Rwanda: Ikibazo cy’ubucucike mu magereza gikomeje kuba ihurizo

Abasenateri bagaragaje ko hakwiriye kugira igikorwa mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ubucucike mu magereza yo mu Rwanda aho kiri hejuru ya 120%. Iki kibazo si ubwa mbere kiganirwaho kuko mu Nteko Ishinga Amategeko muri Komisiyo y’Imibereho Myiza n’Uburenganzira bwa muntu yagicukumbuye muri 2018 na 2019. Icyo gihe yagejeje kuri guverinoma umwanzuro wasabaga ko hakwihutishwa ishyirwaho ry’iteka rya Perezida rigena uburyo bwo gukora igihano cy’imirimo y’inyungu rusange no kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’iteka rya Minisitiri ufite ubutabera mu nshingano ze rigena uburyo ukekwaho icyaha ashobora kugenzurwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Kugeza ubu ibyo…

SOMA INKURU

Algeria: Kubera ibura ry’akazi hafashwe ingamba zikomeye ku bashomeri

Perezida wa Algeria, Abdelmadjid Tebboune yatangaje ko mu minsi ya vuba abashomeri mu gihugu cye bazajya bagenerwa amafaranga abatunga mu rwego rwo guhangana n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’akazi. Abdelmadjid Tebboune yabwiye abanyamakuru ko guhera muri Werurwe uyu mwaka, abashomeri bafite imyaka iri hagati ya 19 na 40 bazajya bagenererwa amafaranga ya buri kwezi yo kubabeshaho. Abazemererwa guhabwa ayo mafaranga, BBC yatangaje ko ku kwezi bazajya bishyurwa amadolari ijana (hafi ibihumbi 100 Frw), bakishyurirwa ubwisungane mu kwivuza kandi bakabihabwa kugeza babonye akazi. Perezida Abdelmadjid Tebboune yavuze ko Algeria aricyo gihugu cya mbere…

SOMA INKURU

Biyemeje kurushaho kunoza umurimo babikesha Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare

Nyuma y’iminsi igera kuri itanu bahugurwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare “NISR” ku ibarurishamibare rishingiye ku buringanire, abayitabiriye bo mu nzego zinyuranye baturutse mu turere 15 hamwe n’Umujyi wa Kigali bemeza ko ubumenyi bayakuyemo buzabafasha kurushaho kunoza umurimo. Ushinzwe uburinganire n’iterambere ry’umuryango mu karere ka Nyabihu, Uwurukundo Monique yatangaje ko ashima cyane NISR kuba yarabatekereje nk’abashinzwe gukurikirana ihame ry’uburinganire mu karere ikabahugura. Yemeza ko aya mahugurwa yabafunguye amaso bituma n’aho batajyaga babona imibare ku ihame ry’uburinganire, babashishije kumenya aho bayishakira ndetse n’uburyo bagomba kuyikorera ubusesenguzi kugira ngo ibashe gukoreshwa mu mirimo ya…

SOMA INKURU

Pasiporo zikoranye ikoranabuhanga zizajya zifashishwa muri “EAC” zasohotse

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka “DGIE”, rwahamagariye abanyarwanda gusaba pasiporo zikoranye ikoranabuhanga zizajya zifashishwa nk’iz’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba “EAC”, zigasimbura izari zisanzwe. Ni mu gihe uru rwego ruherutse gutangaza ko Pasiporo Nyarwanda zisanzwe zizaba zacyuye igihe [ni ukuvuga ko zizaba zitagikoreshwa] guhera tariki 28 Kamena 2022. Itangazo rya DGIE ryo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022, rivuga ko ubu abantu basanzwe bafite pasiporo zishaje zitaracyura igihe bashobora gusaba pasiporo ikoranye ikoranabuhanga ya EAC. Muri 2019, Guverinoma y’u Rwanda ni bwo yari yatangaje ko tariki 28 Kamena 2021 pasiporo…

SOMA INKURU

Umuyobozi wa police muri Centrafrique ari mu Rwanda

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yakiriye mugenzi we wa Centrafrique, Bienvenu Zokoue, uri mu ruzinduko mu Rwanda. Bombi bagiranye ibiganiro byabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru. Biteganyijwe ko basinyana amasezerano y’imikoranire hagati y’inzego zombi. Bienvenu Zokoue agiriye uruzinduko mu Rwanda nyuma y’iminsi mike mugenzi we uyobora Gendarmerie, Landry Ulrich Depot nawe arusuye. U Rwanda na Centrafrique bisanzwe bifitanye ubufatanyemu by’umutekano. Ni mu gihe kandi kuva mu 2014, u Rwanda rwatangiye kohereza Abapolisi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro muri Centrafrique. Ubu rufiteyo Abapolisi…

SOMA INKURU

Perezida Kagame i Doha muri Qatar

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022,  Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi i Doha muri Qatar,amakuru y’uru ruzinduko akaba yatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Qatar. Umukuru w’Igihugu yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, byagarutse ku mubano w’ibihugu byombi. Qatar yashoye imari mu mishinga y’iyubakwa ry’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera aho yaguze imigabane yacyo ingana na 60% naho Guverinoma y’u Rwanda ikagira 40%. Biteganyijwe ko iki Kibuga cy’Indege gishya kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abagenzi bagera kuri miliyoni zirindwi ku mwaka mu cyiciro cya…

SOMA INKURU

RDC yamaze kwemeza nka kimwe mu bihugu bigize EAC

Akanama k’Abaminisitiri bashinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, EAC, kamaze kwemeza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’igihugu gishya kigize uyu muryango. Uku kwemerwa kwa RDC muri uyu muryango gukurikiye ibiganiro byabereye i Nairobi bigahuza abayobozi bawo n’aba RDC hagati ya 15-24 Mutarama 2022. Muri ibyo biganiro, itsinda rya EAC ryari riyobowe n’Umuyobozi mu kanama k’Abaminisitiri b’uyu muryango, Dr Alice Yalla mu gihe uruhande rwa RDC rwari ruhagarariwe na, Prof Serge Tshibangu, Intumwa yihariye ya Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo. Umunyamabanga w’Inama y’Abaminisitiri ba EAC, Adan Mohamed, mu nama yahuje abaminisitiri…

SOMA INKURU

Burundi: Abayobozi batatu bakomeye barafunze

Nyuma yo kuzamura ibiciro by’ingendo byari byamanuwe na Minisitiri w’ubucuruzi no gutwara abantu n’ibintu, abayobozi bagera kuri batatu barimo n’ushinzwe ingendo mu gihugu bahise batabwa muri yombi. Abayobozi bakuru batatu mu gihugu cy’u Burundi aribo Maniratunga Albert ukuriye urwego rushinzwe gutwara abantu n’ibintu (OTRACO), Ngendakumana Venant ushinzwe ubucuruzi na Engénieur Manirakiza ushinzwe itunganywa ry’ibikomoka kuri peteroli. Bakaba bafungiye muri kasho y’urwego rw’igihugu rw’iperereza (SNR) i Bujumbura guhera kuri uyu wa mbere ushize italiki 07 Gashyantara Muri uyu mwaka. Itabwa muri yombi ry’abo ryaje nyuma yo guterana amagambo hagati ya Minisitiri…

SOMA INKURU

Amajyaruguru: Abana 43657 bavuye mu ishuri, dore impamvu nyamakuru

Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bwatangaje ko mu itangira ry’umwaka w’amashuri 2021-2022, abanyeshuri bagera kuri 43657 bari mu bategerejwe ku mashuri abanza n’ayisumbuye batagarutse gutangirana n’abandi, impamvu nyamukuru y’iki kibazo iganisha ku babyeyi . Mu busesenguzi bwakozwe ku kibazo cyo guta amashuri mu Ntara y’Amajyaruguru basanze gishingiye ku bibazo bitandukanye birimo iby’ababyeyi birengagiza inshingano zabo, kubyara abo badashoboye kurera, ubukene, abana bashorwa mu bikorwa byo gukorera amafaranga mu ngo z’abifite no mu bucuruzi buciriritse n’ibindi. Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, yavuze ko nyuma yo kubona iki kibazo cy’abana bataye amashuri, bakoze ibishoboka…

SOMA INKURU

U Rwanda rushishikajwe n’ikoranabuhanga ryifashishwa mu kumenya amakuru y’ahantu runaka

Mu kiganiro n’Ibiro Ntaramakuru bya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (WAM), Minisitiri w’Ikorabuhanga na Inovasiyo mu Rwanda, Ingabire Paula, yatangaje ko u Rwanda rwifuza gukorana na UAE mu ikoranabuhanga, cyane cyane ko icyo gihugu kimaze gutera imbere mu nzego zirimo ikoranabuhanga ryifashishwa mu kumenya amakuru y’ahantu runaka (geospatial technology). Ikoranabuhanga rya geospatial ni ingenzi cyane kuko ritanga ubusobanuro bw’amakuru ari ahantu runaka, ayo makuru akaba yakwifashishwa mu gufata ibyemezo bitandukanye. Nk’urugero, ikoranabuhanga rya Google Map n’iryerekana uko ikirere gihagaze rishingira kuri ‘geospatial technology.’ U Rwanda rurifuza iri koranabuhanga kuko amakuru ariturukamo…

SOMA INKURU