Perezida w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi (CNL), Agathon Rwasa yahakanye yivuye inyuma ko ishyaka rye ntaho rihuriye n’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa RDC kimwe n’imyigaragambyo yamagana ubutegetsi bw’u Burundi iherutse kubera i Bruxelles. Agathon Rwasa yasubizaga ku birego bya Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo yasubiraga mu gihugu cye avuye mu Bubiligi, aho yari yitabiriye inama ihuza Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’uwa Afurika Yunze Ubumwe. Perezida Ndayishimiye yavuze ko muri iyi nama yabonye umwanya wo guhura no kuganira n’Abarundi bari mu buhungiro, yishimira ko bagiye bahinduka. Yagize ati…
SOMA INKURUCategory: politike
Ibihano ku babyeyi n’abarezi babangamira imyigire y’umwana
Ibihano bireba umubyeyi cyangwa umurezi usibya umwana ishuri nta mpamvu yumvikana, utamuha ibikenewe mu myigire ye kandi abifitiye ubushobozi. Utamutangira umusanzu muri gahunda yo kugaburira abana ku ishuri kandi abifitiye ubushobozi; Umuvana mu ishuri cyangwa utuma ata ishuri; aba akoze ikosa. Ni ibihano biteganywa n’itegeko N° 010/2021 ryo ku wa 16/02/2021, rigena imitunganyirize y’Uburezi mu Rwanda. Kutohereza umwana ku ishuri cyangwa kurimusibya birahanirwa Mu ngingo yaryo ya 125, ivuga ko kuvutsa umwana uburenganzira bwo kwiga amashuri y’uburezi bw’ibanze, haseguriwe ibiteganywa n’andi mategeko ahana, umubyeyi cyangwa undi muntu ufite ububasha bwa…
SOMA INKURUPerezida wa Ukraine mu nzira zo guhunga
Amakuru atangwa n’ubutasi bwa LetaZunze Ubumwe za Amerika aremeza ko perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, ashobora kuva mu Murwa Mukuru w’Igihugu cye “Kyiv”, mu gihe u Burusiya bwaramuka buwugabyeho ibitero. Mu mwama wa 2014, ibice bya Donetsk na Lugansk biri mu Burasirazuba bwa Ukraine byakoze imyigaragambyo ikomeye yarangiye bitangaje ko byigenze, gusa ntihagira igihugu na kimwe cyemera ubwigenge bwabyo, ahubwo ibihugu byinshi bikomeza kubifata nk’ibya Ukraine. Ku mugoroba wo ku itariki ya 21 Gashyantare, Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yatangaje ko Igihugu cye kigiye kwemeza ubwigenge bw’ibyo bice byombi, igifatwa…
SOMA INKURUMali: Ingabo z’u Bufaransa zahakuwe batakishimiwe bavugwaho kudakora ibyabazanye
Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron aherutse gutangaza ivanwa ry’abasirikare b’igihugu cye muri Mali aho bari bamaze imyaka ikabakaba 10 bahanganye n’imitwe y’iterabwoba muri icyo gihugu, ariko abene gihugu ntibari bakishimiye aba basirikare. U Bufaransa bufite ingabo zigera ku bihumbi bitanu muri Mali n’akarere iherereyemo ka Afurika y’Uburengerazuba ariko mu myaka umunani ishize Guverinoma ya Mali n’abaturage bakomeje kugaragaza ko batishimiye kuba kw’izo ngabo mu gihugu cyabo. Iyi ntero yahawe inyikirizo n’agatsiko k’abasirikare gaherutse gufata ubutegetsi muri Mali aho imibanire y’icyo gihugu n’u Bufaransa yahise irushaho kuba mibi. BBC itangaza ko…
SOMA INKURUIngamba mu bihugu bigize EAC mu gufata ibyemezo birebana n’abimukira
Kimwe n’ahandi ku Isi, mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba “EAC” naho hari ubwiyongere bw’abimukira. EAC ituwe na miliyoni 195, harimo miliyoni eshanu z’abimukira, impunzi zirenga miliyoni 2.8 ndetse n’abahungiye mu bihugu byabo barenga miliyoni 2.4. Nubwo iyi mibare iri hejuru, ntabwo EAC yagiraga uburyo buhuriweho bwo gufata ibyemezo birebana n’abimukira, nk’uko bimeze ku yindi miryango y’iterambere nka Afurika y’iburengerazuba na Afurika y’Amajyepfo. Ibi niyo mpamvu mu Rwanda hateraniye inama y’iminsi itatu ihuje inzego zirebwa n’abimukira ndetse n’abinjira n’abasohoka, ziri kuganira ku ishyirwaho ry’uburyo buhuriweho bw’ingamba n’igenzura ry’abimukira muri aka Karere.…
SOMA INKURUIby’ibitero by’Uburusiya kuri Ukraine bikomeje kuba urujijo
Umutegetsi wo hejuru muri Amerika yatangaje ko ibyavuzwe n’Uburusiya ko buri kuvana zimwe mu ngabo zabwo ku mupaka na Ukraine ari “ikinyoma”, yongeraho ko izindi ngabo 7,000 z’inyongera ahubwo zahageze mu minsi micye ishize. Uyu yavuze kandi ko “igihe icyo aricyo cyose” Uburusiya bushobora gutangaza urwitwazo “rw’ikinyoma” kugira ngo butere Ukraine. Moscow ivuga ko iri gukura ingabo zayo ku mupaka wayo na Ukraine nyuma yo kurangiza imyitozo ya gisirikare. Ariko abategetsi bo mu bihugu by’iburengerazuba bavuze ko nta gihamya byo kwemeza ibi bafite. Ibiro bya Chancellier w’Ubudage Olaf Scholz bivuga…
SOMA INKURURIB yahishuye irengero ry’umusizi Bahati Innocent
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko Umusizi Bahati Innocent umaze umwaka aburiwe irengero, yambutse umupaka anyuze mu nzira zitemewe n’amategeko akajya muri Uganda nk’uko ibimenyetso byakusanyijwe byabigaragaje. Hari hashize igihe gito RIB na Polisi y’u Rwanda batangaje ko bazashyira ahagaragara ibyavuye mu iperereza ku ibura rya Bahati Innocent. Nubwo iperereza ritararangira, RIB ivuga ko hari ibyagezweho ndetse byamaze kumenyesha abo mu muryango we. Ubusanzwe Hakizimana Joseph uzwi ku izina rya Rumaga Junior ngo ni we watanze ikirego kuri RIB tariki 9 Gashyantare 2021, kuri Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza,…
SOMA INKURURwanda: Ikibazo cy’ubucucike mu magereza gikomeje kuba ihurizo
Abasenateri bagaragaje ko hakwiriye kugira igikorwa mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ubucucike mu magereza yo mu Rwanda aho kiri hejuru ya 120%. Iki kibazo si ubwa mbere kiganirwaho kuko mu Nteko Ishinga Amategeko muri Komisiyo y’Imibereho Myiza n’Uburenganzira bwa muntu yagicukumbuye muri 2018 na 2019. Icyo gihe yagejeje kuri guverinoma umwanzuro wasabaga ko hakwihutishwa ishyirwaho ry’iteka rya Perezida rigena uburyo bwo gukora igihano cy’imirimo y’inyungu rusange no kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’iteka rya Minisitiri ufite ubutabera mu nshingano ze rigena uburyo ukekwaho icyaha ashobora kugenzurwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Kugeza ubu ibyo…
SOMA INKURUAlgeria: Kubera ibura ry’akazi hafashwe ingamba zikomeye ku bashomeri
Perezida wa Algeria, Abdelmadjid Tebboune yatangaje ko mu minsi ya vuba abashomeri mu gihugu cye bazajya bagenerwa amafaranga abatunga mu rwego rwo guhangana n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’akazi. Abdelmadjid Tebboune yabwiye abanyamakuru ko guhera muri Werurwe uyu mwaka, abashomeri bafite imyaka iri hagati ya 19 na 40 bazajya bagenererwa amafaranga ya buri kwezi yo kubabeshaho. Abazemererwa guhabwa ayo mafaranga, BBC yatangaje ko ku kwezi bazajya bishyurwa amadolari ijana (hafi ibihumbi 100 Frw), bakishyurirwa ubwisungane mu kwivuza kandi bakabihabwa kugeza babonye akazi. Perezida Abdelmadjid Tebboune yavuze ko Algeria aricyo gihugu cya mbere…
SOMA INKURUBiyemeje kurushaho kunoza umurimo babikesha Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare
Nyuma y’iminsi igera kuri itanu bahugurwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare “NISR” ku ibarurishamibare rishingiye ku buringanire, abayitabiriye bo mu nzego zinyuranye baturutse mu turere 15 hamwe n’Umujyi wa Kigali bemeza ko ubumenyi bayakuyemo buzabafasha kurushaho kunoza umurimo. Ushinzwe uburinganire n’iterambere ry’umuryango mu karere ka Nyabihu, Uwurukundo Monique yatangaje ko ashima cyane NISR kuba yarabatekereje nk’abashinzwe gukurikirana ihame ry’uburinganire mu karere ikabahugura. Yemeza ko aya mahugurwa yabafunguye amaso bituma n’aho batajyaga babona imibare ku ihame ry’uburinganire, babashishije kumenya aho bayishakira ndetse n’uburyo bagomba kuyikorera ubusesenguzi kugira ngo ibashe gukoreshwa mu mirimo ya…
SOMA INKURU