Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka “DGIE”, rwahamagariye abanyarwanda gusaba pasiporo zikoranye ikoranabuhanga zizajya zifashishwa nk’iz’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba “EAC”, zigasimbura izari zisanzwe. Ni mu gihe uru rwego ruherutse gutangaza ko Pasiporo Nyarwanda zisanzwe zizaba zacyuye igihe [ni ukuvuga ko zizaba zitagikoreshwa] guhera tariki 28 Kamena 2022. Itangazo rya DGIE ryo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022, rivuga ko ubu abantu basanzwe bafite pasiporo zishaje zitaracyura igihe bashobora gusaba pasiporo ikoranye ikoranabuhanga ya EAC. Muri 2019, Guverinoma y’u Rwanda ni bwo yari yatangaje ko tariki 28 Kamena 2021 pasiporo…
SOMA INKURUCategory: politike
Umuyobozi wa police muri Centrafrique ari mu Rwanda
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yakiriye mugenzi we wa Centrafrique, Bienvenu Zokoue, uri mu ruzinduko mu Rwanda. Bombi bagiranye ibiganiro byabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru. Biteganyijwe ko basinyana amasezerano y’imikoranire hagati y’inzego zombi. Bienvenu Zokoue agiriye uruzinduko mu Rwanda nyuma y’iminsi mike mugenzi we uyobora Gendarmerie, Landry Ulrich Depot nawe arusuye. U Rwanda na Centrafrique bisanzwe bifitanye ubufatanyemu by’umutekano. Ni mu gihe kandi kuva mu 2014, u Rwanda rwatangiye kohereza Abapolisi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro muri Centrafrique. Ubu rufiteyo Abapolisi…
SOMA INKURUPerezida Kagame i Doha muri Qatar
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022, Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi i Doha muri Qatar,amakuru y’uru ruzinduko akaba yatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Qatar. Umukuru w’Igihugu yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, byagarutse ku mubano w’ibihugu byombi. Qatar yashoye imari mu mishinga y’iyubakwa ry’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera aho yaguze imigabane yacyo ingana na 60% naho Guverinoma y’u Rwanda ikagira 40%. Biteganyijwe ko iki Kibuga cy’Indege gishya kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abagenzi bagera kuri miliyoni zirindwi ku mwaka mu cyiciro cya…
SOMA INKURURDC yamaze kwemeza nka kimwe mu bihugu bigize EAC
Akanama k’Abaminisitiri bashinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, EAC, kamaze kwemeza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’igihugu gishya kigize uyu muryango. Uku kwemerwa kwa RDC muri uyu muryango gukurikiye ibiganiro byabereye i Nairobi bigahuza abayobozi bawo n’aba RDC hagati ya 15-24 Mutarama 2022. Muri ibyo biganiro, itsinda rya EAC ryari riyobowe n’Umuyobozi mu kanama k’Abaminisitiri b’uyu muryango, Dr Alice Yalla mu gihe uruhande rwa RDC rwari ruhagarariwe na, Prof Serge Tshibangu, Intumwa yihariye ya Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo. Umunyamabanga w’Inama y’Abaminisitiri ba EAC, Adan Mohamed, mu nama yahuje abaminisitiri…
SOMA INKURUBurundi: Abayobozi batatu bakomeye barafunze
Nyuma yo kuzamura ibiciro by’ingendo byari byamanuwe na Minisitiri w’ubucuruzi no gutwara abantu n’ibintu, abayobozi bagera kuri batatu barimo n’ushinzwe ingendo mu gihugu bahise batabwa muri yombi. Abayobozi bakuru batatu mu gihugu cy’u Burundi aribo Maniratunga Albert ukuriye urwego rushinzwe gutwara abantu n’ibintu (OTRACO), Ngendakumana Venant ushinzwe ubucuruzi na Engénieur Manirakiza ushinzwe itunganywa ry’ibikomoka kuri peteroli. Bakaba bafungiye muri kasho y’urwego rw’igihugu rw’iperereza (SNR) i Bujumbura guhera kuri uyu wa mbere ushize italiki 07 Gashyantara Muri uyu mwaka. Itabwa muri yombi ry’abo ryaje nyuma yo guterana amagambo hagati ya Minisitiri…
SOMA INKURUAmajyaruguru: Abana 43657 bavuye mu ishuri, dore impamvu nyamakuru
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bwatangaje ko mu itangira ry’umwaka w’amashuri 2021-2022, abanyeshuri bagera kuri 43657 bari mu bategerejwe ku mashuri abanza n’ayisumbuye batagarutse gutangirana n’abandi, impamvu nyamukuru y’iki kibazo iganisha ku babyeyi . Mu busesenguzi bwakozwe ku kibazo cyo guta amashuri mu Ntara y’Amajyaruguru basanze gishingiye ku bibazo bitandukanye birimo iby’ababyeyi birengagiza inshingano zabo, kubyara abo badashoboye kurera, ubukene, abana bashorwa mu bikorwa byo gukorera amafaranga mu ngo z’abifite no mu bucuruzi buciriritse n’ibindi. Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, yavuze ko nyuma yo kubona iki kibazo cy’abana bataye amashuri, bakoze ibishoboka…
SOMA INKURUU Rwanda rushishikajwe n’ikoranabuhanga ryifashishwa mu kumenya amakuru y’ahantu runaka
Mu kiganiro n’Ibiro Ntaramakuru bya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (WAM), Minisitiri w’Ikorabuhanga na Inovasiyo mu Rwanda, Ingabire Paula, yatangaje ko u Rwanda rwifuza gukorana na UAE mu ikoranabuhanga, cyane cyane ko icyo gihugu kimaze gutera imbere mu nzego zirimo ikoranabuhanga ryifashishwa mu kumenya amakuru y’ahantu runaka (geospatial technology). Ikoranabuhanga rya geospatial ni ingenzi cyane kuko ritanga ubusobanuro bw’amakuru ari ahantu runaka, ayo makuru akaba yakwifashishwa mu gufata ibyemezo bitandukanye. Nk’urugero, ikoranabuhanga rya Google Map n’iryerekana uko ikirere gihagaze rishingira kuri ‘geospatial technology.’ U Rwanda rurifuza iri koranabuhanga kuko amakuru ariturukamo…
SOMA INKURUUko igitondo cy’umunsi wa mbere wo gufungura umupaka wa Gatuna cyifahse
Nyuma y’ibiganiro Lt Gen Mohoozi Kainerugaba yagiranye na Perezida Paul Kagame, Guverinoma y’u Rwanda yahise isohora itangazo rimenyesha ko uyu mupaka uzongera gufungura tariki 31 Mutarama 2022. Mbere gato y’uko saa sita z’ijoro ryo ku wa 31 Mutarama 2022 zigera, abakozi bo mu rwego rw’abinjira n’abasohoka bari bamaze kwitegura gutangira akazi kabo, ari na ko abo mu nzego z’ubuzima na bo bari bamaze kuhagera kugira ngo uwaza gukenera gufashwa bimworohere. Saa Sita zimaze kugera na nyuma yaho gato nta kidasanzwe cyabaye kuko n’ubwo umupaka wari ufunguye ariko ari imodoka cyangwa…
SOMA INKURUUrubanza rwa Sankara n’abagenzi be rwasubukuwe, yagaragaje impamvu zimworohereza igifungo
Kuri uyu mbere tariki 31 Mutarama 2022, nibwo hasubukuwe urubanza Sankara, Paul Rusesabagina na bagenzi babo 19 baregwamo ibyaha by’iterabwoba bakoreye mu mitwe ya MRCD/FLN na FDLR/FOCA. Haburanwe ku ngingo y’ubujurire bw’abaregwa ku bijyanye n’ibihano Urukiko Rukuru rwabakatiye. Ni yo yari kuburanwaho ku wa 28 Mutarama 2022, iburanisha rirasubikwa kuko Me Twajamahoro Herman wunganira batatu muri 19 baregwa yari yagize ibyago, hakemezwa ko ataburana adatuje. Barindwi mu baregwa ni bo bavuze ko batagabanyirijwe igihano mu buryo buhagije na ho batanu bifuza ko basubikirwa igihano bagasubizwa mu buzima busanzwe. Abajuririye kutagabanyirizwa…
SOMA INKURUZambia kimwe mu bihugu by’Afurika impfu z’abana n’abagore ziri hejuru
Minisitiri w’ubuzima muri Zambia, Sylvia Masebo mu ntangiriro z’iki Cyumweru uwa ubwo yagiriraga uruzinduka mu bitaro UTH Lusaka, Minisitiri yatangaje ko buri cyumweru abagore bari hagati y’abagore 10 ndetse na 15 bapfa babyara ko ndetse abana bagera ku ijana bapfa bavuka. Sylvia Masebo yatangaje ko bibabaje kuba abana n’ababyeyi babura ubuzima kandi ari ibintu bishobora kwirindwa, kubera amakosa akorwa mu gihe cyo kubyaza. Yavuze ko mu gihe haba hakoreshejwe ibikoresho bigezweho mu buvuzi n’abaganga babizobereye. Buri mwaka, abana basaga miliyoni 2.6 ku Isi bapfa bavuka kandi 98 % ni abo mu…
SOMA INKURU