresha EBM muri Telefone igendanwa bwemerewe gukoreshwa gusa n’abasora bafite igicuruzo kiri munsi ya…

SOMA INKURU

Kayonza: Ihohoterwa rikorerwa abangavu ryahagurukiwe hifashishijwe bagenzi babo

Kuba akarere ka Kayonza ari kamwe mu dufite abangavu benshi batewe inda zitateguwe,  ni muri urwo rwego ubuyobozi bwako  bwatangiye kwifashisha abangavu bari ku magare bagenda batanga ubutumwa mu bukangurambaga bugamije kuvugira umwana w’umukobwa. Ni ubukangurambaga bugamije kuvugira umwana w’umukobwa buri gukorerwamo ibikorwa birimo gukumira inda ziterwa abangavu no kurinda abakobwa ihohoterwa iryo ari ryo ryose bukazamara ukwezi kose. Buri gukorwa n’Akarere ka Kayonza ku bufatanye na Polisi y’igihugu n’abafatanyabikorwa barimo umuryango Komera n’ikigo cya SACCA gisanzwe kita ku bana bakurwa mu mihanda. Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho…

SOMA INKURU

Nyuma y’iminsi 11 misile zivuza ubuhuha impande zombi zubahanye

Nyuma y’iminsi 11 y’imirwano hifashishijwe ibisasu bya misile, Guverinoma ya Israel yatangaje ko yahagaritse imirwano n’inyeshyamba za Hamas zibarizwa mu gace ka Gaza gatuwe n’abanya-Palestine. Hamas yatangiye kurasa ibisasu bya misile kuri Israel mu byumweru bibiri bishize, ishinja icyo gihugu kubakira abaturage bacyo mu Burasirazuba bwa Yeruzalemu, agace kahoze gatuwe n’abanya-Palestine ndetse abanya-Palestine bagafata nk’umurwa mukuru wabo igihe igihugu cyabo kizaba cyemewe ku rwego mpuzamahanga. Iyo mirwano yari imaze kugwamo abanya-Palestine 232 batuye muri Gaza ndetse n’abanya-Israel 12. Itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Israel kuri uyu wa Kane, rivuga…

SOMA INKURU