Abasirikare bane bakekwagaho gushaka kwica Perezida barekuwe

Kuri uyu wa kane taliki ya 24 Gashyantare 2022, Centrafrique yarekuye abasirikare bane bo mu nzego za “MINUSCA” zibungabunga amahoro muri icyo gihugu, bari bafatiwe ku kibuga cy’indege i Bangui kuwa mbere tariki 21 Gashyantare 2022 bakekwaho kuba bari mu mugambi wo gushaka kwica Perezida w’iki gihugu Faustin Archange Touadera. Umushinjacyaha ukorera i Bangui muri centrafrique yatangaje ko aba basirikare bane nta cyaha bazakurikiranwaho, Didier Tambo akavuga ko amasezerano ari hagati y’inzego za ONU na Leta y’icyo gihugu atabemerera kugezwa imbere y’umucamanza. Ambasade y’Ubufaransa hamwe na ONU bavuze ko ,…

SOMA INKURU

Ambassadeur Valentine Rugwabiza yemejwe nk’umuyobozi wa “MINUSCA”

Ambassadeur Valentine Rugwabiza yagizwe umuyobozi w’ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique  “MINUSCA”, akaba kandi n’intumwa yihariye y’umunyamabanga mukuru wa loni muri icyo gihugu. Akaba asimbuye Mankeur Ndiaye wagiyeho mu mwaka wa 2019. Ubutumwa bwa UN muri Centrafrique, United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) bwatangiye gukorerayo guhera mu mwaka wa 2014 mu rwego rwo kuhagarura amahoro. Ni nyuma y’imidugararo hagati ya Seleka na Anti Balaka yahitanye benshi. Muri iki gihugu kandi hari abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bahoherejwe ngo bafashe mu kuhagarura amahoro arambye.…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yashimiye uruhare rwa Global Fund mu gusigasira ubuzima mu Rwanda

Mu nama ku buryo bw’ikoranabuhanga itegura iyiga ku igenamigambi rirambye rya Global Fund, yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu banyuranye barimo Perezida Macky Sall wa Sénégal unayoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Umuyobozi Mukuru wayo Peter Sands na Dr Donald Kaberuka uyobora Inama y’Ubutegetsi y’uyu muryango, Perezida Kagame yashimye Global Fund umusanzu wayo mu gusigasira ubuzima mu Rwanda, ihangana n’indwara zirimo n’icyorezo cya SIDA. Perezida Kagame yashimye Global Fund ku mikoranire yayo n’u Rwanda, uyu muryango umaze imyaka isaga 20 ushinzwe ndetse…

SOMA INKURU

Agathon Rwasa yahakanye yivuye inyuma ibyo ashinjwa na Perezida Ndayishimiye

Perezida w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi (CNL), Agathon Rwasa yahakanye yivuye inyuma ko ishyaka rye ntaho rihuriye n’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa RDC kimwe n’imyigaragambyo yamagana ubutegetsi bw’u Burundi iherutse kubera i Bruxelles. Agathon Rwasa yasubizaga ku birego bya Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo yasubiraga mu gihugu cye avuye mu Bubiligi, aho yari yitabiriye inama ihuza Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’uwa Afurika Yunze Ubumwe. Perezida Ndayishimiye yavuze ko muri iyi nama yabonye umwanya wo guhura no kuganira n’Abarundi bari mu buhungiro, yishimira ko bagiye bahinduka. Yagize ati…

SOMA INKURU

Ibihano ku babyeyi n’abarezi babangamira imyigire y’umwana

Ibihano bireba umubyeyi cyangwa umurezi usibya umwana  ishuri nta mpamvu yumvikana, utamuha ibikenewe mu myigire ye kandi abifitiye ubushobozi. Utamutangira umusanzu muri gahunda yo kugaburira abana ku ishuri kandi abifitiye ubushobozi; Umuvana mu ishuri cyangwa utuma ata ishuri; aba akoze ikosa. Ni ibihano biteganywa n’itegeko N° 010/2021 ryo ku wa 16/02/2021, rigena imitunganyirize y’Uburezi mu Rwanda. Kutohereza umwana ku ishuri cyangwa kurimusibya birahanirwa Mu ngingo yaryo ya 125, ivuga ko kuvutsa umwana uburenganzira bwo kwiga amashuri y’uburezi bw’ibanze, haseguriwe ibiteganywa n’andi mategeko ahana, umubyeyi cyangwa undi muntu ufite ububasha bwa…

SOMA INKURU

Perezida wa Ukraine mu nzira zo guhunga

Amakuru atangwa n’ubutasi bwa LetaZunze Ubumwe za Amerika aremeza ko perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, ashobora kuva mu Murwa Mukuru w’Igihugu cye “Kyiv”, mu gihe u Burusiya bwaramuka buwugabyeho ibitero.  Mu mwama wa 2014, ibice bya Donetsk na Lugansk biri mu Burasirazuba bwa Ukraine byakoze imyigaragambyo ikomeye yarangiye bitangaje ko byigenze, gusa ntihagira igihugu na kimwe cyemera ubwigenge bwabyo, ahubwo ibihugu byinshi bikomeza kubifata nk’ibya Ukraine. Ku mugoroba wo ku itariki ya 21 Gashyantare, Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yatangaje ko Igihugu cye kigiye kwemeza ubwigenge bw’ibyo bice byombi, igifatwa…

SOMA INKURU

Mali: Ingabo z’u Bufaransa zahakuwe batakishimiwe bavugwaho kudakora ibyabazanye

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron aherutse gutangaza ivanwa ry’abasirikare b’igihugu cye muri Mali aho bari bamaze imyaka ikabakaba 10 bahanganye n’imitwe y’iterabwoba muri icyo gihugu, ariko abene gihugu ntibari bakishimiye aba basirikare. U Bufaransa bufite ingabo zigera ku bihumbi bitanu muri Mali n’akarere iherereyemo ka Afurika y’Uburengerazuba ariko mu myaka umunani ishize Guverinoma ya Mali n’abaturage bakomeje kugaragaza ko batishimiye kuba kw’izo ngabo mu gihugu cyabo. Iyi ntero yahawe inyikirizo n’agatsiko k’abasirikare gaherutse gufata ubutegetsi muri Mali aho imibanire y’icyo gihugu n’u Bufaransa yahise irushaho kuba mibi. BBC itangaza ko…

SOMA INKURU

Ingamba mu bihugu bigize EAC mu gufata ibyemezo birebana n’abimukira

Kimwe n’ahandi ku Isi, mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba “EAC” naho hari ubwiyongere bw’abimukira. EAC ituwe na miliyoni 195, harimo miliyoni eshanu z’abimukira, impunzi zirenga miliyoni 2.8 ndetse n’abahungiye mu bihugu byabo barenga miliyoni 2.4. Nubwo iyi mibare iri hejuru, ntabwo EAC yagiraga uburyo buhuriweho bwo gufata ibyemezo birebana n’abimukira, nk’uko bimeze ku yindi miryango y’iterambere nka Afurika y’iburengerazuba na Afurika y’Amajyepfo. Ibi niyo mpamvu mu Rwanda hateraniye inama y’iminsi itatu ihuje inzego zirebwa n’abimukira ndetse n’abinjira n’abasohoka, ziri kuganira ku ishyirwaho ry’uburyo buhuriweho bw’ingamba n’igenzura ry’abimukira muri aka Karere.…

SOMA INKURU

Iby’ibitero by’Uburusiya kuri Ukraine bikomeje kuba urujijo

Umutegetsi wo hejuru muri Amerika yatangaje ko ibyavuzwe n’Uburusiya ko buri kuvana zimwe mu ngabo zabwo ku mupaka na Ukraine ari “ikinyoma”, yongeraho ko izindi ngabo 7,000 z’inyongera ahubwo zahageze mu minsi micye ishize. Uyu yavuze kandi ko “igihe icyo aricyo cyose” Uburusiya bushobora gutangaza urwitwazo “rw’ikinyoma” kugira ngo butere Ukraine. Moscow ivuga ko iri gukura ingabo zayo ku mupaka wayo na Ukraine nyuma yo kurangiza imyitozo ya gisirikare. Ariko abategetsi bo mu bihugu by’iburengerazuba bavuze ko nta gihamya byo kwemeza ibi bafite. Ibiro bya Chancellier w’Ubudage Olaf Scholz bivuga…

SOMA INKURU

RIB yahishuye irengero ry’umusizi Bahati Innocent

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko Umusizi Bahati Innocent umaze umwaka aburiwe irengero, yambutse umupaka anyuze mu nzira zitemewe n’amategeko akajya muri Uganda nk’uko ibimenyetso byakusanyijwe byabigaragaje. Hari hashize igihe gito RIB na Polisi y’u Rwanda batangaje ko bazashyira ahagaragara ibyavuye mu iperereza ku ibura rya Bahati Innocent. Nubwo iperereza ritararangira, RIB ivuga ko hari ibyagezweho ndetse byamaze kumenyesha abo mu muryango we. Ubusanzwe Hakizimana Joseph uzwi ku izina rya Rumaga Junior ngo ni we watanze ikirego kuri RIB tariki 9 Gashyantare 2021, kuri Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza,…

SOMA INKURU