Un tribunal de Hong Kong ordonne la liquidation du promoteur chinois Evergrande

Un tribunal de Hong Kong a ordonné lundi la liquidation du géant immobilier chinois en difficulté Evergrande qui a échoué à présenter un plan de restructuration convaincant, un symbole des déboires du secteur en Chine. Evergrande a été le plus grand promoteur immobilier de Chine. Mais il a accumulé les dettes jusqu’à montrer un passif de plus de 300 milliards de dollars. Il est ainsi devenu un symbole de la crise immobilière qui dure depuis plusieurs années dans la deuxième économie mondiale. “(Considérant) l’absence évidente de progrès de la part…

SOMA INKURU

Hagati ya Ukraine n’u Burusiya byongeye kudogera

Abasirikare ba Ukraine baguye mu mutego bisanga bazengurutswe n’ab’u Burusiya mu Mujyi wa Avdiivka ubarizwa mu gice cya Donetsk cyo mu Burasirazuba bwa Ukraine. Impamvu nyamukuru ni uko Avdiivka ari umujyi ubarizwa mu gice cya Donetsk cyamaze kwigarurirwa n’u Burusiya, uyu mujyi niwo usigaye mu maboko ya Ukraine ari yo mpamvu Abarusiya biteguye guhomba byinshi ariko Donetsk ikigarurirwa burundu. Avdiivka ni umujyi wabarizwagamo inganda cyane wabaye isibaniro ry’imirwano ku mpande zombi igihe kirekire ku buryo inyubako nyinshi zawubarizwagamo zarimbuwe. Kuri iyi nshuro imirwano iracyarimbanyije ku buryo abasirikare b’impande zombi bakomeje…

SOMA INKURU

Israel: Abaturage bashimutiwe ababo bakomeje kwinubira ubutegetsi

Abantu bagera kuri 20 bigaragambirije ku ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Israel bamwe muri bo bafite ibyapa biriho amafoto y’abantu babo babuze. Bagiraga bati “Ntimwakwicara aha mu gihe abana bacu bari gupfa.” Netanyahu ntiyarahari bigaragambya ariko hari hashize umunsi umwe bamwe barashinze amahema hafi y’urugo rwe, basaba ko agirana amasezerano n’umutwe wa Hamas ku buryo abafashwe bugwate bagifungiye muri Gaza barekurwa. Hamas yari yashimuse abantu 250 mu gitero yagabye kuri Israel tariki 7 Ukwakira 2023. Abantu 105 barekuwe binyuze mu biganiro byagizwemo uruhare na Qatar, mu gihe ingabo za Israel…

SOMA INKURU

ibihugu byombi byasinye amasezerano y’ubufatanye mu mutekano

Kuwa Gatatu tariki 17 Mutarama 2024,   Minisitiri w’Umutekano, Alfred Gasana n’intumwa ayoboye aho ari mu ruzinduko muri Qatar, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Sheikh Khalifa bin Hamad bin Khalifa Al-Thani, bigamije gufatanya mu rwego rw’umutekano mu bihugu byombi. Minisitiri Gasana muri uru ruzinduko rw’iminsi itatu, ayoboye intumwa zirimo Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye. aba ba Minisitiri b’umutekano bombi bahagarariye umuhango wo gushyira umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’umutekano, ndetse n’inzego zishinzwe kubahiriza amategeko z’ibihugu byombi. Minisitiri w’Umutekano muri Qatar, Sheikh Khalifa bin Hamad bin…

SOMA INKURU

M23 yatangaje ko ingabo za RDC zabakoreye ubushotoranyi bukomeye bazishyura ikiguzi kinini

Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa gisirikare, Major Willy Ngoma, yatangaje ko kwicwa kw’abasirikare bayo bakuru bishwe kuwa 16 Mutarama 2024, ari ubushotoranyi Ingabo za RDC zakoreye uyu mutwe, mu gihe impande zombi zari zaremeye guhagarika imirwano. Yagize ati “Baje kutugabaho ibitero. Abofisiye babiri bagiraga uruhare mu guhumuriza abaturage, nk’igihe Leta yarasaga amabombe ku nzu, ibitaro n’amashuri, abagabo babaga hafi y’abaturage, bumvaga abaturage, babafashaga, ni abakomanda b’intwari, babishe.” Yavuze ko Ingabo za Leta ya RDC zahaye ubutumwa M23 kandi ngo yabwumvise. Ati “Bazishyura ikiguzi kinini. Dufite imbaraga, turiteguye bijyanye n’intego…

SOMA INKURU

Nyabihu: Impungenge ni zose ku gihombo gishingiye ku mbuto bahawe

Bamwe mu baturage bahinga ibigori mu kibaya cya Rubumba mu murenge wa Rugera, mu karere ka Nyabihu, batewe impungenge n’igihombo bashobora guhura nacyo bitewe n’imbuto yo gutubura bahawe itarimo kubaha icyizere cy’umusaruro bari biteze. Bamwe muri aba baturage bavuga ko bahabwa iyi mbuto y’ibigori yo gutubura, bari bafite icyizere cyo kuyibonamo umusaruro nk’uko bari basanzwe bawubona. Nubwo batarasarura, batewe impungenge n’ibimenyetso barimo kubona kuri bimwe mu bigori byahetse ntibizane impeke uko bikwiye. Gutubura izi mbuto mu mirima y’aba baturage byakozwe na Koperative KOTEMI na kompani ya TRI SEED yatanze iyi…

SOMA INKURU

Ikihishe inyuma yo guhagarika indege za Kenya Airways muri Tanzaniya

Itangazo ryasinywe na Hamza Johari, Umuyobozi mukuru wa ‘Tanzania Civil Aviation Authority’, rivuga ko Tanzania yafashe ibyo Kenya yakoze byo kwanga kwakira indege zayo z’imizigo, nko kwica amasezerano ibihugu byombi bifitanye mu by’ingendo z’indege. Ibi byatumye Tanzania nayo ifata  icyemezo cyo guhagarika indege zose za Kenya Airways (KQ), yaba izitwara abantu n’izitwara imizigo guhera ku itariki 22 Mutarama 2024, ivuga ko ibikoze mu rwego rwo gusubiza ibyakozwe na Kenya, yanze icyifuzo cyo kwakira indege zose z’imizigo za ‘Air Tanzania Company Limited’. Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’ iby’indege za gisivili ku wa…

SOMA INKURU

U Burundi bwafunze imipaka, dore icyo u Rwanda rwatangaje kuri icyo cyemezo

U Burundi bwafashe umwanzuro wo gufunga imipaka ibuhuza n’u Rwanda, mu gihe hari hashize iminsi mike Perezida Evariste Ndayishimiye aciye amarenga kuri iki cyemezo, nyuma yo gushinja u Rwanda gushyigikira Umutwe wa RED-Tabara urwanya leta y’igihugu cye. Ni ibirego u Rwanda rwahakanye, rushimangira ko nta nyungu rwagira mu guhungabanya umutekano w’iki gihugu. Iri fungwa ry’imipaka ryabaye kuri uyu wa Kane, tariki 11 Mutarama 2024, akaba ari nabwo byamenyekanye ko Leta y’u Burundi yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka yose ibuhuza n’u Rwanda. Si ubwa mbere u Burundi bufata icyemezo cyo gufunga…

SOMA INKURU

Rwanda: Abantu bafite ubumuga babaye indashyikirwa ku murimo bahishuye ibanga bakoresha

Ibarura rusange rya gatanu ry’abaturage n’imiturire yabo ryakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) muri 2022, ryatangaje ko 30% by’abantu bafite ubumuga ari bo bafite akazi mu gihe abatabufite ari 48%. Umubare uri hejuru w’abantu bafite ubumuga bari mu kazi uherereye mu karere ka Nyagatare ku kigero cya 41%, mu gihe umubare uri hasi w’abantu bafite ubumuga bafite akazi ari 21% bagaragara mu karere ka Karongi. Muri aba bantu afite ubumuga imibare igaragaza ko bari mu kazi harimo intangarugero nubwo nabo bemeza ko hari imbogamizi zikigaragara. Indashyikirwa mu burezi muri…

SOMA INKURU

Rusizi: Ubuyobozi bwihaye imyaka 3 yo kuvana abaturage ibihumbi 24 mu bukene

Nyuma y’uko mu ntangiriro z’umwaka ushize wa 2023, Leta y’u Rwanda yakuyeho gahunda yo gufasha abaturage hagendewe ku byiciro by’ubudehe nyuma yo gutahura ko iyi gahunda ituma hari abakoresha nabi inkunga bahabwa kugira ngo bazakomeze bafashwe, ntibyabujije ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwihaye intego yo gufasha abaturage bakennye ibihumbi 24 kugira ngo babashe kwivana mu bukene mu gihe kitarenze imyaka itatu. Iyi gahunda yasimbujwe gahunda yo gufasha umuturage kwifasha, aho umuturage uhabwa ubufasha asabwa gushyiraho ake kugira ngo ave mu bukene abigizemo uruhare. Mu karere ka Rusizi abo Leta igenera ubufasha…

SOMA INKURU