Abashinwa babiri bishwe mu gihe umubare w’abantu bataramenyekana na wo washimuswe n’abarwanyi b’umutwe wa CODECO mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahantu hakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Abayobozi bo muri ako gace batangaje ko hari abantu babiri bishwe ndetse ko ari abaturage b’u Bushinwa. Baguye mu gitero cyagabwe ku wa Gatatu mu gihe abandi baburiwe irengero. Bashinja CODECO, umwe mu mitwe yitwaje intwaro ibarizwa muri ako gace ko ariwo wakigabye. Iki gitero cyabereye mu gace ka Djugu muri Ituri aho abo Bashinwa bakorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Umuvugizi w’Ingabo za…
SOMA INKURUCategory: politike
Impamvu y’uruzinduko rwa Louise Mushikiwabo i Roma kwa Papa
Mu ntangiriro z’iki cyumweru nibwo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa “OIF”, Louise Mushikiwabo yakiriwe n’Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis i Vatican, hakaba hari hagamijwe gushaka ubufatanye mu guha ubufasha abaturage ba Haiti na Liban. Ibi bihugu bisanzwe ari ibinyamuryango bya OIF muri iyi minsi byugarijwe n’ibibazo bikomeye bijyanye n’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage na Politiki. Abinyujije kuri Twitter, Louise Mushikiwabo yashimiye Papa Francis wamuhaye umwanya wo kuganira, avuga ko ari umugabo urangwa n’ubumuntu ndetse amusabira umugisha ku Mana. Si ubwa mbere Louise Mushikiwabo agiriye uruzinduko i…
SOMA INKURUDore inshingano Minisitire Gatabazi yahaye Nyobozi na njyanama nshya by’uturere
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Ugushyingo 2021, ubwo Minisitiri Gatabazi yatangizaga amahugurwa ahuriwemo n’abajyanama 459 baherutse gutorerwa kwinjira mu nama njyanama z’uturere 27, aho buri karere hatowe abajyanama 17 bavuyemo komite nyobozi z’uturere na biro ziyobora njyanama, yabasabye gushyira umuturage ku isonga. Aya mahugurwa ari kubera mu ishuri rya Polisi rya Gishari riherereye mu Karere ka Rwamagana bikaba biteganyijwe ko azasozwa tariki ya 29 Ugushyingo 2021. Minisitiri Gatabazi yavuze ko aya mahugurwa yateguwe kugira ngo aba bayobozi basobanurirwe imiyoborere y’u Rwanda ndetse buri umwe asobanurirwe inshingano ze kugira…
SOMA INKURUNyuma yo koswa igitutu n’abaturage yasubije ubutegetsi
Kuri iki Cyumweru tariki 21 Ugushyingo 2021, nibwo Gen Abdel Fattah al-Burhan yasubije ubutegetsi Abdalla Hamdok yari aherutse guhirika ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, bombi bakaba bashyize umukono ku masezerano y’amahoro. Aya masezerano kandi yatumye ubutegetsi busubira mu maboko y’abasivile ndetse n’abayobozi bari bafunzwe ubwo ubutegetsi bwa Hamdok bwahirikwaga barafungurwa. Nyuma yo gusubizwa ubutegetsi, Hamdok yasabye abaturage ba Sudani gutahiriza umugozi umwe bakirindi icyashyira igihugu cyabo mu kaga, ahubwo bagaharanira ku giteza imbere. Yakomeje avuga ko Sudani irinzwe n’Imana ko ndetse abaturage b’iki gihugu afite ubushobozi bwo kongera kugisubiza mu…
SOMA INKURUImfungwa zisaga 700 zatorotse zinica umupolisi
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Mujyi wa Matadi imfungwa 737 zatorotse gereza, zica umwe mu bapolisi bageragezaga kuzitangira. Amakuru dukesha BBC avuga ko izi mfungwa zatorokeshejwe n’abantu babiri bitwaje intwaro bateye gereza zari zifungiyemo bakayifungura. Abagera kuri 300 muri izi mfungwa ngo bahise basatira abapolisi bari batangiye kurasa mu kirere babambura intwaro ndetse banicamo umwe. Ubuyobozi bw’iyi gereza bwatangaje ko yari ifungiyemo abagera kuri 737 nubwo isanganywe ubushobozi bwo kwakira abantu 150. Source: BBC
SOMA INKURUKarongi: Icyafashije imiryango 617 kuva mu makimbirane
Mu karere ka Karongi gaherereye mu Ntara y’Uburengerazuba habarurwaga imiryango 1012 yari ifitanye amakimbirane, muri yo 617 yavuye mu makimbirane ubu ibanye neza, bikaba byaragezweho hifashishijwe Inshuti z’umuryango n’abunzi bakorera muri aka karere. Yankurije Immacullée wo muri aka karere ka Karongi, mu murenge wa Murundi n’umugabo we Munyampundu Evariste, bahoze babana mu makimbirane ariko baje gufashwa bayavamo. Nyuma yo kuganirizwa n’inshuti z’umuryango, Munyampundu yavuze ko yasanze ibyo yakoreraga umugore we byo gukoresha umutungo w’urugo batabyumvikanyeho, kumukubita no kutamufasha imirimo ari ihohoterwa. Ati “Ubu mfata ishoka nkagenda ngatema igiti nkacyasa, mfata…
SOMA INKURUIkibazo cyagarutsweho mu nama Nkuru y’Igihugu y’abana ya 15
Mu nama Nkuru y’Igihugu y’abana ya 15, abana basabye inzego zitandukanye kongera imbaraga mu kurwanya amakimbirane yo mu miryango no kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana kuko ngo ari intandaro y’ibibazo bikomeye bibangamiye ejo habo heza. Ikibazo cy’amakimbirane mu miryango ni kimwe mu biza ku isonga mu bibangamiye uburere n’ahazaza heza h’umwana, nk’uko ababyeyi ubwabo babigaragaza. Abana basobanura ko byinshi mu bibazo biri mu miryango yabo binabakurikirana kugeza bamwe bigiriye mu buzima bwo ku muhanda. Abashoboye kwiga na bwo ngo bakomeza kugira ibibazo by’imitekerereze ari yo mpamvu basaba inzego bireba kugira icyo…
SOMA INKURUAbadepite batabarije abaturarwanda ku izamuka ry’ibiciro rya hato na hato
Abagize Inteko Ishinga Amategeko basabye Banki Nkuru y’u Rwanda kugira icyo ikora ku izamuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa bitandukanye bikenerwa na benshi ariko Guverineri John Rwangombwa avuga ko nta kibazo gihari. Abadepite bagaragaje ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2021. Bagaragaje ko mu byahenze harimo ibiribwa, ibikoresho by’ubwubatsi, ibikomoka kuri peteroli n’ibindi. Senateri Mugisha Alexis yavuze ko mu nshingano z’ibanze za Banki Nkuru y’Igihugu harimo kubungabunga ubusugire bw’ibiciro ku masoko ariko kuri ubu bikaba bihindagurika cyane. Ati “Nyuma y’ukwezi kumwe usubira ku isoko ugasanga ibiciro byahindaguritse by’umwihariko iby’ibiribwa bikoreshwa kenshi,…
SOMA INKURUIcyo guverineri Gasana yasabye abaturage ayoboye
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel Gasana, arasaba abahinzi n’aborozi kubana neza batabangamiranye ahubwo bakuzuzanya, umworozi agaha umuhinzi amata n’ifumbire undi akamuha ibisigazwa by’imyaka bikagaburirwa amatungo. Yabibasabiye mu muganda wo kurwanya amapfa wabereye mu Kagari ka Kirebe, Umurenge wa Rwimiyaga, aho abahinzi bijujutiye konesherezwa n’aborozi. Guverineri Gasana avuga ko ubworozi bugezweho ari ubukorwa aborozi bagaburira amatungo yabo, aho kuyazerereza cyangwa kwizera ko ubwatsi buri mu rwuri buzayahaza. Avuga ko ubuhinzi bugezweho ari ubukoreshwa ifumbire mborera n’imvaruganda, kuko aribwo birushaho gutanga umusaruro. Asaba abahinzi n’aborozi kubana neza bagafashanya mu bikorwa byabo, bahanahana ibikomoka…
SOMA INKURUSudani: Ibintu bikomeje guhindura isura, abaturage baricwa bamagana ubutegetsi
Abantu bagera kuri 15 bishwe barashwe, abandi barakomereka ubwo ibihumbi by’abaturage biraraga mu mihanda kuri uyu wa Gatatu bamagana ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye mu kwezi gushize muri Sudani. Abigaragambyaga baririmbaga bikiranya bati “ntidushaka ubutegetsi bwa gisirikare.” Nibura abantu 39 bamaze kwicwa mu Mujyi wa Khartoum by’umwihariko mu turere two mu majyaruguru mu myigaragambyo yabaye kuva igisirikare cyafata ubutegetsi. Abandi amagana barakomeretse nk’uko byatangajwe n’ihuriro ry’abaganga baharanira demokarasi. Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa byatangaje ko imyigaragambyo yabereye mu bice bitandukanye by’Umurwa Mukuru nubwo imirongo ya telefoni yari yafunzwe ndetse serivisi za internet zikaba zidakora…
SOMA INKURU