Nyuma y’Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umugabane w’u Burayi yateraniye i Versailles mu Bufaransa tariki 11 Werurwe 2022, Perezida w’icyo gihugu Emmanuel Macron yabwiye Itangazamakuru ko abatuye imigabane y’u Burayi na Afurika bakwitegura ibura ry’ibiribwa kubera intambara ibera muri Ukraine. Perezida Macron avuga ko Igihugu cya Ukraine ubu kitarimo guhinga nyamara ari cyo cyatangaga ibinyampeke byiganjemo ingano nyinshi ku migabane y’u Burayi na Afurika. U Burusiya na Ukraine ubwabyo bisanzwe bitanga 40% by’ingano zikenerwa hose ku Isi kugira ngo zikorwemo imigati n’ibindi bimeze nka yo. Ibihugu byinshi byo ku Isi kandi…
SOMA INKURUCategory: politike
Muri Ukraine ibintu bikomeje guhindura isura
Perezida wa Ukraine yahamagaje abasirikare, abapolisi n’ibikoresho bari baratanze mu bikorwa byo kugarura amahoro mu bindi bihugu kugira ngo batahe bafashe igihugu cyabo cyugarijwe n’intambara kirwanamo n’u Burusiya. Igihugu cya Ukraine kimaze ibyumweru bibiri mu ntambara n’u Burusiya, intambara yatangiye tariki ya 24 Gashyantare 2022. Ibice byinshi by’igihugu byamaze kugenzurwa n’ingabo z’u Burusiya, naho imijyi ikomeye harimo n’umurwa mukuru wa Ukraine yugarijwe n’ibisasu bituma abantu bakomeje guhunga. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryatangaje ko miliyoni ebyiri z’abatuye Ukraine bamaze guhungira mu bihugu by’abaturanyi. Nubwo Ukraine ikomeje kwihagararaho mu…
SOMA INKURUPerezida wa Guinée Bissau yasoje uruzinduko rw’iminsi itatu
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 9 Werurwe 2022 nibwo Perezida wa Guinée Bissau, Umaro Sissoco Embaló, yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda rw’iminsi itatu, akaba yaherekezwa na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente hamwe n’abandi bagize Guverinoma. Uruzinduko rwa Perezida Embaló rwaranzwe n’ibikorwa bitandukanye. Ku munsi wa mbere w’uruzinduko yakiriwe na Perezida Kagame aho bombi bakurikiranye igikorwa cyo gushyira umukono ku masezerano y’ubufatanye mu nzego zirimo uburezi, ubukerarugendo no kurengera ibidukikije ndetse n’urw’ubucuruzi n’ubukungu. Uwo munsi kandi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, yunamira ibihumbi by’inzirakarengane bishwe muri Jenoside…
SOMA INKURUU Budage ntibukozwa iby’itangazo rya G7 rifatira Uburusiya ibihano
Guverinoma y’u Budage yitandukanyije n’umugambi wo gukumira gaz na peteroli bituruka mu Burusiya, ivuga ko igihugu kibikeneye cyane ndetse ko mu gihe byagenda gutyo byahungabanya urwego rw’ingufu mu gihugu. Itsinda ry’ibihugu rya G7 ku wa Gatanu ryasohoye itangazo risobanura gahunda yaryo yo gufatira u Burusiya ibihano bishya ndetse bikakaye kubera intambara bwashoje kuri Ukraine. Minisitiri ushinzwe ubukungu mu Budage, Robert Habeck, yatangaje mu cyumweru gishize ko atazigera asaba cyangwa ngo ashyigikire ko gaz na peteroli byinjizwa mu gihugu bivuye mu Burusiya bikumirwa. U Budage bwari buherutse gusoza ibikorwa byo kugenzura…
SOMA INKURUAkoresheje imvugo ijimije yasabye abarusiya kwikiza Perezida Putine
Umusenateri wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Lindsey Graham, abinyujije kuri twiter ndetse anakoresheje imvugo ijimije, yahishuriye Abarusiya ko niba bashaka ko mu gihe kiri imbere batazabaho mu muhezo, bakwiriye kwikiza Putin hakiri kare. Lindsey Graham yabivuze nyuma y’uko hari hamaze gutangazwa amakuru y’uko Ingabo z’u Burusiya zarashe ku ruganda rw’ingufu za nucléaire muri Ukraine. Ati “Uburyo bwonyine bwo gushyira iherezo kuri ibi, ni ukwikiza uyu mugabo.” Graham yanditse kuri Twitter ye ati “Keretse niba mudashaka kuzabaho mu mwijima ubuzima bwanyu bwose, muhejwe, muri mu bukene.” Ntabwo mu magambo ye…
SOMA INKURUIntambara muri Ukraine ikomeje gufata indi ntera
Igisikare cya Ukraine cyatangaje ko abasirikare b’Uburusiya basubukuye ibitero byabo ku murwa mukuru Kyiv. Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka yatangaje kuri Facebook ko “ibintu bikomeye gukomera ku nkengero za Kyiv”. Uyu avuga ko “nubwo umwanzi ari gutsindwa mu bitero, akomeje kurekura umuriro ku ngabo no ku basivili”, yongeraho ko abarusiya bateganya “kwifatanya n’amatsinda y’ingabo zidasanzwe za repubulika ya Belarus”. Amafoto y’icyogajuru yatangajwe mu gitondo kuwa kabiri na kompanyi ya Maxar Technologies yerekanye umurongo wa 65km w’imodoka z’intambara z’Uburusiya zerekeza i Kyiv. Intumwa z’Uburusiya na Ukraine ibiganiro byazo muri Belarus…
SOMA INKURUHategerejwe urundi ruzinduko rwa Lt Gen Muhoozi i Kigali
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko mu minsi iri imbere azongera kugirira uruzinduko i Kigali rugamije gukemura ibibazo bikigaragara mu mubano w’igihugu cye n’u Rwanda. Aya makuru yatangajwe na Lt Gen Muhoozi ku giti cye kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare 2022, abinyujije kuri Twitter. Yagize ati “Nyuma y’ikiganiro kirekire nagiranye na marume/data wacu, Perezida Paul Kagame muri iki gitondo, twemeranyije ko nsubira i Kigali mu minsi iri imbere kugira ngo dukemura ibibazo byose bikiri hagati y’u Rwanda na Uganda.” Nubwo Lt…
SOMA INKURUAbasirikare bane bakekwagaho gushaka kwica Perezida barekuwe
Kuri uyu wa kane taliki ya 24 Gashyantare 2022, Centrafrique yarekuye abasirikare bane bo mu nzego za “MINUSCA” zibungabunga amahoro muri icyo gihugu, bari bafatiwe ku kibuga cy’indege i Bangui kuwa mbere tariki 21 Gashyantare 2022 bakekwaho kuba bari mu mugambi wo gushaka kwica Perezida w’iki gihugu Faustin Archange Touadera. Umushinjacyaha ukorera i Bangui muri centrafrique yatangaje ko aba basirikare bane nta cyaha bazakurikiranwaho, Didier Tambo akavuga ko amasezerano ari hagati y’inzego za ONU na Leta y’icyo gihugu atabemerera kugezwa imbere y’umucamanza. Ambasade y’Ubufaransa hamwe na ONU bavuze ko ,…
SOMA INKURUAmbassadeur Valentine Rugwabiza yemejwe nk’umuyobozi wa “MINUSCA”
Ambassadeur Valentine Rugwabiza yagizwe umuyobozi w’ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique “MINUSCA”, akaba kandi n’intumwa yihariye y’umunyamabanga mukuru wa loni muri icyo gihugu. Akaba asimbuye Mankeur Ndiaye wagiyeho mu mwaka wa 2019. Ubutumwa bwa UN muri Centrafrique, United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) bwatangiye gukorerayo guhera mu mwaka wa 2014 mu rwego rwo kuhagarura amahoro. Ni nyuma y’imidugararo hagati ya Seleka na Anti Balaka yahitanye benshi. Muri iki gihugu kandi hari abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bahoherejwe ngo bafashe mu kuhagarura amahoro arambye.…
SOMA INKURUPerezida Kagame yashimiye uruhare rwa Global Fund mu gusigasira ubuzima mu Rwanda
Mu nama ku buryo bw’ikoranabuhanga itegura iyiga ku igenamigambi rirambye rya Global Fund, yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu banyuranye barimo Perezida Macky Sall wa Sénégal unayoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Umuyobozi Mukuru wayo Peter Sands na Dr Donald Kaberuka uyobora Inama y’Ubutegetsi y’uyu muryango, Perezida Kagame yashimye Global Fund umusanzu wayo mu gusigasira ubuzima mu Rwanda, ihangana n’indwara zirimo n’icyorezo cya SIDA. Perezida Kagame yashimye Global Fund ku mikoranire yayo n’u Rwanda, uyu muryango umaze imyaka isaga 20 ushinzwe ndetse…
SOMA INKURU